Umutwe uri mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Somaliya (AMISOM) urifuza ko itangazamakuru rigira uruhare mu gutanga isura y’ibibera muri icyo gihugu, kugira ngo abaturage bari hirya no hino ku isi bumve impamvu, banatange umusanzu mu kubaka Somaliya nshya.
Perezida Kagame yongeye gushimangira ko u Rwanda rutemera ibyandikwa n’imwe mu miryango mpuzamahanga ivuga ko iharanira uburenganzira bwa muntu nyamara ibyo ikora bigaragaza ko bakorera mu kwaha kw’abayitera inkunga.
Mu kwizihiza ibirori by’umunsi w’abasora, ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro (RRA) cyahaye inkunga ya mudasobwa 10, Ishuri ryisumbuye ryitiriwe Rose Mystica ryo ku Kamonyi.
Imodoka yo mu bwoko bwa mini bus ifite ikirango cyo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (CGO 4453AA 22) yakoze impanuka mu karere ka Rusizi umuntu umwe yitaba Imana abandi barakomereka.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki 29/08/2012, imodoka itwara abagenzi yo mu bwoko bwa Toyota Hiace, yakoze impanuka ikomeye igeze muri metero nkeya uvuye muri santere ya Tyazo mu murenge wa Kanjongo, abantu barakomereka ariko nta witabye Imana.
Bamwe mu bavuzi gakondo bo mu karere ka Burera batswe amafaranga n’abari abayobozi babo kugira ngo bazahabwe ibyangombwa bibemerera gukora umwuga wabo mu Rwanda ariko nta byo bigeze bahabwa ahubwo bahabwa inyemezabwishyu y’impimbano.
Nyuma y’uko bigaragaye ko mu turere tumwe na tumwe tw’Intara y’Uburengerazuba abahinzi batitabiriye cyane gahunda yo gukoresha ifumbire mvaruganda, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi (RAB) cyiyemeje gutangira gahunda y’amahugurwa y’abahinzi n’abakangurambaga ku ikoreshwa ry’ifumbire.
Besse Cooper, umugore wo muri Leta ya Géorgie muri Leta Zunze Ubimwe z’Amerika, niwe muntu ushaje kurusha abandi ku isi. Kuri uyu wa 28/08/2012 yizihije isabukuru y’imyaka 116.
Munyemana w’imyaka 25 utuye mu Murenge wa Musha mu Karere ka Rwamagana yaraye yishe umwana we w’amezi atanu ubwo uwo bamubyaranye yari agiye kubwira abaturanyi ko mu rugo rwe bitameze neza.
Biteganyijwe ko Minisitiri w’imibereho myiza y’abaturage n’ubutegetsi bw’igihugu, Musoni James, azatangiza ku mugaragaro ikigega “Agaciro Development Fund” mu karere ka Ruhango tariki 30/08/2012.
Abacuruzi bo mu karere ka Rubavu batangaza ko bakomeje gukorerwa ibikorwa by’urugomo birimo n’ubujura igihe bagiye kurangura ibicuruzwa mu gihugu cya Uganda.
Minisititiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Habumuremyi Pierre Damien, arataha ku mugaragaro ishuli rikuru ryigenga ry’abalayiki b’abadivantiste rya Kigali, ishami rya Nyanza mu muhango uteganyijwe kuba kuri uyu wa kane tariki 30/08/2012.
Nyirarugwiro Joselyne wari ufite imyaka 18 y’amavuko wari utuye mu kagari ka Gatare, umurenge wa Ruhunde mu karere ka Burera yiyahuye mu gishanga cy’Urugezi ahita yitaba Imana mu gitondo cya tariki 28/08/2012.
Ndorimana Emmanuel na mugenzi we Kayishema bo mu murenge wa Gihundwe mu karere ka Rusizi bari mu maboko ya polisi kuri sitasiyo ya Kamembe bashinjwa kugabiza ishyamba ry’ibiti bakaritema nta burenganzira babifitiye.
Nyuma y’amezi hafi abiri yongeye kumvikana ku murongo wa FM, radiyo Salus yongeye gupfa. Kuva tariki 26/08/2012, iyi radiyo ntabwo icyumvikana ndetse n’abakozi bayo ubu ntibarimo gukora.
RURA yemeranyijwe n’abatwara abagenzi mu modoka nto (taxi voiture), ko igiciro ntarengwa kuri kilometero imwe ari amafaranga y’u Rwanda 433 kuri tagisi zisanzwe, na RwF509 kuri tagisi zikorera ku kibuga cy’indege cya Kigali.
