Kuri uyu wa Gatatu tariki 7 Gashyantare 2024, Perezida Kagame yakiriye mu biro bye, Village Urugwiro, mugenzi we wa Pologne, Andrzej Duda.
Amashyirahamwe y’Urubyiruko arengera ibidukikije, avuga ko hari urusobe rw’ibinyabuzima rwongeye kuboneka mu bishanga byatunganyijwe by’i Kigali, ariko ko hari n’ibindi bagiye gufasha kugaruka birimo ibikeri, ibyatsi by’urukangaga n’urufunzo.
Ku wa 27 Mutarama 2024, Perezida wa Gasogi United, Kakooza Nkuliza Charles, yatangaje ko asheshe ikipe kubera ibyo yise umwanda ubwo yari amaze gutsindwa na AS Kigali 1-0 mu mukino wa shampiyona ariko nyuma ikipe ye iragaruka ikomeza gukina.
Miss Japan 2024, Karolina Shiino ufite imyaka 26 ukomoka muri Ukraine, yiyambuye iryo kamba nyuma yo kuvugwaho kuba akundana n’umugabo ufite umugore.
Ababyeyi bo mu Karere ka Rulindo bishimira ko begerejwe serivisi za Echographie (guca mu cyuma) ku bigo nderabuzima, kandi bakoresheje ubwishingizi mu kwivuza bwa Mituweli.
Mu Kagari ka Kirabo, Umurenge wa Busengo, Akarere ka Gakenke, habonetse imibiri ine y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, irimo umugore wishwe ahetse umwana.
Umupfumu kabuhariwe wo mu Bwongereza yahanuye ko Perezida Putin ari hafi kwitaba Imana naho umuhanzikazi Taylor Swift agatwita muri uyu mwaka.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Gasana Stephen, avuga ko ibikorwa by’amaboko byakozwe n’urubyiruko rugizwe n’abanyeshuri basoje amashuri yisumbuye, Urugerero Inkomezabigwi icyiciro cya 11 hatabariwemo ubukangurambaga byabariwe agaciro mu mafaranga y’u Rwanda asaga Miliyoni 131.
Abayobozi ba za Paruwasi n’abayobozi b’ibigo by’amashuri y’Itorero Angilikani Diyosezi ya Shyogwe mu Ntara y’Amajyepfo, baganiriye uko bazamura ireme ry’uburezi, basinyana imihigo n’ubuyobozi bw’Itorero bagaragaza ko bagiye gukomeza ingamba zo kuzamura ireme ry’uburezi bagatsindisha 100%.
Umufatanyabikorwa wa Leta y’u Rwanda witwa ’Water For People’, yatangaje ko agiye guha amazi meza abaturage b’u Rwanda barenga miliyoni imwe n’ibihumbi 500 bitarenze umwaka wa 2027, nyuma yo kuyaha abarenga miliyoni imwe n’ibihumbi 20 mu myaka 15 ishize.
Yubahe Beatrice w’imyaka 15 wo mu Murenge wa Karago mu Karere ka Nyabihu, arasabirwa ubutabazi bwihuse bw’amafaranga agera kuri Miliyoni eshanu yo kumufasha kuyungurura amaraso (dialyse), mu gihe hategerejwe ko hakorwa ibizami byo gupima uwamwemereye impyiko no kuyimushyiramo.
Perezida wa Pologne Andrzej Duda na Madamu we Agata Kornhauser-Duda baje mu Rwanda, mu ruzinduko rw’akazi, rutangiye kuri uyu wa Kabiri tariki 6 Gashyantare 2024.
Umukozi w’Intara y’Amajyepfo ushinzwe Imiyoborere myiza, Kabera Vedaste, yasabye Urukiko rw’Ibanze rwa Nyamabuye, ko yaburana ari hanze ku cyaha akurikiranyweho cyo gutanga indonke.
Mu Nkambi ya Mahama iherereye mu Murenge wa Mahama mu Karere ka Kirehe, impanuka yatewe na Gaz yishe abana babiri bo mu muryango umwe, umubyeyi wabo (nyina) na we wakomeretse cyane ubu akaba ari mu bitaro bya Kanombe aho arwariye kandi ararembye.
Umuyobozi wungirije w’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), Mukazayire Nelly, yitabiriye ibirori byo gutanga ibihembo bya Grammy Awards byabereye i Los Angeles muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Umuririmbyikazi ukomoka muri Canada, Céline Marie Claudette Dion, nyuma y’igihe arwana n’ibibazo bikomeye by’ubuzima, yongeye kugaragara mu ruhame mu birori byo gutanga ibihembo bya Grammy Awards, ndetse ashyikiriza igihembo Taylor Swift.
