Bosenibamwe Aimé wahoze ari Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru yagizwe umuyobozi mukuru w’ikigo cy’igihugu gishinzwe Igororamuco (NRS).
Imbuto Foundation yari isanzwe ifite iyi gahunda y’abafashamyumvire ku bakobwa ariko yayitangije no ku bahungu kuko ngo itanga umusaruro mwiza.
Icyiciro cya mbere cy’umushinga w’amashanyarazi u Rwanda rwatewemo inkunga n’u Buyapani cyatwaye miliyoni 25 z’Amadorari ya Amerika, bikaba byaratumye umuriro wiyongera.
Minisiteri y’ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) itangaza ko ikibazo cy’imirire mibi gituma abana bagwingira bari munsi y’imyaka itanu giterwa n’imyumvire y’ababyeyi.
Madame Jeannette Kagame yifatanyije n’Abanye-Huye gutaha inzu y’ibyumba 50 yitwa “Impinganzima” yagenewe gutuzwamo ababyeyi 100 bagizwe incike na Jenoside yakorewe Abatutsi.
Kuri uyu wa 29 Kamena 2017, Amashyirahamwe atatu yo mu Bufaransa, arageza ikirego mu rukiko ashinja Banki BNP Paribas yo muri icyo gihugu ibyaha bifitanye isano na Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Umuryango Unity Club, ugizwe n’abayobozi bakuru b’u Rwanda n’abigeze kuba mu nzego nkuru z’ubuyobozi n’abo bashakanye , kuri uyu wa 29 Kamena 2017 urashyikiriza amacumbi abakecuru bagizwe incike za Jenoside yakorewe Abatutsi.
Hotel Radisson Blu ikimara kumva iby’inkuru yasakaye ivuga ku mwana wabumbye inzu Kigali Convention Center (KCC) ari naho ikorera, yahise itangaza ko yifuza guhura n’uwo mwana byihuse.
Kansiime James wari umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Gakenke yeguye kuri iyo mirimo ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 27 Kamena 2017.
Abakandida babiri gusa nibo bagaragara ku rutonde rw’agateganyo rw’abakandida biyamamariza kuyobora u Rwanda, mu matora ateganyijwe muri Kanama 2017.
Igeragezwa rya Jenoside mu cyahoze ari Komini Kibirira (ubu ni muri Ngororero), amateka agaragaza ko ryatangiye mu 1990 riyobowe na bamwe mu bayobozi bariho.
Pasiteri Athanase Munyaneza w’i Kinazi mu Karere ka Huye yagizwe umurinzi w’igihango kuko yahishe abatutsi benshi, ariko yiyumvamo ipfunwe n’umwenda imbere y’abarokotse Jenoside.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame avuga ko atarumva impamvu hari abayobozi biyemeza gukora ibintu runaka biteza imbere igihugu ariko ibyo biyemeje ntibabishyire mu bikorwa.
Madame Jeannette Kagame arahamagarira Abanyarwanda baba mu Bwongereza n’ahandi mu Burayi guterwa ishema no guteza imbere u Rwanda.
Perezida Kagame yasabye abafite ibikorwa bakorera mu bishanga mu gihugu hose ku buryo butemewe kubikuramo byihuse kugira ngo batangire babibungabunge.
Buri mpera mu gihugu hose hakorwa igikorwa cy’umuganda cyo gusukura aho abaturage batuye, kubakira abatishoboye cyangwa gukorera hamwe ikindi gikorwa kiba kemeranyijweho.
Iyo winjiye mu Mudugudu wa Ayabaraya uherereye mu Karere ka Kicukiro, mu Murenge wa Masaka, usanganirwa n’inzu nziza zibereye ijisho kandi zubatse kimwe ku gasozi kirengeye ka Masaka.
Igihugu cya Congo n’u Rwanda bagiranye amasezerano akubiye mu mushinga wo gucukura Gaz Metane iri mu Kiyaga cya Kivu mu rwego rwo kuyibyazamo amashanyarazi angana na MW200.
Paul Kagame, umukandida uzahagararira FPR mu matora ari imbere, yaganiriye n’abanyamakuru nyuma yo gutanga kandidatire, abamenyesha aho ahagaze mu gutuma u Rwanda rukomeza inzira y’iterambere.
Komisiyo y’Amatora (NEC) yakiriye kandidatire Paul Kagame, umukandida uzahagararira ishyaka FPR mu matora ya Perezida wa Repubulika ateganyijwe muri Kanama 2017.
Abatuye Nyabimata mu Karere ka Nyaruguru basoje itorero ryo ku mudugudu baravuga ko ryabafashije kumva ko gahunda za Leta zibafitiye akamaro.
N’ubwo imyaka y’ubukure ari 18, abana bo guhera ku myaka 14 bakoze amakosa akomeye nko kunywa ibiyobyabwenge cyangwa kubicuruza barabihanirwa.
Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge (NURC) ivuga ko hari “ntayegayezwa” y’ubumwe n’ubwiyunge by’Abanyarwanda imitwe ya Politiki idakwiriye gukoraho muri ibi bihe by’amatora.
Kuri uyu wa 20 Kamena 2017, Komisiyo y’igihugu y’amatora (NEC), yakiriye kandidatire ya Diane Rwigara wifuza kuba umukandida wigenga, mu matora ya Perezida wa Repubulika azaba muri Kanama 2017.
Amakuru agera kuri Kigali Today, aratangaza ko kuri uyu wa 20 Kamena 2017, Udahemuka Aimable, umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi yeguye ku mirimo ye.
Ku isi hose miliyoni zisaga 60 z’abantu bahunze ibihugu byabo by’amavuko kubera impamvu zitandukanye za politiki, ubukene cyangwa imihindagurikire y’ibihe.
Komisiyo y’igihugu y’amatora (NEC) iramagana abiyitirira kuba abakandida ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu ndetse n’ababamamaza kandi nta n’umwe kandidature ye iremerwa.
Umushinga wa Kivu Watt watangiye gushyirwa mu bikorwa ku itariki ya 2 Werurwe 2009. Gaz Methane ikurwamo izi ngufu yavumbuwe mu Kiyaga cya Kivu mu mwaka wa 1936.
Perezida Paul Kagame yamaze ku gera i Lusaka muri Zambia mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri, aho yahise yakirwa na mugenzi we Perezida Edgar Lungu.
Urubyiruko rwa FPR-Inkotanyi mu mujyi wa Kigali rwatangaje ko Perezida Kagame n’ubuyobozi bw’ingabo z’u Rwanda batazabura ababasimbura ruhari.