Ministiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana, arasaba urubyiruko kurushaho kunoza no kwagura ibyo rukora, kugira ngo rurusheho kwiteza imbere.
Abunzi bo mu karere ka Ruhango baravuga ko kutagira aho bakorera bituma umusaruro wabo udatangwa nk’uko babyifuza, kuko kugeza ubu hari abagicira imanza munsi y’ibiti.
Igihugu cya Polonge ntikivuga rumwe n’ibindi bihugu kuri gahunda byihaye yo kugabanya ibyuka byangiza ikirere, kibuza Ministiri wacyo gushinya amasezerano yo kugabanya ibyuka bihumanya ikirere.
Ababyeyi bafite abana biga mu bigo by’amashuri abanza byubatse ku nkengero z’umuhanda wa kaburimbo wa Muhanga-Ngororero, barasabwa kwigisha kubigisha kwitondera uwo muhanda ugizwe n’amakoni mu gihe bawambuka.
Urubyiruko rwo mu cyaro narwo ruramutse rutekereje ku ruhare rwarwo mu iterambere hakiri kare, byafasha igihugu kugera ku ntego kihaye, nk’uko bitangazwa n’abayobozi b’umuryango Haguruka, umwe mu miryango yita ku burenganzira bw’umwana.
Joseph Habineza, intumwa ya Leta y’u Rwanda muri Nigeria, yasabye Amavubi kwirinda ubwoba kuko ari kimwe mu bizatuma bitwara neza mu mukino bafitanye na Nigeria, kuri uyu wa gatandatu kuri Stade ya UJ Esuene, iherereye i Calabar mu Majyepfo ya Nigeria.
Umusanzu w’abaturage bo mu karere ka Nyagatare wo kubaka amashuri abanza, wageze hafi kuri miliyoni 66 z’amafaranga y’u Rwanda, nk’uko bitangazwa n’urwego rushinzwe uburezi muri Karere.
Abagabo batatu n’ababaherekeje bahuriye ku biro bya Polisi station ya Muhanga ahari inka ubuyobozi bwafashe nyuma y’uko yibwe kuwa Gatatu w’iki cyumweru, baburana buri wese avuga ko ari iye.
Kavukire azimurwa kugeza ryari? Iki kibazo cyibajijwe n’abakozi bo mu turere tw’Intara y’Amajyepfo bari bateraniye mu nama yari yatumijwe n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere imiturire.
Local defense umwe n’abandi bantu batanu bafungiye kuri polisi ya Kabagali mu karere ka Ruhango guhera tariki 14/06/2012 bakekwaho kuba baragize uruhare mu icukurwa ry’inzu ya microfinance iri mu murenge wa Bweramana akarere ka Ruhango bashaka kwibamo amafaranga.
Nyuma y’amezi agera kuri atanu barangije kubaka ibyumba by’amashuri ku rwunge rw’amashuri rwa Gishubi mu murenge wa Gishubi, ngo kugeza ubu ntibasobanurirwa neza impamvu amafaranga bakoreye mu mezi atatu ya nyuma y’iki gikorwa batayahembwe.
Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) rwifatanije n’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rw’i La Haye mu Buholande (ICC) mu gusaba ko abakozi b’uru rukiko bane bafatiwe i Tripoli muri Libiya bari mu kazi barekurwa mu maguru mashya.
Ministeri y’Uburezi (MINEDUC) iratangaza ko mu mwaka w’2017, abanyeshuri barenga 60% b’u Rwanda bazajya biga imyuga, abasigaye 40% bakiga ubumenyi rusange, kugira ngo iterambere ry’igihugu rirusheho kwihutishwa.
Koperative COVAGA ikora ububoshyi mu murenge wa Gashora, kuri uyu wa gatanu tariki 15/06/2012 yashyikirijwe igihembo National Energy Globe Rwanda 2011, kubera ibikorwa by’indashyikirwa igaragaza mu kurengera ibinyabuzima byo mu biyaga biyaga n’imigezi by’akarere ka Bugesera.
Minisiteri y’Abagore n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF), irakangurira ababyeyi gukunda abana babo batitaye kuko bavutse kuko ari uburenganzira bwabo. Ibitangaje igihe yitegura gusoza icyumweru imaze ikangurira abantu kwita ku bana n’umuryango.
Politiki nshya yo kurwanya ruswa urwego urwego rw’Umuvunyi rwashyizeho nta gishya izanye uretse kunganira ibyari bisanzwe bikorwa mu kurandura ruswa; nk’uko bitangazwa n’Umuvunyi w’agatenganyo, Augustin Nzindukiyimana.
Uruganda Inyange rutunganya umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi bikabikuramo ibiribwa rurashyikirizwa ku mugaragaro icyemezo cy’ubuziranenge ku rwego rw’isi gitangwa n’ikigo mpuzamahanga cyita ku buziranenge ISO (International Organization of Standards).
