Amazu 80 Croix Rouge yubakiye Abanyarwanda batahutse bava muri Tanzaniya n’abandi batishoboye yatashywe tariki 09/06/2012 mu murenge wa Gatore mu karere ka Kirehe.
Umwana witwa Victor Kasparas Abromavicius ufite amezi 11 y’amavuko yagukanye irushanwa ryo gusiganwa ku bana bakambakamba mu gihugu cya Lituanie.
Dr Luis Gomes Sambo, umuyobozi w’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima (OMS) mu karere ka Afurika y’uburasirazuba ari mu ruzinduko mu Rwanda kuva tariki 09-13/06/2012.
Igitego cy’U Rwanda cyatsinzwe na Bokota Labama kuri penaliti ku munota wa 85.Ni mu mukino w’amajonjoro yo gushaka itike y’igikombe cy’isi 2014 wabereye i Kigali kuri iki cyumweru tariki 10/06/2012.
Inyeshyamba za FDLR zifatanyije n’abarwanyi ba Mai-Mai zagabye igitero mu kigo cya gisirikare kiri i Kaseye mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru zihitana abasirikare 14 abandi icyenda barakomereka
Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) rwimuriye urubanza rwa Augustin Ngirabatware tariki 02/07/2012.
Abantu icyenda batuye mu mirenge ya Musaza na Kigarama mu karere ka Kirehe batawe muri yombi na polisi kuwa gatanu tariki 08/06/2012 nyuma yo gufatanwa urumogi n’ibiyobyabwenge birimo inzoga ya vodka na waragi.
Umunyarwanda Abraham Ruhumuriza ni wabaye uwa mbere mu isiganwa ry’amagare ryo kwita izina ryatangiye kuri uyu wa gatandatu risozwa ku cyumweru tariki 10/6/2012.
Impunzi zikomoka muri Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo zigera ku 141 zari zisanzwe zicumbikiwe mu Nkamira mu karere ka Rubavu zageze mu nkambi ya Kigeme iri mu karere ka Nyamagabe aho zigiye kuba mu gihe cy’ubuhungiro bwazo cyose.
Umufana wa Espagne w’imyaka 46 yitabye Imana muri Ukraine ndetse abashinzwe umutekano bane bari mu bitaro muri Pologne nyuma y’imirwano y’Abafana b’Uburusiya ku mukino batsinze Republika ya Tcheque ibitego bine kuri kimwe tariki 08/06/2012 mu gikombe cy’Uburayi.
Ndagijimana Eric uzwi ku izina rya Eddy uririmba indirimbo z’icyunamo yarusimbutse mu mpanuka y’imodoka yabereye mu karere ka Nyanza tariki 10/06/2012 ahagana saa tatu za mu gitondo ubwo yajyaga ahitwa mu Nkomera kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi.
Rutahizamu wa Benin, Razak Omotoyossi, aratangaza ko bagomba gutsindira u Rwanda kugirango bizere gukomeza guhatanira itike yo kuzakina igikombe cy’isi. Umukino wa Benin n’u Rwanda ni kuri iki cyumweru tariki 10/6/2012 kuri sitade Amahoro saa cyenda.
Road Show ya Primus Guma Guma Super Star II (PGGSS II) yabereye i Musanze tariki 09/06/2012, umuririmbyi King James ni we wahagurukije abafana ku buryo bugaragara, aho abafana bamwishimiye babyina kandi baririmba indirimbo ze.
Itangishaka Emmanuel w’imyaka 34 y’amavuko utuye mu murenge wa Kigoma mu karere ka Nyanza afungiye kuri station ya polisi ya Busasamana akekwaho gusambanya umwana w’imyaka itanu umugore we yabyaranye n’undi mugabo mbere y’uko babana.
Minisitiri ushinzwe ibikorwa bya Guverinoma, Musoni Portais, aratangaza ko Abanyarwanda babishatse polisi yahagarika ibikorwa byo gutanga amapingu ku banyabyaha igatanga ibikorwa by’amajyambere birimo gutanga inka, inzitiramibi no kubakira abatishoboye.
Nzabakira Renny, umucuruzi w’Umunyarwanda, yegukanye itike y’indege ya Turkish Airlines izamujyana aho ashatse mu burayi akamara iminsi itatu arara mu hoteli ashatse. Ibi bihembo byatanzwe na MTN Mobile Money yabishyikirijwe tariki 09/06/2012.
Ikigo cy’imisoro n’amahoro (RRA) kiri muri gahunda yo kugenzura abacuruzi bo mu mujyi wa Kigali batitabira gutanga inyemezabuguzi (factures) z’ibyo bagurishije, nyuma yo kubona ko imisoro ku nyongeragaciro (TVA) itazamuka nk’uko biteganijwe.
Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga akaba n’umuvugizi wa Leta y’ u Rwanda, Louise Mushikiwabo, aranenga kubangama k’umuvugizi wa Leta ya Congo wahaye agaciro ibinyoma by’abashinja u Rwanda ko rushyigikiye abarwanya Leta ya Congo.
