Ababyeyi bakunze guhura n’ibibazo bikomeye mu gihe barwaje abana, cyane cyane bikabakomerera iyo barwaje abakiri bato bafite munsi y’imyaka ibiri bataramenya kuvuga aho bababara, kugira ngo ababyeyi bamenye uko babavuza. Ariko hari inama Dr Josette Mazimpaka, Umuganga w’abana mu bitaro by’Akarere ka Bugesera (ADEPR-Nyamata) (…)
Nubwo hari abatega ingori mu birori bitandukanye cyangwa se bakazitega uko babonye batabanje kumenya ibisobanuro byazo, mu muco Nyarwanda, hari abemerewe gutega urugori n’abatarutega nk’uko bisobanurwa na Mukandori Immaculée, uzwi ku izina ry’ubuhanzi nka Inshongore, akaba ari umubyeyi ufite imyaka 70 y’amavuko uzi byinshi (…)
Umuyobozi Mukuru w’Ibitaro bya Nyagatare, Dr Eddy K. Ndayambaje, avuga ko ibigo nderabuzima birindwi bifite ubwitabire bucye bw’ababyeyi bisuzumisha inda, byashyizwemo imashini zisuzuma ubuzima bw’umwana ukiri mu nda, mu buryo bw’igerageza ibizavamo bikaba aribyo bizashingirwaho zigezwa n’ahandi.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko ku munsi Mukuru wa Noheli wizihizwa n’abatari bacye, habaye impanuka ebyiri zakomerekeyemo abantu.
Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA), irahamagarira abakoresha gutanga amasezerano y’akazi ku bakozi, kubera ko uretse kuba ari itegeko, ariko kandi binatanga umusaruro mu kazi, kubera ko umukozi akora atekanye.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera buratangaza ko nubwo hari ibipimo bitazagerwaho 100% nk’uko byari bikubiye mu ntego za Leta z’imyaka irindwi ya gahunda ya NST1, ariko hari ibyo kwishimira byagezweho.
Umuhanzi Israel Mbonyicyambu uzwi cyane nka Mbonyi yongeye kwandika amateka yo kuzuza inzu y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena mu gitaramo cya Noheli yise ‘Icyambu Live Concert II’.
Ibikorwa byo kwagura urwibutso rwa Jenoside rwa Mutete, ruherereye mu Murenge wa Mutete, Akarere ka Gicumbi iri kugera ku musozo. Iyo nyubako biteganyijwe ko izatwara amafaranga y’u Rwanda agera kuri miliyari imwe na miliyoni 600, ije kuba igisubizo mu kubungabunga imibiri y’Abazize Jenoside, nyuma y’ubusabe bw’abafite (…)
Ikipe ya Flying Eagles yegukanye imidali 11 mu irushanwa rya Zanshin Karate ryateguriwe abana, ihiga andi yose yari yaryitabiriye, rikaba ryakinwaga ku nshuro ya mbere mu Karere ka Huye, hagati y’itariki 23-24 Ukuboza 2023.
Imibare ya RBC igaragaza ko mu myaka icyenda ishize abanywa inzoga biyongereyeho 6.8%, ariko nubwo kunywa mu rugero ari byo bigirwaho inama, na nkeya ubwazo zigira ingaruka ku buzima.
Inteko y’Umuco ivuga ko imaze kubarura ahantu ndangamurage hasaga 500, habumbatiye amateka yo hambere, mu rwego rwo gukomeza kuyabungabunga kugira ngo atazazima burundu.
Abahinzi b’i Kaduha mu Karere ka Nyamagabe bavuga ko biteguye kuzaba abahinzi babyo, bakanatera imbere nk’abandi babihinga, kubera inzu yo kubituburiramo begerejwe.
Hirya no hino mu Mujyi wa Kigali, aho umunyamakuru wa Kigali Today yageze kuri uyu wa 25 Ukuboza 2023, ku munsi mukuru wa Noheli, abacuruza inyama batangaje ko abaguzi bazo batabaye benshi nk’ibisanzwe, ariko agasembuye ko ngo kitabiriwe.
Kuba Musenyeri Alexis Kagame yarasirimuye u Rwanda ni kimwe mu byagaragajwe, ubwo tariki 20 Ukuboza 2023 yibukwaga n’abo mu muryango we ku bufatanye na Kiliziya Gatolika.
Abaturage bo mu Kagari ka Mpenge Umurenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, nyuma yo gusura Ingoro Ndangamateka y’Urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi bagasobanurirwa byinshi, basigaranye isomo ryo gusigasira Ubumwe n’Ubudaheranwa by’Abanyarwanda.
