Bamwe mu bagenzi bakoresha umuhanda Musanze-Cyanika barifuza ko sosiyete zitwara abagenzi zagarurwa muri uwo muhanda kuko basigaye babura imodoka zibatwara bagakererwa akazi cyangwa bakarara mu nzira.
Abaturage bo muri Congo bakomeje kwibaza icyo ingabo z’umuryango w’abibumbye zibungabunga amahoro muri icyo gihugu (MONUSCO) zimaze kuko zitabarindira umutekano.
Abahanzi nyarwanda barategura ibitaramo byo gutera inkunga ikigega AgDF Muri uku kwezi k’urubyiruko, abahanzi nyarwanda bafatanyije n’umujyi wa Kigali bateguye ibitaramo mu rwego rwo gutanga inkunga yabo mu kigega Agaciro Development Fund.
Ravi Borgaonkar, impuguke mu bushakashatsi bwa virus za telefone yatangaje ko hari virus ikora nka telekomande ishobora kwinjira muri telefone za Samsung Galaxy igahanagura ibirimo byose.
Taliki 24/09/2012 kaminuza yigenga ya Kigali ULK ishami rya Gisenyi ryatangije ku mugaragaro amasomo yaryo umwaka wa 2012-2013 ritangirana na gahunda y’uburezi y’uburyango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC).
Mini Alimentation Iwacu iherereye mu mujyi wa Ruhango, yafashwe n’inkongi y’umuriro mu ijoro rya tariki 25/09/2012, ibicuruzwa byarimo birashya ibindi byangizwa n’umuyonga w’ibyahiye.
Kubungabunga ibidukikije, ubutaka n’amazi byariyongereye ndetse hari n’ibindi byinshi biteganywa gukorwa; nk’uko Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishiznwe umutungo kamere n’Inyandiko mpamo z’ubutaka abyemeza.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Kinihira mu karere ka Ruhango, buravuga ko bwatoraguye umurambo w’umugabo utazwi ku nkengero z’umugezi wa Nyabarongo mu kagari ka Muremure.
Mu mezi atageze kuri kuri atanu amaze ayobora akarere ka Ngoma, Namabaje Aphrodise, aravuga ko amaze kubona ko ikibazo cy’amasambu ari ikibazo gikomereye akarere n’Abanyarwanda muri rusange.
Biyakiteto Antoine afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Kanjongo kuva kuwa kabiri tariki 25/09/2012 azira gufatanwa amafaranga y’amiganano bihumbi 15.
Perezida Kagame asanga amakimbirane agaragara henshi ku isi aterwa nuko hari abantu badahabwa umwanya yo kugira uruhare mu micungire y’igihugu cyane cyane ku birebana n’ibigira ingaruka ku buzima bwa buri munsi.
Abayisilamu bo mu karere ka Rubavu tariki 23/09/2012 bakusanyije amafaranga miliyoni zirindwi yo gushyira mu kigega Agaciro Development Fund, nyuma yo kumva ko akimuhana kaza imvura ihise.
Abantu babiri bitabye Imana, undi umwe ajyanwa kwa muganga bazize ibiza by’inkuba byibasiye imirenge ibiri yo mu karere ka Nyamasheke kuwa kabiri tariki 25/09/2012.
Senateri Marie Claire Mukasine wo mu ishyirahamwe ry’abagore bari mu nteko ishingamategeko mu Rwanda (FFRP) aratangaza ko kuba bamwe mu Banyarwanda basigaye batinyuka ibyaha ndengakamere ari ingaruka za Jenoside zigenda zigaragara.
Mbonimpa Daniel w’imyaka 30 y’amavuko yatawe muri yombi n’abaturage bo mu mudugudu wa Mukindo, akagali ka Kibinja, umurenge wa Busasamana bamushinja kubiba ibintu kubera igihanga cy’ibyarahani bibiri yafatanwe abishakira umuguzi.
Umugabo witwa Ndabagaruye Jean Bosco afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Gahunga mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera kuva tariki 25/09/2012 aregwa gushaka kujya gucuruza magendu ifumbire mva ruganda yagenewe abahinzi bo mu Rwanda, muri Uganda.
Ubwo yagezwaga imbere y’urukiko mu gihugu cya Norvege kuwa 25/09/2012, Umunyarwanda Sadi Bugingo yahakanye ibyaha aregwa byo kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi yabaye mu Rwanda mu 1994.