Abayobozi bakuru barimo Minisitiri w’Umuco na Siporo, Protais Mitali na Minisitiri w’Umutungo kamere, Stanislas Kamanzi n’itsinda ry’Abadepite n’Abasenateri, bashimye akarere ka Rutsiro kashoboye kubaka urwibutso rwa Jenoside rujyanye n’igihe kandi nta nkunga basabye.
Komite y’akarere ka Nyamasheke ishinzwe gucunga Ibiza itegerejweho guhindura byinshi mu mikorere yayo, nyuma yo guhugurwa ku kurwanya Ibiza, yagenewe na Minisiteri ishinzwe gucyura impunzi no kurwanya Ibiza (MIDIMAR).
Imikino y’igikombe cy’Uburayi izaragurwa n’inyamaswa eshanu: inzovu ebyiri, ingurube, inka n’akanyamaswa kiswe Fred ko mu bwoko bwa pitois. Utu tunyamaswa dufite uburyo butandukanye tubasha kwerekana ikipe iri butsinde kandi akenshi biba byo nk’uko byagenze mu gikombe cy’isi muri 2010.
Komisiyo y’igihugu y’ubutaka iratangaza ko hari bamwe mu Banyarwanda bamaze gufatwa bigana ibyangombwa by’ubutaka bashaka kwiba amafaranga y’amabanki.
Umunyamerika ufite imyaka 69 yategetswe n’urukiko kwishyura amadolari ya Amerika ibihumbi 900 (mafaranga y’u Rwanda asaga miliyoni 553) umukecuru w’imyaka 49 bakoranye imibonano mpuzabitsina akamwanduza indwara yandurira mu mibonano mpuzabitsina kandi umukecuru yari yamuhaye agakingirizo akoresha, umusaza akabyanga.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwamurikiye inteko rusange ibikorwa birimo kugerwaho bigamije ahanini imiturire ijyanye n’igihe, kubaka ibikorwaremezo hamwe no gukoresha ikoranabuhanga; mu rwego rwo gutanga servise nziza.
Abahanzi bari mu marushanwa ya Primus Guma Guma Super Star II barakomereza ibirori by’umugoroba i Rubavu kuri Tam Tam Beach, ubwo baba bamaze gutaramira i Musanze.
Komite y’akarere ka Nyamasheke ishinzwe gucunga Ibiza itegerejweho guhindura byinshi mu mikorere yayo, nyuma yo guhugurwa ku kurwanya Ibiza, yagenewe na Minisiteri ishinzwe gucyura impunzi no kurwanya Ibiza (MIDIMAR).
Impunzi z’Abanyekongo zihunga imirwano iri mu Burasirazuba bwa Congo zari mu nkambi ya Nkamira, zigiye kwimurirwa mu ya Kigeme mu rwego rwo kubahiriza amabwiriza asaba ko nta mpunzi ziba hafi y’umupaka.
Ubutaka bw’impfubyi za Jenoside Leta yubakiyemo abatishoboye nyuma y’i 1994, ubwo bamwe muri abo bana bari bataramenya ubwenge, bukomeje guteza ikibazo kuko abenshi aho bakuriye batangiye gusaba ko imitungo yabo igaruza.
Imikorere n’ibikoresho bya Laboratwari y’Ibitaro bya Gisirikari bya Kanombe, byayishyize ku rwego rw’inyenyeri Enye, bituma iza mu bihangange mu mikorere mu gutanga ibisubizo yizewe ku rwego rw’isi.
Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho kuburanisha abashinjwa Jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda (TPIR), kuwa kane w’iki cyumweru rwanzuye Bernard Munyagishari, wahoze muri guverinoma yateguye Jenocide azaburanishirizwa mu Rwanda.
Akarere ka Huye kabimburiye uturere dutanu twatsinze amarushanwa yateguwe Ishyirahamwe ry’uturere n’umujyi wa Kigali (RALGA) mu kugaragaza umwihariko no guhanga udushya, kubera abaturage biyubakiye santeri y’ubucuruzi yabafashije kubona aho bakorera.
Abasirikare bakuru (officiers) 36 baturutse mu bihugu by’Afurika y’Uburasirazuba, Malawi na Australia bashoje amasomo bahabwaga mu rwego rwo kubagira indorerezi mu bikorwa byo kubungabunga amahoro ku isi by’umuryango w’abibumbye (UN).
Ubuyobozi bw’Urukiko rw’Ikirenga n’ubw’Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda burimo kwitegura igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya kane abari abakozi b’izi nzego zombi bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Mu rugo rwa Murekeyimana Sylvain utuye mu mudugudu wa Munini akagari ka Munini umurerenge wa Ruhango, mu karere ka Ruhango hatoraguwe intwaro ebyiri zo mu bwoko bwa Gerenade tariki 08/06/2012.