Umuhanzi Jean Marie Muyango, umenyerewe cyane mu njyana gakondo yamuritse umuzingo (Album) we wa kane ari kumwe n’abahanzi b’ikiragano gishya.
Bamwe mu baturage mu Karere ka Nyagatare bavuye mu isoko ryaho hafi saa tanu z’ijoro, bahashye ibya Noheri nubwo ibiciro by’ibiribwa ngo byari hejuru ugereranyije n’indi minsi.
Muri Koreya y’Epfo, itsinda ry’abanyeshuri bareze Guverinoma basaba indishyi z’akababaro, nyuma y’uko abarimu babo basoje ikizamini cya ‘The Suneung’, bivugwa ko gihindura ubuzima.
Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda (Traffic Police), ivuga ko yafashe imodoka yagongeye abantu i Karuruma mu Karere ka Gasabo, nyuma yo gutabazwa n’umunyamakuru witwa Oswald Mutuyeyezu (Oswakimu).
Watermelon ni urubuto ubundi rugizwe n’amazi ku kigero cya 92%, rukigiramo n’izindi vitamine n’ubutare butandukanye, bituma ari urubato rw’ingenzi ku buzima bw’abantu bakunda kururya. Gusa, imbuto zo muri watermelon na zo zikize ku ntungamubiri.
Mu gihe Abanyarwanda benshi bari mu myiteguro y’iminsi mikuru ya Noheri n’Ubunani, bamwe mu byamamare byo mu Rwanda kimwe n’abandi, nabo bafite uburyo bizihizamo iyi minsi mikuru.
Ku wa Kane tariki 07 Ukuboza 2023, Umuryango Transparency International-Rwanda wamenyesheje inzego zitandukanye zirimo na Minisiteri y’Uburezi, ko hari abakozi bazo bamunzwe na ruswa, barimo abayobozi b’ibigo by’amashuri abanza n’ayisumbuye.
Mu gihe habura amasaha macye ngo abantu binjire mu bihe byo kwizihiza Umunsi mukuru wa Noheli, mu isoko ry’ibiribwa rya Musanze, riherereye muri gare ya Musanze, abacuruzi bigaragara ko biteguye kwakira umubare munini w’abahaha ahanini bishingiye ku ngano y’imari baranguye.
Angola yikuye mu muryango wa OPEP/OPEC uhuza ibihugu bicukura peteroli. Angola nk’igihugu gicukura Peteroli nyinshi ku Mugabane w’Afurika, cyavuye muri uwo muryango wa OPEP kubera kutumvikana ku iganuka ry’ibyo icyo gihugu gikura muri peteroli yacyo cyohereza mu mahanga, nk’uko byifuzwa n’ibindi bihugu bicukura peteroli (…)
Akenshi iyo bavuze icuruzwa ry’abantu hari abatekereza ku bajyanwa hanze y’igihugu, nyamara no mu gihugu imbere bushobora kuhakorerwa, no gusabisha abana bikaba bumwe mu buryo bwo kubacuruza.
Umwaka wa 2023, amakipe nka APR FC na Rayon Sports ntizitwaye neza ku rwego mpuzamahanga,mu gihe Amavubi yongeye kwiyunga n’abafana
Abatujwe mu Mudugudu w’Icyitegererezo wa Kinigi (IDP Model Village), bashima intambwe bateye mu gutuzwa mu buryo begerejwe ibikorwa remezo nk’amazi meza, amashanyarazi, amavuriro, imihanda n’ibindi bitandukanye, ariko bakagaragaza ko hari ibibazo bikibabereye ingutu.
Iyo porogaramu ikoreshwa na mudasobwa (Artificial Intelligence model), yakozwe n’abashakashatsi mpuzamahanga, ikaba ifite ubushobozi bwo kumenya ibizaba ku buzima bw’abantu mu bihe bizaza, harimo n’igihe bazapfira.
Ku wa Gatandatu tariki ya 23 ukuboza 2023, mu gihugu cya Kenya mu mujyi wa Mombasa, hasojwe irushanwa ryo ku rwego rw’akarere ka gatatu mu gushaka itike y’imikino Olempike izabera mu gihugu cy’u Bufaransa muri Kanama umwaka utaha, ndetse n’imikino nyafurika (All African games 2024).
Mugisha Benjamin wamamaye nka The Ben, yasezeranye imbere y’Imana na Uwicyeza Pamella mu muhango wabereye mu rusengero Eglise Vivante de Jésus Christ, ruri ku Irebero mu Karere ka Kicukiro.
Mwizerwa Jean Claude yashimiwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro (RRA), nk’umuguzi wasabye fagitire za EBM nyinshi kurusha abandi mu mwaka wa 2022/2023, kandi bitari mu nyungu z’ubucuruzi.
