Ubuyobozi bw’Umurenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo busaba abaturage gutanga ibitekerezo bijyanye n’imiturire bifuza, na bwo bukababwira ibizahinduka mu tugari tugize uwo Murenge.
Polisi y’u Rwanda (Rwanda National Police) yungutse abapolisi bato 2,072 bemerewe kwinjira muri urwo rwego kugira ngo bafatanye na bagenzi babo gukorera u Rwanda n’Abanyarwanda.
Umunya-Nigeria ukina hagati mu kibuga Rafael Osaluwe uri mu ntizanyo muri AS Kigali arifuza gusubira muri Rayon Sports muri Mutarama 2024.
Imirwano hagati y’inyeshyamba za M23 n’ingabo za Congo (FARDC) yongeye kubura nyuma y’amatora y’umukuru w’igihugu n’abahagarariye abaturage mu Nteko Ishinga Amategeko ku rwego rw’igihugu, mu Ntara n’abajyanama muri Komini.
Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF) bwatangaje ko bwungutse abasirikare bashya bo mu mutwe udasanzwe w’Ingabo z’u Rwanda (Special Operation Forces, SoF) nyuma yo gusoza amasomo y’amezi 10 yaberaga mu Kigo cy’Imyitozo ya gisirikare i Nasho mu Karere ka Kirehe.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 22 Ukuboza 2023 ni bwo umukinnyi wa Paris Saint-Germain Warren Zaïre-Emery yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri
Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora (RCS), SP Daniel Rafiki Kabanguka, yemeje ko bahaye uruhushya CG Rtd Emmanuel Gasana, wahoze ari Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, rwo kuba asohotse mu Igororero.
Abana bafite ubumuga baturuka mu miryango 100 ibarizwa mu Karere ka Musanze, mu gikorwa cyabahurije hamwe cyo kwizihiza Noheli, bashimangiye ko iyi ari intambwe nziza igaragaza uburyo bitaweho kandi bahabwa agaciro.
Urukiko rwa Rubanda rw’u Bubiligi rwakatiye Twahirwa Séraphin wiswe Kihebe gufungwa burundu, mu gihe Pierre Basabose washinjwe ibyaha bya Jenoside yakatiwe kutidegembya.
Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cyita ku Buhinzi n’Ubworozi (RAB) Sitasiyo ya Nyagatare, John Kayumba, avuga ko mu Karere ka Gatsibo nta nka irwaye uburenge igihari, ku buryo bateganya gusaba ko ibikomera byasubitswe byasubukurwa.
Muri Mexique, abitwaje intwaro bishe abantu 11 abandi 12 barakomereka, ubwo bari mu birori byo mu rwego rw’idini bibanziriza Noheli (pre-Christmas party), mu Mujyi wa Salvatierra, ubuyobozi bwo muri Leta ya Guanajuato- Mexique, bukaba bwatangaje ko icyo gitero cyaje ari icya gatatu kigabwe ku bantu bari hamwe mu cyumweru kimwe.
Abajyanama baherutse gutorerwa kuzuza Inama Njyanama z’Uturere icyenda n’abagize Komite Nyobozi z’utwo turere, bamaze iminsi itatu mu mahugurwa yaberaga mu kigo cy’Ubutore cya Nkumba, bahabwa inyigisho zibafasha kumenya inshingano zabo, imikorere, imikoranire n’uburyo bwo gufasha abaturage kwivana mu bukene.
Inzego zitandukanye zirasaba itangazamakuru nk’umuyoboro mwiza kandi ugera ku Banyarwanda bose kugira uruhare mu gukorera ubuvugizi abafite ubumuga no kugaragaza imbogamizi bagihura na zo zijyanye n’imibereho yabo, uburenganzira ndetse no kuba hari ibikwiye kubakorerwa bidashyiwa mu bikorwa.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Mugabowagahunde Maurice, yashimiye urubyiruko rwo mu Karere ka Gakenke, nyuma y’uko ruhesheje ishema Intara ayoboye, aho ako Karere kaje ku mwanya wa gatatu ku rwego rw’Igihugu.
Muri Repubulika ya Tchèque, umwiyahuzi yishe abantu 15 abarashe, abandi basaga 10 barakomereka, muri Kaminuza iherereye muri Prague, nk’uko byatangajwe n’abashinzwe ubutabazi, Polisi ikaba yemeza ko uwo wishe abantu yari umunyeshuri wigaga muri iyo Kaminuza, na we akaba yahise araswa arapfa.
