Muri iki gihe usigaye winjira mu modoka zitwara abagenzi ugasangamo umuvugabutumwa abwiriza ijambo ry’Imana ariko abagenzi usanga batabyishimiye bakavuga ko ijambo ry’Imana rikwiye gutangirwa mu rusengero gusa.
Baraka Elias, Umunyakongo ufite imyaka 10 y’amavuko yafatiwe ku mupaka wa Cyanika uhuza u Rwanda na Uganda mu karere ka Burera, tariki 22/04/2012, yihishe muri “butu” y’imodoka ya Jaguar ashaka kujya muri Uganda.
Ishyaka rya Rwanda National Congress (RNC) ryashinzwe na Kayumba Nyamwasa ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwo mu Rwanda rikomeje kubura abayoboke. Rimaze iminsi ritumiza inama nyinshi mu Burayi ariko hakabura uzitabira.
Uhagarariye Ibuka mu murenge wa Kanjongo wo mu karere ka Nyamasheke arasaba ubufasha mu rwego rwo kuvuza umugabo witwa Mukeshimana Aphrodis wacitse ku icumu ufite ihungabana rirenze ku buryo agaragara nk’umusazi.
Mu Baturarwanda bakabakaba miliyoni 11, abagera kuri 4,453,711 bakoresha telefoni zigendanwa; nk’uko raporo ya RURA yo mu mpera z’ukwezi kwa Werurwe 2012 ibitangaza.
Mukaruziga Venerenda, umukecuru w’imyaka 63 wo mu kagari ka Mutunda ko mu murenge wa Mbazimu, akarere ka Huye yitabye Imana tariki 22/04/2012 azira gushaka gukiza abasore barwanaga barimo n’umwana we.
Umugabo witwa Jack Kigongo wari utuye mu karere ka Kiboga mu gihugu cya Uganda yitabye Imana mu mpera z’ukwezi z’ugushyingo 2011 afite imyaka 103 asize abana 158 n’abuzukuru 500 bamukomokaho.
APR Volleyball Club ihagarariye u Rwanda i Sousse muri Tuniziya mu mikino uhuza amakipe yabaye aya mbere iwayo, ikomeje gushakisha uko yagera muri ¼ cy’irangiza, nyuma yo gutsinda umukino umwe mu mikino ibiri imaze gukina.
Abakozi babiri ba Sosiyete irinda umutekano, Intersec Security, bari bagiye kwiba banki y’Abaturage ya Nyagatare mu ijoro rya tariki 19/04/2012, ubushinjacyaha rwabasabiye gufungwa imyaka 15.
Urukiko Mpanabyaha Mpuzamahanga rwashyiriwe u Rwanda (ICTR), tariki 23/04/2012, rwatangiye kumvwa ubuhamya bushinjura Kabuga Felicien, umunyemari ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’i 1994 no kuyitera inkunga y’amafaranga.
Inama y’inteko rusange y’ishyirahamwe ry’umukino wa basketball mu Rwanda (FERWABA), tariki 21/04/2012, yasheshe Komite nyobozi yari iyoboye, itegeka ko hagomba kuba amatora yo gushyiraho abayobozi bashya bazatorwa ku cyumweru tariki 29/04/2012.
Minisiteri ifite umuco mu nshingano zayo (MINISPOC) yatangaje ko nibigaragara ko Bahati Grace atwite koko azamburwa ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda.
I Kigali hateraniye inama ihuje impuguke mu bya Gisirikare, ziga ku buryo hashyirwaho umutwe w’ingabo zihuriwemo n’ibihugu bihugu byo mu Karere k’Afurika y’Iburasirazuba uzajya uhora witeguye gutabara ahavutse ibibazo muri aka karere.
Leta y’u Rwanda ihagarariwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Louise Mushikiwabo, yitabiriye umuhango wo guherekeza bwa nyuma no gushyingura Nyakwigendera Perezida Bingu wa Mutharika, wapfuye azize indwara y’umutima.
Uruganda rwa Kigali Foam ruherereye i Gikondo rukora za matela, rwafashwe n’inkongi y’umuriro rurashya rurakongoka ariko ntihagira uhitanwa n’iyo mpanuka.
Impanuka y’imodoka yabaye ku cyumweru tariki 22 Mata 2012 ahagana saa cyenda z’amanywa mu kagali ka Kagunga mu murenge wa Ntyazo mu karere ka Nyanza yahitanye umwe abandi batatu barakomeraka.
Bimenyimana Xavier w’imyaka 39 y’amavuko utuye mu karere ka Ruhango yatemye umugore babyaranye mu mutwe no ku kaboko ubwo yajyaga kumusaba indezo y’umwana tariki 22/04/2012.
Uzabakiriho Speciose w’imyaka 65 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Kinyogoto mu kagali ka Gatagara mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza yibwe ihene 2 izindi 3 bazica amajosi mu ijoro rishyira tariki 22 Mata 2012 .
