Umugabo Claver (amazina ye ryahinduwe nkuko yabyifuje) avuga ko nyuma yo gukora imibare agasanga amaze kunywa amakesi 4000 y’inzoga ya mitzig ziguze amafaranga arenga miliyoni 43 yumva bitazamuca intege mu kunywa iki kinyobwa.
Kuri uyu wa mbere tariki 22/10/2012, isosiyete y’itumanaho ya MTN Rwanda yahaye ishuli ryisumbuye rya ESPANYA riri mu karere ka Nyanza mudasobwa 36 inaryemerera murandasi ( connection) izamara umwaka wose nta kiguzi.
Mutabazi Celestin utuye mu mudugudu wa Rebero, akagali ka Gahurire, murenge wa Kazo mu karere ka Ngoma ari mu maboko ya polisi akurikiranweho gutemagura mu mutwe abana be babiri tariki 19/10/2012 umwe agahita yitaba Imana.
Umunyamakuru w’icyamamare muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika wigeze kuyobora ikigo cyo muri Amerika gitera inkunga amaradio, Bill Siemering, aratangaza ko agiye gusura Radio Izuba bitarenze mu cyumweru kugira ngo yirebere uburyo iyo radio ikorana n’abaturage.
Urukiko rw’Ikirenga rw’igihugu cya Finland rwemeje ko Pasitoro Francois Bazaramba atemerewe kujuririra igihano cyo gufungwa burundu yakatiwe n’inkiko za Finland zimaze kwemeza uruhare rwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Mukankubito Louise w’imyaka 52 na Musabwasoni Constance w’imyaka 42, bose batuye mu kagari ka Gitisi, umurenge wa Bweramana mu karere ka Ruhango, batawe muri yombi bamaze guteka litiro 20 za kanyanga.
Ndayishimye Uwineza Marie Odile wiga mu mwaka wa 4 mu ishami ry’imibare, ibinyabuzima n’ubutabire ni we wabaye Nyampinga y’urwunge rw’amashuri Notre Dame de la Providence de Karubanda nyuma y’imyiyereko yabaye kuwa 21 Ukwakira 2012.
Abaturage batuye umudugudu wa Kibimba mu murenge wa Kazo mu karere ka Ngoma batewe impungenge nuko bagiye kubaho nyuma y’imvura yaguye tariki 19/10/2012 ikabasenyera amazu ndetse ikanangiriza imyaka.
Ku munsi wa gatanu wa shampiyona, Rayon Sport yagaragaje ko yivuguruye ubwo yatsindaga Police FC mu mukino ya shampiyona wabereye kuri Stade Amahoro Remera ku cyumweru tariki 21/10/2012.
Binyujijwe mu ishyirahamwe rihuje Abanyarwanda n’Abanyatanzaniya ryirwa Rwanda Tanzaniya Friendship Association (RWATAFA) tariki 21/10/2012 mu karere ka Kirehe habereye igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 13 uwahoze ari Perezida w’igihugu cya Tanzaniya, Mwalimu Julius Kambarage Nyerere.
Abamotari batandatu bo muri koperative COTAMORU ICYIZERE ikorera mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro bishimye kuba abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi kuko bizatuma bafatanya n’abandi banyamuryango kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 uwo muryango umaze ubayeho.
Umugore witwa Terri Graham w’imyaka 44 akaba afite abana babiri ariko atarigeze abonsa amaze imyaka ibiri yonsa imbwa.
Umwuka mubi umaze iminsi muri Libya warushijeho kwiyongera nyuma y’ibitero umutwe witwara gisirikare wo mu mujyi wa Misrata wagabye mu mujyi wa Bani Walid tariki 21/10/2012.
Nyuma y’igihe gito muri Uganda hagaragaye indwara ya Ebola, ubu hagaragaye indi ndwara yitwa Marburg igaragaza ibimenyetso bisa cyane n’ibya Ebola.
Ishimwe Christian w’imyaka 10, uvuka mu murenge wa Rusororo akarere ka Gasabo yakubiswe n’umuriro w’amashanyarazi tariki 23/01/2011 bimuviramo ubumuga bukomeye ubu akaba asigaye yandikisha amano.
APR Volleyball Club mu rwego rw’abagabo na Rwanda Revenue Authority (RRA) mu rwego rw’abagore, nizo zegukanye igikombe gihuza amakipe ane ya mbere muri shampiyona (Carré d’AS), yasozwe ku cyumweru tariki 21/10/2012 kuri stade ntoya i Remera.