Ibikorwa by’amatora muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), byatumye umupaka uhuza u Rwanda n’icyo gihugu ukomeza gufungwa ku munsi ugira kabiri.
Umuryango wa John Okafor, wamamaye muri sinema ya Nigeria (Nollywood), ku izina rya Mr Ibu, wahakanye amakuru y’ibihuha amaze iminsi akwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga, avuga ko uyu mugabo yaciwe amaguru yombi.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwasobanuriye abatuye Akarere ka Rubavu, uburyo bukoreshwa mu gushuka abantu kugira ngo bajye kubacuruza.
Inama Njyanama y’Akarere ka Rubavu iherutse kwemeza ko Akarere kazatanga Miliyoni 600 z’Amafaranga y’u Rwanda yo kubaka isoko rya Gisenyi mu ntangiriro z’umwaka wa 2024 kugira ngo rishobore kuzura bitarenze ukwezi kwa Gicurasi 2024.
Bamwe mu bayobozi b’amadini n’amatorero mu Karere ka Nyagatare, bavuga ko bagiye gukaza inyigisho zikangurira abayoboke bayo umurimo, kuko aribwo bazaba babarinze ibishuko.
Abatuye mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, bashyiriweho icyumweru cyahariwe kwita ku buzima kuva tariki 18 - 22 Ukuboza 2023, mu rwego rwo guharanira ko abatuye muri ako Karere bagira ubuzima buzira umuze.
Mu Karere ka Bugesera hatashywe uruganda rukora ifumbire mvaruganda ikoreshwa mu buhinzi, bikaba biteganyijwe ko ruzajya rukora Toni ibihumbi 100 ku mwaka.
Iteganyagihe ry’igice cya gatatu cy’ukwezi k’Ukuboza 2023 (kuva tariki ya 21 kugeza kuri 31 Ukuboza 2023), rigaragaza ko imvura izagabanukaho gato ugereranyije n’imaze igihe igwa mu bihe bishize.
Muri Uganda, urukiko rukuru rwa Kampala rwahanishije umugabo witwa Musa Musasizi igihano cyo gufungwa imyaka 105 muri gereza, nyuma yo guhamwa n’ibyaha byo kwica abagore bane bari abakunzi be, ndetse n’umwana umwe, ahitwa Nakulabye-Diviziyo ya Rubaga muri Kampala.
Mu ijoro ryo ku wa 20 Ukuboza 2023, ikipe ya Mouloudia El Bayadh yo muri Algeria yakoze impanuka ubwo yajyaga gukina umukino wa shampiyona, abantu batatu bahasiga ubuzima.
Mu Karere ka Burera na Gicumbi habereye irushanwa yo gusiganwa ku magare ryiswe Umusambi Race, rikorwa mu byiciro bitatu birimo ababigize umwuga, abatarabigize umwuga ndetse n’urubyiruko ruturiye icyo gishanga cy’Urugezi kiri ku birometero 89, aharimo n’abifashishije amagare asanzwe azwi nka Pneus Ballons (Matabaro).
Ku wa Gatatu tariki 20 Ukuboza 2023, Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwavuze ku mikoranire yabwo n’amakipe atandukanye ufasha, bushimangira ko uko ubushobozi (amafaranga) bushyirwamo buzamuka ariko n’umusaruro wakazamutse.
Abantu bane bapfiriye mu kigega cy’amazi cy’ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), mu Murenge wa Kibirizi mu Karere ka Nyanza, ubwo bari bagiye kugikorera isuku.
Umukinnyi ukiri muto wa Paris Saint-Germain Warren Zaïre-Emery yageze mu Rwanda aho aje muri gahunda ya Visit Rwanda.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yashyizeho agashami gashinzwe gusimbuza imboni y’ijisho (Corner tissue bank), ku bafite uburwayi busaba ko isimbuzwa, kakabarizwa mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC).
Umugabo wo mu Burusiya witwa Alexander Tsvetkov, umuhanga mu bya Siyansi wo mu Kigo cyitwa ‘Russian Academy of Sciences Institute’ yari amaze amezi icumi (10), ari mu bihe bijya gusa n’ijoro ridacya, nyuma yo gufungwa kandi ashobora kuba arengana.