Polisi y’u Rwanda by’umwihariko ikorera mu Mujyi wa Kigali, yasabye abatuye n’abagenda muri uwo Mujyi kwirinda amakosa mu gihe bagiye gutangira ibihe byo kwizihiza iminsi mikuru isoza n’itangira umwaka.
Perezida Joe Biden wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, yatanze imbabazi ku bantu ibihumbi bari bafungiwe ibyaha bifite aho bihuriye n’ikoreshwa ry’urumogi.
Abacuruzi b’ibirayi n’abaguzi babyo mu Mujyi wa Muhanga baravuga ko guhera ku wa 22 kugeza ku wa 23 Ukuboza 2023, ibirayi byabuze ku isoko kubera ko ababikura ku makusanyirizo yabyo mu Majyaruguru n’Iburengerazuba babujijwe kubizana, kubera ko nta nyemezabwishyu za EBM (Electronic Belling Machine) bafite.
Abahinzi b’ibirayi bo mu Turere tubihinga ku buso bunini, bari bamaze iminsi bahabwa amasomo y’uburyo bateza imbere iki gihingwa, muri gahunda y’Ishuri ry’Abahinzi b’Ibirayi mu murima, bashyikirijwe ibikoresho bazajya bifashisha mu gushyira mu bikorwa tekiniki zigamije gutuma umusaruro wiyongera mu bwiza no mu bwinshi.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), yaganiriye n’aborozi b’ingurube ku buryo bakongera umusaruro wazo, uko inyama y’ingurube yategurwa neza, kandi Abanyarwanda bagashishikarizwa kuyifungura (kuyirya) mu ngo zabo.
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Rwanda (MINAFFET), yatangaje ko ibirori byiswe Rwanda Day, byo guhurira mu mahanga kw’Abanyarwanda n’Umukuru w’Igihugu byongeye gusubukurwa, bikaba bigiye kubera i Washington muri Leta zunze Ubumwe za Amerika (USA), ku matariki ya 02-03 Gashyantare 2024.
Imipaka ihuza umujyi wa Goma na Gisenyi yongeye gufungurwa, abatuye umujyi wa Goma bariruhutsa kubera gukenera ibicuruzwa bivuye mu Rwanda byari bimaze iminsi bitambuka.
Muri Santrafurika abantu bitwaje intwaro bagabye igitero mu Mudugudu wa Nzakoundou, muri Ngaoundaye mu Majyaruguru y’uburengerazuba bw’icyo gihugu, bica abantu 22 barimo n’umusirikare, bakomeretsa n’abandi bantu ndetse batwika n’inzu nyinshi.
Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente, yasabye Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA), ko ururimi rw’ibanze rukoreshwa muri EBM (Electronic Billing Machine) rwaba Ikinyarwanda.
Guverineri mushya w’Intara y’Iburasirazuba, Pudence Rubingisa, yijeje gukomeza kugira iyi Ntara ikigega cy’Igihugu ariko nanone akazakora ibishoboka igatera imbere ihereye ku muturage.
Inama y’Igihugu y’Urubyiruko (NYC) ivuga ko ubushomeri bwatumye bitabaza inzego zitandukanye kugira ngo zitange imirimo n’imenyerezamwuga ku rubyiruko rubarirwa mu bihumbi amagana rutagira akazi.
Kabeyi Jeannette utuye ku Gisozi mu Karere ka Gasabo avuga ko ntako mu rugo iwe batagize ngo barwanye ibiheri mu buriri no mu ntebe bicaramo, ariko bikaba byaranze kugenda.
Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatolika mu Rwanda bwatanze umucyo ku butumwa buherutse gutangazwa n’ibiro bya Papa bishinzwe Ukwemera Gatolika i Roma binyujijwe mu rwandiko rwitwa Fiducia Supplicans (Ukwizera kwambaza Imana), butangaza ko Kiliziya idashobora guha umugisha umubano w’ababana bahuje igitsina kuko byaba bivuguruza (…)
Mu gihe imboga n’imbuto ari bimwe mu biribwa by’ingenzi mu buzima bw’abantu, abahinzi babyo bagaragaza ko bagihura n’imvune mu kubihinga, ndetse bagashoramo amafaranga menshi, nyamara ntibayagaruze mu gihe bagurisha umusaruro wabo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi buratangaza ko burimo kwiga uko urubyiruko rurangiza kwiga imyuga n’ubumenyingiro, rwahuzwa n’umurimo mu rwego rwo kugabanya ikigero cy’ubushomeri mu bakiri bato.