Nubwo u Rwanda rubarirwa mu bihugu bikennye ku isi, ntibirubuza kuza ku mwanya wa gatandatu ku isi mu bihugu biharanira amahoro uyu mwaka wa 2012.
Minisiteri y’imicungire y’ibiza no gucyura impunzi (MIDIMAR) irasaba abanyamadini kuyifasha gukumira ibiza bitaraba. Abanyamadini ni bamwe mu bantu bagira abayoboke benshi kandi ku buryo buhoraho.
Ishyirahamwe ry’abatumva ntibavuge mu Rwanda (RNUD), ryatangiye icyumweru cy’ubukangurambaga guhera kuri uyu wa mbere tariki 24/09/2012, kugira ngo inzego za Leta n’abaturage muri rusange, bamenye ko hari uburenganzira batabona nk’abandi baturage basanzwe.
Mbonyubwabo Epimaque yatorewe kuba Perezida yungirizwa na ba visi perezida babiri aribo; Kanyambo Ibrahim na Nyiransengimana Donatille mu matora y’abahagarariye urugaga rw’abikorera mu karere ka Ngororero yabaye mu mpera z’icyumweru gishize.
Umumisitiri muri Guverinoma ya Pakistani ushinzwe inzira za gari ya moshi yashyizeho igihembo cy’amadolari ibihumbi 100 y’amerika ku muntu wese uzica cyangwa agafasha kwica uwakoze filme anti-islam yiswe L’innocence des musulmans, isebya intumwa Muhamedi.
Umugabo witwa Muhirwa yambukanye itabi ryo mu bwoko bw’Intore arivanye mu Burundi arigejeje mu mudugudu wa Rwanamiza, akagali ka Rukingiro, Umurenge wa Busoro mu karere ka Nyanza ararifatanwa hamwe n’umumotari bari kumwe umuhetse bose bakizwa n’amaguru bariruka.
Kanye West yareze imbuga za internet urubuga rwa AllHipHop.com ndetse n’izindi zitandukanye avuga ko yavogerewe mu buzima bwe zerekana umuhanzi Kanye West arimo gukora imibonano mpuzabitsina n’umukobwa bahoze bacuditse.
Abantu babiri bitabye Imana, abandi batandatu barakomereka bikomeye mu mpanuka z’imodoka zabaye mu mpera z’icyumweru mu turere dutandukanye; nk’uko bitangazwa na Polisi y’igihugu.
Inzu y’ubucuruzi Nova Market Complex yatashwe ku mugaragaro kuri uyu wa mbere tariki 24/09/2012 ibaye igisubizo kuri bamwe mu bacururiza mu isoko rya Musanze rigiye gusenywa kugira ngo ryubakwe bijyanye n’igiye.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Yanga yo mu gihugu cya Tanzaniya mu mpera z’icyumweru gishize bwafashe icyemezo cyo kwirukana uwari umutoza w’iyo kipe Tom Saintfiet ukomoka mu gihugu cy’u Bubirigi.
Hari amakuru avuga ko Apple imaze iminsi ireshya abakozi ba Google ikabaha akazi ku bwinshi kubera ko bafite ubumenyi ikeneye mu koranabuhanga ry’amakarita Apple ikeneye cyane.
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (USA) Barack Obama yashimye Perezida wa Misiri, Mohamed Morsi, kuba abashinzwe umutekano muri icyo gihugu bararinze ambasade y’Amerika iri Cairo, mu gihe cy’imyigaragambyo yo kwamagana film ipfobya idini ya Islam.
Umukecuru uzwi ku izina rya Kansirida, utuye mu murenge wa Mwendo mu karere ka Ruhango, yemerewe na Depute Nyirabagenzi Agnes inkunga yo kwinjira muri SACCO Abahizi Dukire ya Mwendo kuko yagaragaje kwiteza imbere.
Umuhanzi Jules Sentore usanzwe amenyerewe mu njyana gakondo, kuri ubu arimo gukora indirimbo yageneye abatuye muri Afurika y’Uburasirazuba ibakangurira kwishyira hamwe.
Abasore babiri bo mu itsinda rya Goodlyfe aribo Mowzey Radio na Weasel, mu cyumweru gishize bahaswe ibibazo nyuma yo gufatanwa forode ku kibuga cy’indege cya Entebbe muri Uganda.
Umuyobozi w’akarere ka Ngoma, Nambaje Aphrodise, aranenga abantu badakora bakirirwa mu masengesho maze bajya kubwiriza ubutumwa bagasaba abakristu kubashakira amatike.
Igikorwa cyo kuvura amaso imfungwa n’abagororwa cyakorwaga n’ikipe y’abaganga bo ku bitaro bya gisirikari by’u Rwanda (RMH) muri za gereza zitandukanye cyarangiye 7609 babashije kubona ubufasha.
