Abikorera bo mu Karere ka Huye barushije abandi bo mu ntara y’Amajyepfo kwitwara neza mu kwesa imihigo bahize mu mezi atandatu ashize.
Inteko Ishingamategeko y’Umuryango w’ibihugu by’i Burayi yavanye Ingabire Victoire na bagenzi be Deo Mushayidi na Bernard Ntaganda ku rutonde rwa nyuma rw’abakwiye guhabwa igihembo cyitwa "SAKHAROV PRIZE 2012".
Ingabire Emmanuel w’imyaka 28 ukomoka mu Murenge wa Matimba, Akarere ka Nyagatare arwariye mu Bitaro Bikuru bya Nemba nyuma yo kugirwa nabi na Havugimana Damascene yitayeho igihe yari arwariye i Nyagatare nta kirwaza afite.
Umuhanzi JayPolly ukora injyana ya Hip Hop akaba n’umwe mu ba raperi ba hano mu Rwanda bakunzwe cyane kurusha abandi, azanye igitaramo yitiriye imwe mundirimbo ze “Ndacyariho ndahumeka”.
Ikamyo ya rukururana yo mu bwoko bwa Benz-Actross yavaga i Kigali yerekeza i Rubavu yakoze impanuka kuri uyu wa gatatu tariki 10/10/2012 mu karere ka Gakenke maze amakesi 399 yari itwaye arameneka.
Ashingiye cyane cyane ku ngingo ya 82 y’itegeko nshinga ry’u Rwanda, kuri uyu wa gatatau tariki 10/10/2012, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yashyizeho abasenateri bashya.
Abanyeshuri barindwi bo ku rwunge rw’amashuri rwa Bigutu ruri mu Murenge wa Ruharambuga mu karere ka Nyamasheke bahungabanye bikomeye bitewe n’inkuba yakubise inyubako z’iryo shuri mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu, tariki 10 Ukwakira 2012.
Nyuma yaho inzego z’umutekano zikoreye umukwabo zigafata litiro zisaga igihumbi z’inzoga z’inkorano tariki 05/10/2012, abaturage bagiye kumena izi nzoga basangamo inzoka yo mu byoko bw’incira.
Mu cyumweru gitaha u Rwanda ruzifatanya n’isi yose mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe kurwanya indwara zo mu mutwe. Imibare igaragaza ko hakiri Abanyarwanda benshi babana n’uburwayi bwo kwiheba kandi buturutse ku mpamvu zitandukanye.
Icyegeranyo cyakozwe ku byangijwe n’imvura yaguye mu karere ka Karongi ku mugoroba wa tariki 08/10/2012 cyerekana ko hakenewe byibuze amabati 1087 n’amategura 4950 kugira ngo abaturage bafashwe kongera gusakara.
Ishyirahamwe rigamije kurwanya umubyibuho ukabije mu nyamaswa zo mu rugo ritanga ikigereranyo ko imbwa n’injangwe birenga kimwe cya kabiri muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika bishobora kuba bifite ibiro byinshi.
Umugore utatangajwe amazina kubera impamvu z’ibanga yatanze ikirego mu rukiko rwa Harare muri Zimbabwe asaba umucamanza Miriam Banda ko yategeka umugabo we akajya amukorera imibonano mpuzabitsina kuko ngo amaze amezi 6 ntacyo amumenyera mu buriri.
Ikibazo cy’ibura ry’ibirayi n’izamuka ry’igiciro cyabyo gishingiye ahanini ku mihindagurikire y’ikirere n’ibiza ndetse n’amasoko y’ababishaka yabaye menshi kuruta umusaruro uboneka.
Abaturage barasabwa kwirinda ibiyobyabwenge kuko bikurura umutekano muke ndetse bikagira n’ingaruka zirimo urugomo, ubusinzi, gusesagura umutungo wakagombye kuzamura ingo no kuwupfusha ubusa, indwara n’ibindi bitandukanye.
Nubwo Perezida wa Uganda Yoweli Kaguta Museveni akomeje kwereka impande zombi ko imishyikirano ari yo nzira izabafasha gusohoka mu bibazo, ubuyobozi bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo buravuga ko nta mishyikirano bazigera bagirana na M23.
Kuva ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge cyajyaho mu mwaka wa 2002, u Rwanda rwahise rutangira kwifatanya n’ibindi bihugu byo ku isi kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’ubuziranenge wizihizwa tariki 14 Ukwakira buri mwaka.
Umunyarwanda Disi Dieudonné yatsindiye umudari mu irushanwa Sedan-Charleville mu gihugu cy’u Bufaransa mu mukino wo gusiganwa ku maguru. Yahawe umudari yongererwaho igihembo cy’amayero 9000 na tike y’indege.