Perezida wa Mozambique, Armando Guebuza, ari mu ruzinduko mu Rwanda aho yaje kuganira na mugezi we, Paul Kagame, icyakorwa ngo amakimbirane yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo ahoshe.
Mu kumurika alubumu yabo ya gatatu bise “Ku rugamba”, itsinda Urban Boys izazana abahanzi bose bagiye bakorana indirimbo (collabo) harimo Jackie Chandiru na Washington bo mu gihugu cya Uganda.
Nyuma yo kwerekana ubuhanga afite mu gukina umupira w’amaguru, umwana w’imyaka 11 wavutse atagira ibirenge ubu ari gukora imyitozo mu ikipe y’abana ya Barcelona FC.
Umukobwa w’imyaka 44 y’amavuko ukora umwuga w’ubuforomokazi muri Leta ya New Jersey muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika arwaye indwara yitwa (Persistent Genital Arousal Disorder) ituma yifuza gukora imibonano mpuzabitsina inshuro zirenga 100 ku munsi.
Kuri uyu wa kabiri tariki 28/08/2012, Mukanoheli Marie Chantal utuye ku Kacyiru mu Mujyi wa Kigali yafatiye uwari umukozi we witwa Siwuzamutuma Nadine mu isoko rya Gakenke amushinja kumwiba ibintu bitandukanye byo mu rugo iwe.
Abaturage bo mu Karere ka Rwamagana bakusanyije miliyoni 74 n’ibihumbi 446 mu kigega Agaciro Development Fund mu muhango wabaye uyu munsi tariki 28/8/2012.
Inzererezi zigera kuri 31 zikomoka mu mirenge itandukanye igize akarere ka Nyamasheke zafatiwe mu karere ka Rusizi zigiye gusubizwa mu miryango nyuma yo kwigishwa.
Mu ijoro rishyira kuwa mbere tariki 27/08/2012, habaye impanuka ebyiri mu karere ka Gakenke ku bw’amahirwe abari mu modoka bavamo ari bazima uretse imodoka zangiritse bikomeye.
Imbaga y’abaturage b’Akarere ka Rwamagana yakubise yuzuye ahitwa ku kibuga cya Police mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, aho bitabiriye inama yitwa iy’Inteko y’Akarere bari bunakoreremo igikorwa cyo gushyigikira Agaciro Development Fund.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo, ari muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ku kicaro cy’umuryango w’abibumbye aho atanga ibisobanuro kuri raporo yakozwe n’impugucye z’uyu muryango ishinja u Rwanda gutera inkunga umutwe urwanya Leta ya Kongo.
Impunzi z’abanyamahanga ziri mu Rwanda guhera mu 1995 zigeze ku 57.641. Abanyekongo nibo bihariye igice kinini kuko bagera ku bihumbi 57.216, nk’uko imibare yashyizwe ahagaragara na Minisiteri y’Imicungire y’Ibiza no gucyura Impunzi (MIDIMAR) ibigaragaza.
Umuhanzi akaba n’umunyamakuru Rurangwa Gaston uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Skizzy yakoze impanuka ya moto tariki 27/08/2012 Imana ikinga akaboko.
Uruganda rwa mbere mu Rwanda mu gutunganya ibiribwa n’ibinyobwa, Inyange Industries Ltd, rwahawe icyemezo cy’ubuziranenge ku bikorwa byarwo. Icyo cyemezo cyitwa ISO 22000 cyatanzwe na Bureau Veritas.
Mwizerwa Fulgence w’imyaka 32 y’amavuko utuye mu murenge wa Busasamana, akarere ka Nyanza yafashwe n’inzego z’umutekano mu gitondo cya tariki 28/08/2012 agiye kugurisha insinga z’amashanyarazi zibwe ikigo gishinzwe gukwirakwiza amazi n’amashanyarazi (EWSA), ishami rya Nyanza.
Minisitiri ufite ibidukikije mu nshingano ze mu gihugu cya Tayiwani, Stephen Shen, arasaba abagabo bose bo muri icyo gihugu kujya banyara bicaye mu rwego rwo kwita ku isuku y’imisarane.
Ubwo yari yitabiriye igiterane cyo gushima Imana cyabereye kuri sitade Amahoro mu mujyi wa Kigali, Minisitiri w’Intebe yasabye Abanyarwanda gushima Imana ku bw’agaciro kabo kari karazimiye kakaba karagarutse.
Mu muhanda Kigali-Karongi haravugwa ubujura budasanzwe bukorwa n’abagenzi bakora ingendo zidahwanye n’amafarangababa bishyuye.
Umunya-Croatia Luka Modric yerekanywe ku mugaragaro n’ikipe ye nshya ya Real Madrid, nyuma yo kumugura mu ikipe ya Tottehnham Hotspurs imutanzeho miliyoni 30 z’ama pounds.