Abantu 44 bamaze kugezwa aku bitaro bya Remera Rukoma, bazira kunywa igikatsi, umutobe n’inzoga byengewe mu rugo rwa Mushumba Vincent. Ibitaro bya Rukoma byemeza ko ibimenyetso by’ubarwayi bwabo bigaragaza ko bariye ibintu byanduye.
Umushinjacyaha wa Repuburika, Martin Ngoga, aratangaza ko abemeye kugaruza umutungo wa Leta bari bashinzwe ariko raporo y’umugenzuzi w’imari ya Leta ikagaragaza ko waburiwe irengero batazakurikiranwa n’amategeko.
Umushinwa umwe yakomeretse ubwo imodoka yabo yaterwaga ibuye n’umwana uri mu kigero cy’imyaka 9 ubwo yari avuye kwiga ku kigo cy’amashuli abanza cya Mukingo mu karere ka Nyanza ahagana saa sita z’amanywa tariki 08/06/2012.
Abaturage bo mu murenge wa Ruli mu karere ka Gakenke bahagaritse imirimo mu gihe cy’amasaha nk’abiri ku gicamutsi cyo ku wa kane tariki 07/06/2012 ubwo bakubitaga bakuzura baje kureba kajugujugu yari yaguye muri uwo murenge.
Kwegura kw’abayobozi b’uterere n’ab’imirenge batowe muri manda nshya guteye impungenge zikomeye zisaba gufatira ingamba hakiri kare; nk’uko Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, James Musoni, yabitangarije Ishyirahamwe ry’uturere n’umujyi wa Kigali (RALGA).
Ubushakashatsi bwerekanye ko imyenda izambarwa n’abakinnyi ba Pologne, Espagne, Ubudage, Uburusiya, Ukraine, Ubutariyani, Ubufransa, Ubuholandi na Portugal ikoze mu miti irenze urugero ku buryo ishobora kwangiza ubuzima bw’umuntu.
Nyuma yo gutangiza club irwanya ibiyobyabwenge ku kigo cy’amashuri cya Gatore, umunyeshuri wo kuri icyo kigo witwa Ndayishimiye Hamis wigeze kunywa urumogi arakangurira urundi rubyiruko kureka kunywa ibiyobyabwenge kuko ari bibi ku buzima.
Abakozi b’uruganda rukora inkweto mu gihugu cya Zimbabwe batangaje ko barambiwe gukorera inkweto ebyiri buri kwezi aho guhembwa amafaranga. Ubwo buryo bwo guhembwa bari bamazemo imyaka ibiri.
Umugabo witwa William Masvinu uherutse gutorerwa kuba mubi kurusha abandi mu mujyi wa Harare muri Zimbabwe ahangayikishijwe n’uko abamamaza birengagiza ikamba yahawe ryo kuba mubi kurusha abandi kandi ashaka ko iryo kamba ryamubyarira n’agafaranga.
Umuyobozi mukuru wa police, Emmanuel Gasana, ari kumwe na Minisitiri ushinzwe ibikorwa bya Guverinoma, Musoni Portais, kuri uyu wa gatanu tariki 08/06/2012, batangije ibikorwa bya police mu karere ka Gatsibo bubaka amazu y’abatishoboye.
Urugereko rw’ibanze rw’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyirweho u Rwanda (ICTR) rwafashe umwanzuro wo kohereza urubanza rwa Bernard Munyagishari kubanishwa mu Rwanda. Iki cyemezo cyizaba ntakuka, urugereko rw’ubujurire na rwo nirucyemeza.
Umutoza w’ikipe y’igihugu, Milutin Micho, arasaba Abanyarwanda kuzayishyigikira ubwo izaba ikina na Benin ku cyumweru tariki 10/6/2012, bakareka guca intege abakinnyi kuko baheruka kunyagirwa na Algeria ibitego bine ku busa.
Mu rwego rwo guteza imbere umwuga wo gutunganya ubwiza bw’umubiri, ishuri ryigisha gutunganya ubwiza bw’umubiri ryitwa “Universal Beauty Academy (UBA)” riri i Kimironko mu mujyi wa Kigali rizatangizwa mu kwezi gutaha kwa Nyakanga.
Kuri uyu wa gatanu tariki 08/06/2012, mu rwibutso rwa Jenoside rwa Congo Nil ruri ku cyicaro cy’akarere ka Rutsiro harashyingurwa mu cyubahiro imibiri igera ku 1390 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Utubari tune twahagaritswe burundu naho utundi dutanu ba nyiratwo bahabwa igihe ntarengwa cyo kuba batuvuguruye muri gahunda ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe bwafashe yo guhagarika utubari dukorera mu mujyi wa Nyamagabe tutujuje ibyangombwa.
U Rwanda ni cyo gihugu muri Afurika cyashoboye gukora neza gahunda yo kubarura ubutaka bwacyo. Ku isi ni urwa kabiri nyuma y’u Buholande’ nk’uko bitangazwa n’ umuyobozi mukuru wungirije w’ishami rishinzwe ubutaka no kubupima, Eng. Didier Giscard Sagashya.