Ishimwe Sandra wamamaye muri filime y’uruhererekane ya City Maid, akina yitwa Nadia, ntazongera kuyigaragaramo. Mu itangazo yashyize hanze, tariki 15 Ukuboza 2023, Sandra yahamije ko yasezeye gukina muri iyi filime kubera ibyo atumvikanyeho n’ubuyobozi bwa Zacu Entertainment.
Perezida wa Senegal, Macky Sall, yageze i Kigali aho aje mu gikorwa cyo gufungura ku mugaragaro Ikigo Nyafurika gikora inkingo, BioNTech Africa.
Urugaga rw’abaganga b’amatungo mu Rwanda rwatangije gahunda yo kujya bahugura abanyamuryango mu rwego rwo kurushaho kwita ku matungo no gukora kinyamwuga. Ni gahunda itari isanzwe ikorwa, kuko umuganga w’amatungo yabikoraga kubera ko yabyize akabibonera impamyabumenyi muri uwo mwuga, bityo akawukora akurikije uko yabyize (…)
Ubushakashatsi bw’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB), ku mitangire ya serivisi n’imiyoborere mu Rwanda, bwagaragaje ko urwego rwunganira Akarere mu gucunga umutekano (DASSO) rutishimiwe n’abaturage nk’izindi nzego mu Mujyi wa Kigali.
Uwase Muyango Claudine witegura ubukwe bwe na Kimenyi Yves, yakorewe ibirori bisezera ubukumi bizwi nka ‘Bridal Shower’. Ibi birori byabaye ku mugoroba tariki 16 Ukuboza 2023.
Ingeri z’abantu batandukanye bakiriye neza icyemezo cyatangajwe cyo kongera amasaha yemerera ibikorwa by’imyidagaduro n’utubari gukomeza gukora mu masaha y’ijoro, kuva tariki 15 Ukuboza 2023 kugera tariki 7 Mutarama 2024.
Urugaga rw’Abavoka mu Rwanda ruratangaza ko rufite intego yo kuba Urugaga rwihagije mu bushobozi bwo kwikemurira ibibazo ndetse bikanarubashisha kuba umufatanyabikorwa mwiza wa Leta aho kuyitegera amaboko ruyaka ubushobozi bw’amafaranga abarurimo bakenera.
Minisitiri w’Ingabo akaba n’imboni ya Guverinoma mu Karere ka Musanze, Juvénal Marizamunda, yagaragarije abayobozi bashya ko gukorera hamwe nk’ikipe bifasha mu kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry’ibyo baba bariyemeje gukora n’ibyo abaturage baba babitezeho.
Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard, yahagarariye Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu muhango wo kurahira kwa Andry Rajoelina, Perezida wa Madagascar.
Madamu Jeannette Kagame ku wa Gatandatu tariki 16 Ukuboza 2023 yataramanye n’abana baturutse hirya no hino mu Gihugu, abifuriza iminsi mikuru myiza ya Noheli n’Ubunani.
Ikigo cy’imari cyo kuzigama no kuguriza (Zigama CSS) cyatangaje ko muri uyu mwaka wa 2023, cyabonye inyungu y’amafaranga y’u Rwanda angana na Miliyari 35.7, bingana n’inyongera ya Miliyari 12.9 z’Amafaranga y’u Rwanda ugereranyije n’inyungu ya Miliyari 22.8 yari yabonetse mu mwaka wa 2022.
Ingabo z’u Rwanda (RDF) zateguye igikorwa cyo kwakira ku meza abajyanama bihariye mu bya gisirikare muri za Ambasade z’ibihugu mu Rwanda (Defence Attachés), mu rwego rwo kubifuriza iminsi mikuru myiza isoza umwaka.