Abaganga b’Ibitaro bya Gisirikare i Kanombe, bayobowe na Maj. Dr. Kayondo King, kuri uyu wa mbere tariki 23/4/2012, batangiye kuvura abarwayi ku kigo nderabuzima cya Gihara mu karere ka Kamonyi muri gahunda yo gufasha andi amavuriro (Outreach).
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe imibereho myiza y’abaturage muri minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) arasaba abakangurambaga b’imibereho myiza kuzamura imibereho myiza y’Abanyarwanda bose byihuse kugira ngo u Rwanda rukomeze gutera imbere.
Mugesera Leon yemereye Urugereko rw’Urukuko rwa Nyarugenge ko ubushunjacyaha bwamubajije ndetse bukanamumenyesha ibyaha ashinjwa, nyuma yo kwerekwa umukono yasinyeho ariko avuga ko atigeze asobanurirwa neza ibijyanye n’iryo bazwa.
Ikipe y’igihugu ya Sitting Volleyball izahaguruka mu Rwanda tariki 7 Gicurasi yerekeza mu Buholandi no mu Budage aho izakorera imyitozo yitegura imikino Paralympique izabera i Londres muri Kanama uyu mwaka.
Perezida w’Ishyirahamwe rya Karate mu Rwanda, Theogene Abayo, atangaza ko umukino wa Karate ushobora gufasha abantu guharanira amahoro.
Umukobwa w’imyaka 29 y’amavuko ukomoka mu gihugu cya Maleziya yafashe icyemezo cyo kuzitabira imikino ya Olympques izabera mu Bwongereza kuva mu kwezi kwa Kanama uyu mwaka nubwo azaba atwite inda y’amezi 8.
Abakozi bo muri Perezidanse ya Repubulika y’u Rwanda basuye urwibutyo rwa Jenoside rwa Nyarubuye tariki 21/04/2012 bihanganishije imfubyi za Jenoside zibumbiye muri koperative COCONYA ndetse banabemerera ubufasha.
Nyuma y’aho Real Madrid itsindiye FC Barcelone ibitego 2 kuri 1 i Nou Camp kuwa gatandatu tariki 21/04/2012, itangazamakuru ryo mu mujyi wa Madrid aho Real Madrid ikomoka rirahamya ko ubugangange bwa FC Barcelone bwamaze kurangira.
Rutahizamu wa Arsenal, Robin Van Persie (RVP), ni we wahawe igihembo cy’umukinnyi wahize abandi muri uyu mwaka mu gihugu cy’Ubwongereza (Professional Footballer’s Association Player of the year).
APR ikomeje kotsa igitutu Police FC ku mwanya wa mbere, nyuma yo gutsinda Amagaju ibitego bibiri ku busa, mu mukino w’umunsi wa 22 wa shampiyona wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo tariki 22/04/2012.
Wesley Ruzibiza, Umunyarwanda ubyina imbyino zitwa ‘contemporary dance’ n’iza gakondo ari muri Etiyopiya mu mahugurwa yahuje abahanzi b’amakinamico n’imbyino bikorerwa imbere y’abantu mu rwego rwo kubahuza na bagenzi babo bo ku mugabane wa Amerika ngo bungurane ibitekerezo.
Umutoza wa Rayon Sport, Jean Marie Ntagwabira, avuga ko nubwo Rayon Sport ifite ibibazo by’ubukungu bimaze kuba akarande, ngo ntazasezera ku mirimo ye atarangije amasezerano afitanye n’iyo kipe. Ngo ubwo yasezeraga byari ugukangara.
Mu gitondo cyo ku wa mbere tariki 23/04/2012 imodoka zo mu bwoko bwa Fuso zagonganiye ahitwa mu Rutamba mu kagari ka Gafumba, umurenge wa Rugarama mu karere ka Burera zigonga abatigisiti babiri bari bahagaze ku muhanda bahita bapfa.
Feromene Nyirahabimana w’imyaka 18 ni umwana wavukanye ubwandu bw’agakoko gatera SIDA, abura ababyeyi agifite imyaka mike. Ubu amaze imyaka irindwi yose aba mu bitaro bya Kabgayi kuko yabuze umuryango wamwakira ngo babane.
Ndagijimana Theogene w’imyaka 32 afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Mukarange mu karere ka Kayonza, akurikiranyweho gukoresha no gukwirakwiza amafaranga y’amahimbano. Tariki 20/04/2012, Ndagijimana yafatanywe amafaranga ibihumbi 102 by’amahimbano.
