Abasore n’inkumi 156 basigajwe inyuma n’amateka baturuka mu gihugu hose bashyikirijwe impamyabushobozi zibemerera gutangira ibikorwa byabateza imbere, bakanateza imbere igihugu.
Mu karere ka Gisagara kimwe no mu tundi turere tw’intara y’amajyepfo hagiye guterwa ubwoko bw’ubwatsi bugaburirwa amatungo bwera vuba kandi bugatubuka kurusha urubingo rwari rumnyerewe, muri iki gihembwe cy’ihinga.
Umunyamerika Jonah Falcon w’imyaka 41 wemejwe ko afite igitsina kinini kurusha abandi bagabo, yemeye kuvugana n’itangazamakuru no kuritangariza ko ashimishwa no kuba afite icyo arusha abandi bagabo bo kwisi, nyuma y’aho atari yishimiye kuba ahora asakwa kubibuga by’indege bamukekaho gutwara intwaro mu ipantaro.
Umubyeyi witwa Maniraguha Patrisiya utuye mu mudugudu wa kabuye akagari ka gako, umurenge wa Rusiga, mu karere ka Rulindo, ashinja umuyobozi w’umudugudu w’aho atuye kwihakana umwana babyaranye no gushaka kumunaniza mu kubona inkunga y’abatishoboye.
Akarere Kayonza kahize guhinga soya ku buso bwa hegitari 3200, kugira ngo uruganda rwa Mount Meru Soyco ruzajya rutunganya soya rukayibyaza amavuta rutazagira ikibazo cyo kubura iyo gukoresha.
umugore witwa Furaha Uzayisenga w’imyaka 31 yafatanwe udupfunyika 100 tw’urumogi ari kuducururiza, mu murenge wa Kamembe akagari ka Gihundwe ho mu mudugudu wa Kabeza arinaho atuye.
Bamwe mu bagize Inteko ishinga amategeko biyemeje gutanga ikirego ku ihuriro mpuzamahanga ry’inteko zishinga amategeko ku isi (IPU), ku mpamvu hari ibihugu byahagarikiye u Rwanda inkunga nta nteguza.
Abanyamuryango ba Sacco “Abahizi Dukire” ya Mwendo bafatanyije n’ubuyobozi bw’iyi Sacco, bashoboye kwiyubakira inyubako bazajya abakoreramo ifite agaciro k’amafaranga angana miliyoni 25 n’ibihumbi 536, aho abanyamuryango batanze angana na miliyoni 15.
Ikipe y’umupira w’amaguru yo mu ntara y’Amajyaruguru mu karere ka Gicumbi, yari isanzwe imenyerewe nka “Zebres FC” yahinduriwe izina yitwa “Gicumbi FC” kubera ko igisobanuro cyayo kitakibarizwa mu karere irimo ubu.
Abategarugori bo mu karere ka Gisagara umurenge wa Mukindo, baravuga ko bari kwitabira gahunda yo kugabanya imirimo ishingiye ku buhinzi bahanga indi ishobora kubateza imbere kandi bakaba banazigamye ubutaka.
Umuhanzi Bruce Itahiwacu uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya “Bruce Melody”, we n’abavandimwe be batatu bapfushije Mama wabo ari nawe mubyeyi bari basigaranye azize uburwayi butunguranye, kuri uyu wa Gatanu tariki 14/09/2012.
Ikibazo cy’imbuto ngo gishobora kuzagora abahinzi b’ibirayi muri iki gihembwe cy’ihinga A, bitewe n’uko ababihinga bataracengerwa n’isimburanyibihingwa rigomba kugenderwaho kugira ngo umusaruro w’ibirayi uboneke umeze neza kandi uhagije.
Umurenge wa Gahunga wo mu karere ka Burera wabaye uwa mbere mu mirenge 17 igize ako karere mu kwesa imihigo y’umwaka wa 2011-2012, wahawe amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 150 n’ishimwe rya Certificat, nyuma yo kugira amanota 93,82.
Imodoka yo mu bwoko bwa Fuso yakoze impanuka ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 13/09/2012 mu Kagali ka Rusagara, Umurenge wa Gakenke ariko abantu babiri bari bayirimo basohokamo ari bazima.
Pelagie Ndacyayisenga ukora akazi ko gutwara abagenzi kuri moto, mu mbogamizi nyinshi ahura nazo mu kazi ke ntizimuca intege, kuko bimurutira kwirirwa yicaye nka bamwe muri bagenzi be ntacyo akora. Gusa akifuza gutwara moto ye kugira ngo yiteze imbere kurushaho.
Pasiteri Rudoviko Sagatwa wabatijwe bwa mbere mu Rwanda mu itorero rya ADPR tariki 31/12/1943 akanaritangiza ku mugaragaro mu cyahoze ari Cyangugu, aracyari muzima.
Uturere dutanu tugize Intara y’Amajyaruguru, ku ikubitiro twakusanyije inkunga ingana na miliyari ebyiri, miliyoni 417, ibihumbi 327 n’amafaranga 690, mu rwego rwo gutera inkunga ikigega Agaciro Development Fund.