Mbere yo kujya mu itorero ISONGA ryahuje ba Gitifu kuva ku rwego rw’Imirenge kugera ku rwego rw’Intara, ryamaze iminsi itandatu ribera mu kigo cy’ubutore cya Nkumba kuva tariki 26 Ugushyingo kugeza tariki 02 Ukuboza 2023, ba Gitifu b’Imirenge ni bamwe mu bayobozi bashimirwaga gutanga amakuru mu buryo bwihuse, nk’uko itegeko (…)
Nyuma y’uko Urukiko rwisumbuye rwa Huye rwiyemeje kwikorera iperereza ku baregwa kugira uruhare mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro butemewe i Kinazi mu Karere ka Huye, bwanasize icyobo kirekire cyane cyahezemo abantu batandatu, uregwa kuba nyiri ikirombe n’abaregwa ubufatanyacyaha kimwe n’ibyo yacukuye bikomeje kuyoberana.
Abagore bayoboye ingo batishoboye bo mu Karere ka Rwamagana, batanze ubuhamya bavuga ko baretse guca inshuro, ubu bakaba batunze ingo zabo kubera ubuhinzi n’ubworozi busagurira amasoko, nyuma yo gufashwa n’umushinga wiswe KORA-WIGIRE.
Nyuma y’umwaka, umuririmbyi w’umunya-Canada Celine Dion amenye indwara arwaye, kuri ubu ntabasha gukoresha bimwe mu bice by’umubiri we (muscles).
Hirya no hino ku Isi, iyo umuntu yakoze akanitwara neza, arahembwa. Gutanga ibihembo byatangiye kera ku Isi hose. Hari ibihembo bikomeye nka Grammy Awards, Oscars, Trace Music Awards, BET Awards, Balon D’or, n’ibindi.
Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda, aratangaza ko Abanyarwanda badakwiye guterwa ubwoba no kwakira abimukira bazava mu Gihugu cy’u Bwongereza, kuko usibye kuba u Rwanda rufite umutima wo gufasha abari mu kaga, abo bimukira bazanagira uruhare mu iterambere ry’Igihugu.
Ubuyobozi bw’ibitaro bikuru bya Ruhengeri buvuga ko ababigana, batahwemye kugaragaza imbogamizi zo kutanogerwa na serivisi bitewe n’uburyo bishaje kandi bikaba ari na bitoya, ngo iki kibazo kiri mu nzira yo gukemuka vuba, kuko ubu hamaze kuboneka ingengo y’Imari izifashishwa mu kubyubaka mu buryo bugezweho.
Muri Tanzania, abarwayi bafite ibibazo byo kuziba imitsi ijyana amaraso mu mutima, batangiye gukorerwa ubuvuzi budasaba ko babagwa agatuza ngo bagafungure, ni ubuvuzi bushya bwatangiye gukorerwa mu kigo cyitwa ‘Jakaya Kikwete Cardiac Institute (JKCI)’ gisanzwe gitanga ubuvuzi bw’umutima.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga n’abafatanyabikorwa bako mu iterambere (JADF), bafashe ingamba nshya zo kurandura ubukene bukabije mu baturage ku buryo burambye.
Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF), Umutoni Alice, arasaba abagize umuryango kwimika ibiganiro bidaheza abana, kuko aribo bazi ibibabangamiye bifuza gufashwa kunyuramo.”
Urukiko rwa rubanda rwo mu Bubiligi rwarangije igice cya mbere kijyanye no kureba ibyaha bihamwa abaregwa, maze rwemeza ko Séraphin Twahirwa na Pierre Basabose, bahamwa n’ibyaha bya Jenoside.
Ikigega gishinzwe guteza imbere imishinga mito n’iciriritse (BDF), kigiye gufasha Abanyarwanda bafite imishinga y’ubuhinzi ariko bahura n’ikibazo cyo kubura ingwate, kugira ngo babone inguzanyo mu mabanki.
Inzobere mu by’ubuzima zivuga ko kwicara umwanya munini umuntu adahaguruka bigira ingaruka ku mubiri, zirimo kurwara indwara zitandukanye nk’umugongo n’izindi.
Umuyobozi mushya w’Akarere ka Gakenke, Mukandayisenga Vestine, arishimira icyizere aherutse kugirirwa atorerwa kuyobora ako karere, akaba yemeza ko bishobora kumubera ikiraro kimuhuza n’Umukuru w’Igihugu ahora arota kuzamusuhuza imbonankubone.