Bamwe mu bana bahoze mu buzererezi bo mu Karere ka Musanze, bakabukurwamo n’abagize Urwego rwunganira Akarere ka Musanze mu gucunga Umutekano (DASSO) bagasubizwa mu ishuri, bavuga ko byabafunguriye icyizere cyo kuzakabya inzozi nziza bifitemo.
Umugore wa Barack Obama wahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Michelle Obama, yatsindiye igihembo cya Grammy Award ku nshuro ya kabiri, ahita anganya n’umugabo we ibi bihembo.
Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) rwatangiye amahugurwa y’ iminsi itanu agamije kwigisha abakoresha bo mu nzego z’imirimo zitandukanye uburyo bwo kurinda abakozi babo impanuka n’indwara zituruka ku mirimo bakora, ruhereye ku bakora mu buhinzi, mu mashyamba n’uburobyi.
Padiri François Harelimana, Umuyobozi w’Ingoro ya Bikira Mariya y’i Kibeho, avuga ko bishimiye ko Perezida wa Pologne, Andrzej Sebastian Duda, utegerejwe muri iyi ngoro tariki 8 Gashyantare 2024, azahandika amateka yo gusurwa bwa mbere n’Umukuru w’Igihugu.
Rucagu Boniface avuga ko impamvu akunze kwambara ishati iriho amafoto ya Perezida Paul Kagame, ari agaciro amuha ndetse no kuzirikana ibyiza yagejeje ku Banyarwanda.
U Rwanda rwashyizwe ku rutonde ruyoboye ibihugu bya mbere byo ku mugabane wa Afurika, bifite igipimo cyizewe cy’umutekano kurusha ibindi, ndetse umutekano wabyo ukaba unizewe n’abatuye mu bice bitandukanye by’Isi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare n’aka Gatsibo, burasaba abaturage guhunika imyaka bejeje aho kuyigurishiriza rimwe kuko aribyo bituma igiciro cyashyizweho kitubahirizwa. Ku rundi ruhande ariko nanone, abacuruzi bagura munsi y’igiciro cyashyizweho bakibutswa ko bashobora guhura n’ibihano.
Inkongi y’umuriro ikomeye yibasiye agace k’ubukerarugendo muri Chili ka Valparaiso, gaherereye hagati muri icyo gihugu, yica abantu 122, kandi imibare ishobora gukomeza kwiyongera nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi.
Rick Warren, umuvugabutumwa ukomeye muri Amerika akaba n’inshuti ikomeye y’u Rwanda, yasabye urubyiruko rw’Abanyarwanda batuye mu mahanga kurushaho kugira uruhare rufatika mu guteza imbere Igihugu cyabo, no kugira umutima wo kukirwanirira.
Ku wa Mbere tariki 05 Gashyantare 2024 amakipe y’Igihugu ya Sitting Volleyball yatambagije igikombe cya Afurika yegukanye mu bagore ndetse n’umwanya wa gatatu mu bagabo mu rugendo rwakorewe mu Mujyi wa Kigali.
Umuhanzi wamamaye mu njyana ya Afrobeats, David Adeleke uzwi cyane ku izina rya Davido na bagenzi be bakomoka muri Nigeria batashye amara masa mu bihembo bya Grammy Awards nubwo bahabwaga amahirwe.
Kompanyi ifasha abahanzi yitwa Universal Music Group (UMG) yatangaje ko igiye gukura indirimbo zose z’abahanzi n’abanditsi b’indirimbo isanzwe ireberera inyungu ku rubuga rwa TikTok nyuma y’uko impande zombi zitumvikanye ku masezerano mashya.
Tariki 03 Gashyantare 2024, Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda bizihije umunsi w’Intwari z’u Rwanda wabereye kuri ‘Monument de la Renaissance Africaine’ mu rwego rwo kuzirikana no guha agaciro indangaciro zaranze Intwari z’Igihugu zirimo gukunda Igihugu, kugira ubwitange n’ubushishozi, kugira ubupfura n’ubumuntu, kuba (…)
Umuryango Uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 (IBUKA), tariki 4 Gashyantare 2024 basuye aharimo kubera igikorwa cyo gushakisha imibiri u Mudugudu wa Ngoma ya 5 uherereye mu Kagari ka Ngoma, Umurenge wa Ngoma, Akarere ka Huye, mu rwego rwo gufata mu mugongo no guhumuriza Abarokotse Jenoside bo (…)
Kuri uyu wa Mbere tariki 5 Gashyantare 2024, nibwo hamenyekanye amakuru ko Kampayana Augustin wayoboye ibigo bitandukanye mu Rwanda, harimo n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imyubakire, Rwanda Housing Authority, yitabye Imana.
