Francis Gatare wari umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’igihugu gishinzwe Iterambere (RDB), yasigiye Clare Akamanzi wamusimbuye, umukoro wo kureshya abashoramari ariko akareba abafite ishoramari rikwiye.
Abaturage 269 bavuga ko bamaze imyaka itanu bishyuza Akarere ka Nyagatare amafaranga batanze bagura ibibanza,nyuma bakabyamburwa n’Akarere katabahaye ingurane.
Dr Gahutu Pascal, Umuyobozi wa Kaminuza yigenga ya Rusizi Internationl University (RIU) ari mu maboko ya Polisi akurikiranweho ibyaha birimo kunyereza umutungo no gukoresha impapuro mpimbano.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi butangaza ko bukurikirana urubyiruko rwavuye Iwawa, bakarufasha ariko ngo hari abo usanga badahinduka bagasubira kuba inzererezi.
Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, umutwe w’Abadepite yamaze gutora itegeko ngenga rishyiraho Igiswahili nk’ururimi rwemewe mu butegetsi mu Rwanda.
Mu muhango wo kurahiza abayobozi bashya bashyizwe mu myanya n’inama y’abaminisitiri iheruka, Perezida Paul Kagame yabahamagariye kutitwaza amikoro make y’igihugu ngo bananirwe kunoza serivisi zitarashyirwa ku murongo mu byiciro bitandukanye.
Louise T. Koonce, gafotozi ukomoka muri Amerika (USA) yasuye ikigo cy’itangazamakuru cya Kigali Today Ltd, asangiza ubunararibonye abari guhabwa amahugurwa mu gufata amafoto ya Kinyamwuga.
Inama y’abaminisitiri yateranye ku itariki 3 Gashyantare 2013, ikayoborwa na Perezida Paul Kagame, yemeje amabwiriza anyuranye ya Minisitiri w’Intebe yoroshya iyubakwa ry’amacumbi aciriritse.
Abaturage batuye mu bice by’icyaro bagorwaga no gukora ingendo bagiye kongera koroherezwa, nyuma y’uko haje sosiyete nshya ije gusimbura ONATRACOM yari yarazimiye.
Mukamana Marie Louise wo mu Murenge wa Ruheru muri Nyaruguru arashinja uwari umuyobozi w’umurenge wa Nyabimata kumwambura ibihumbi 610RWf.
Abagize inama y’igihugu y’abagore mu Karere ka Gisagara bavuga ko bababazwa na bagenzi babo biyandarika, bikabahesha isura mbi.
Mu muhango wo gutaha Hotel Dove y’Itorero rya ADEPR iherereye ku Gisozi mu Karere ka Gasabo, Minisitiri w’intebe Anastase Murekezi yahamagariye abayoboke b’Idini ya ADEPR kugira ukwemera gushingiye ku bikorwa, kugira ngo barusheho gutera imbere.
U Rwanda rwahawe ikirango mpuzamahanga ISO 9001:2008, kizajya gishyirwa ku bicuruzwa byarwo kigaragaza ko byujuje ubuzirange, nyuma y’imyaka irenga 14 rumaze rugiharanira.
Mpayimana Philipe wifuza kuziyamamariza Umwanya wa Perezida wa Repubulika, atangaza ko yaje guhindura imyumvire y’abumva ko umwanya wa Perezida wa Repubulika wagenewe abantu runaka.
Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateranye kuri uyu wa gatanu tariki ya 3 Gashyantare 2017 muri Village Urugwiro, yashyizeho abayobozi mu nzego zitandukanye, aho Claire Akamanzi wigeze kuba Umuyobozi w’ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere RDB, yongeye gushyirwa muri uyu mwanya asimbura Francis Gatare.
Abatuye Akarere ka Ngororero ntibavuga rumwe ku ihohoterwa rikorerwa mu ngo, bivugwa ko abagore bakorera abagabo babakubita bakanabatesha ingo zabo.
Akarere ka Nyarugenge karimo gushaka uko abaturage bo mu ngo 15580 bagituye mu manegeka bayavamo hagamijwe kubarinda ibiza no kurwanya akajagari.
Abategera imodoka cyangwa moto ahazwi nko ku giti cy’ "Imana y’Abagore" muri Karongi babangamiwe no kuba nta bwiherero buhaba.
Urwego rushinzwe kugenzura iyubahirizwa ry’uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abagore n’abagabo (GMO) rugiye kwagura ibikorwa byarwo kugera ku midugudu ngo bigere kuri benshi.
Minisitiri Kaboneka Francis ashishikariza abagabo kwitabira umugoroba w’ababyeyi, kugira ngo barusheho gufatanya n’abagore gukemura ibibazo byugarije imiryango.
Itsinda ry’abarwanyi 35 bo mu mutwe wa M23 baherutse guhungira mu Rwanda, boherejwe kuba i Gisovu mu Karere ka Karongi.
Umuryango ‘WaterAid’ utangaza ko ugiye gushora Miliyari 6RWf mu bikorwa byo kongera amazi meza mu Karere ka Bugesera.
Abaturage bo mu Kagari ka Kimbazi mu Murenge wa Munyiginya muri Rwamagana, barasaba ingurane z’ibyangijwe hakorwa imihanda muri gahunda ya VUP.
Abarinzi b’igihango batatu bo mu karere ka Nyarugenge bahawe imidari y’ishimwe kubera ubutwari bagize bahisha abatutsi, bigaragaza urukundo bafitiye abanyarwanda bagenzi babo.
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 01 Gashyantare 2017, umunsi u Rwanda rwizihizaho umunsi ngarukamwaka wahariwe Intwari z’Igihugu, Perezida Kagame yunamiye Intwari z’u Rwanda ziruhukiye ku Gicumbi cy’Intwari giherereye i Remera mu Karere ka Gasabo.
Umubikira w’Umugatolika Helene Nayituliki ntakunze kubara inkuru y’ubuzima bwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, nyamara yahishe abarenga ijana, kandi hari amajwi yafashwe bamutangaho ubuhamya.
Nyuma y’imyaka 23 u Rwanda rwibohoye, abana ba Uwiringiyimana Agathe wahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda akaza kwicwa muri Jenoside yakorewe Abatutsi, baracyaba mu buhungiro.
Félicité Niyitegeka, umubikira wayoboraga Centre Saint Pierre i Rubavu mu cyari Gisenyi, yimye amatwi musaza we wari umusirikare ukomeye yemera gupfana n’Abatutsi 43 yari yahaye ubuhungiro
Abo mu muryango wa Bizimana Sylvestre wazize kwanga kwitandukanya n’abayeshuri bagenzi be, ubwo baterwaga n’abacengezi ku ishuri bigagaho ry’i Nyange, bamwibukira ku ishyaka yari afite ryo gutera imbere.
Niyitegeka Sostène, w’i Ntosho mu Kagari ka Rubona mu Murenge wa Bweramana muri Ruhango, yarwanye ku batutsi 104 kuva Jenoside itangiye, kugeza abagejeje mu maboko y’Inkotanyi.