Abapasitori 100 baturutse mu madini atandukanye yo mu bihugu byo mu biyaga bigari (Rwanda, Burundi na Congo) barakangurirwa kutitabira ibikorwa bibangamira politiki y’ibihugu; nk’uko bitangazwa na Emmanuel Rapold, umumisiyoneri uturutse mu Bufaransa.
Umusore witwa Niyibizi Bonaventure w’imyaka 26 y’amavuko ubu ni umuhanzi w’indirimbo zihimbaza Imana nyuma yokuvuka akamara imyaka 22 atavuga.
Nyirambonigaba Annonciata utuye mu murenge wa Rugarama, mu karere ka Burera yashyikirijwe ishimwe riherekejwe na sheki y’amafaranga ibihumbi 200 kubera ko ari indashyikirwa mu kwiteza imbere ugereranyije n’abandi bagore bose bo mu cyaro mu karere ka Burera.
Kanzayire Laurence utuye mu murenge wa Ngoma mu karere ka Rulindo ntiyabashije kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umugore wo mu cyaro neza kuko umugabo we witwa Habarugira Nasoni yamubyukirije ku nkoni.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aime, arakangurira abitandukanyije n’imitwe yitwara gisirikare ikorera mu burasirazuba bwa Repubulika iharanira demokarasi ya Congo kumva ko gahunda za Leta nabo zibareba.
Umugabo witwa Safari Isaac wo mu kagari ka Cyambwe, umurenge wa Nasho mu karere ka Kirehe yitabye Imana tariki 14/10/2012, ahanutse hejuru y’urusengero rw’abadivantisite yubakaga.
Abasivire baturuka mu bihugu 10 bya Afurika, bateraniye i Nyakinama mu karere ka Musanze, kuva kuwa mbere tariki 15/10/2012, kugira ngo bige uko bafatanya n’inzego zishinzwe umutekano mu kuwubungabunga.
Umugore witwa Nizeyimana Odette wo mu karere ka Nyabihu yahawe amafaranga ibihumbi 200 na minisiteri y’umuryango nk’umugore wahize abandi mu kwihangira imirimo no gukora iby’abandi bagore batatinyutse gukora babyita imirimo y’abagabo.
Ishuli rya Saint Peter’s Secondary School “Igihozo” riri mu karere ka Nyanza n’irya Bismarck ryo mu mujyi wa Numberg mu Budage basinyanye, tariki 15/10/2012, amasezerano y’ubufatanye mu rwego rw’uburezi.
Abanyeshuri bo muri kaminuza ya Cophenagen Institute of Interaction Design mu gihugu cya Danmark bakoze ikoti ridasanzwe kuko rifite ubushobozi bwo kubika no gusukura amazi y’imvura yariguyeho.
Abanyeshuri b’abakobwa biga mu kigo G.S. Indangaburezi riherereye mu karere ka Ruhango, batewe n’ibyo bise amagini, mu ijoro rishyira tariki 15/10/2012, biniga abanyeshuri babiri abandi barahahamuka bikomeye bibaviramo kujya kwa muganga.
Abaturage bane bo mu karere ka Kicukiro, bazindukiye ku rukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge (i Nyamirambo), kuri uyu wa mbere tariki 15/10/2012, kuburana amazu n’ubutaka bakuwemo ku ngufu na noteri w’akarere ka Kicukiro afatanyije n’umuhesha w’inkiko w’umwuga.
Nyirakanyana Francoise w’imyaka 36 yibarutse abana bane, mu ijoro rishyira tariki 15/10/2012, bose bakaba bameze neza gusa bari mu byuma byabugenewe kugira ngo babashe kuzuza ibiro bisabwa ngo bahabwe ababyeyi babo.
Abacururiza mu isoko rya Muhanga baratangaza ko bafite ikibazo cy’ibibanza bito bakoreramo kandi bakaba banasoreshwa amafaranga bavuga ko atajyanye n’ingano z’ibyo bibanza.
Ibikorwa byo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umugore wo mu cyaro (uba tariki 15 Ukwakira) mu karere ka Nyabihu byaranzwe no gutera ibiti mu murenge wa Mukamira ahitwa Hesha ku nkengero z’umuhanda wa Kaburimbo Musanze-Rubavu.
Soko Salim w’imyaka 21 afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Muhima akurikiranyweho gushaka kwiba banki ya Ecobank ishami rya Biryogo, yitwaje imbunda y’igikinisho yakoresheje kugira ngo atere ubwoba umuyobozi wa Banki.
