Komiseri ushinzwe urwego rw’amagereza mu Rwanda, Paul Rwarakabije, aributsa Abanyarwanda ko gufunga umuntu bidakorwa mu rwego rwo kumubabaza ngo bamwumvishe abubwo ko ari mu rwego rwo kumugorora.
Mu cyumweru gitaha i Kigali hateganyijwe inama mpuzamahanga izahuza impuguke n’abayobozi mu by’ubuzima bo mu bihugu bigize Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EAC), bazaganira ku buryo u Rwanda rwakoresheje mu kugabanya ubuhende bwa serivisi z’ubuzima ku rwego rw’isi.
Akagoroba k’ababyeyi katavugwagaho rumwe n’abantu cyane cyane abagabo, kamaze kwigaragaza nka bumwe mu buryo bwo kongera imibanire myiza mu baturage, aho ababyeyi bahura bagafashanya gucyemura ibibazo bitandukanye bigaragara mu ngo.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA rirategura irushanwa rizahuza amakipe yo mu cyiciro cya mbere, mu rwego rwo gushyigikira ikigega ‘Agaciro Development Fund”. Amakipe abyifuza akazatangira kwiyandikisha ku Cyumweru tariki 09/09/2012.
Mu karere ka Burera hakusanyije amafaranga y’u Rwanda angana na Miliyoni 459, 320,401 yo gushyigikira ikigega Agaciro Development Fund, yaturutse mu baturage ubwabo n’abafatanya bikorwa.
Inkeragutabara zo mu karere ka Nyanza zibumbiye muri koperative zakuye mu bwigunge abatuye ku mupaka w’u Rwanda n’u Burundi, zishyiraho ubwato buzajya bubafasha mu buhahirane kuko ubanzwe nta buryo bwari buriho bwahuzaga aba baturage.
Ibitaro bya Gisirikare by’u Rwanda (RMH), bifite gaunda yo kuba icyitegererezo mu buvuzi, mu guhugura no kuba ikigo cy’ubushakashatsi, nk’uko byemezwa na Dr. Dominique Mugenzi Savio, Umuyobozi mushya w’Inama y’Ubuyobozi muri ibi bitaro.
Icyumweru gitaha kiratangirana n’ikoreshwa ry’Akanozasuku ku bagenzi bagendera kuri moto. Umumotari utazabyubahiriza azajya acibwa amande ibihumbi 10 uko afashwe, nk’uko bitangazwa n’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Fidel Ndayisaba.
Hashize amezi arenga atanu bamwe mu bakoreshaga abaturage mu gukora amaterasi y’indinganire mu murenge wa Matyazo bahagaritswe ku kazi kubera kwaka abarurage ruswa ngo bahabwe akazi muri ayo materasi ndetse banasabwa gusubiza ayo mafaranga ariko na n’ubu ntibarayishyura.
Abaturage n’abayobozi bo mu karere ka Rulindo batanze amafaranga asaga miliyoni 407 n’ibihumbi 666 mu kigega Agaciro Development Fund kuri uyu wa gatanu tariki 07/09/2012.
Nyuma yo kuzamuka mu cyiciro cya mbere, ikipe ya Musanze FC yatangiye gushaka abaterankunga hirya no hino, cyane cyane RDB, bifuza ko yababera umutenkunga uhoraho.
Mbazihose Leonidas w’imyaka 26 bakunze kwita Harerimana wakoraga akazi k’ubuzamu mu mujyi wa Byumba ari mu maboko ya polisi ikorera muri ako karere azira kwica umuntu yarangiza akamuta mu mwobo wa metero 12.
Urwego rw’Umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta (OAG), Ikigo ngenzuramikorere ku mirimo imwe n’imwe ifitiye igihugu akamaro(RURA), Polisi y’igihugu n’Inteko ishinga amategeko, imitwe yombi, batangaje umusanzu urenga miliyoni 806, z’ikigega Agaciro Development Fund (AgDF).
Umwana w’imyaka 14 wo mu karere ka Gakenke yatanze inkoko imwe mu kigega Agaciro Development Fund tariki 06/09/2012. Iyo nkunga yakoze ku mutima Umuyobozi w’Ikinyamakuru Rugari ahita amushumbusha inkoko eshanu yahaye agaciro k’ibihumbi 50.
Abakobwa babyariye iwabo ndetse n’abahoze bakora umwuga w’uburaya bo mu Murenge wa Mbazi bagabiwe inka esheshatu, ingurube esheshatu ndetse n’ihene 60.
Umubyeyi w’Umushinwakazi yogoshe imisatsi y’impanga ze enye kugira ngo abone uko ashyira nimero ku mitwe yabo mu rwego rwo korohereza abarimu babigisha kubatandukanya.
Isomwa ry’Urubanza rwa Ingabire Victoire n’abandi bane bakurikiranywe hamwe na we rwimuriwe tariki 19/10/2012 mu rwego rwo gutegereza icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga ku kirego yarutanzemo asaba ko hari ingingo ziri mu itegeko rihana icyaha cy’ingengabitekerezo ya Jenoside cyakurwaho.