Kuva amaraso mu ishinya ni ikintu gikunze kubaho ku bantu benshi cyane cyane mu gihe boza amenyo, uko kuba biba ku bantu benshi, bikaba ari byo bituma hari ababifata nk’ibintu bisanzwe. Icyakora ngo ni ngombwa ko umuntu ubona ishinya ye ikunze kuva amaraso yajya yihutira kujya kwa muganga akamenya ikibitera kuko hari ubwo (…)
Murekatete Triphose wahoze ayobora Akarere ka Rutsiro, kuva yatangira izo nshingano yakunze kuvugwaho ko afitanye umubano wihariye n’uwari Minisitiri w’Ubutegtsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, ndetse bikavugwa ko uwo mwanya wo kuba Umuyobozi w’Akarere ari Gatabazi wagize uruhare mu kuwumushyiraho. Murekatete avuga (…)
Mu butumwa yahaye abiganjemo urubyiruko tariki 15 Ukuboza 2023 mu gutangiza ubukangurambaga kuri gahunda ya #TunyweLess (Tunywe mu rugero), Madamu Jeannette Kagame yasabye abagize umuryango kutaba imbata y’inzoga kuko zangiza ubuzima bikagira ingaruka ku muryango ndetse no ku gihugu.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko Ihuriro ryiswe ‘Job Net’ ry’abatanga imirimo n’abayikeneye biganjemo urubyiruko, ryitabiriwe n’abarenga ibihumbi icyenda bari bariyandikishije bakeneye imirimo.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) yasobanuye ko itora ry’Umuyobozi wungirije w’Umujyi wa Kigali ushinzwe Imiturire n’Ibikorwa Remezo ritabaye, kuko uwo mwanya itari yawumenyeshejwe kugira ngo itora ritegurwe.
Muri raporo y’uyu mwaka wa 2023 igaragaza uko ibihugu by’Afurika byorohereza abashyitsi babisura, baturutse mu bindi bihugu by’Afurika (Africa Visa Openness Report 2023), yasohotse ku itariki 12 Ukuboza 2023, yagaragaje ko u Rwanda ari urwa mbere muri Afurika mu koroshya ibijyanye na visa, cyangwa se kwemerera abantu kuza (…)
Umuhanzikazi, Taylor Alison Swift [Tylor Swift], binyuze mu bitaramo bizenguruka Isi yise "Eras Tour" yakuyeho agahigo kari gafitwe na Elton John mu kwinjiza amafaranga menshi mu mateka, amaze kwinjiza arenga Miliyari 1$.
Umuhanzi Nyarwanda Mugisha Benjamin wamamaye mu muziki nka The Ben, kuri uyu wa gatanu tariki 15 Ukuboza, yasabye anakwa Uwicyeza Pamella mu birori byabereye mu ihema riri ku Intare Conference Arena, i Rusororo mu Karere ka Gasabo.
Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente kuri uyu wa Gatanu yageze I Antananarivo, muri Madagasikari aho yahagarariye Perezida Paul Kagame mu muhango w’irahira rya Andry Nirina Rajoelina, uherutse gutorerwa kongera kuyobora icyo gihugu.
Umuryango uharanira inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, IBUKA n’abandi batangabuhamya, bavuga ko ibimenyetso bishinja Pierre Basabose na Séraphin Twahirwa bihagije kugira ngo ubutabera butangwa bube busesuye.
Umuryango CVA (Citizen Voice and Action) ufasha mu kubakira ubushobozi urubyiruko, gusobanukirwa gahunda za Leta no kuzigiramo uruhare, wahurije hamwe urubyiruko 200 kugira ngo baganire ku ruhare rw’urubyiruko mu ngengo y’imari, imbogamizi bagihura nazo n’umusanzu wabo mu iterambere ry’igihugu.
Pudence Rubingisa, wagiriwe ikizere n’Umukuru w’Igihugu, kuba Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, yitezweho kuzamura imyumvire y’aborozi ku gukora ubworozi bwa kijyambere ndetse n’ubuhinzi buteye imbere, ariko nanone ngo ashobora no kugorwa n’iyinjizwa ry’ibiyobyabwenge mu Gihugu nk’uko uwo asimbuye yari yabigabanyije.
Samuel Dusengiyumva, Umujyanama w’Umujyi wa Kigali waraye wemejwe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, amaze gutorerwa kuba Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali usimbura Pudence Rubingisa.
Mu Karere ka Rubavu mu Murenge wa Rugero mu Kagari ka Rwaza, umudugudu wa Rwaza ahitwa kwa Gacukiro, kuri uyu wa Gatanu tariki 15 Ukuboza 2023, habereye impanuka y’imodoka yabirindutse ifunga umuhanda.
Intwaza z’i Huye zahaye ubutumwa itsinda ry’abagize Unity Club Intwararumuri babasuye tariki 13 Ukuboza 2023, kugira ngo bazabushyikirize Perezida Kagame na Madamu we. Izo ntumwa za Unity Club Intwararumuri zari zaje kubifuriza kuzagira Noheli nziza ndetse no kuzatunganirwa mu mwaka uri imbere wa 2024.