Ishyirahamwe ry’abarimu n’abashakashatsi ba kaminuza nkuru y’u Rwanda (UNR) ryasabye Abanyarwanda imbabazi ku mugaragaro kubera uruhare bagenzi babo bagize mu itegurwa n’ishyirwamubikorwa bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Nyuma yo gutsindwa na Kiyovu Sport igitego kimwe ku busa mu mukino w’umunsi wa 22 wa shampiyona wabereye kuri Stade Amahoro kuwa gatandatu tariki 21/04/2012, umutoza wa Rayon Sport yatangaje ko avuye mu ruhando rw’amakipe ahatanira igikombe cya shampiyona uyu mwaka.
Ikipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 20 yateye intambwe yo gusezerera Namibia mu mikino yo gushaka itike yo kuzakina igikombe cya Afurika, nyuma yo kuyitsindira iwayo ibitego 2 ku busa mu mukino wabaye kuri uyu wa gatandatu tariki 21 Mata.
Kuri iki cyumweru tariki 22/04/2012, ku Ishyo Art Center ku Kacyiru ahahoze inzu mbera byombi ya Caisse Social harabera igitaramo kizwi ku izina “Accoustic Night’’ gitegurwa na Positive Production hafi buri kwezi.
Nubwo mu karere ka Muhanga hari aho bagenda bongera ibikorwa byo gukwirakwiza amazi n’amashanyarazi mu mijyi no mu cyaro, usanga abatuye mu mujyi wa Muhanga binubira ububi bwa serivisi bahabwa na EWASA.
Umuhanzi Makanyaga Abdoul yakoze impanuka ya moto mu gitondo cya tariki 21/04/2012 ubwo yari avuye kwa muganga kuri Policlinique du Plateau gukoresha bimwe mu bizamini by’indwara.
Mbaga Etienne utwara imodoka z’abashinwa bakora umuhanda mu majyaruguru, yatonganye na mugenzi we bakorana maze amutema ikiganza mu ma saa mbili n’igice z’ijoro kuri uyu wa gatandatu tariki 21/04/2012.
Umusore Brahim Takioullah wo muri Maroc ufite ikirenge cy’ibumoso gifite uburebure bwa cm 38,1 akagira n’ikiburyo gifite cm 37,5 niwe muntu ufite ikirenge kirekire ku isi. Uwo musore nawe ni muremure cyane afite uburebure bwa metero 2,46.
Mu mpera z’iki cyumweru dusoza tariki 22/04/2012 harakinwa imikino y’umunsi wa 22 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru. Umwe mu mikino itegerejwe cyane ni umukino ugomba guhuza Mukura FC na Nyanza FC kuri sitade Kamena i Huye.
Thomas Sankara, umusore w’imyaka 23 yemeza ko umwaka umwe n’igice amaze mu kigo cy’imyuga cy’Iwawa byamufashije kwikunda kurusha gukunda amafaranga no kumva icyo u Rwanda rumutegerejeho.
Itsinda ry’abadepite umunani bo mu nteko ishinga amategeko ya Zambia bari mu ruzinduko mu Rwanda bashimye imirimo y’ikigo cyigisha imyuga cy’Iwawa ndetse banatangaza ko bagiye gusaba Guverinoma yabo kubaka ikigo nk’icyo.
Umuyobozi wa Kaminuza yo muri leta zunze ubumwe za Amerika yitwa William Penn University, Dr. Ann Fields, yatangaje ko Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame azahabwa impamyabushobozi y’icyubahiro (Honorary Doctorate of Humane Letters) ku bw’uruhare yagize mu guharanira imibereho myiza y’ikiremwamuntu.
Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali bufatanyije na Police bwaburiye abatwara abagenzi kuri moto, ko ibihano bigiye gukazwa ku batubahiriza amategeko y’umuhanda n’abadaharanira isuku kuri bo ubwabo no kubagenzi batwara.
Abaturage bo mu karere ka Bugesera barimo abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, barasaba ko Pasiteri Jean Uwinkindi yajyanwa mu Bugesera kuhaburanira kuko ariho yakoreye ibyaha ashinjwa.
Imikino ya Shampiyona irakomeza kuri iyi weekend, aho umukino uri buhuze Rayon Sport na Kiyovu kuri uyu wa Gatandatu ari wo witezwe cyane. Hagati aho Baptiste Kayiranga yakaniye gutsinda ikipe ya Kiyovu mu rwego rwo kuyereka ko yamureze neza.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro i Darfur zikomeje gufasha abanya Darfur kuva mu bibazo bafite, birimo kwigira munsi y’ibiti nk’amwe mu mateka yarangiye mu Rwanda. Tariki 16 kugeza 18 uku kwezi, hatashywe ibyumba by’amashuri 17 byubatswe n’ingabo z’u Rwanda.
Umusore witwa Kwizera Jean Bosco utuye mu mudugudu wa Kimaranzara, arwariye mu kigo nderabuzima cya Rilima, aho atabasha kumva cyangwa anyeganyege nyuma yo gukubitwa na Local Defenses ebyiri zishinzwe kurinda umutekano.