Ingabire Solange w’imyaka 26 ukora umwuga wo kudoda mu murenge wa Kagano wo mu karere ka Nyamasheke yiteje imbere ahereye ku mafaranga 2000 none nyuma y’imyaka 12 ageze ku asaga miliyoni.
Nubwo akarere ka Nyabihu kakunze kwibasirwa n’ibiza, abaturage bako bakomeje kwihesha agaciro. Kugeza ubu bamaze gutanga amafaranga miliyoni 224 ibihumbi 368 n’amafaranga 805 mu kigega Agaciro Development Fund.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera bwafashe ingamba zikomeye mu rwego rwo gushakira umuti ikibazo cya forode y’ifumbire mvaruganda gikunze kugaragara muri ako karere.
Rwabukwandi Orcella Marie Christelle w’imyaka 10 y’amavuko yegukanye umwanya wa mbere mu marushanwa yo koga mu Kivu mu karere ka Karongi tariki 14/10/2012.
Umuhanzikazi Uwitonze Clementine uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Tonzi, yateguye igitaramo kiri ku rwego rwa East Africa mu rwego rwo kumurika alubumu ye ya gatatu.
Ndayisaba Cedrik w’imyaka 26, utuye mu kagari Sasabirago, umurenge wa Fumbwe mu karere ka Rwamagana acumbikiwe kuri sitasiyo ya polisi ya Kigabiro akekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umuturanyi we.
Umubare munini w’abitabiriye amatora y’ishyaka riharanira demokarasi n’imibereho myiza y’abaturage ( PSD) yabaye tariki 13/10/2012 mu karere ka Rutsiro bari urubyiruko, bituma n’abatorewe kuyobora ishyaka mu karere hafi ya bose ari abo mu cyiciro cy’urubyiruko.
Ikipe ya Kigali basketball Club (KBC) yatwaye igikombe cya shampiyona giheruka ikomeje kwitwara neza muri shampiyona y’uyu mwaka, ikaba itaratsindwa na rimwe mu mikino ine imaze gukinwa.
U Rwanda rwanganyije na Namibia ubusa ku busa mu mukino wa gicuti wabereye kuri Independence Stadium i Windhoek ku wa gatandatu tariki 13/10/2012.
Ikamyo ebyiri zagonganiye mu ishyamba rya Nyungwe igice cy’akarere ka Nyamagabe, ku cyumweru tariki 14/10/2012 saa saba z’amanywa bituma ikibazo cy’ingendo kigorana muri uwo muhanda.
Abaturage bo mudugudu wa Rambo, akagari ka Kiraga, umurenge wa Nyamyumba mu karere ka Rubavu baturiye umugezi wanyuraga mu ruganda rwa Bralirwa ariko ukimurwa ukanyuzwa hagati y’amazu yabo bazimurwa kuko ubasenyera.
Mu kiganiro Perezida Kagame yagiranye n’intumwa z’intara ya Rhineland Palatinate tariki 13/10/2012 yasobanuye ko urubyiruko rwo mu bihugu bicyennye n’ibikize bose ntawe ushaka gusigara inyuma y’abandi ahubwo biterwa n’amahirwe bahura nayo mu kugera kubyo bashaka.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuhinzi n’ubworozi (RAB) tariki 13/10/2012 cyashyikirije ikigo ngororamuco cy’i Wawa inka 20 bemerewe na Minisitiri w’Intebe Dr. Pierre Damien Habumurenyi tariki 15/09/2012.
Mu murenge wa Nyamiyaga wo mu karere ka Gicumbi, tariki 12/10/2012, haguye imvura nyinshi ivanze n’urubura maze yangiza bikabije inzu y’umuturage witwa Munyensanga Philipe.
Umuyobozi wa FPR-Inkotanyi mu kagari ka Kamashangi, umurenge wa Kamembe mu karere ka Rusizi, Munyurangabo Beata, arasaba abanyamuryango gukomeza kugira uruhare mu guteza imbere igihugu.
Abafatanyabikorwa b’akarere barasabwa kugira ibikorwa bikomeye byahizwe mu mihigo y’akarere ibyabo kugira ngo imibereho y’abaturage itere imbere ku buryo bwihuse.
Abana b’inshuke, abiga mu mashuri abanza n’ayisumbuye nabo bitabiriye gushyira ikigega Agaciro Development Fund mu muhango wabereye mu murenge wa Kinazi mu karere ka Huye tariki 13/10/2012.
Umusore witwa Bizimana Jean Bosco yafashwe atera amabuye hejuru y’inzu y’uwitwa Nduwayezu Venuste tariki 12/10/2012 mu murenge wa bushoki mu karere ka Rulindo.
