Nizeyimana Aniseti w’imyaka 33 utuye mu kagari ka Nyakerera mu murenge wa Kigarama mu karere ka Kirehe yamaze igihe kinini yarahungiye mu karere Nyaruguru mu Ntara y’Amajyepfo yihisha kubera ko yakekwagaho gucuruza urumogi.
Nakurinde Manasse w’imyaka 42 utuye mu mudugudu wa Kamabuye akagari ka Kinazi, umurenge wa Kinazi mu karere ka Ruhango, yashatse kwiyahura tariki 17/07/2012 ngo kuko umugore we Uwimana Clarisse amaze iminsi amusuzugura.
Maitre Donant Mutunzi wahoze wunganira Leon Mugesera mu mategeko aratangaza ko nta kibazo afitanye nawe, nyuma y’aho Mugesera abwiriye Urukiko rukuru rwa Kigali ko Mutunzi yafatiriye idosiye ye.
Jonah Falcon, umugabo uca agahigo mu kurusha abandi bagabo igitsina kirekire ngo abangamirwa cyane no kugenda mu ndege kuko igihe cyose agiye gukora urugendo mu ndenge bamusaka igihe kinini kubera igitsina cye.
Inzego z’umutekano muri Amerika ziri gukurikirana umupolisi wari wigambye ku nshuti ze ko ari gutegura uko azarasa umugore wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Barack Obama.
Murwanashyaka Jean Paul w’imyaka 21 uturuka mu murenge wa Kabatwa mu karere ka Nyabihu aracyekwaho kwica umugabo w’imyaka 42 witwa Sebahizi Yotham mu ijoro rishyira tariki17/07/2012 mu kagari ka Kora mu murenge wa Bigogwe.
Umuryango w’ubumwe bw’ibihugu by’Uburayi wongeye kwiyemeza kugabanya ubwinshi bw’imyuka mibi imodoka zohereza mu kirere ku buryo mu mwaka wa 2020 imodoka imwe itazaba irenza iyo myuka ku kigero cya garama 95 ku kilometero kimwe.
Abanyamakuru n’abanditsi bakuru mu bitangazamakuru bakoze inkuru nziza zijyanye n’iterambere mu bihugu bigize Akarere ka Afurika y’Uburasirazuba (EAC) bagiye guhabwa ibihembo.
Umuyobozi w’ingabo mu karere ka Rusizi, Major Mazuru, yasobanuriye abayobozi b’inzego z’ibanze mu mirenge ya Rwimbogo, Nzahaha, Gashonga na Nyakarenzo mu karere ka Rusizi ko nta ngabo z’u Rwanda ziri muri Kongo nk’uko babyumva ku maradiyo yo muri Kongo.
U Rwanda rugiye gushyiraho ikigo gishinzwe gukumira imikoreshereze mibi ya Internet; nk’uko bitangazwa na Minisitiri Jean Philbert Nsengimana ufite ukoranabuhanga mu nshingano ze.
Abantu 11 bo mu murenge wa Mukindo mu karere ka Gisagara batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu iraswa ry’umugabo witwa Alexandre Nkuliza agahita yitaba Imana tariki 15/07/2012 saa sita z’ijoro.
APR FC ihagarariye u Rwanda muri CECAFA Kagame Cup irakina umukino wayo wa kabiri kuri uyu wa kabiri tariki 17/07/2012 na Atletico y’i Burundi guhera saa saba za Kigali kuri Stade y’igihugu i Dar Es Salaam ahari kubera iyi mikino.
Iyari santarali Bumara iri muri Paruwasi ya Rwaza muri Diyosezi Gaturika ya Ruhengeri, tariki 15/07/2012 yabaye Paruwasi yitiriwe “Bikira Mariya Umwamikazi wa Kibeho”. Iyi Paruwasi iri mu murenge wa Rwaza mu karere ka Musanze.
Imodoka y’ikamyo yahutaje moto abantu babiri bari bayiriho barakomereka mu mpanuka yabereye ku muhanda ujya ahitwa ku Ihanika mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza tariki 16/07/2012.
Abahungu n’abakobwa biga mu ishuli ryisumbuye rya Collège Saint Emmanuel Hanika (COSTE) ryubatse mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza barakekwaho gukorera ubusambanyi hanze y’ikigo iyo bahawe impushya zo gusohoka (sortie).
Abantu bane bagizwe abere n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) barasaba urukiko gushyiraho urugereko rwihariye rwo kumva ibibazo byabo kugira ngo babone ibihugu bibakira.
Abapolisi 30 bo ku rwego rwa ba ofisiye baturutse mu Rwanda, u Burundi, Sudani y’Amajyepfo na Somaliya bari mu mahugurwa azamara amezi abiri, biga ku kunoza akazi mu gucunga umutekano.