Abasirikare bakuru 24 bo mu bihugu bihuriye mu muryango w’akarere k’ibiyaga bigari (ICGRL) nibo bemejwe ko bazakora ubugenzuzi ku mipaka ihuza Congo n’ibihugu biyikikije birimo u Rwanda, Uganda n’Uburundi biregwa gutera inkunga abarwanya Leta ya Congo.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Musoni James, kuri uyu wa 14/09/2012 mu karere ka Muhanga, yafunguye ishuri rizajya rifasha abayobozi mu nzego z’ibanze kwigishwa imiyoborere myiza.
Niyomugaba Alphonse utuye mu mujyi wa Kigali acumbikiwe kuri polisi y’u Rwanda i Rwamagana mu Kigabiro akekwaho gukoresha impapuro mpimbano ku cyemezo avuga ko yahawe n’Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe iterambere ry’igihugu (RDB).
Nyuma yo guhurira ku rubuga nkoranyambaga rwa Facebook, urubyiruko rw’abasore n’inkumi biyemeje guhuza imbaraga mu rwego rwo gufasha abadafite kivurira, bashinga umuryango witwa Wake up Children Foundation ugamije ibikorwa by’urukundo.
Abagize Sosiyete Sivile barasaba abaturage kudatekereza ko ikorera mu kwaha kwa Leta, ahubwo ko ifatanya na Leta mu bikorwa byiza, byaba ngombwa inakayihwitura; nk’uko babitangarije mu mushyikirano bagiranye n’itangazamakuru, kuri uyu wa Gatanu tariki 14/09/2012.
Minisitiri w’Intebe, Dr Pierre Damien Habumuremyi, yasuye tumwe mu duce tw’akarere ka Nyabihu mu rwego rwo kureba ibyakozwe no gusuzuma ibibazo bigiye bihari ngo bizashakirwe umuti.
Umwana w’umukobwa witwa Stacey Comeford usanzwe urwaye indwara yo gusinzira cyane aherutse kujya kwigira ibizamini, aza gutwarwa n’agatotsi amara amezi abiri asinziriye, akanguka ibizamini icyenda yiteguraga byararangiye gukorwa cyera.
Abakozi bashinzwe abinjira n’abasohoka muri Congo bakorera ku mupaka wa Goma banze ko abanyamakuru b’Abanyarwanda ndetse n’abakorera ibitangazamakuru mpuzamahanga baba mu Rwanda bajya gukurikirana inama irimo kubera i Goma yiga ku ishyirwaho ry’abagenzuzi bazagenzura umupaka w’u Rwanda na Congo.
Umukuru w’Inteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite, Rose Mukantabana, yasobanuye ko mu gihugu kigendera kuri demokarasi, abaturage bafite uburenganzira bwo gusaba ubayobora kurekura ubutegetsi mu gihe baba batamushaka, kandi akavaho atabanje kugira abo ahutaza cyangwa ngo abice.
Abafatanyabikorwa b’akarere ka Nyagatare biyemeje guha umwanya umuturage akagira uruhare mu bikorera bamukorera, nyuma y’amahugurwa bahawe n’igihugu gishwizwe guteza imbere abaturage (RLDSF) ku micungire n’imikoreshereze y’umutungo ndetse kunoza serivisi baha abaturage.
Abatuye mu mujyi wa Nyamata mu karere ka Bugesera bavuga ko bahangayikishijwe na za ruhurura z’imihanda ya Kaburimbo muri uwo mujyi zangije amasambu yabo bakaba bifuza bahabwa ingurane.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yatangaje ko hari icyizere ko mu myaka 10 iri imbere u Rwanda ruzaba rutakibeshwaho n’inkunga ziturutse hanze y’igihugu.
Ubwo hatangizwaga ku mugaragaro ikigega Agaciro Development Fund ku rwego rw’akarere ka Musanze, abagatuye bakusanyije amafaranga miliyoni 734, ibihumbi 340 na 222, ikimasa, ibiro 13 by’ibishyimbo, igitoki ndetse n’ikibanza.
Korari Guershom ibarizwa mu Ntara y’Amajyepfo ifite gahunda yo kuzazenguruka u Rwanda iririmba kandi inabwiriza ubutumwa bwiza banereka abanyarwanda bose ibyiza Imana yabakoreye.
Nyuma yo gukora indirimbo zashyizwe mu gice cya mbere cy’igitabo cy’indirimbo cyifashishwa mu rusengero, Umuhanzi Aimé Uwimana umenyerewe mu ndirimbo zihimbaza Imana agiye gushyira hanze igice cya kabiri.
