Itsinda ry’abarwanyi 35 bo mu mutwe wa M23 baherutse guhungira mu Rwanda, boherejwe kuba i Gisovu mu Karere ka Karongi.
Umuryango ‘WaterAid’ utangaza ko ugiye gushora Miliyari 6RWf mu bikorwa byo kongera amazi meza mu Karere ka Bugesera.
Abaturage bo mu Kagari ka Kimbazi mu Murenge wa Munyiginya muri Rwamagana, barasaba ingurane z’ibyangijwe hakorwa imihanda muri gahunda ya VUP.
Abarinzi b’igihango batatu bo mu karere ka Nyarugenge bahawe imidari y’ishimwe kubera ubutwari bagize bahisha abatutsi, bigaragaza urukundo bafitiye abanyarwanda bagenzi babo.
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 01 Gashyantare 2017, umunsi u Rwanda rwizihizaho umunsi ngarukamwaka wahariwe Intwari z’Igihugu, Perezida Kagame yunamiye Intwari z’u Rwanda ziruhukiye ku Gicumbi cy’Intwari giherereye i Remera mu Karere ka Gasabo.
Umubikira w’Umugatolika Helene Nayituliki ntakunze kubara inkuru y’ubuzima bwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, nyamara yahishe abarenga ijana, kandi hari amajwi yafashwe bamutangaho ubuhamya.
Nyuma y’imyaka 23 u Rwanda rwibohoye, abana ba Uwiringiyimana Agathe wahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda akaza kwicwa muri Jenoside yakorewe Abatutsi, baracyaba mu buhungiro.
Félicité Niyitegeka, umubikira wayoboraga Centre Saint Pierre i Rubavu mu cyari Gisenyi, yimye amatwi musaza we wari umusirikare ukomeye yemera gupfana n’Abatutsi 43 yari yahaye ubuhungiro
Abo mu muryango wa Bizimana Sylvestre wazize kwanga kwitandukanya n’abayeshuri bagenzi be, ubwo baterwaga n’abacengezi ku ishuri bigagaho ry’i Nyange, bamwibukira ku ishyaka yari afite ryo gutera imbere.
Niyitegeka Sostène, w’i Ntosho mu Kagari ka Rubona mu Murenge wa Bweramana muri Ruhango, yarwanye ku batutsi 104 kuva Jenoside itangiye, kugeza abagejeje mu maboko y’Inkotanyi.
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Anastase Murekezi atangaza ko Guverinoma y’u Rwanda itazihanganira imitangire mibi ya sirivisi ikomeje kugaragara mu nzego zitandukanye.
Abayisilamu bo mu Rwanda bashyikirije ubuyobozi bw’Akarere ka Gicumbi inkunga ingana na Miliyoni 26RWf yo kwishyurira abatishoboye ubwisungane mu kwivuza, mitiweli.
Madamu Jeannette Kagame yasabye bagenzi be gushyira imbaraga mu bikorwa byo kurwanya icyorezo cya SIDA gikomeje koreka imbaga ku mugabane w’Afurika, kikabuza benshi gukoresha imbaraga zabo mu kwiteza imbere n’igihugu cyabo.
Nisengwe Nadia umubyeyi wa Karangwa Natacha, umwana ufite impano y’ubusizi, asanga ari inshingano z’umubyeyi gushyigikira umwana mu mpano afite.
Madamu Jeannette Kagame, kuri uyu wa 31 Mutarama 2017, aratanga ikiganiro mu Ihuriro ry’Abagore b’Abaperezida bo muri Afurika rirwanya icyorezo cya Sida (OAFLA).
Croix-Rouge y’u Rwanda na CICR mpuzamahanga batangiye kwita ku barwanyi 35 ba M23 bahungiye mu Rwanda kuwa 29 Mutarama 2017.
Bamwe mu batuye Akarere ka Gicumbi, bavuga ko kugeza ubu batarasobanukirwa ibijyanye n’umusoro w’ubutaka, kuko ngo kuva babaho nibwo babyumvise.
Alpha Condé umaze imyaka 7 ayobora Guinee Conakry, ni we watorewe kuyobora Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, nyuma y’umwaka uyoborwa na Perezida wa Chad Idris Deby Itno.
Bamwe mu bakuriye isuzuma ry’imihigo banenze imwe mu mihigo ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga bwashyize mu mihigo, bavuga ko bisanzwe mu nshingano basabwa.
Ingabo z’u Rwanda zigize Batayo ya mbere, iri mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS) zatanze ubuvuzi bw’ibanze n’ibikoresho by’ishuri ku baturage bo muri Sudani y’epfo.
Abayobozi batandukanye mu Karere ka Rutsiro bavuga ko bimanaga amakuru cyangwa ntibayatange neza, kuko batari basobanukiwe n’itegeko rigena imitangire y’amakuru.
Evode Imena wabaye umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Umutungo Kamere (MINIRENA) yatawe muri yombi, akurikiranweho ibyaha yakoze akiri kuri uwo mwanya.
Akarere ka Ngororero bwahagurukiye abasore batera inda abakobwa bakiri bato, buvuga ko umukobwa watanze amakuru y’uwamuteye inda buzajya bumukurikirana.
Gushaka kubyara abana b’ibitsina byombi ni imwe mu nzitizi ituma ababyeyi bo mu Karere ka Rwamagana bananirwa kuboneza urubyaro.
Ku cyumweru tariki ya 29 Mutarama 2017, Perezida Paul Kagame yagejeje ku bitabiriye umwiherero w’Abakuru b’Ibihugu i Addis Ababa muri Etiyopiya raporo yiswe "Impamvu hakenewe ivugurura mu bumwe bwacu".
Abakobwa batanu muri 16 biyamamarizaga guhagararira umujyi wa Kigali mu marushanwa ya Miss Rwanda 2017, nibo bemerewe gukomeza amarushanwa.
Minisitiri w’Intebe Dr. Anastase Murekerezi yatangaje ko Leta izakora ibishoboka byose igafasha abahinzi kugura ibikoresho byo kuhira imyaka kugira ngo ituma.
Mu nama ya 28 ya Afurika Yunze Ubumwe (AU), iteganyijwe kuwa 30-31 Mutarama 2017 ku cyicaro gikuru cyayo giherereye Addis Ababa muri Ethiopia, Perezida Kagame azamurikira abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma, raporo ku mavugurura ya komisiyo ya Afurika yunze ubumwe.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 28 Mutarama 2017, mu gihugu hose hakozwe umuganda rusange wa mbere mu mwaka wa 2017, usoza ukwezi kwa Mutarama.
Imiryango 140, yo mu murenge wa Rugabano i Karongi, izimurwa ahazahingwa icyayi iri kubakirwa umudugudu w’icyitegererezo ugizwe n’inzu 35.