Kayijamahe Gabriel w’imyaka 60 utuye mu kagari ka Rugarama mu murenge wa Kigina afunzwe akekwaho gufasha Akimanizanye Chantal w’imyaka 23 utuye mu kagari ka Rugarama mu murenge wa Kigina gukuramo inda y’amezi atanu.
Nubwo bidasanzwe ko aba Republicans n’aba Democrats bumvikana ku kintu kimwe, cyane cyane iyo bari mu bihe byo kwiyamamaza, ubu noneho bose bemeranyije ko urutare rwitwa Chimney Rock ruri Leta ya Colorado ari urwibutso rw’igihugu.
Abaturage bo mu murenge wa Rugabano mu karere ka Karongi barishimira ko ingabo z’u Rwanda rw’ubu zitandukanye cyane n’abasirikare bo muri Leta ya mbere ya Jenocide.
Kigali Basketball Club (KBC) yegukanye igikombe cyo gushyigikira ikigega “Agaciro Development Fund’ nyuma yo gutsinda Espoir BBC ku mukino wa nyuma wabereye kuri Stade ntoya i Remera ku cyumweru tariki 23/09/2012.
Myugariro akaba na Kapiteni w’ikipe ya Chelsea, John Terry, yatangaje ko asezeye burundu mu ikipe y’igihugu y’Ubwongereza, nyuma y’ibibazo bishingiye ku irondaruhu bivugwa ko yagiriye na myugariro wa Queens Park Rangera Antony Ferdinand.
Mu mikino ya shampiyona yabaye ku cyumweru tariki 23/09/2012, Kiyovu Sport yatsinze Espoir FC mu gihe Mukura VS yatsindiwe na AS Kigali mu rugo iwayo i Huye.
Bamwe mu bakobwa bo mu karere ka Rulindo babyariye iwabo bavuga ko akenshi abo babyaranye batabafasha ariko ngo n’iyo bemeye abana babo biragorana kubandikisha mu bitabo by’amategeko.
Mu nama yabaye tariki 19/09/2012 i Addis Abeba muri Ethiopie, Akanama gashinzwe amahoro n’umutekano mu muryango w’Afurika Yunze Ubumwe (AU) kasabye ubuyobozi bwa Leta ya Congo (RDC) gushyira mu bikorwa ibyo isabwa na M23 kugira ngo amahoro agaruke muri icyo gihugu.
Ku kigo cyigisha imyuga cyo mu Irango ho mu Murenge wa Tumba, Akarere ka Huye, ntibishimira umubare w’urubyiruko rwitabira amasomo ahatangirwa kuko ari mukeya.
Ubushakashatsi bwa vuba buremeza ko abantu banywa agatabi bafite amahirwe make yo guhanagura ibishushanyo cyangwa inyandiko ku mubiri (tattoo), ndetse n’abafite za tattoo zirimo amabara y’ubururu n’umuhondo irengeje ubugari bwa cm 12.
Abakora umurimo wo gucukura amabuye y’agaciro muri Mine ya Gifurwe, iherereye mu murenge wa Rugengabari, mu karere ka Burera batangaza ko iyo mine yabateje imbere ndetse inateza imbere aho batuye.
Mu rwego rwo kwitegura CECAFA ihuza amakipe y’ibihugu izabera i Kampala muri Uganda ndetse n’andi marushanwa, ikipe y’igihugu Amavubi izakina imikino ibiri ya gicuti na Mamibia.
Nyuma y’urupfu rw’umufana wa Rayon Sport witwa Theoneste waguye mu mpanuka ubwo yaherekezaga ikipe ye yimukiye i Nyanza, Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryasabye amakipe yose yo muri shampiyona y’icyiciro cya mbere kuzafata umunota wo kumwibuka.
Umuryango w’abanyeshuli bacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 biga mu ishuli ryisumbuye rya ESPANYA ( AERG-ESPANYA) riherereye mu karere ka Nyanza wizihije isabukuru y’imyaka 9 umaze ushinzwe kuwa gatandatu tariki 22/09/2012.
Ku munsi wa mbere wa shampiyona y’umupira w’amaguru yatangiye ku wa gatandatu tariki 22/09/2012, APR FC iheruka kwegukana igikombe cya shampiyona yatsinze Marine FC mu gihe mukeba wayo Rayon Sport yatunguwe igatsindirwa mu rugo n’Amagaju FC.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yasabye Abanyarwanda baba mu mahanga gukorera igihugu cyabo cy’u Rwanda, batitaye ku barunenga yise ‘detractors’ cyangwa se abanzi.
Ibigo by’imari byose bikorera mu karere ka Rusizi byahuriye hamwe byiga ku kibazo cy’abafata inguzanyo ntibubahirize amasezerano yo kwishyura bigatuma ibigo by’imari bihomba.