Ihuriro rya sosiyete sivile ryo muri Togo rirahamagarira abagore gukora imyigaragambyo y’icyumweru badatera akabariro n’abagabo babo mu rwego rwo gushyira igitutu kuri Perezida Faure Gnassingbe kugira ngo yegure.
Mu mudugudu wa Karwana, akagari ka Nyamigina, umurenge wa Mareba mu karere ka Bugesera, ihene yabyaye abana batanu kandi bose bameze neza.
Umusore w’umugande witwa Komezusenge Pascal avuga ko yagambaniwe maze ahotorwa bikomeye n’abantu atabashije kumenya, ariko ku bw’amahirwe abasha guhita ajyanwa kwa muganga none aracyahumeka.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ngoma burakangurira abaturage batuye mu mbago z’umujyi ndetse n’abandi bashaka kubaka kwifashisha amatafari akorwa n’imashini ya hydroform.
Mu karere ka Bugesera mu Murenge wa Juru mu kagari ka Musovu hari umwana witwa Ahishakiye Alexis urwaye indwara ituma umubiri we udakura kuko uheruka gukura afite imyaka itatu gusa.
Umusaza witwa Nkomayombi Stefano w’imyaka 74 y’amavuko yashizemo umwuka tariki 27/08/2012 mu bitaro bikuru bya kaminuza by’i Kigali (CHUK), nyuma y’icyumweru cyari gishize abaganga bagerageza kumwitaho ariko bikanga bikaba iby’ubusa.
Minisiteri y’imicungire y’ibiza no gucyura impunzi (MIDIMAR) yakiriye imodoka imwe na moto zirindwi yahawe n’Ishami ry’umuryango w’Abibumbye rishinzwe Iterambere (UNDP), zizakoreshwa n’abakozi bashinzwe imicungire y’ibiza mu turere.
Pasiteri Uwinkindi Jean uherutse koherezwa kuburanira mu Rwanda avuye mu rukiko rwa Arusha yagejejwe imbere y’urukiko kuri uyu wa mbere tariki 27/08/2012. Uyu mugabo yavuze ko ubushinjacyaha bwamwibeshyeho kuko uregwa yitwa Pasteri Uwinkindi Jean Bosco.
Mu ruzinduko yagiriye mu karere ka Gicumbi, mu rwego rwo kureba intambwe bamaze kugeraho no kubashimira ibimaze gushyirwa mu bikorwa, Perezida Kagame yasabye abaturage batuye ako karere kugira umwete wo gukora bakiteza imbere.
Abaminisitiri bashinzwe umutekano mu bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba (EAC) bateraniye i Kigali muri gahunda yo kwiga ku kibazo cy’iterabwoba n’ikwirakwizwa ry’ibiyobyabwenge muri aka karere.
Itsinda ry’abakozi ba Minisiteri y’umuco na siporo kuri uyu wa mbere tariki 27/08/2012 ryakoresheje amarushanwa yo ku byina mu rwego rwo gutoranya ababyinnyi bazinjizwa mu itorerero ry’igihugu rihoraho (Urukerereza).
Mu ijoro rishyira tariki 26/08/2012, imodoka yo mu bwoko bwa FUSO yaturukaga Rubavu yerekeza Kigali ipakiye ibigori na karoti yakoreye impanuka mu murenge wa Mukamira mu karere ka Nyabihu, ahagana saa moya n’igice z’ijoro.
Nyuma y’umuganda wabaye tariki 25/08/2012, abaturage bo mu karere ka Ngororero batashye ikiraro kimanitse mu kirere gifite metero 50 cyambukanya umugezi wa Kibirira kigahuza umurenge wa Bwira na Gatumba mu tugari twa Ruhindage na Kamasiga.
Guverinoma y’igihugu cy’Ubudage imaze gushyikiriza u Rwanda inyubako eshatu zigezweho zizifashishwa mu kwigisha abapolisi gukomeza kunonosora ubumenyi n’imyiteguro mu butumwa bwo kubungabunga amahoro polisi y’u Rwanda imaze kumyenyekanaho hirya no hino ku isi.
Nubwo inzego zishinzwe umutekano zababujije kenshi gutema ibiti, impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi ya Kiziba mu karere ka Karongi ziravuga ko zidashobora kubura inkwi zo gucana kandi zireba amashyamba hafi yazo.
Ndahayo Ignace wari umukuru w’umutekano mu mudugudu wa Muremure, mu kagari ka Munini mu murenge wa Ruhango yahagaritswe ku mirimo ye azira kwenga no gucuruza inzoga z’inkorano zitemewe.