Kanyankore uri mu kigero cy’imyaka 27 yakubishwe n’abasore bakorera mu igaraje ryitwa “Gira umurava ku murimo”, iri hafi ya ONATRACOM mu mujyi wa Kigali mu gitondo cya tariki 07/09/2012, bamuziza kwinjira mu igaraje bakoreramo akabiba.
Abantu batatu bo mu murenge wa Mwendo mu karere ka Ruhango bacukaraga amabuye y’agaciro mu buryo butemwe n’amategeko, bagwiriwe n’ikirombe tariki 05/09/2012 umwe ahita apfa abandi babiri barakomereka cyane.
Nyuma y’igihe kitari kinini babyaranye umwana, urukundo rwa Paccy na Lick Lick ruragenda rurushaho gukendera. Ubu noneho Lick Lick yatangiye gukora indirimo icyurira Paccy.
Mu rwego rwo gushyira mu bikorwa inshingano rwahawe zo gukumira no kurwanya akarengane na ruswa ndetse n’ibyaha bifitanye isano nayo, urwego rw’umuvunyi rwateguye icyumweru cyo kurwanya akarengane mu karere ka Nyamasheke tariki 10-14/09/2012.
Urubyiruko rwiga muri za kaminuza n’amashuli makuru yo mu bihugu bigize umuryango w’afurika y’Uburasirazuba rurashishikarizwa kwitabira imyigire y’amasomo ya siyansi n’ikoranabuhanga kugira ngo umugabane w’Afurika urusheho kwihuta mu iterambere rirambye.
Polisi y’igihugu yafatiye Noella Hitimana w’imyaka 17 kuri bariyeri ya Gitikinyoni, mu murenge wa Mageragere, akarere ka Nyarugenge tariki 05/09/2012 imusanganye imisongo 1800 y’urumogi yari yahishe mu gikapu.
Hifashishishijwe umushinga électrification rurale, akarere ka Gatsibo karateganya ko abantu 10800 bazaba bamaze bamaze kubona amashanyarazi mu mirenge yose igize aka karere mbere y’uko umwaka wa 2012 urangira
Ubuyobozi bw’ikigo gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB) buratangaza ko kubera gahunda yo gukumira indwara zishobora gufata amatungo, guhera tariki 09/09/20110, buzatangiza gahunda yo kurwanya isazi ya Tsetse n’indwara ya Tripanosomiase ikwirakwiza n’iyo sazi mu duce twegereye Pariki y’Akagera.
Mu rwego rwo gutera inkunga ikigega Agaciro Development Fund, kuri uyu wa kane tariki 06/09/2012, Abanyagakenke bakusanyije inkunga ingana na miliyoni 414 n’ibihumbi 238 n’amafaranga 434.
Nyuma yuko hagiyeho komite nyobozi eshanu zose zinyereza umutungo wa koperative “AMIZERO” y’abanyonzi ba Kibungo mu karere ka Ngoma, abanyamuryango b’iyi koperative bahisemo guhindura izina kubera amateka mabi yayiranze.
Manirarora Pacifique, umwana w’umukobwa ufite imyaka umunani y’amavuko wiga mu mwaka wa mbere w’amashuri abanza akaba azwi ku kabyiniriro ka Mutuel, yagabiye Perezida Kagame inuma amushimira ko yazanye gahunda y’ubwisungane mu kwivuza.
Ku rutonde rw’uko ibihugu bikurikirana mu mupira w’amaguru rushyirwa ahagarara buri kwezi na FIFA, u Rwanda ruri ku mwanya wa 120, rukaba rwazamutseho imyaka 5 ugereranyije n’uko twari ruhagaze mu kwezi gushize.
Ndayisaba Anuwari wigaga mu mwaka wa gatatu mu mashuri yisumbuye i Mutendeli yasanzwe mu cyumba cye aho yabaga mu murenge wa Remera tariki 06/09/2012 saa mbili z’ijoro yitabye Imana.
Kuri uyu wa gatanu tariki 07/09/2012, Minisitiri w’Intebe, Dr. Pierre Damien Habumuremyi, aramurikira Abanyarwanda ibyo Guverinoma y’u Rwanda yagezeho mu gikorwa cyiswe “Umunsi Murikabikorwa”.
Intara y’Uburasirazuba yahembye uturere dutatu twabaye utwa mbere mu mihigo y’umwaka 2011-2012 mu turere turindwi tugize iyo ntara.
Abahagarariye ubuhinzi mu bihugu 28 bya Afurika na Aziya bivuye mu ntambara, baje mu Rwanda kubaza uburyo inzego zishinzwe ubuhinzi zitwaye mu gukemura ikibazo cy’ibura ry’ibiribwa nyuma ya Jenoside.