Umusore w’imyaka 20 witwa Alexandre Niyonzima yarohamye ku kiyaga cy’igikorano (Artificial Lake) cya Nyarutarama kuri uyu wa gatandatu tariki 20/10/2012 ahasiga ubuzima, umubiri we kugeza ubu ukaba utaraboneka.
Niyonshuti Adrien ni we wongeye kurusha abandi mu isiganwa ry’amagare ryo kuzenguruka umujyi wa Kigali ‘Kigali City Tour’ ryabaye ku cyumweru tariki 21/10/2012.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu n’imibereho myiza y’abaturage, Musoni James, asanga akarere ka Ruhango kari mu turere dufite amahirwe menshi y’iterambere, ariko aya mahirwe akaba akoreshwa uko bidakwiye.
Imodoka y’Abashinwa bakora imihanda muri Rusizi na Nyamasheke yazamukaga yerekeza ku cyicaro cy’akarere ka Rusizi igeze ahaterera ihagarara umwanya munini hanyuma isubira inyuma n’umuvuduko mwinshi yiroha mu mugezi wa Kadasomwa. Hari saa tanu n’iminota mike tariki 21/10/2012.
Umukobwa witwa Valentine Nyirambarubukeye wari ufite ubumuga yavukanye bw’amaguru yitabye Imana tariki 17/10/2012 yiyahuye, impamvu yabimuteye ntiramenyekana.
Ikipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 17 yasezerewe mu marushanwa yo guhatanira itike yo kuzakina igikombe cya Afurika, nyuma yo gutsindwa na Botswana hitabajwe za penaliti mu mukino wabereye kuri stade Amahoro i Remera tariki 20/10/2012.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu kagari ka Cyangugu, umurenge wa Kamembe mu karere ka Rusizi bishimiye ibikorwa by’iterambere bagejejweho n’uwo muryango birimo imihanda, amashanyarazi, amazi meza no gufasha abaturage kubakura mu ngoyi z’ibibazo.
Inkubi y’umuyaga yabaye ku mugoroba wo kuwa Gatanu tariki 19/10/2012, yasize isenye amazu agera ku 102 n’ishuri ry’incuke n’ibindi bikorwa by’abaturage, mu murenge wa Mayange mu karere ka Bugesera.
Polisi y’u Rwanda yasinyanye amasezerano yo gufatanya na Polisi y’igihugu cya Ethiopiya, azibanda ku gufashanya mu bikorwa byo kongera ubumenyi ku mpande zombie, nk’uko babyemeranyijweho kuri uyu wa Gatanu tariki 19/10/2012.
Abatuye akarere ka Nyanza ntibagitekereza ko kwambara inkweto ari ukwirata, kuva mu bana biga mu mashuli abanza n’aho abantu bakuru bateraniye, bitandukanye na cyera aho uwatinyukaga kuzambara mu bandi byamuteraga ipfunwe.
Ubuyobozi bw’akarere n’imirenge bwatangiye gusaba abaturage gufata amazi yo kumazu, kuko agira uruhare mu gutera ibiza, bitewe n’uko agenda yinjira mu butaka bworoshye bikaba intandaro y’inkangu.
Ishuri rikuru ry’ubuhinzi n’ubworozi ISAE Busogo rikorera mu karere ka Musanze, ryiteguye kubonera umuti ikibazo cy’imbuto y’ibirayi, kuko kizifashisha ikoranabuhanga ryacyo mu gutubura imbuto.
Inzu 15 z’amacumbi y’abarimu bigisha mu mashuri y’Uburezi bw’ibanze bw’Imyaka 12 (12YBE) bigisha mu karere ka Nyamasheke zizaba zuzuye bitarenze impera z’uyu mwaka, aho hari kubakwa imwe mu mirenge 15 igize aka karere.
Umuryango w’Abagide mu Rwanda wahuguye abagore 20 bakennye kurusha abandi bo mu kagari ka Shyembe mu murenge wa Gihango, ku byerekeranye n’uburyo bwo kwihangira imishinga iciriritse.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera bwatangije ibikorwa byo kurwanya ibisazi by’imbwa, aho harimo gukingira imbwa n’injangwe zose bakazaboneraho no gutega umuti wica imbwa n’injangwe zizerera.
Samuel Sembagare, umuyobozi w’akarere ka Burera, asaba abaturage ayobora kurangwa n’isuku aho baba, aho barara, aho bakorera n’aho bafungurira batibagiwe kuyigira ku myambaro ndetse no ku mubiri wabo.
