Nyuma y’imyaka 10 uruganda rwatunganyaga ibishyimbo rw’i Huye (Rwanda Agri Business Industries/RABI) rufunze imiryango, rwongeye gufungura imiryango nyuma yo kugurwa na rwiyemezamirimo waruhaye irindi zina rya CONAFO (Cooked Natural Food).
Sosiyete ifite uburambe mu by’ikoranabuhanga yitwa Qualcomm, muri uku kwezi k’Ukuboza 2023 yasoje umwaka wa mbere imaze ifasha ba rwiyemezamirimo b’Abanyafurika bahanze udushya, aho bahawe amahugurwa, bafashwa kunoza imishinga yabo, mu rwego rwo guteza imbere no gushyigikira imishinga mishya y’ikoranabuhanga ku mugabane wa (…)
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yazamuye mu ntera Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Lt Gen Mubarakh Muganga, amuha ipeti rya General.
Umutoza w’ikipe ya Musanze FC, Habimana Sosthène na kapiteni wayo Ntijyinama Patrick, bavuga ko bakabaye bararangije imikino ibanza ya shampiyona ari aba mbere, gusa ko nanone bishimira ibyo bakoze.
Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru, irihanangiriza abantu batunze imbwa mu ngo zabo batabifitiye ubushobozi, ibyo bikazitera kuzerera ari byo bitera ingaruka zo kurya abantu n’amatungo.
Ubuyobozi bw’uruganda rw’icyayi rwa Mata buvuga ko bubangamiwe n’uko imihanda ihagera iturutse ku minini ya Kaburimbo imeze nabi, bituma amakamyo ajyana amajyane batunganyije i Mombasa apakirira i Kibeho.
Imibare iheruka iragaragaza ko umutingito wabaye mu ijoro ryo ku wa Mbere rishyira ku wa Kabiri tariki 19 Ukuboza 2023, mu ntara ya Gansu, iherereye mu majyaruguru y’Uburengerazuba bw’u Bushinwa, umaze guhitana abantu basaga 128, ndetse ukaba wangije n’ibikorwa remezo byinshi.
Polisi y’u Rwanda hamwe n’Ishyirahamwe ry’Ibigo bitwara abagenzi mu Rwanda (ATPR), basezeranye ko muri izi mpera z’umwaka hatakongera kuboneka umubyigano w’abantu benshi, ukunze guteza bamwe kurara muri gare ya Nyabugogo.
Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko bisi zari zitegerejwe zagombaga kuza muri uyu mwaka zamaze kuhagera, mu rwego rwo korohereza abagenzi mu ngendo mu Mujyi wa Kigali.
Dr Munyemana Sosthène wamenyekanye ku izina ry’Umubazi wa Tumba, akaba yari akurikiranyweho ibyaha bya Jenoside, ibyaha byibasiye inyokomuntu n’ubufatanyacyaha muri ibyo byaha, yahamwe n’ibyaha bya Jenoside, n’ibyaha byibasiye inyokomuntu. Munyemana akatiwe igifungo cy’imyaka 24, akaba yemerewe kujurira mu minsi 10 uhereye (…)
Abahagarariye inzego zitandukanye zirimo iza Leta, izigenga n’abafatanyabikorwa batandukanye, bahuriye mu biganiro tariki 19 Ukuboza 2023, mu rwego rwo kurebera hamwe uko gahunda yo gufasha abafite ubumuga bikorewe mu miryango bakomokamo cyangwa aho batuye, yarushaho kongerwamo ingufu.
Abaturage bo mu Karere ka Rubavu bavuye mu mirenge itandukanye banenze uburyo ubuyobozi bwo mu mirenge bwabatse amafaranga ya Ejo Heza, n’ay’ubwisungane mu kwivuza (mituweli) bizezwa telefone z’ubuntu, nyamara bajya kuzifata bagacibwa ibihumbi 20 Frw.
Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda, yatangaje ko u Rwanda rutiteguye gusubiza ku mugambo ya Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Antoine Félix Tshisekedi, ushinja u Rwanda gutera Igihugu cye, agatuka Perezida w’u Rwanda, ndetse akagambirira gushora intambara ku Rwanda.
Ubuyobozi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DGM) bwasabye urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka muri iki gihugu gufunga imipaka mu gihe kiba kiri mu matora.
Ambasaderi Nikobisanzwe Claude yasezeye kuri Perezida wa Mozambique, Filipe Jacinto Nyusi, nyuma yo gusoza inshingano ze zo guhagararira inyungu z’u Rwanda muri icyo gihugu.
Ubuyobozi bwa Croix Rouge y’u Rwanda butangaza ko mu myaka itatu bwafashije impunzi ziri mu nkambi ya Kiziba mu Karere ka Karongi na Nyabiheke mu Karere ka Gatsibo kugira imibereho myiza, binyuze mu bikorwa byo kububakira ubwiherero, imodoka y’imbangukiragutabara n’imirima yo guhinga.