Umuyobozi Mukuru wungurije mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), ushinzwe Ubworozi, Dr Solange Uwituze, avuga ko inka 119 ari zo zimaze gukurwa mu bworozi mu Karere ka Kayonza kubera kugaragarwaho indwara y’uburenge, naho izindi eshatu zikaba zagaragaje ibimenyetso byabwo mu Karere ka Gatsibo.
Ousmane Sonko utavuga rumwe n’ubutegetsi buriho muri Senegal, yongeye kwemererwa kujya ku rutonde rw’abazahatana mu matora y’Umukuru w’igihugu, ateganyijwe muri Gashyantare 2024.
Myugariro wa Arsenal Jurriën Timber uri mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi itatu muri gahunda ya Visit Rwanda, yasobanuriwe amateka y’u Rwanda anasura bimwe mu bikorwa bya Siporo
Perezida w’Inama Njyanama y’Umujyi wa Kigali, Dr Kayihura Muganga Didas, yatangaje ko Urujeni Martine ari we uyoboye by’agateganyo Umujyi wa Kigali, mu gihe hagitegerejwe ko Abajyanama baza gutora abayobozi bashya.
Mbabazi Rosemary, yashyikirije Perezida Nana Akufo-Addo wa Ghana, impapuro zimwemerera guhagararira inyungu z’u Rwanda nka Ambasaderi mushya muri icyo gihugu, yizezwa ubufatanye n’inkunga mu nshingano ze.
Itangazo ryaturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe tariki 14 Ukuboza 2023, riravuga ko hakozwe impinduka zigamije guteza imbere no gushyigikira politiki y’ubuhanzi n’umuco.
Ubutumwa bwazindukiye ku rubuga rwa X, bwanditswe na Minisitiri w’Uburezi, Twagirayezu Gaspard, ni ubwifuriza abarimu umunsi mukuru mwiza bizihije kuri uyu wa Kane tariki 14 Ukuboza 2023, yongeraho ko ahoza ku mutima umwarimu wamwigishije mu mwaka wa gatandatu w’amashuri abanza witwa Epihanie.
Mu kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga wahariwe Mwarimu wabaye kuri uyu wa Kane tariki 14 Ukuboza 2023, abarimu bongeye kwibutsa Leta y’u Rwanda kubatekerezaho bakabafasha kubona amacumbi yo kubamo mu buryo buhendutse.
Umujyi wa Kigali wifurije ikaze Bwana Samuel Dusengiyumva na Madamu Solange Ayanone, Abajyanama bashya binjiye mu nama Njyanama y’Umujyi wa Kigali; unifuriza ishya n’ihirwe Bwana Rubingisa Pudence na Bwana Mpabwanamaguru Merard bari Abajyanama mu nama Njyanama y’Umujyi.
Kuva tariki ya 16 na 17 Ukuboza, i Kigali hazabera irushanwa rya volleyball yo kumucanga (Beach Volleyball) ryateguwe n’abahoze bakina volleyball mu Rwanda aho bazarihuriramo n’abagikina uyu mukino.
Perezida Paul Kagame yabonanye na Wilmot Reed Hastings Jr, Umuyobozi Mukuru w’urubuga rwa Netflix rumaze kubaka izina mu kwerekana filime ku Isi aho baganiriye ku bufatanye busanzwe buriho hagati y’u Rwanda n’uru rubuga.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, kuri uyu wa Kane tariki 14 Ukuboza 2023, yakoze impinduka mu nzego zitandukanye za Leta, harimo no mu kigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA). Muri izo mpinduka harimo kuba Pudence Rubingisa wayoboraga Umujyi wa Kigali yagizwe Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, naho umunyamakuru (…)
Abayobozi b’imwe mu miryango itari iya Leta bavuga ko amakuru yigisha ishimishamubiri atangazwa ku mbuga nkoranyambaga arimo kuyobya abana n’urubyiruko ku bijyanye n’ubuzima bw’imyororokere, bikabateza ingaruka zirimo kwandura virusi itera SIDA no gutwita bakiri bato.
Umunyezamu Adolphe Hakizimana wakiniraga ikipe ya Rayon Sports, muri uku kwezi k’Ukuboza 2023 yarangije amasezerano yari afitanye na yo.
Abangavu 78 batewe inda bakiri basoje amashuri y’imyuga n’ubumenyi ngiro mu ishuri rya TSS Ntongwe, barashimira inkunga batewe na Banki ya Kigali (BK) binyuze muri BK Foundation, bakaba bagiye kwerekeza ku isoko ry’umurimo.