Ntahorugiye Jean Baptiste wo mu kagari ka Kagina, umurenge wa Mukama mu karere ka Nyagatare afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gatunda kuva tariki 13/07/2012 ashinjwa gutema ku kaboko umuhungu we Tumusangire ufite imyaka 23 y’amavuko bapfa amakimbirane yo mu muryango.
Ikamyo yo mu bwoko bwa Scania yagonze Rav 4 yari itwaye Bishop Rwandamura Imana ikinga akaboko ntiyagira icyo aba ariko abandi babiri bari kumwe na we mu modoka bava i Rubavu barakomereka byoroheje.
Mukura VS yatangaje ko igiye kwemeza umutoza kuyitoza ugomba kuyitoza muri shampiyona itaha. Uyu mutoza agomba hagati ya Ruremesha Emmanuel, wari usanzwe ayitoza na Didier Gomes Da Rosa, utoza ikipe y’abana ya AS Caen.
Munyanziza Cyriaque utuye mu murenge wa Gatumba mu karere ka Ngororero yakubiswe n’umuhungu we Nshimiyimana bita Kanihili amuziza ko amusabye ko bishyura inyama bari bikopesheje.
Imodoka ya sosiyete Impala Expess itwara abantu yagonze umwana w’imyaka irindwi ubwo yambukaga umuhanda avuye ku ishuri mu kagali ka Kamurera mu murenge wa Kamembe akarere ka Rusizi tariki 16/07/2012 saa sita z’amanwa.
Sosiyete ya MTN Rwanda icuruza itumanaho yahembye abanyeshuri bane barangije ari aba mbere mu Ishuri rikuru ry’Imari n’Amabanki (SFB) mu rwego rwo kugira ngo iryo shuri rijye ritanga abakozi bashoboye imirimo ku bigo byo mu Rwanda.
Umuryango w’abanyeshuli biga mu ishuli rikuru ry’abalayiki b’abadivantiste rya Kigali (INILAK), ishami rya Nyanza uri mu gahinda batewe n’urupfu rwa Muteteri Léonille witabye Imana mu ijoro rya tariki 15/07/2012 aguye mu bitaro byitiriwe Umwami Fayizali.
Abarema isoko rya Kinyababa rihereye mu murenge wa Kinyababa, mu karere ka Burera baratangaza ko bahangayikishijwe no kuba badafite ubwiherero rusange kuko bituma muri iyo santere hagaragara umwanda.
Leon Mugesera yagaragaye bwa mbere imbere y’Urukiko rukuru rwa Kigali yambaye imyenda yemeza ko umuntu ari imfungwa, mu rubanza rwe rukomeje aho aregwa uruhare yagize mu kubiba amagambo akangurira abantu gukora Jenoside.
Kompanyi y’Umunyarwanda yitwa “Norlega Rwanda” itunganya ibiva ku gihingwa cya Macadamia, yahawe ishimwe ry’imikorere myiza muri Gabon inemererwa amasoko muri Gabon, ihita yiyemeza kwagura imikorere yayo mu kongera umusaruro w’iki gihingwa.
Inyeshyamba zo mu mutwe wa FDLR zifatanyije n’umutwe wa Maï-Maï Nyatura zishe abantu barindwi abandi barindwi barakomereka mu mpera z’icyumweru cyarangiye tariki 15/07/2012 mu gace ka Nyaluchangi mu karere ka Ufamandu 1 muri Kivu y’Amajyepfo.
Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare,Yusuf Murangwa, aratangaza ko ibarura rusange riteganyijwe mu kwezi gutaha ntaho rihuriye no kubarura abazize Jenoside yakorewe Abatusi mu 1994, kugira ngo hatabaho gutanga imibare itari nyayo.
Igikorwa cy’ingabo z’u Rwanda cy’ubwitange mu kwita ku bibazo by’imibereho y’abaturage (Army week) cyakomereje ku bitaro bya Gisirikare i Kanombe guhera kuri uyu wa mbere tariki ya 16/07/2012, aharimo kuvurirwa abarwayi batavuriwe iwabo ubushize bitewe no gukomera k’uburwayi bafite.
Kubazwa kwa Jean Marie Ntagwabira wahoze ari umutoza wa Rayon wagombaga kwitaba FERWAFA kuri uyu wa mbere kugirango asobanure ibijyanye na ruswa imuvugwaho, byimuriwe ku wa kabiri tariki 17/07/2012.
Nicolas Busoro w’imyaka 35, umwarimu kuri College Karambi yo mu murenge wa Kabagari akarere ka Ruhango, afungiye kuri polisi ya Kabagali akarere ka Ruhango akekwaho gufata umwana w’imyaka 9.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke burasaba abaturage kwirinda impanuka zikunze kubera mu kiyaga cya Kivu gihuza aka karere n’uturere twa Rusizi, Karongi na Rubavu ndetse na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC).