Ni ibyatangarijwe mu rukiko rwa Rubanda i Paris mu Bufaransa, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 19 Ukuboza 2023.
Abarimu bakorana na Koperative Umwalimu SACCO barasaba ko inguzanyo ku mushahara bahabwa, yahuzwa n’umushahara wabo, kuko abasaba izo nguzanyo bemererwa atarenze miliyoni eshatu n’igice gusa.
Ambasaderi w’u Rwanda muri Djibouti, Major General (Rtd) Charles Karamba yashyikirije Perezida Ismail Omar Guelleh, impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri icyo gihugu.
Abacukuzi b’amabuye y’agaciro bakorera mu Karere ka Muhanga, baratangaza ko bagiye gutangira gutera inkunga ikipe ya AS Muhanga yamanutse ikajya mu cyiciro cya kabiri.
Perezida Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yazamuye mu Ntera abasirikare, bahabwa amapeti guhera ku bari bafite irya Brigadier General bagizwe Major General.
Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga n’ubutwererane y’u Rwanda (MINAFFET), yatangaje ko u Rwanda n’u Budage bifuza kwagura ubufatanye mu nzego zitandukanye zirimo inganda, ubuzima, ubucuruzi n’ishoramari.
Jacob Zuma wahoze ari Perezida wa Afurika y’Epfo, yitandukanyije n’ishyaka rya ANC, ashinga irindi shyaka rishya yise ‘Umkhonto we Sizwe (MK)’ bishatse kuvuga ‘intwaro y’igihugu’.
Perezida Paul Kagame yavuze ko umugabane wa Afurika utazakomeza gushingira cyane ku gutumiza imiti n’inkingo mu mahanga ahubwo ko bigomba guhinduka hagashakwa ibisubizo by’igihe kirekire hubakwa inganda ndetse no guteza imbere siyansi.
Nyuma y’uko Ubushinjacyaha busubiye byimbitse mu bikorwa bya Dr Munyemana Sosthène, by’umwihariko mu gihe cya Jenoside, bwagaragaje uruhare yagize mu kurimbura Abatutsi bari barafungiranwe kuri Segiteri, maze bumusabira gufungwa imyaka mirongo 30.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki 18 Ukubiza 2023, amakipe y’Igihugu mu mukino wa volleyball yo ku mucanga, yerekeje muri Kenya mu irushanwa ryo gushaka itike y’imikino Olempike ya 2024 izabera mu Bufaransa.
Abashinzwe amatora muri Egypt (Misiri), kuri uyu wa Mbere tariki 18 Ukuboza 2023, batangaje ko Perezida Abdel Fattah al-Sisi, yegukanye intsinzi mu matora ya Perezida wa Repubulika n’amajwi 89.6 %, akaba agiye kongera kuyobora iki gihugu muri manda ya 3 izamara imyaka 6.
Abantu 18 bafunzwe bakekwaho gucuruza inzoga z’ibiyobwenge harimo Zebra Waragi ndetse kanyanga, bakaba barafashwe mu minsi ibiri gusa.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi buherutse gutangaza ko hari ibiti byera imbuto ziribwa n’ibivangwa n’imyaka bisaga ibihumbi 700 bigenewe abaturage bigomba gutangwa bitarenze uku kwezi k’Ukuboza 2023, mu rwego rwo gufasha abaturage kongera umusaruro w’imbuto no kwiteza imbere.
Abanyamakuru basaga 60 ni bo bamaze kugwa mu rugamba ruhanganishije Israel na Hamas kuva rwatangira ku itariki ya 7 ukwakira 2023, nk’uko bitangazwa n’imiryango mpuzamahanga itandukanye irimo Comité pour la protection des journalistes (CPJ) na Fédération internationale des journalists (FIJ).
Perezida Paul Kagame yagaragaje ko hambere byavuzwe ko umugabane wa Afurika udashobora kubona inkingo zo mu bwoko bwa mRNA, ndetse ko u Rwanda rutangira uyu mushinga byavugwaga ko bizasaba gutegereza imyaka 30.
Uganda, umusaza w’imyaka 110 ari mu maboko y’inzego z’umutekano akurikiranyweho kwica umugore we w’imyaka 109 akoresheje indobani, amuziza ko yari yanze ko batera akabariro.
Guverinoma y’u Rwanda n’Umuryango Nyafurika uteza imbere ikoranabuhanga mu by’imiti (African Pharmaceutical Techinology Foundation (APTF), basinyanye amasezerano yo kwakira icyicaro gikuru cy’Ikigo Nyafurika giteza imbere ikoranabuhanga mu by’imiti muri Afurika.
Igitaramo cya Chorale de Kigali cyabaye ku mugoroba wo ku itariki ya 17 Ukuboza 2023 cyitabiriwe n’imbaga y’abantu batandukanye barimo na ba Minisitiri n’abandi bayobozi bo mu nzego za Leta.