Umuhanga mu buzima bw’inyamaswa wo mu muryango wita ku nyamaswa w’i London mu Bwongereza (zoological society of London) Ben Collen yagaragaje ko 1/5 cy’ibinyabuzima bidafite urutirigongo kimerewe nabi ndetse bimwe biri hafi yo kuzima.
Uwahimbye filime yiswe "L’Innocence des musulmans", yabaye imbarutso y’akaduruvayo n’ubwicanyi mu bihubu by’Abarabu muri nzeri 2012, kuri uyu wa gatatu tariki 10/10/2012, aragezwa imbere y’urukiko i Los Angeles muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.
Mu mwaka wa 2013, u Rwanda ruratenganya gutangiza kaminuza yihariye yo kwigisha abayobozi b’ibanze ibijyanye no kuyobora abaturage neza muri gahunda z’iterambere za guverinoma no kubagezaho serivisi zinoze.
Abaturage bakoreye sosiyete ENRD yacukuraga amabuye y’agaciro mu murenge wa Muhanda mu karere ka Ngororero, ikaza guhagarikwa kubera ko yacukuraga ku buryo bwangiza ibidukikije, barasaba ko ubuyobozi bwabishyuriza amafaranga batishyuwe.
Kuba hagati y’abashakanye basezeranye imbere y’amategeko hakigaragara amakimbirane, ngo byaba biterwa no kuba batabanje kwigishwa bihagije ngo bamenye akamaro k’isezerano.
Nyuma yo kubona amata yabo abapfira ubusa, abaturage batuye mu Murenge wa Mugunga, Akarere ka Gakenke bishyize hamwe bakusanya amafaranga miliyoni eshanu zo kwiyubakira ikusanyirizo ry’amata.
Abasore batatu bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Rushashi mu Karere ka Gakenke bakekwaho gufata ku ngufu abakobwa babiri mu ijoro rishyira tariki 07/10/2012, ku bw’amahirwe umwe abava mu nzara yambaye ubusa.
Mfurazibaho Gaetan w’imyaka 58 utuye mu Kagali ka Ruhanga, Umurenge wa Busengo, Akarere ka Gakenke amaze imyaka 25 arwaye indwara arwaye yatumye abyimba mu ijosi ku buryo ryenda kungana n’umutwe.
Kubera ko Rayon Sport imaze iminsi itsindwa gukabije, benshi mu bakunzi bayo basabaga ko bagarura Raoul Shungu akaba ariwe uyitoza ariko ubuyobozi bw’iyo kipe butangaza ko bagomba kwitondera gufata icyo cyemezo, mu rwego rwo kwirinda ingaruka mbi gishobora kugira.
Urukiko rw’ubujurire rw’urukiko mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda (ICTR), kuwa kabiri tariki 09/10/2012, rwagabanije igihano Jean Baptiste Gatete yari yahawe mu rukiko rw’iremezo cyo gufungwa burundu maze rumukatira gufungwa imyaka 40.
Ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 17 (Amavubi U17) kuri uyu wa gatatu tariki 10/10/2012 yahagurutse i Kigali yerekeza muri Botswana aho igiye gukina umukino w’icyiciro cya kabiri cyo guhatanira itike yo kuzakina igikombe cya Afurika kizabera muri Maroc umwaka utaha.
Akarere ka Rutsiro karateganya gushyira inyakiramashusho (televiseurs) nibura 100 hirya no hino mu midugudu muri uyu mwaka wa 2012-2013 hagamijwe gufasha abaturage kumenya amakuru ndetse no gukurikira ibiganiro bitandukanye biganisha kuri gahunda za Leta.
Muri ino minsi igiciro cy’ibirayi cyarazamutse cyane ku buryo benshi bahisemo kuba baretse kubirya bahitamo kwihahira ibindi. Ubu ngo ibirayi ntibikiribwa n’umuntu ubonetse wese keretse uwifite.
Abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge yo mu ntara y’Amajyepfo baratangaza ko bamaze kugenda babona Abanyarwanda batari bake bahindura umwirondoro wabo mu byangombwa kuko baba bazi ko kubona amakuru kuri bo bitoroshye.
Umukozi wo mu rugo w’umukobwa witwa Uwamahoro yirukanwe ku kazi yakoraga nyuma yo kugambirira kuroga nyirabuja na sebuja, batuye mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, akoresheje ikinini cyica imbeba.