Ku munsi wa mbere w’irushanwa ryo gushyigikira ikigega Agaciro Development Fund, Rayon Sport, Kiyovu Sport na Mukura byabonye intsinzi, ariko Police FC iratungurwa isezererwa ku ikubitiro ry’irushanwa ryatangiye ku wa kane tariki 13/9/2012.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera bufatanyije n’abaturage bo mu kagari ka Ndongozi, mu murenge wa Cyeru bameneye mu ruhame litito 767 za kanyanga, ziguze amafaranga miliyoni imwe n’ibihumbi 531 n’amafaranga 400.
Imfungwa n’abagororwa bafungiye muri gereza ya Mpanga iri mu karere ka Nyanza bishyize hamwe bahimba indirimbo yamamaza Agaciro Development Fund kugira ngo nabo bagaragaze uruhare rwabo.
Bamwe mu banyamuryango bagize koperative icuruza amafi n’ibiyakomokaho (KOVEPO) ikorera mu murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi ntibavuga rumwe na komite nyobozi na ngenzuzi bapfa ko iyi komite manda yayo yaragiye ikaba yaranze gukoresha amatora.
Umurambo wa Karagizi Cyprien wavumbuwe kuwa gatatu tariki 12/09/2012 mu Kagali ka Rukura, Umurenge wa Gashenyi, nyuma y’iminsi itatu uwo mugabo nta muntu umuca iryera.
Polisi y’igihugu cya Yemen imaze guhagarika igikorwa cyo gutwika abantu n’ibintu biri muri ambasade ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika muri icyo gihugu mu mujyi wa Sanaa cyari cyatangijwe n’abigaragambya.
Abaturage baturiye umugezi wa Burehe wahoze unyura mu ruganda rwa Bralirwa ariko ukaza kwimurwa ugashyirwa hanze y’uruganda ahegereye abaturage none ukaba umaze kubasenyera barasaba kurenganurwa kubera ibiza bibibasira.
Abagabo babiri bava inda imwe ndetse n’umwana w’umukobwa w’umwe muri bo bo mu murenge wa Matyazo mu karere ka Ngororero batawe muri yombi bakekwaho ubufatanyacyaha mu kwivugana se na nyina.
Nyuma yo kubona ko amafaranga akomoka ku bicuruzwa byoherezwa mu mahanga akiri make cyane, kuri uyu wa kane tariki 13/09/2012, Ministeri y’ubucuruzi n’inganda (MINICOM) yashyize ahagaragara politiki igenga ubucuruzi bwambukiranya imipaka.
Nzabamwita Emmanuel w’imyaka 23, wo mu murenge wa Mugina mu karere ka Kamonyi wari warakoze impanuka yatumye amara imyaka ibiri n’igice mu bitaro atihagarika akoresheje igitsina cye, yamaze kuvurirwa mu bitaro bya Gitwe.
Urugereko rw’ubujurire bw’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriwe u Rwanda (ICTR) ruzasoma urubanza rw’ubujurire rwa Jean Baptiste Gatete waboraga Komini ya Murambi tariki 09/10/2012.
Cooperative jyaheza ubwo twaganiraga nabamwe mubari bayirimo kuri uyu wa 12/09/2012 badutangarije ko bakoraga isuku mu murenge wa Rwimbogo nyuma iza kwamburwa na rwiyemeza mirimo bakoranaga ubu hakaba hashize hafi imyaka ibiri ngo amaso yaheze mu kirere.
Umugabo ukomoka mu gihugu cya Tchèque witwa Vladimir Franz ufite ibishushanyo (tatuages) kuva ku kirenge kugeza ku mutwe ngo arashaka kwiyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu mu matora azaba mu mwaka utaha wa 2013.
Abatuye umurenge wa Nyarubaka bishyize hamwe bagura imodoka izajya ibahekera umurambo, mu gihe bajya ku irimbi rusange cyangwa se bakura uwatabarutse mu bitaro. Ngo ntawe uzongera kugurisha isambu kuko yapfushije umuntu.
Umurambo w’umugabo witwa Hakizimana Ignace w’imyaka 32 wabonetse mu masaha ya saa moya za mu gitondo kuri uyu wa 13/09/2012 mu mudugudu wa Nyarurembo, akagari ka Nyabigega, umurenge wa Gatore mu karere ka kirehe yimanitse mu kiziriko.
Bamwe mu bahinzi b’urutoki bo mu karere ka Nyamasheke bagiye guhabwa amahugurwa ku buryo bwo kunoza ubuhinzi bw’urutoki, maze bavayo bagahinduka abafashamyumvire bakanafasha abahinzi bandi kuvugurura urutoki binyuze mu mashuri yo mu mirima.
Abana babiri bari munsi y’imyaka 16 batoraguwe mu mujyi wa Kibungo kuri uyu wa 11/09/2012 saa yine z’ijoro bavuga ko bagiye i Kigali n’amaguru gushaka akazi bahunga mu kase ubatoteza akanabima ibiryo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyagatare burasaba abayobozi b’inzego z’ibanze gukurikirana ikibazo cy’abanyamahanga baba muri ako karere badafite ibyangombwa bibemerera kuba mu Rwanda kuko akenshi baba intandaro y’umutekano muke.