Imiryango 20 yo mu Murenge wa Mwendo yigeze kurangwa n’amakimbirane n’imibanire mibi ikaza kubireka, ikiyemeza kubana mu buzima buzira ihohotera.
Perezida Kagame, mu ijambo risoza 2015, yemeye gukomeza kuyobora u Rwanda ariko ahakanira abifuza ko ayobora ubuziraherezo.
Akarere ka Muhanga katangije kubaka imihanda ya kaburimbo n’isoko rya kijyambere mu mujyi wako, nyuma y’igihe byarananiranye.
Kuba Umujyi wa Nyanza ugenda utera imbere ariko ukaba udafite aho abagenzi bategera imodoka biri mu bibazo bikomereye ubuyobozi.
Umuryango "Uwezo Youth Empowerment" w’urubyiruko rufite ubumuga urasaba abatanga akazi kubagirira icyizere mu itangwa ryako kuko na bo bashoboye.
Ishuli rikuru rya RTUC ryeguriwe n’Akarere ka Nyanza ubutaka bwa Hegitari 3 z’ubuntu mu rwego rwo kureshya ibikorwa byaryo by’ishoramari.
Umuyobozi w’Akarere ka Ngororero Ruboneza Gedeon yemeza ko guca amafaranga abishyingira bitemewe n’amategeko no kubatandukanya byagabanyije ingeso y’ubuharike .
Umukecuru witwa Mukabadege Anathalie w’imyaka 58 y’amavuko, yasanzwe mu nzu yivuganywe n’abantu bataramenyekana mu kagari ka Nyabisindu, Umurenge wa Kiramuruzi.
Abatuye mu Karere ka Gakenke bakoze imirimo yo gutera ibiti ku nkengero z’imihanda n’amashyamba ya leta, barasaba rweyemezamirimo wabakoresheje kubishyura
Gereza irimo kubakwa i Mageragere mu karere ka Nyarugenge izaba yubahirije ibipimo mpuzamahanga bituma abagororwa bisanzura bakabaho neza.
Abarwanyi batatu ba FDLR bitandukanyije na yo ngo bashaka gutangirira ubuzima bushya mu Rwanda n’imiryango yabo.
Bamwe mu baturage bitwikiriye ikiruhuko cy’iminsi ine abakozi ba Leta bagize mu minsi ya Noheri maze bubaka mu buryo butemewe bibaviramo gusenyerwa.
Inama Njyanama y’Akarere ka Nyamasheke yatangaje ko isezeye itishimiye kuba Akarere kaza inyuma mu bagifite ubukene buri hejuru.
Ntahorwagiye wo mu kagari ka Remera mu Murenge wa Rusebeya muri Rutsiro yiyiciye umugore we none na we bamusanze yiyahuye.
Mukabalisa Frolence,nyuma yo gutangira kwigishiriza imodoka mu mujyi wa Kibungo Akarere ka Ngoma byatumye abagore n’abakobwa bitabira kwiga ibinyabiziga ku bwinshi.
Imiryango 21 igizwe n’abantu 93 y’Abanyarwanda babaga mu mashyamba ya Congo batahutse bavuga ko barambiwe n’ubuzima bubi babagamo.
Abaturage bakoresha umuhanda Ruhuha-Mareba-Nyamata mu karere ka Bugesera bavuga babangamiwe n’ikiraro cya Mareba cyacitse.
U Rwanda rwakiriye inguzanyo ya miliyoni 15 z’amadolari (USD), yatanzwe n’Ikigega cya Arabiya Sawudite gishinzwe iterambere(SFD), yo kubaka umuhanda Nyagatare-Rukomo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru buratangaza ko bufatanyije n’urugaga rw’abikorera bugiye gukora urutonde rwa ba rwiyemezamirimo ba bihemu.
Umukecuru Kambonwa Damarisi wo mu murenge wa Gashari, Akarere ka Karongi avuga ko ubuyobozi bukomeje kumutererana kandi inzu igiye kumugwaho.
Nubwo bo batabyemera, abasigajwe inyuma n’amateka mu Murenge wa Rubengera, Akarere ka Karongi barashinjwa kwisenyera amazu baba bahawe yo kubamo.
Kurushaho kwirinda ibyahungabanya umuryango n’ibyasenya urugo, nibyo byasabwe abagize ihuriro ry’ingo bo mu murenge wa Ngarama mu karere ka Gatsibo.
Hari abakobwa bo mu Karere ka Rutsiro bavuga ko bari bafite imyumvire y’uko haboneza urubyaro abakuze bigatuma babyarira iwabo.
Abigira kuboha ibyibo ku Kigo cy’Urubyiruko cya Rutsiro mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Rutsiro baravuga ko nibamara kubimenya bizabavana mu bushomeri.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru buributsa abaturage bakiragira inka ku gasozi ko bitemewe, uzabifatirwamo ko azabihanirwa.
Abafite ubumuga bo mu Murenge wa Uwinkingi mu Karere Kanyamagabe baravuga ko bahangayikishijwe no kutagira insimburangingo n’inyunganirangingo kubera ibibazo by’amikoro make.
Kuri uyu wa 27 Ukuboza 2015, abakozi b’Akarere ka Rusizi batatu banditse basaba kwemerwa kwegura ku mirimo bakoraga.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Nyaruguru baratangaza ko buri muturage akwiye kugaragaza uruhare rwe mu buyobozi bw’inzego z’ibanze.
Bamwe mu babyariye iwabo batuye mu Karere ka Kamonyi, ntibitabira kwandikisha abana kuko babazwa abo bababyaranye kandi hari abatabemera.
Mu ijoro rya Noheli, Polisi yafashe urubyiruko 18 rutaruzuza imyaka y’ubukure hamwe n’ababajyanye mu tubari ndetse na ba nyiratwo umunani.