Umukecuru Antisa Khvichava wo muri Leta ya Georgia bivugwa ko ariwe ufite imyaka myinshi ku isi yitabye Imana tariki 05/10/2012 ku myaka 132 y’amavuko. Yavutse tariki 08/07/1880, nk’uko bigaragara mu byangombwa bye byo muri Leta Zunze Ubumwe z’Abasoviyeti.
Abahagarariye sosiyete zirindwi z’Abafaransa zikora zikanacuruza ikoranabuhanga n’ibikoresho binyuranye byiganjemo ibyo gutanga amazi n’amashanyarazi, baje kureba niba bashobora gutangira gukorera mu Rwanda.
Bimenyerewe ko mu bitaramo bisanzwe bibera mu mujyi wa Kigali bishyushywa n’umu DJ umwe ariko ikizabera muri Bamboo Restaurant mu mujyi wa Kigali kuwa gatanu tariki 12/10/2012 kizashyushywa na DJ Cox na DJ Esggy.
Ubwo yatangizaga ukwezi k’umuryango kwatangirijwe mu karere ka Ruhango, kuri uyu wa kabiri tariki 09/10/2012, Minisitiri w’intebe Dr. Pierre Damien Habumuremyi, yavuze ko bidashoboka ko umuryango watera imbere utakoze nibura amasaha umunani ku munsi.
Mu cyumweru cyarangiye tariki 07/10/2012, umuyobozi mukuru ba banki y’abaturage y’u Rwanda, Herman Klaassen n’uwari umwungirije José Habimana beguye ku mirimo yabo y’ubuyobozi bw’iyi banki.
Imiryango irindwi yo mu murenge wa Bushoki mu karere ka Rulindo irasaba ubuyobozi kubishyura ibyabo bimuwemo kubera imirimo yo kubaka umuhanda irimo gukorwa.
Gahunda yo gushyiraho ikigega cy’indishyi ku bacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ntishoboka, ahubwo bazakomeza gufashwa kubafasha kwiyubaka nk’uko bisanzwe bikorwap; nk’uko bitangazwa n’Umunyamabanga mukuru w’Umuryango FPR-Inkotanyi.
Imvura idasanzwe yaguye mu karere ka Rulindo kuwa mbere tariki 08/10/2012 yangije imyaka, ibisenge by’amazu birasambuka n’imodoka ziranyerera ziragwa.
Akarere ka Nyamasheke karatangaza ko ibikorwa by’urukozasoni byo gukopeza abanyeshuri mu bizamini bya Leta byagaragaye umwaka ushize muri aka karere bikwiriye kuba umuziro, ntihazagire aho byongera kugaragara.
Ntakirutimana Silas w’imyaka 31 wari amaze amezi abiri ashakishwa kubera kuruma izuru umukuru w’umudugudu w’aho atuye, yafashwe ku mugoroba wa tariki 8/10/2012 acumbikirwa kuri sitasiyo ya Polisi ya Busasamana mu karere ka Nyanza.
Ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare (NISR) cyashyikirije imirenge 15 y’akarere ka Nyamagabe mudasobwa zigendanwa n’izo mu biro mu rwego rwo kuyongerera ubushobozi mu kazi kayo ka buri munsi.
Minisitiri w’umutungo kamere, Stanislas Kamanzi, aragaya abataracukuye imirwanyasuri ku musozi wa Karuriza uherereye mu murenge wa Busogo akarere ka Musanze, none imvura yatangiye gutembana imyaka y’abaturage.
Umuvuduko ukabije w’amaraso (hypertension arterielle) ni indwara yibasira abantu benshi ariko idakunze kumenyekana kubera ko akenshi itagira ibimenyetso bigaragara.
Abayobozi bane ba koperative IMBARAGA y’abahinzi b’ibigori mu murenge wa Mutendeli mu karere ka Ngoma bari mu maboko ya polisi station ya Kibungo bakekwaho kugurisha ifumbire ya “Dapu” irengaho gato toni 8.
Abagabo barindwi bo mu karere ka Kirehe bafunzwe bazira gucuruza mazutu mu buryo bwa magendu; bavuga ko bayikura ku bashoferi batwara amakamyo ava mu gihugu cya Tanzaniya.
Inzu y’umuturage wo mu murenge wa Kame mu karere ka Rusizi yaraye ihiye mu ma saa yine z’ijoro rya tariki 08/10/2012 bitewe n’umuriro waturutse mu gikoni cya motel Rubavu bituranye.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu arasaba abayobozi b’uturere n’abashinzwe igenamigambi kujya bateganyiriza gahunda zishobora gutungurana kugira ngo zitazajya zibatesha icyerekezo kigana ku ntego bihaye.