Abanyeshuri biga imyuga mu kigo cyigisha imyuga cyo mu Rwabuye bafashwa na JICA barifuza ko bakongererwa igihe cyo kwiga kuko ngo ubumenyi bahakura ntibutuma babasha guhangana na bagenzi babo baba bize mu gihe cy’umwaka.
Abakoze n’abakoresheje amarushanwa y’ubumenyi muri siyansi, yabaye mu gihugu hose kuri uyu wa gatandatu tariki 22/9/2012, baratangaza ko hari icyizere ku Rwanda ku kwikorera imirimo yose irebana n’iterambere ry’igihugu nta bufasha bw’abanyamahanga bubayeho.
Kuwa Gatandatu utaha hateganyijwe ibitaramo bibiri bikomeye birimo icya Patient Bizimana uririmba indirimbo zihimbaza Imana na Man Martin wacyimuriye muri iyo wikendi, nyuma y’aho yabonye ubutumire bwo kujya kuririmba muri Leta zunze Ubumwe za Amerika.
Ikipe ya Espoir Basketball Club yabonye itike yo gukina umukino wa nyuma, mu irushanwa ryo gushyigikira ikigega “Agaciro Development Fund, imaze gutsinda Cercle Sportif de Kigali (CSK) mu mukino wa ½ cy’irangiza wabereye kuri stade ntoya i Remera.
Minisitiri w’ubuzima, Agnes Binagwaho, arasaba abayobozi b’ibitaro bya Remera Rukoma kwihutira gukemura ibibazo bya srivisi mbi zibirangwamo, nyuma y’uko abenshi mu bahivuriza bakomeje kwinubira serivisi bahabwa.
Inteko rusange ya FERWAFA yateranye, yemeje ko Shampiyona y’Umupira w’amaguru mu Rwanda yatangiye tariki kuri uyu wa Gatandatu tariki 22/09/2012, igomba gusozwa tariki 25/05/2013, ikazitabirwa n’amakipe 14.
Akarere ka Rusizi karatangaza ko katazongera kwihanganira abantu bafata inguzanyo mu ma banki ariko banki ntibubahirize amasezerano yo kwishyura, bikaviramo byinshi muri byo guhomba.
Urubyiruko rw’Abanyarwanda n’urw’Abakongomani bafatanyije, bizihije umunsi mpuzamahnga w’Amahoro, aho Abanyarwanda berekeje mu mujyi wa Goma n’Abakongomani bakaza mu Rwanda kuwizihiza.
Abanyeshuri biga imyuga mu kigo cy’Amashuli kitiriwe Mutagatifu Kizito, giherereye mu murenge wa Save akarere ka Gisagara, berekanye ubuhanga bw’ibyo bashoboye gukora mu myuga banagaragaza ingorane bagira zibabuza gukora ibirenzeho.
Minisitiri w’intebe, Dr. Pierr Damien Habumuremyi, arasaba abacukuzi b’amabuye y’agaciro bo muri Mine ya Gifurwe kongera umusaruro w’amabuye y’agaciro bacukura, kugira ngo binjize amafaranga menshi yaba mu ngo zabo no mu gihugu muri rusange.
Indwara ya kanseri ishobora kuvurirwa mu Rwanda igakira burundu, cyane iyo ibonetse hakiri kare, nk’uko byemezwa n’abaganga bafite ubunararibonye mu kuvura iyi ndwara ihangayikishije isi kugeza uyu munsi.
Bisi ya KBS yagonze abantu batatu bari kuri moto ku mugoroba wa tariki 21/09/2012 mu Kagali ka Taba mu Murenge wa Kanyinya, Akarere ka Nyarugenge barakomereka bikomeye.
Abashora imari mu bikorwa bashobora kugera ku ntego yabo ari uko biyemeje kugera ku ntego bakabifatira ibyemezo, nk’uko babikanguriwe n’Urugaga rw’Abikorera (PSF), ubwo hatangizwaga y’amarushanwa y’imishinga ku rwego rw’akarere, kuwa kane tariki 20/09/2012.
Abanyarwanda benshi baturutse imihanda yose y’isi no mu Rwanda, bahuriye mu mujyi wa Boston baje mu birori bya Rwanda Day, batumye uyu mujyi uhinduka nko mu Rwanda, kubera usanga mu mihanda yose havugwa Ikinyarwanda, nk’uko intumwa zacu zihatubereye zibidutangariza.
Bamwe mu rubyiruko n’abayobozi bemeza ko igikorwa cyo gukoresha ibizamini by’abifuza akazi bikwiye kongerwamo ingufu kugira ngo bigabanye urwicyekwe mu bagashaka, kugeza n’ubu bakemeza ko hakibonekamo ikimenyane.