Kuri iki Cyumweru tariki 17 Ukuboza 2023 ni bwo Umuryango w’Abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda (AERG), wizihije isabukuru y’imyaka 27 umaze ushinzwe.
Muri tombola y’uko amakipe azahura muri 1/8 cy’imikino ya UEFA Champipns League, ikipe ya Arsenal itaherukaga kugera muri iki cyiciro izahura na FC Porto yo muri Portugal
Umuryango w’Abanyarwanda baba muri Maroc bahuriye hamwe, mu rwego rwo kwakira ndetse no kuganira na Ambassaderi mushya w’u Rwanda mu Bwami bwa Maroc, Madamu Shakilla Kazimbaya Umutoni.
Kompanyi y’indege ya Kenya (Kenya Airways), yasobanuye uko byayigendeye kugira ngo yisange yasubije abagenzi i Nairobi, mu gihe yari ibazanye i Kigaki mu Rwanda.
Ikipe ihagarariye u Rwanda mu mikino ya FIBA AFRICA WOMEN BASKETBALL LEAGUE, REG Women Basketball Club, iresurana na Kenya Ports Authority (KPA WBBC) mu mukino wa 1/2.
Ihuriro ry’abanyeshuri n’abakoze mu rwunge rw’amashuri rwa Gahini (GS Gahini), biyemeje kubakira iri shuri inzu y’imyidagaduro (Salle), ya Miliyoni 200 kuko ihari ishaje kandi ikaba itakira abanyeshuri baharererwa.
Mu mpera z’iki Cyumweru, hakinwe umunsi wa 17 wa shampiyona y’u Bwongereza aho Liverpool yanganyije na Manchester United mu mukino wari uhanzwe amaso.
Ubuyobozi bw’ingabo z’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EACRF) bwatangaje ko nubwo Leta ya Congo Kinshasa itashimye ko izi ngabo zikomeza akazi ko kubungabunga amahoro mu bice bitandukanye by’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, bishimira ko mu gihe bari bahamaze bagerageje guhagarara hagati bigatuma imirwano itagira ubukana, (…)
U Buyapani bwatakaje umwanya wa gatatu mu bihugu bifite ubukungu bukomeye ku Isi nyuma ya Leta zunze ubumwe z’Amerika n’u Bushinwa. Mu byatumye u Buyapani buva kuri uwo mwanya nk’uko byatangajwe n’ibinyamakuru bitandukanye birmo ‘Les Echos’ ni igabanuka ry’umubare w’abaturage b’u Buyapani n’ibura ry’abakozi no kugabanuka (…)
Hashize imyaka 25 umunyamakuru Norbert Zongo wo muri Burkina Faso yishwe, kuko yishwe ku itariki 13 Ukuboza 1998, kuva ubwo akaba afatwa nk’ikimenyetso cy’ubwisanzure bw’itangazamakuru muri Burkina Faso.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yeguriye Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi Ibitaro bya Kibagabaga. Ibi bitaro bigiye gishyirwa ku rwego rwa kabiri(bivuye ku rwa gatatu), bikaba byeguriwe Kaminuza Mpuzamahanga y’Ubuvuzi y’iri torero muri Afurika yo Hagati(AUCA).
Perezida Paul Kagame yakiriye Prof. Dr. Uğur Şahin, washinze akaba n’umuyobozi mukuru wa BioNTech Group n’intumwa ayoboye aho yitabiriye umuhango wo gutangiza Ikigo Nyafurika gikora inkingo (BioNTech Africa).
Urukiko rw’Umuryango w’Ubukungu bw’Ibihugu byo mu Burengerazuba bwa Afurika (ECOWAS/CEDEAO), rwategetse ko Mohamed Bazoum wahoze ari Perezida wa Niger, agahirikwa ku butegetsi tariki 26 Nyakanga 2023, ubu akaba afunganywe n’umuryango we, afungurwa.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bafite imbogamizi ku ndishyi zigenwa mu manza z’abakekwaho ibyaha bya Jenoside bahungiye mu mahanga. Bavuga ko usanga ahanini batabasha gukurikirana amakuru yimbitse y’uko urubanza ruba rugiye gutangira kugeza rusoje, usibye kumenyeshwa ibivugirwa mu rukiko, ariko ibijyanye no gutanga (…)
Muri Kenya, abantu bari bari mu gahinda k’uwabo wapfuye bagiye gushyingura, batunguye cyane no kubona inkongi yibasiye imodoka yari itwaye umurambo we, irashya irakongoka.
Indege ya Kenya Airways yagarutse ku Kibuga cy’indege Mpuzamahanga cyitiriwe Jomo Kenyatta, nyuma yo kubona ibisigazwa by’amapine yayo, ubwo yari mu nzira yerekeza i Dubai.