Niyonsaba Jonas uri mu kigero cy’imyaka 27 aratangaza ko yiyemeje kwitandukanya n’inyeshyamba za FDLR FOCA ku bushake bwe ngo yiteze imbere anateza imbere u Rwanda rwamubyaye.
Claude Makelele, myugariro w’ikipe ya PSG mu Bufaransa araregwa na Thandi Ojeer wabaye inshuti ye ko yamuhohoteye akamukubita ingumi mu majigo ubwo yajyaga gutwara ibintu bye by’agaciro byari iwe mu mwaka wa 2010.
Abasore babiri bafatiwe ku Giticyinyoni mu karere ka Nyarugenge tariki 14/06/2012 bafite ibiro icumi by’urumogi bagerageza kubyinjiza mu mujyi wa Kigali.
Ku gicamunsi cya tariki 14/06/2012 ikipe y’u Rwanda yageze mu mujyi wa Calabar mu majyepfo ya Nigeria ahazabara umukino w’Amavubi na Super Eagles ku wa gatandatu tariki 16/6/2012, mu rwego rwo guhatanira itike yo kuzakina igikombe cya Afurika cya 2013.
Umuyobozi wa Police y’igihugu mu Ntara y’Uburasirazuba, CSP Twahirwa Alexandre, arasaba abaturage kujya bamenya icyo itegeko rivuga ku muntu wahamwe n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge bakareka kuza bamuciriye urubanza.
Minisiteri y’abakozi ba Leta n’umurimo (MIFOTRA) irasaba abaturage kutinubira ko umushahara w’abanyapolitiki uzazamuka kugera kuri 24% kuko bo batigeze bongezwa kuva mu myaka 13 ishize. Abakozi ba Leta basanzwe bazongerwa umushahara ku kigero cya 10%.
Umutoni Josiane utuye mu karere ka Gakenke amaze imyaka ibiri yirwanaho ashaka ibitunga umwana yabyaye nyuma yo kwimwa indezo na Mbonigaba babyaranye amuziza ko yabyaye nyamweru. Nubwo urukiko rwemeje ko Mbonigaba agomba kwita ku mwana, kugeza na n’ubu ntacyo amuha.
Ubuyobozi bw’uruganda East African Graniten Industries rukora amakoro ruri i Rutaraka mu Karere ka Nyagatare bwatangaje ko urwo ruganda ruzaba rufite ubushobozi bwo gukora amakaro afite ubuso bungana na metero kare ibihumbi ijana na makumyabiri (120,000 m²) ku mwaka.
Manigera Isidole utuye mu mudugudu wa Kabyimana, akagari ka Nyagahinga, umurenge wa Cyanika, akarere ka Burera afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gahunga azira gushaka kwica umugore we yamubura akica ihene bari batunze mu rugo.
Nyuma yo kureka imihingire ya gakondo bakitabira guhinga mu buryo bwa kijyambere, abahinzi bo mu karere ka Nyanza baratangaza ko amarozi nta cyizere bakiyafitiye ko ariyo atuma beza abandi bakarumbya.
Abakozi batatu n’abazamu babiri ba SACCO y’umurenge wa Rusasa mu karere ka Gakenke bafungiye kuri poste ya polisi ya Cyabingo mu karere ka Gakenke kuva tariki 12/06/2012 bakurikiranweho kugira uruhare mu kwibisha iyo SACCO.
Amafaranga azakoreshwa mu ngengo y’imari y’umwaka utaha azakoreshwa ahereye ku bikorwa byagezweho mu kuzamura ubukungu no kugabanya ubukene, nk’uko bitangazwa na Minisitiri w’Imari n’igenamigambi, John Rwangombwa.
Guverinoma y’u Rwanda irateganya gukuriraho abakene amafaranga 1000 atangwa n’umuturage igihe agiye gufata ibyemezo bya burundu by’ubutaka yatijwe na Leta iyo bumaze kubarurwa no kwandikwa mu bubiko bwabugenewe.
Abanyamadini bo mu karere ka Kayonza barasaba guhabwa imfashanyigisho ku burere mbonera gihugu no kwegerwa n’abayobozi kugira ngo babashe guha inyigisho nziza abayoboke b’amadini yabo.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka 1994 baranenga ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga ko imfubyi za Jenoside zirera zisurwa cyane ari izo mu mujyi gusa, ab’ahandi bagasa n’aho bibagiranye.
Mu karere ka Nyanza hatangiye gutangwa icyemezo cy’umugayo kigenewe abayobozi bafite imikorere mibi mu nzego z’ibanze; nk’uko byagaragaye mu muhango wo gutanga ibyemezo by’ishimwe n’umugayo wabaye tariki 14/06/2012.
Bamwe mu bakozi bo mu ngo bo mu karere ka Muhanga baratangaza ko bifuza ko bagira uburenganzira bwo kujya bashakirwa n’abakoresha babo ubwisungane bwo kwivuza.