Iyo uvuze Hip-Hop nk’injyana y’umuziki mu Rwanda, amwe mu mazina y’abakoze umuziki muri iyi njyana ahita aza mu mitwe y’abantu benshi ni nka Jay Polly, BullDogg, Fireman, P Fla, Green P, MC Mahoni Boni, Riderman, NPC, K8 Kavuyo, Pacson, Diplomate, Bac T, DMS, Neg G, Bably, n’abandi benshi cyane.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima, OMS, ryatangaje ko mu mwaka wa 2050, umubare w’abarwara kanseri uzaba wariyongereyeho 77%, ugereranyije n’uko imibare y’abayirwara yari imeze mu 2022.
Mu gitondo cyo ku itariki 12 Gicurasi 2023, umwana w’umukobwa witwa Umuhire Ange Cecile, wigaga mu mwaka wa mbere w’amashuri yisumbuye muri Ecole des Sciences de Musanze nibwo yitabye Imana.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga n’abafatanyabikorwa mu burezi, basuzumiye hamwe ibibazo byatumye mu mwaka w’amashuri wa 2022-2023 hari ibigo by’amashuri bitatsindishije neza.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), itewe impungenge n’indwara ya kanseri yibasiye abatuye Isi n’u Rwanda by’umwihariko, nyuma yo kubona ko abarenga 1/2 cy’abajya kuyivuza ngo bagera kwa muganga imburagihe batazi ko bayirwaye, kandi batakiri abo gukira.
Perezida Paul Kagame yihanganishije Madamu Monica Geingos n’Abanya-Namibiya muri rusange, ku bw’urupfu rwa Perezida Dr Hage Geingob witabye ku myaka 82.
Ikipe ya Rayon Sports yatsinze Marine Fc ibitego 2-0 mu mukino w’umunsi wa 19 wa shampiyona kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, ihita ifata umwanya wa kabiri ku rutonde rw’agateganyo
Umubiri wa Pasiteri Ezra Mpyisi uherutse kwitaba Imana, wasezeweho bwa nyuma mu rugo iwe mu Kagarama(Kicukiro), ukomereza muri Kaminuza y’Abadivantisiti yo muri Afurika yo Hagati (AUCA) i Masoro, mbere yo kujya gushyingurwa i Rusororo.
Rwanda Day yaraye ibereye i Washington DC muri Leta zunze Ubumwe za Amerika (USA), yibukije Rukundo Benjamin gushimira Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuba ingendo na gahunda akorera mu mahanga zituma Abanyarwanda bamenya aho bashakira ubumenyi bwisumbuye ndetse n’aho bahahira.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’abagore y’umukino wa sitting volleyball, yegukanye shampiyona Nyafurika 2024 yaberaga muri Nigeria itsinze Kenya ku mukino wa nyuma, mu bagabo yegukana umwanya wa gatatu.
Ambasade y’u Rwanda muri Repubulika ya Congo-Brazzaville ku bufatanye n’Abanyarwanda bahatuye, bizihije Umunsi w’Intwari z’Igihugu, mu muhango wabaye ku wa Gatandatu, tariki 3 Gashyantare 2024.
Kuri iki Cyumweru, kuri stade Ubworoherane ikipe ya APR FC yatsinze Musanze FC ibitego 3-1, ikomeza gusiga andi makipe dore ko yujuje amanota 39.
Ikipe y’igihugu ya Côte d’Ivoire na Afurika y’Epfo zageze muri 1/2 cy’Igikombe cya Afurika 2023 zisezereye Mali na Cape Verde.
Mu gitaramo cyo gusezera bwa nyuma kuri Pasiteri Ezra Mpyisi, cyakozwe ku wa Gatandatu tariki 3 Gashyantare 2024, umuhungu we Gerald Mpyisi yashimangiye ko batifuza abaherekeza umubyeyi we bitwaje indabo, ahubwo ko bazisimbuza Bibiliya zo guha abantu.
Umuhanzi Bruce Melodie uri mu batanze ibiganiro muri Rwanda Day 2024, yageneye impanuro urubyiruko rw’u Rwanda, arusaba gutangira gutekereza k’u Rwanda rw’ahazaza ndetse bagaharanira no kuba urugero rwiza mu byo bakora.
Prof. Senait Fisseha, Umunyamahanga wamaze guhabwa ubwenegihugu bw’u Rwanda, arishimira uburyo atewe ishema n’Igihugu cye cy’u Rwanda, afata nk’igihugu cy’amahitamo ye.
Mu kiganiro yagejeje ku bari bitabiriye umunsi wa mbere wa Rwanda Day, Perezida wa Toronto Raptors, ikipe ikina basketball muri shampiyona ya Amerika (NBA), akaba n’umuyobozi wa Giants of Africa, Masai Ujiri, yahishuye ko kugira ibikorwa remezo bigezweho biri mu bifasha yaba siporo, imyidagaduro n’ibindi gutera imbere, (…)