Abayisilamu bo mu Rwanda bashyikirije ubuyobozi bw’Akarere ka Gicumbi inkunga ingana na Miliyoni 26RWf yo kwishyurira abatishoboye ubwisungane mu kwivuza, mitiweli.
Madamu Jeannette Kagame yasabye bagenzi be gushyira imbaraga mu bikorwa byo kurwanya icyorezo cya SIDA gikomeje koreka imbaga ku mugabane w’Afurika, kikabuza benshi gukoresha imbaraga zabo mu kwiteza imbere n’igihugu cyabo.
Nisengwe Nadia umubyeyi wa Karangwa Natacha, umwana ufite impano y’ubusizi, asanga ari inshingano z’umubyeyi gushyigikira umwana mu mpano afite.
Madamu Jeannette Kagame, kuri uyu wa 31 Mutarama 2017, aratanga ikiganiro mu Ihuriro ry’Abagore b’Abaperezida bo muri Afurika rirwanya icyorezo cya Sida (OAFLA).
Croix-Rouge y’u Rwanda na CICR mpuzamahanga batangiye kwita ku barwanyi 35 ba M23 bahungiye mu Rwanda kuwa 29 Mutarama 2017.
Bamwe mu batuye Akarere ka Gicumbi, bavuga ko kugeza ubu batarasobanukirwa ibijyanye n’umusoro w’ubutaka, kuko ngo kuva babaho nibwo babyumvise.
Alpha Condé umaze imyaka 7 ayobora Guinee Conakry, ni we watorewe kuyobora Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, nyuma y’umwaka uyoborwa na Perezida wa Chad Idris Deby Itno.
Bamwe mu bakuriye isuzuma ry’imihigo banenze imwe mu mihigo ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga bwashyize mu mihigo, bavuga ko bisanzwe mu nshingano basabwa.
Ingabo z’u Rwanda zigize Batayo ya mbere, iri mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS) zatanze ubuvuzi bw’ibanze n’ibikoresho by’ishuri ku baturage bo muri Sudani y’epfo.
Abayobozi batandukanye mu Karere ka Rutsiro bavuga ko bimanaga amakuru cyangwa ntibayatange neza, kuko batari basobanukiwe n’itegeko rigena imitangire y’amakuru.
Evode Imena wabaye umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Umutungo Kamere (MINIRENA) yatawe muri yombi, akurikiranweho ibyaha yakoze akiri kuri uwo mwanya.
Akarere ka Ngororero bwahagurukiye abasore batera inda abakobwa bakiri bato, buvuga ko umukobwa watanze amakuru y’uwamuteye inda buzajya bumukurikirana.
Gushaka kubyara abana b’ibitsina byombi ni imwe mu nzitizi ituma ababyeyi bo mu Karere ka Rwamagana bananirwa kuboneza urubyaro.
Ku cyumweru tariki ya 29 Mutarama 2017, Perezida Paul Kagame yagejeje ku bitabiriye umwiherero w’Abakuru b’Ibihugu i Addis Ababa muri Etiyopiya raporo yiswe "Impamvu hakenewe ivugurura mu bumwe bwacu".
Abakobwa batanu muri 16 biyamamarizaga guhagararira umujyi wa Kigali mu marushanwa ya Miss Rwanda 2017, nibo bemerewe gukomeza amarushanwa.
Minisitiri w’Intebe Dr. Anastase Murekerezi yatangaje ko Leta izakora ibishoboka byose igafasha abahinzi kugura ibikoresho byo kuhira imyaka kugira ngo ituma.
Mu nama ya 28 ya Afurika Yunze Ubumwe (AU), iteganyijwe kuwa 30-31 Mutarama 2017 ku cyicaro gikuru cyayo giherereye Addis Ababa muri Ethiopia, Perezida Kagame azamurikira abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma, raporo ku mavugurura ya komisiyo ya Afurika yunze ubumwe.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 28 Mutarama 2017, mu gihugu hose hakozwe umuganda rusange wa mbere mu mwaka wa 2017, usoza ukwezi kwa Mutarama.
Imiryango 140, yo mu murenge wa Rugabano i Karongi, izimurwa ahazahingwa icyayi iri kubakirwa umudugudu w’icyitegererezo ugizwe n’inzu 35.
Kuri uyu wa 27 Mutarama 2017, abayobozi batandukanye baturutse mu bihugu 24 bya Afurika, bitabiriye umuhango wo gutangiza ku mugaragaro ikigo gishinzwe intego z’iterambere rirambye muri Afurika (SDGC) gifite icyicaro mu Rwanda.
Ubushinjacyaha bwa gisirikare bwasabiye 2/Lt Seyoboka Jean Claude ukekwaho ibyaha bya jenoside yakorewe abatutsi, gukomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo, kuko bugikora iperereza ku byaha akurikiranyweho.
Nigeria ivuga ko u Rwanda rwayitambutseho mu itumanaho n’ikoranabuhanga, bityo ibihugu byombi bikaba byiyemeje gukomeza umubano wabyo bita cyane mu iterambere.
Sosiyete y’itumanaho Airtel yatangaje igabanuka ry’ibiciro byo guhamagara ku bakiriya bayo, kandi yemeza ko atari iby’igihe gito ngo bihite byongera bihagarare.
Leta y’u Rwanda ikeneye miliyari 5FRW yo gusana ibyangijwe n’imvura iherutse kwibasira uturere dutanu igasenyera amagana y’abantu.
Abaturage 420 bo mu murenge wa Matyazo muri Ngororero bakora muri VUP bavuga ko kudahemberwa igihe byatumye bamwe batohereza abana ku ishuri
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) itangaza ko mu rwego rwo guca ruswa, Leta y’u Rwanda iri gukora ibishoboka ngo serivisi zishoboka zose zitangirwe kuri interineti.
Abanyamuryango ba Koperative y’abafite ubumuga yitwa Twishakemo Imbaraga Kagano, ikorera ubudozi mu Murenge wa Kagano mu Karere ka Nyamasheke, bavuga ko guca akato mu bamugaye byabafashije kuva mu bwigunye bakiteza imbere.
Polisi y’u Rwanda yashyikirije Uganda imodoka ebyiri na moto imwe byibwe mu bihugu bitandukanye, bikaza guhabwa ibyangombwa muri icyo gihugu.
Bwa mbere mu Rwanda ihuriro ry’abafundi, ababaji n’abanyabukorikori ryitwa STECOMA rirateganya gutanga impamyabushobozi ku bafundi, bashingiye ku bunararibonye bafite mu kazi kabo ka buri munsi.
Imvura ivanze n’umuyaga yaguye mu Karere ka Rusizi mu murenge wa Muganza yasenye inzu 41 mu tugari twa Gakoni na Shara isiga imiryango 22 hanze.