Laszlo Csatary, wari ku rutonde rw’Abanazi bashakishwa kubera uruhare bagize muri Jenoside yakorewe Abayahudi yatawe muri yombi tariki 15/07/2012 i Budapest mu gihugu cya Hongiriya.
Kabayiza Jerome ukomoka mu karere ka Nyanza afungiye kuri station ya polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango azira gucukura inzu y’umusirikare witwa Lt Felix wo mu kagari ka Munini umurenge wa Ruhango akarere ka Ruhango.
Umusirikare w’Ingabo z’U Rwanda uherutse kwitaba Imana ubwo yari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani yashyinguwe mu cyubahiro mu irimbi rya gisirikare i Kanombe tariki 13/07/2012.
Nsengiyaremye Anaclet, w’imyaka 18, utuye mu kagari ka ninzi, umurenge wa Kagano mu karere ka Nyamasheke yakomerekejwe ku irugu na Ndayizeye ubwo bari mu kabari ka Desire ahitwa mu Rugabano ku mugoroba wo ku cyumweru tariki 15/07/2012.
Leta y’u Rwanda yashyize imbaraga mu kumenyekanisha ko uburenganzira bw’umurwayi bukwiriye kubahirizwa ariko usanga akenshi abarwayi badatanga ibitekerezo byabo igihe muganga ashaka kuganiriza umurwayi cyangwa umurwaza uburyo indwara cyangwa ikibazo runaka kigomba gukemurwa.
Umunyafurika y’Epfo, madame Nkosazana Dlamini-Zuma, niwe watorewe kuyobora komisiyo y’afurika yunze ubumwe mu matora yabereye i Addis Ababa muri Ethiopia, tariki 15/07/2012.
Munyaneza Emmanuel w’imyaka 24 yakubiswe ingumi ku zuru na Bizimana Emmanuel ucururiza muri Gare ya Ruyenzi ahita agwa muri koma ku mugoroba wa tariki 15/07/2012.
Mu biganiro bagiriye i Addis Ababa muri Ethiopia, Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame na Perezida wa Kongo, Joseph Kabila, bemeje ko bashyigikiye ko habaho umutwe w’ingabo mpuzamahanga mu kubungabunga umutekano mu burasirazuba bwa Congo.
Umusore witwa Manirakiza Emmanuel yapfuye azize pisine yo kuri Hotel Lapalisse i Nyandungu mu mujyi wa Kigali, ubwo yarohagamamo arimo koga, ku cyumweru tariki 15/07/2012.
U Rwanda rwanze kwakira abarwanyi 29 bo mu mutwe M23 bari bazanye n’abarwanyi barindwi bahoze muri FDLR baje baherekejwe n’ingabo z’umuryango w’abibumbye zishinzwe amahoro muri Congo (MONUSCO) hamwe n’itangazamakuru ryo muri Congo.
Umuyobozi w’ihuriro ry’imitwe ya Politiki yemewe mu Rwanda yasabye urubyiruko rwarangije amahugurwa y’icyiciro cya gatanu kuri politiki n’imiyoborere myiza kuzavamo abayobozi beza b’ejo hazaza bubaka kandi baharanira guteza imbere igihugu cyabo n’Abanyarwanda muri rusange.
Umugore w’imyaka 28 yatawe muri yombi tariki 11/07/2012 na Polisi ikorera mu karere ka Nyarugenge azira gutanga ruswa ku mupolisi mukuru kugira ngo umugabo we arekurwe.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, aherekejwe na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga, Louise Mushikiwabo, bageze Addis Ababa muri Ethiopia mu gitondo cyo kuri iki cyumweru tariki 15/07/2012 aho bitabiriye inama rusange ya 19 y’umuryango w’Afurika yunze ubumwe (AU).
Imodoka yo mu bwoko bwa Jeep Toyota Rav 4 yavaga i Kigali yerekeza i Karongi yataye umuhanda mu ikorosi ry’ahitwa mu Rugabano yiryamira mu mugende tariki 14/07/2012 saa 17h30 maze kuyikuramo bimara iminota 20 izindi zitabasha gutambuka.
Bamwe mu bagore bakora imirimo ya Leta ndetse n’ababavugira mu karere ka Muhanga barasaba ko uburenganzi bw’umugore wabyaye bwajya bwubahirizwa akajya abona ikiruhuko gito cyo konsa umwana.
Umuyobozi mushya watorewe kuyobora ikipe y’Amagaju yatangaje ko muri shampiyona itaha y’icyiciro cya mbere Amagaju agomba kurangiza ri mu makipe ane ya mbere byibuze, intego kugeza ubu iyi kipe itari yabasha kugeraho.