Nyandwi Adilien w’imyaka 39, afungiye kuri polisi ya Mutara mu murenge wa Mwendo akarere ka Ruhango guhera tariki 11/10/2012 akekwaho gusambanya ku gahato umukobwa w’imyaka 27 ubana n’uburwayi bwo mu mutwe.
Urupfu rw’umugore witwa Maniragena Olive w’imyaka 27 y’amavuko witabye Imana mu ijoro rishyira tariki 13/10/2012 aryamye mu buriri bumwe n’umugabo we rukomeje gutera urujijo. Hategerejwe ibizamini byo kwa muganga ngo hamenyekane icyo yazize.
Inzu y’Umurenge SACCO ya Gishubi niyo iciye agahigo mu kuzura muri aka karere, ugereranyije n’izindi zihagaragara usanga zishaje zitanahagije, kandi zisabwa kwiyubakira kuko ntankunga iteganywa mu kuzivugurura.
Alphonsine Nyiraneza w’imyaka 16 wari utuye mu kagari ka Rugarama, mu murenge wa Kigina yitabye Imana nyuma yo kugezwa mu bitaro bya Kirehe mu karere ka Kirehe, amaze kugwirwa n’igsenge k’inzu, kuri uyu wa 12/10/2012.
Ikibazo cy’isuri kigaragara mu nkambi ya Kigeme kibangamiye impunzi z’Abanyekongo ziri muri iyi nkambi, kuko iyo imvura muri iki gihe cy’imvura iguye amazi yinjira mu mashitingi cyane ko iyi nkambi yubatse ku musozi.
Emery Bayisenge usanzwe ari Kapiteni w’ikipe y’abatarengeje imyaka 20 yagizwe kapiteni w’ikipe y’igihugu nkuru, mu mukino wa gicuti uyihuza na Nambia, kuri uyu wa Gatandatu tariki 13/10/2012 mu mujyi wa Windhoek.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi barasabwa kudahagarara mu bikorwa bagezeho, bagakomeza kugira uruhare mu byateza imbere igihugu, nk’uko byatangajwe n’Umuuyobozi w’umuryango mu kagali ka Kamashangi, ubwo hizihizwaga isabukuru yawo y’imyaka 25 ku rwego rw’akagali.
Abarezi bitwaye neza bagatoranywa na bagenzi babo bahawe amashimwe kubera akazi kanini bakora, mu muhango wo kwizihiza umunsi wahariwe abarezi mu murenge wa Gasaka, wijihijwe kuri uyu wa Gatanu tariki ya 12/10/2012.
Ku bitaro bya Kirehe harwariye umugabo witwa Niyibishaka Emmanuel, kubera ibikomere yatewe n’imihoro yatemwe ubwo we na bagenzi be bageragezaga kwibisha imbunda ariko uwo bateye akirwanaho, mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 12/10/2012.
Inzego z’ubuyobozi bwite bwa Leta n’Urugaga rw’Abikorera(PSF), bashyizeho urwego rw’ibiganiro bise “RPPD”, rubahuza kugira ngo impinduka mu bucuruzi zihutishwe ku ruhande rwa Leta hanakemurwe ibibazo by’abikorera mu Rwanda ku ruhande rw’abikorera.
Imodoka ya kompanyi Horizon Express yari itwaye abagenzi, yavaga mu mujyi wa Kigali ijya mu karere ka Nyanza ku mugoroba wa tariki 12/10/2012, yari ihitanye umumotari mu mvura yari itangiye kujojoba aka karere.
Ikipe y’igihugu Amavubi y’abatarengeje imyaka 17 yatsinzwe igitego kimwe ku busa na Botswana mu mukino wo gushaka itike yo kuzakina igikombe cya Afurika wabereye i Gaborone ku wa gatanu tariki 12/10/2012.
Ku isaha ya Saa Cyenda z’amanywa zo kuri uyu wa Gatanu tariki 12/10/2012, nibwo umuhanzi King James yuriye indege bwa mbere mu mateka ye yerekeza ku mugabane w’u Burayi, aho agiye gukora ibitaramo.
Polisi yo mu karere ka Nyarugenge yataye muri yombi imodoka yari itwaye forode y’amakarito 78 y’inzoga yo mu bwoko bwa African Gin ahwanye n’uducupa 640, kuri uyu wa Gatanu tariki 12/10/2012.
Isuku n’ikinyabupfura bigaragara mu bagororwa ba gereza ya Nyanza, biri mu byashimishije intumwa z’Amabasade y’u Buholandi mu Rwanda, ubwo zayigendereraga kuri uyu wa Gatanu tariki 12/10/2012.