APR FC yafashe umwanya wa mbere by’agateranyo muri shampiyona, nyuma yo gutsinda AS Muhanga ibitego 2-0 mu mukino w’umunsi wa kabiri wa shampiyona wabereye kuri stade ya Kigali i Nyamirambo ku wa kabiri tariki 25/09/2012.
Abasigajwe inyuma n’amateka batuye mu mudugudu wa Kiyovu, akagari ka Musumba, umurenge wa Nyamirama mu karere ka Kayonza, bamaze amezi arenga umunani badacana umuriro w’amashanyarazi kandi warashyizwe mu mazu batujwemo.
Janvier Habineza, umushoferi utwara ikamyo yo mu bwoko bwa FUSO yikorera amakara, afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Ngoma mu Karere ka Huye akurikiranyweho kugerageza guha umupolisi ukorera mu Karere ka Huye ruswa.
Impuguke mu bya biogaz zo mu muryango wa COMESA, kuwa 25/09/2012 zasuye gereza ya Ririma mu karere ka Bugesera mu rwego rwo kunoza imikoreshereze ya Biogaz yifashishwa mu guteka ibiribwa by’imfungwa n’abagororwa.
Umushinga w’itegeko ryo kugenzura itumanaho uherutse kwemezwa n’Inteko ishingamategeko umutwe w’Abadepite, waraye wongeye kwemezwa n’umutwe wa Sena ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kabiri tariki 25/09/2012.
Audace Niyomugabo ni we wegukanye imodoka ya nyuma muri tombola ya SHARAMA na MTN. Umuhango wo kuyimushyikiriza wahuriranye n’uko MTN yizihizaga isabukuru y’imyaka 14 imaze ikorera mu Rwanda, kuri uyu wa Kabiri tariki 25/09/2012.
Umuhanda w’ibirometero 7,5 uhuza u Rwanda n’u Burundi mu karere ka Rusizi wafunguwe ku mugaragaro na minisitiri w’ibikorwaremezo w’Uburundi ari kumwe n’umunyamabanga wa Leta ushinzwe gutwara abantu n’ibintu mu Rwanda kuri uyu wa kabiri tariki 25/09/2012.
Komisiyo y’Igihugu ikorana na UNESCO yatanze inkunga ifite agaciro ka miriyoni 12 z’amafaranga y’u Rwanda kuri za clubs UNESCO 15 kuri uyu wa kabiri tariki 25/09/2012.
Umuryango mpuzamahanga wa gikiristu (Word Vision) ufasha mu kurengera ubuzima bw’umwana, kurwanya ubukene n’akarengane, ntiwishimiye kuba mu Rwanda hari abana bagera kuri 52/1000 bapfa batarageza ku myaka itanu, bitewe n’impamvu zishobora kwirindwa.
Ishami ry’umuryango W’abibumbye ryita ku iterambere ry’abaturage (UNFPA) ritangaza ko kutita ku buzima bw’imyororokere bitera ingaruka nyinshi zirimo impfu z’ababyeyi basaga ibihumbi 800 bapfa babyara buri munsi ku isi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero bufatanyije n’izindi nzego bakomeje igikorwa cyo kwishyuza abantu bambuye amabanki n’ibigo by’imari biciriritse byaba ibikora n’ibitagikora kugira ngo amafaranga asubizwe ba nyirayo.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Singapore atangaza ko igihugu cye cyifuza kongera umubano gifitanye n’u Rwanda kuko basanze u Rwanda ari igihugu kigendera ku mategeko kandi gishishikajwe no kongera ishoramari.
Umubyeyi witwa Uwimana Veronika w’imyaka 38 y’amavuko wari atuye mu mudugudu wa Marabuye, akagari ka Nyakarera mu murenge wa Ruhango mu karere ka Rutsiro yitabye Imana ku wa mbere tariki 24/09/2012 yishwe n’inkuba.
Umuryango wita ku burezi bw’abana, Plan-Rwanda, watangije igikorwa cyo kuzenguruta uturere twose uhamagarira abantu gushyigikira uburezi bw’umwana w’umukobwa bufite ireme biciye mu bukangurambaga bwiswe “Because I am a girl”.
Inkuba yakubise umupasiteri w’itorero ry’Ababatisita witwa Buzizi Joel wo mu murenge wa Kirimbi, mu kagari ka Karengera mu mudugudu wa Nduba, ku gicamunsi cyo kuwa mbere tariki 24/09/2012 maze Imana ikinga ukuboko.