Dr Jean de Dieu Ngirabega, ushinzwe ibikorwa by’ubuvuzi muri Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) aratangaza ko umubare w’abatanga amaraso mu Rwanda ukiri hasi ugereranyije n’ababa bayakeneye.
Itsinda rishinzwe kugenzura ishyirwa mu bikorwa ry’imihigo rivuga ko ntawe uzabeshya mu isuzuma ry’imihigo y’umwaka 2011-2012, kuko harimo gusuzumwa ibikorwa bifitiye abaturage inyungu nyinshi kandi zirambye, harimo ibikorwaremezo, ubwinshi bw’ibitunga abaturage, imiturire, n’ibindi.
Abaminisitiri batatu, kuri uyu wa kane tariki 14/06/2012, bari mu Ntara y’Iburasirazuba muri gahunda zitandukanye zo gusura no gusesengura ibibazo biri mu nzego z’ibidukikije, umutungo-kamere n’imiturire myiza mu midugudu.
Umuryango w’umwami wa Espagne wababajwe cyane no kumva ko umwami Juan Carlos, yakoze amahano akabyara umwana w’umukobwa mu gihugu cy’Ububiligi akamuhisha none bakaba babimenye amaze kugira imyaka 46.
Abantu batatu bitabye Imana undi umwe ararokoka nyuma yo kugwa mu musarane kuwa gatatu tariki 13/06/2012 mu kagari ka Gasarenda, umurenge wa Tare mu karere ka Nyamagabe.
Bamwe mu banyeshuri barangiza mu ishuri rya Tumba College of Techonology, barasaba ubuyobozi bw’iki kigo kongera agaciro k’impamabumenyi bahabwa kugira ngo babashe guhangana ku isoko ry’umurimo.
Amafaranga yagenewe ibikorwa remezo mu ngengo y’imali y’umwaka wa 2012/2013 yariyongereye ugereranyije n’umwaka ushize. Uyu mwaka ibikorwaremezo byagenewe 23/% by’ingengo y’imali y’umwaka wose mu gihe umwaka wabanje yari 21%.
Inyeshyamba za FDLR zifatanyije n’abarwanyi ba Nyatura bishe umugore zinafata abantu 35 bugwate mu gace ka Matusila mu karere ka Kalehe muri Kivu y’Amajyepfo mu mpera z’icyumweru cyarangiye tariki 10/06/2012.
Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho U Rwanda (ICTR) rwongeye kwimura urubanza rwa Augustin Ngirabatware wabaye Minisitiri w’igenamigambi mu gihe cya Jenoside. Urubanza ruzaba tariki 23-24/07/2012 aho kuba tariki 02/07/2012.
Polisi yo mu karere ka Kayonza iratangaza ko benshi mu bacuruzi b’ibiyobyabwenge batabinywa, ahubwo ngo babicuruza bagamije gushaka amafaranga no kwangiza urubyiruko n’abandi bakoresha ibiyobyabwenge muri rusange.
Mu cyumweru cyahariwe gusoza Inkiko Gacaca, abantu 32 bamaze gutabwa muri yombi mu murenge wa Kinihira mu karere ka Ruhango kuko batorotse imirimo nsimburagifungo (TIG) batayirangije.
Umukuru w’umudugudu wa Murenge, akagari ka Mariba, umurenge wa Nyabitekeri mu karere ka Nyamasheke yatse uwasigajwe inyuma n’amateka amafaranga 5000 amubwira ko ari ay’uko yamugiriye mu kibazo akaba agiye kuzahabwa inka muri gahunda ya girinka.
Mu gihe haburaga iminsi ibiri ngo hatangire igikombe cyo kwibuka abakinnyi, abatoza n’abakunzi ba Mukura bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ikipe ya Mukura ifite impungenge ko iki gikombe gishobora kutaba kubera kutaboneka kw’amakipe yari yatumiwe.
Iduka ry’umugabo witwa Emmanuel Kuradusenge ucururiza mu kagali ka Nyarutarama, umurenge wa Remera mu karere ka Gasabo ryafashwe n’inkongi y’umuriro kuwa kabiri tariki 12/06/2012 yangiza ibintu bifite agaciro k’amafaranga miliyoni imwe.
Cyiza Moise utuye mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera avuga ko yari akwiye kugira icyo agenerwa n’ubuyobozi kuko ariwe wahanze igikoresho cya “Kandagira Ukarabe” ubu gisigaye gikoreshwa mu Rwanda hose mu rwego rw’isuku n’isukura.
Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) rwongeye gutegura impapuro zihagarika umuyobozi wa FDLR, Sylvestre Mudacumura. Hari hashize iminsi uru rukiko rukuyeho impapuro zari zatanzwe mbere kubera ko ngo nta bimenyetso bihagije byari byatanzwe.