Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Iterambere (UNDP), risanga ibanga rituma u Rwanda rwihuta mu iterambere ari imiyoborere myiza ishyira imbere abaturage.
Igisirikare cy’u Rwanda (RDF) cyahaye ikiruhuko abasirikare 817 barimo abahawe ikiruhuko cy’izabukuru n’abahagaritse akazi kubera uburwayi.
Urwego rw’igihugu rw’imiyoborere (RGB), rwahembye Kigali Today nk’ikigo cy’itangazamakuru cyitwara neza mu gutanga servisi inoze, ikaba yahawe izina ry’Intwaramihigo kimwe n’ibindi bigo byahembwe.
Sosiyete Pharo isanzwe ifite ibikorwa by’ishoramari mu Rwanda, yizeje Perezida Paul Kagame ko bazakomeza gushora imari mu bikorwa by’iterambere mu Rwanda.
J Boima Rogers, Impuguke mu itangazamakuru ya Oxford mu Bwongereza yandikira Ikinyamakuru “The Patriotic Vanguard”, isanga umwihariko wa demokarasi y’u Rwanda ukwiye kuba urugero ibindi bihugu by’Afurika byafatiraho mu kwigobotora “demokarasi nzungu”.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatangaje ko aho u Rwanda rugeze ubu rufite ubushobozi rwakoresha kugira ngo rugere ku ntego rwiyemeje.
Muri gahunda yiswe “Army Week”, ingabo z’u Rwanda zimaze gukora ibikorwa bitandukanye byo kuzamura imibereho y’Abanyarwanda, byatumye Leta izigama Miriyari 16.
Minisitiri w’Ubutabera, Johnston Busingye avuga ko kuba ibitangazamakuru by’amahanga bivuga ko itangazamakuru ry’u Rwanda nta mbaraga rifite ari igitutsi.
Polisi y’Igihugu ivuga ko ikibuga cy’umupira w’amaguru yubatse mu Murenge wa Gikomero muri Gasabo, kigiye kongera ubusabane n’umutekano ukanozwa muri ako gace.
Muri kaminuza y’abalayiki b’abadivantisite ya Unilak hari abanyeshuri bifuza ko ibiganiro ku bumwe n’ubwiyunge bwakongerwa kandi bikagera kuri benshi cyane cyane abakiri bato mu gutegura u Rwanda ruzira amacakuburi.
Perezida wa Isiraheli Reuven Rivlin yakiriye mu biro bye Perezida Paul Kagame, mu rwego rwo kungurana ibitekerezo ku iterambere ry’ibihugu byombi.
Ubuyobozi bwa Kigali Convention Center na Radisson Blue Hotel bwavuze ko bugiye gutegura irushanwa rizitirirwa Gisa Gakwisi uherutse kubumba inyubako z’iyi hotel yifashishije ibumba.
Abakristu bo muri Paruwasi ya Ruhuha mu Bugesera bafite akanyamuneza kuko batazongera gusengera hanze nyuma yo gutaha Kiliziya basengeramo bisanzuye.
Polisi y’igihugu iratangaza ko ntawe ukwiye kubuzwa gufotora igihe cyose abonye ikimuteye amatsiko kabone n’iyo yaba ashaka gufotora abapolisi bari mu kazi.
Umwana w’uruhinja wo mu Karere ka Kirehe uherutse gutabwa mu musarani wa metero umunani agakurwamo ari muzima yabonye abakomeza kwita ku buzima bwe.
Madame Jeannette Kagame yatashye ku mugaragaro inzu yubatswe n’abanyamuryango b’Impuzamiryango Pro-Femmes Twese Hamwe, ifite agaciro ka miliyoni 530 y’u Rwanda.
Yankurije Odette warahiriye kuzuza inshingano ze nk’Umuvunyi wungirije, yijeje Abanyarwanda kuzifashisha ubunararibonye akuye muri Minisiteri y’Ubutabera, afasha urwego agiyemo guca akarengane.
Nyuma y’igihe kinini basa n’abatuje korali Jehovajireh bateye iz’amazamuka”Umukwe araje”, ni umuzingo w’amajwi n’amashusho mushya w’iyi korali, washyizwe hanze kuriki cyumweru 09, nyakanga 2017, kuri stade ya ULK ku Gisozi.
Abagore bibumbiye mu rugaga rushamikiye ku muryango wa FPR INKOTANYI mu Karere ka Rusizi, bakesheje ijoro bizihiza isabukuru y’imyaka 23 u Rwanda n’Abanyarwanda bamaze bibohoye.
Kwizihiza isabukuru y’imyaka 23 u Rwanda rumaze rwibohoye byabereye hirya no hino mu gihugu aho abaturage n’abayobozi bafatanije mu kuyizihiza.
Kuri uyu wa 04 Nyakanga 2017 umunsi u Rwanda rwizihizagaho ukwibohora, umukuru w’igihugu Paul Kagame yatashye ku mugaragaro ibitaro bya Shyira biri mu Karere ka Nyabihu.
Abanyamuryango ba Rotary Club mu Karere ka Huye baravuga ko bagiye gushyira imbaraga mu gusobanurira Abanyarwanda iby’uwo muryango kuko abenshi batawuzi n’abanyamuryango bakaba baragabanutse.
Inama y’Abakuru b’Ibihugu bya Afurika yari iteraniye i Addis Abeba muri Ethipia yatoreye u Rwanda kuzayobora Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU).
Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko n’ubwo kwibohora byagezweho, ariko bagihanganye n’ingaruka ubuyobozi bubi bwasize zirimo inzara, ubukene n’umwiryane.
Ndatimana Mustafa wakomerekeye ku rugamba rwo kubohora igihugu, avuga ko yataye amashuri aho yigaga mu wa gatandatu w’amashuri yisumbuye yinjira igisirikare.
Mu nama ya 29 y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) iri kubera i Addis Ababa muri Ethiopia, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatangaje ko Ibihugu bya Afurika byatangiye kugaragaza ko kwigira kwayo bishoboka.
Irushanwa ryo gusoma Korowani mu mutwe ryaberaga i Kigali ryarangiye umusore ukomoka muri Uganda ariwe uryegukanye atsinze abandi 15 bari bahanganye.
Minisitiri w’ubutabera akaba n’intumwa nkuru ya Leta, Johnston Busingye arahamagarira abapolisi bakuru barangije amasomo gukora ibituma bemerwa nabo bayobora.
Perezida Paul Kagame yageze i Addis Ababa muri Ethiopia aho yitabiriye inama ya 29 y’Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika (AU).
Abapolisi 68 abakozi b’ibigo byigenga bicunga umutekano 10 n’abacungunga gereza 20 barangije amahugurwa kuzimya inkongi yo kuzimya inkongi y’umuriro.