Abanyarwanda barakangurirwa kwitabira ubukerarugendo bwo gusura inyoni maze bakareba amoko atandukanye ndetse bareba n’ibyiza bitatse u Rwanda.
Abadepite 79 bari mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda batangiye umwiherero kuri Muhazi mu Karere ka Rwamagana bagamije kwisuzuma ngo barebe uko basohoje ibyo bari bahize kugeraho.
Ihuriro ry’amashyirahamwe agenzura uko serivisi z’ubuzima zihabwa abaturage mu bigo nderabuzima no mu bitaro mu karere ka Nyamasheke na Rusizi (FASACO) riri guhugura abakangurambaga b’urungano bazarifasha guhugura urubyiruko ruri hagati y’imyaka 14 na 24 ku kurwanya icyorezo cya SIDA n’indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.
Rwanda Military Hospital, tariki 24/09/2012, yatangije igikorwa cyo kuvura abacitse ku icumu bafite uburwayi butandukanye mu karere ka Kirehe ku bufatanye na FARG mu cyumweru cy’ibikorwa byahariwe ingabo (Army week).
Mu nama y’Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye yiga ku buyobozi bugendeye ku mategeko (rule of law) yabaye tariki 24/09/2012, Perezida Kagame yagaragaje ko ubutabera mpuzamahanga bwabaye igikangisho ku bihugu bicyennye aho kuba ubutabera bwunga abanyagihugu n’ubutabera mpuzamahanga.
Kuri uyu wa mbere tariki 24/09/2012, ikigo cy’igihugu cy’itangazamakuru (Orinfor) cyatangije radiyo yitwa Magic FM ije kunganira radiyo Rwanda mu kugera ku nyota y’urubyiruko.
Umuryango SFH (Society for Family Health) uherutse kwegurirwa ibikorwa byakorwaga na PSI, kuri uyu wa 23/09/2012 yatangije ku mugaragaro ibikorwa byayo mu karere ka Ngoma ahari hasanzwe hakorera PSI.
Colonel Samson Mande wahoze mu ngabo za Uganda nyuma akaza guhungira mu gihugu cya Suede, ngo yaba ashaka guhirika ubutegetsi bwa Museveni.
Abarwanyi 200 ba Al-Shabab bishyikikirije ingabo za Afurika Yunze Ubumwe zishinzwe kubungabunga amahoro muri Somaliya (AMISOM) nyuma y’ibitero bikomeye bari bagabweho kuwa gatandatu tariki 22/09/2012.
Nyuma yo kumenya ko ikipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 17 izakina na Botswana mu cyiciro cya kabiri cy’amajonjora yo gushaka itike yo kuzakina igikombe cya Afurika, u Rwanda ruzatangira kwitegura iyo kipe kuri uyu wa gatandatu tariki 29/09/2012.
Kuri uyu wa kabiri tariki 25/09/2012 no ku wa gatatu tariki 26/09/2012 shampiyona y’u Rwanda irakomeza, ikaza kuba igeze ku munsi wa kabiri wayo.
Abahanzikazi b’injyana ya Hip Hop Sandra Miraj na El Poeta babuze umuvandimwe wabo witwaga Umutesi wazize indwara z’ibibyimba mu mutwe.
Imibare itangwa n’abayobozi ku Ntara y’Iburasirazuba iragaragaza ko muri iyo Ntara barengeje miliyoni 172 ku misanzu bari bateganyije gutanga mu kigega AgDF.
Norce Gatarayiha ufite kompanyi ihinga ikanatunganya Macadamia, aragira inama abahinzi bagenzi be bahinga iki gihingwa kudacikanwa n’iki gihe cy’ihinga kuko ariho bakura umusaruro mwinshi.
Urukiko Rukuru rwa Kigali rwashimangiye icyemezo rwari rwafashe cy’uko Pasiteri Jean Uwinkindi akomeza gufungwa by’agatenyo iminsi 30, nyuma y’uko yari yatanze ikirego cy’ubujurire.
Abatuye akarere ka Ngoma ubundi gasanzwe kazwiho kugira ibitoki byinshi, baravuga ko bugarijwe n’izamuka ry’ibiribwa birimo n’ibitoki ririguterwa n’umuyaga waguye ari mwinshi ukonona insina.