Abatuye mu mirenge ya Kivu na Muganza mu karere ka Nyaruguru biyemeje guca ubuharike kugira ngo abana babyara bahabwe uburenganzira bwabo.
Ikibazo cy’amatara yo ku muhanda Kigali-Musanze-Rubavu atakaga ngo kigiye gukemuka mu gihe kitarenze ibyumweru bibiri.
Abaturage batuye mu murenge wa Nyabirasi mu karere ka Rutsiro bibaza impamvu Umurenge batuye ari wo wonyine udacana amashanyarazi.
Abanyeshuri biga mu mashuri yisumbuye bavuga ko gukurikirana amasomo ku kwihangira umurimo bizabarinda kuba abashomeri igihe bazaba barangije kwiga.
Abaturage bo mu murenge wa Kabarore, bavuga ko bishimiye uburyo ibyifuzo byabo ku ivugururwa ry’Itegeko nshinga byakirirwe bigashyirwa mu bikorwa.
Perezida wa Sena, Hon Bernard Makuza, asanga inteko ishingamageko ifite inshingano zo kugeza ku baturage ibyavuye mu busabe bwabo ku kuvugurura itegeko nshinga.
Abatuye mu Murenge wa Mbogo, ntibazatuza batararangiza kwitorera ibikubiye mu itegekonshinga ryavuguruwe mu ngingo y’101 n’172 ngo bitorere yego 100%.
Abaturage bo mu murenge wa Cyabakamyi, Akarere ka Nyanza basanga kuba ibyifuzo byabo byaritaweho igisigaye ari uruhare rwabo mu gutora.
Mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 20 umuryango AVEGA Agahozo umaze, abanyamuryango bawo bavuga ko bigejeje kuri byinshi babifashijwemo nawo.
Mu rwego rwo kwirinda ubujura bw’amatungo, bamwe mu borozi bo mu karere ka Nyaruguru barifuza ko amatungo yahabwa ibiyaranga.
Abayobozi b’Imirenge n’Utugari muri Rusizi na Nyamasheke, biyemeje ko uyu mwaka urangira bageze nibura kuri 80% mu bwisungane mu kwivuza.
Abakozi bo mu rwego rw’imfungwa n’abagororwa muri Burukina Faso batangaza ko uburyo RCS icunga amagereza byakagombye kubera urugero ibindi bihugu.
Stromae, yakodesheje Hotel yose akoreramo ubukwe anakiriramo abatumirwa 170 barakesha kuri uyu wa gatandatu tariki 12 Ukuboza 2015.
Mu kigo cy’igihugu cyigisha amahoro (RPA) mu Karere ka Musanze, harimo gutangirwa amasomo yo kurinda abasiviri mu gihe habungabungwa amahoro.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bufatanyije n’umuryango “Uyisenga ni Imanzi“ baratangaza ko bagiye guca umuco wo gusiga abana ku mupaka.
Abadepite baravuga ko nk’intumwa za rubanda, bashyize mu bikorwa ibyifuzo by’abaturage; bakabasaba kwitabira amatora ya referandumu tariki 18 Ukuboza 2015.
Abaturage batuye mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze baratangaza ko icyo gukora ku munsi wa Referandumu bakizi.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rwamagana bavuga ko ubukene n’imyumvire ikiri hasi ari byo bitera imirire mibi mu bana.
Madame Jeannette Kagame yizihirizanyije iminsi mikuru n’abana, abifuriza noheli nziza n’imiryango yabo.
Depite Mukama Abasi akaba na Visi Perezida wa kabiri w’Inteko Ishingamategeko, yabwiye abaturage b’Umurenge wa Kabarore ko ibyo basabye bifite.
Nsabimana Sylvain yabaye umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akarere ka Rubavu, nyuma y’amezi icyenda uwo asimbuye afungiwe amakosa yo gutanga amasoko binyuranije n’amategeko.
Abasirikare n’abasiviri 23 barangije amahugurwa ku bijyanye n’imikoranire y’inzego zombi mu Kigo cy’igihugu cy’Amahoro cya Nyakinama (RPA), baratangaza ko ubwo bumenyi buzabafasha.
Abaturage bo mu Murenge wa Butare muri Rusizi, bishimiye ko ibyifuzo bagejeje ku ntumwa za rubanda byasubijwe, bakaba bagiye kugaragaza icyabari ku mutima.
Komisiyo y’Amatora (NEC) mu Karere ka Rubavu iratangaza ko imyiteguro y’amatora igenda neza, kuko 94% by’abahatuye bamaze gufata amakarita y’itora.
Polisi y’Igihugu yerekanye ibicuruzwa byiganjemo amavuta yo kwisiga bifite agaciro ka miliyoni 14.5Frw, byambuwe abacuruzi muri uyu mwaka wa 2015.
Ihererekanya ry’ubutaka mu gihe cyashize ryajyaga rimara imyaka ibiri cyangwa ikarenga none ubu ngo rigeze aho rikorwa mu munsi umwe.
Abaturage bo mu Karere ka Kamonyi baratangaza ko biteguye kuzitabira amatora ya Kamarampaka, kuko bibazaga iherezo ry’ibitekerezo batanze ku ivugururwa ry’Ingingo y’101 y’Itegeko Nshinga.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame na Mme Jeannette Kagame basabye Ihuriro ry’Urubyiruko rw’Umuryango Imbuto Foundation, kwifashisha amahirwe rufite, rugahindura abandi.
Ubuyobozi bushinzwe Imibereho Myiza mu Karere ka Gatsibo burasaba ababyeyi gufatanyiriza hamwe kugira ngo hirindwe ibibazo by’imirire mibi mu bana.
Inzego z’ubuyobozi mu Ntara y’Uburengerazuba zatwatangiye igikorwa cyo gukangurira abaturage kuzatabira referendum ku itegeko nshinga iteganyijwe mu cyumweru gitaha.