Mu mahugurwa agamije guhugura abaturage ku kubungabunga ibidukikije arimo kubera ku karere ka Kihere, Amini Mutaganda, umushakashatsi mu kigo cy’igihugu gishinzwe kwita ku buhinzi n’ubworozi (RAB) yasobanuye ko buri muntu akwiye gusobanukirwa n’imihindagurikire y’ibihe.
Dusingizimana Mortdecal w’imyaka 13 wari utuye mu kagari ka Nyarurama umurenge wa Ntongwe, mu karere ka Ruhango, yitabye Imana azize grenade yakinishirizaga iwabo mu ijoro rishyira tariki 06/09/2012.
Komiseri Andris Pielbags ushinzwe iterambere mu Muryango w’ibihugu by’Uburayi (EU) aremeza ko uyu muryango uzakomeza gutera u Rwanda inkunga ndetse ngo aho bishoboka inkunga zikiyongera.
Umurenge wa Cyanika, mu karere ka Burera wakusanyije amafaranga miliyoni 17 n’ibihumbi 955 yo gushyira mu kigega Agaciro Development Fund, yaturutse mu baturage bahatuye ndetse no mu bindi bikorwa bihakorerwa.
Ubwo yashyiraga ibuye ry’ifatizo ahazubakwa ikigo cy’imyuga mu ntara y’Amajyaruguru kuri uyu wa kane tariki 06/09/2012, Minisitiri w’uburezi yavuze ko abantu badakwiye gukomeza gutekereza ko bazabeshwaho n’ubuhinzi gusa, ahubwo bakitabira kwiga imyuga itandukanye.
Mu rwego rwo guhashya indwara ziterwa n’imirire, Caritas ya Diyosezi Gaturika ya Nyundo ku bufatanye n’umurenge wa Matyazo mu karere ka Ngororero biyemeje kwigisha ababyeyi uko barwanya izo ndwara bakoresheje ibiribwa babona aho batuye.
Minisiteri ishinzwe gucunga ibiza n’impunzi (MIDIMAR) irasaba buri Munyarwanda kumva ko akwiye kugira uruhare mu gucunga no gukumira ibiza, ntibumve ko bikwiye guharirwa iyi minisiteri gusa.
Pasitori w’Umunyekongo witwa Kimanuka Juvenal yatawe muri yombi tariki 04/05/2012 azira gutera imvururu n’imidugararo mu baturage akoresheje imvugo zisebya ubuyobozi bw’igihugu. ubu afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Kamembe.
Imirambo ibiri y’abagabo bataramenyekana aho baturuka yabonetse mu mugezi wa Rusizi ahagana saa kumi n’imwe za mu gitondo tariki 05/09/2012 mu murenge wa Gashonga mu karere ka Rusizi.
Mu rwego rwo kumvisha abaturage ububi bw’ibiyobyabwenge, urumogi, litiro 180 z’inzoga y’inkorano ndetse n’ibindi byafatanwe abaturage byatwikiwe ku mugaragaro mu murenge wa Ndora ho mu karere ka Gisagara, tariki 05/09/2012.
Mu nama yo kunoza imikoranire y’inkeragutabara n’abayobozi b’ibanze, abayobozi b’imidugudu n’abahagarariye inkeragutabara muri imwe mu mirenge igize akarere ka Huye bibukijwe ko nta muntu wemerewe gufunga umuturage uretse polisi yonyine.
Umukino wahuje umurenge wa Cyanika na Rugarama mu rwego rw’amarusanwa yo kwizihiza imyaka 25 FPR-Inkotanyi imaze ishinzwe wagaragayemo kwigusha k’umunyezamu afite umupira mu ntoki avuga ko atabona neza maze umukino uhita urangirira aho.
Abaturage bagize Community Policing mu karere ka Nyagatare bahawe ikiganiro ku gukumira ikwirakwizwa ry’intwaro ntoya n’ihohoterwa banahabwa telefone ngendanwa 70 bazajya bifashisha mu gutanga raporo mu gukumira ihohoterwa no kumenyekanisha abatunze intwaro mu buryo butemewe n’amategeko.
Nzamwita Emmanuel bakunze kwita Kazungu, w’imyaka 23 , amaze imyaka 2 n’amezi 7 mu bitaro bya Remera Rukoma, yarabuze amikoro yo kwivuza, ngo amenye gahunda z’ubuzima bwe.
Abakozi ba Ministeri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN) hamwe n’ab’ibigo biyishamikiyeho, batanze umusanzu ugera kuri miliyari imwe na miliyoni umunani mu kugega ‘Agaciro Development Fund’.
Muri rusange, miliyari eshatu, miliyoni 84 n’ibihumbi 180 n’amafaranga 551 niyo yabonetse mu Ntara y’Uburasirazuba mu gikorwa cyo gushigikira ikigega Agaciro Development Fund.
Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi, Dr. Agnes Kalibata yatsindiye igihembo cy’umuryango Yara International ASA cy’umwaka wa 2012 kubera politiki n’udushya yahanze mu buhinzi bituma u Rwanda ruzamura umusaruro uva ku buhinzi.