Minisitiri w’umutungo Kamere, Stanislas Kamanzi, avuga ko umuco wa “Hinga Tugabane” ugomba guhagarara, bitewe n’ubutaka bwo kororeraho, bwahawe abaturage muri gahunda y’isaranganya.
Urubyiruko rurangije mu kigo ry’imyuga cya Rukoma, giherereye mu karere ka Kamonyi, baributswa ko bagomba kwirinda abashukisha ibikoresho bakeneye, akenshi bagamije kubashora mu busambanyi.
Nyuma y’uko hasohotse amakuru avuga ko terefoni zigendanwa zitujuje ubuziranenge zizwi Ku izina ry’inshinwa zishobora gukurwa ku murongo, abazitunze bo mu karere ka Ngororero batangiye kuzigurisha abandi ngo zitazabahombera.
Nyuma y’aho abanyeshuri biga mu ishuri ryisumbuye rwa G S Indangaburezi mu Ruhango, bavuze ko bamaze iminsi baterwa n’amajyini, akabaniga, ubuyobozi bw’iri shuri bwafashe bamwe mu bantu barara batera amabuye, imisenyi n’ibindi mu macumbi y’abanyeshuri.
Ishuri rikuru ryigisha ubuvuzi (KHI) rimaze amezi abiri rikora inyigo yiswe “KHI graduates tracer study”, igamije kumenya icyo abaryizemo bakora n’aho bakora, mu rwego rwo gusuzuma ireme ry’uburezi ryatanze kuva mu myaka 16 rimaze rishinzwe.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu buraburira abakorera ubucuruzi mu mujyi wa Goma kwigengesera kubera ko uyu mujyi watangiye kugenda uhagarika ibicuruzwa bimwe bivuye mu Rwanda.
Ku munsi wa gatanu wa shampiyona ya Basketball, ESpoir BBC yakomeje kwitwara neza ubwo yatsindaga CSK ku wa gatanu tariki 19/10/2012, bituma ikomeza gushimangira umwanya wa mbere.
Nyuma y’uko umugezi wacaga mu ruganda rwa Bralirwa rukawubakira inyuma y’uruganda wangirije imiryango igera kuri 40 mu kwezi kwa Nzeri, tariki 18/10/2012 wahitanye abana batatu baburirwa irengero ndetse wangiza ibitari bicye.
Abagore batuye mu mudugudu wa Ngona, akagari ka Rubona, umurenge wa Shyorongi mu karere ka Rulindo, bishyize hamwe binyuze mu mugoroba w’ababyeyi bifuza gukora uruganda rukora inzoga.
Inzego zishinzwe umutekano mu karere ka Ruhango zavumbuye aho insore sore zirirwa zitunganyiriza urumogi zishaka kubarwanya umwe araharasirwa undi atabwa muri yombi abandi baracika.
Abahanga mu buvuzi bavuga ko Asipirine igabanya ibyago byo kurwara kanseri z’ubwoko butandukanye, ukanagabanya kwiyongera kwazo mu mubiri, mu gihe umuntu agiye afata Asipirine ku rugero ruto.
Umugabo witwa Gary Norton w’abana bane yifuje kuba umugore ageza n’ubwo abazwe ngo ahindurirwe igitsina ariko kuri ubu avuga ko ari ryo kosa rikomeye yakoze mu buzima bwe.
Joy Kamikazi, Umunyarwandakazi wiga kaminuza mu Buhinde, yinjiye muri muzika ku ndirimbo ye ya mbere yise “Nyakira” yakozwe na Producer Bruce, Umunyarwanda nawe wiga mu Buhinde.
Ku cyumweru gitaha tariki 28/10/2012 kuri Sport View Hotel hazabera igitaramo cya Rehoboth Ministries yise “Praise and worship explosion” guhera saa cyenda z’amanywa kugeza saa mbiri za nijoro.
Abadepite mu nteko ishinga amategeko y’Umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EALA), kuwa 19/10/2012, basuye umupaka wa Rusumo mu rwego rwo kureba aho igikorwa cyo kubaka one Stop Border Post n’imyiteguro yo kubaka ikiraro cya ku Rusumo bigeze.
“Depression” tugenekereje mu kinyarwanda byakwitwa “agahinda gakabije” ni kimwe mu bibazo uyu munsi bihangayikisjije ku isi, kuko ari indwara imaze kugera mu bantu benshi kandi ikanatera abantu kwiyambura ubuzima akenshi.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 20/10/2012, nibwo hatangira irushanwa rihuza amakipe ane yabaye aya mbere muri shampiyona ya volleyball (Carre d’As) mu bagabo no mu bagore.