Inama yo gusuzuma niba abatoza mu miyoborere (coaches) bakenewe mu nzego z’ibanze, yagaragaje ko mu turere 10 twakorewemo igerageza, utwinshi twageze ku mihigo y’umwaka wa 2011-2012 ku kigero gishimishije; nk’uko ikigo gishinzwe imiyoborere mu Rwanda (RGB) cyabitangaje.
Nizeyimana Evariste uhagarariye abikorera bo mu karere ka Burera arasaba abashoramari bavuka muri ako karere gushora imari yabo mu karere bavukamo kugira ngo bagateze imbere kurusheho kwesa imihigo.
Nyuma y’aho bigaragariye ko imiturire itanoze ari imwe mu mpamvu zatumaga abatuye umurenge wa Butare mu karere ka Rusizi bibasirwa n’ibiza, ubuyobozi bw’uwo murenge bwafashe ingamba zigamije gukemura icyo kibazo, harimo n’iyo kubatuza mu midugudu.
Kuba urwego rw’ubushinjacyaha rudafite ubushobozi buhagije bwo gukora ibizamini by’uwapfuye ngo hamenyekane icyamwishe (autopsie) bibangamira iburanishwa ry’imanza z’ubwicanyi.
Mukeshimana Thomas w’imyaka 38 y’amavuko yatawe muri yombi tariki 26/09/2012 afite inoti z’inkorano za bitanu zihwanye n’amafaranga ibihumbi 65, akaba yari ari kugura ikarita ya terefoni akoresheje inoti ya 5000.
Minisiteri ishinzwe guhangana n’ibiza no gucyura impunzi (MIDIMAR) tariki 27/09/2012 yashyikirije akarere ka Rubavu amabati 4250 afite agaciro ka miliyoni 21 n’ibihumbi 250 yo gusakarira abaturage bimuwe ku musozi wa Rubavu.
Abantu 13 bakomoka mu mirenge itatu yo mu karere ka Rutsiro batawe muri yombi na polisi icunga umutekano mu kiyaga cya Kivu ibashyikiriza ubutabera bazira kuroba mu Kivu kandi byarahagaritswe by’agateganyo no gukoresha imitego y’amafi itemewe.
Abana bane bo mu kagari ka Gakoni mu murenge wa Muganza mu karere ka Rusizi bariwe n’imbwa zo ku gasozi zirindwi zibasanze aho bari gukina na bagenzi babo mu ma saa yina z’amanywa tariki 26/09/2012.
Abanyarwanda Gasigwa Jean Claude na Habiyambere Dieudonne nibo bahura ku mukino wa nyuma wa ITF Money Circuit kuri uyu wa gatanu tariki 28/09/2012 kuri Novotel Umubano Hotel, nyuma yo gusezerera Abanya-Uganda na Botswana.
Amakipe 15 yo hirya no hino ku isi niyo yamaze kwemeza ko azitabira isiganwa ry’amagere rizenguruka u Rwanda ‘Tour du Rwanda’ rizaba kuva tariki 18/11/2012.
Abakobwa bagize ibyago byo guterwa inda bakiri munsi y’imyaka 18 y’amavuko bo mu murenge wa Busasamana mu mujyi wa Nyanza barahamagarira abandi kwirinda ibishuko bakima amatwi ababakururira mu busambanyi.
Abakora imirimo y’ubucuruzi mu mujyi wa Nyamata bavuga ko kubura umuriro cyane cyane nimugoroba bibateza igihombo kuko batabona ababagana kandi ibicuruzwa byabo bikenera gukonjeshwa bikabapfira ubusa.
Umutoza w’ikipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 17, Richard Tardy, yahamagaye abakinnyi 23 bagomba gutangira imyitozo bitegura gukina na Botswana mu guhatanira itike yo kuzakina igikombe cya Afurika.
Abaturage bibumbiye mu nama y’igihugu y’abafite ubumuga mu karere ka Ngororero bishimiye ko akarere kabo katangiye kubatera inkunga izabafasha kugera ku bikorwa biyemeje ahanini bigamije imibereho myiza yabo.
Ubukungu bw’u Rwanda bwiyongereye ku gipimo cya 9.4 ku ijana mu mwaka wa 2011/12 buvuye kuri 7.4 mu mwaka wawubanjirije.
Itsinda ry’Abadepite baturutse mu Burundi bamaze iminsi mu Rwanda, batangajwe n’uburyo u Rwanda rwiyubatse mu myaka micye rumaze ruvuye muri Jenoside kandi Guverinoma n’abaturage bakaba bafatanya mu kwiyubakira igihugu ntawe usiga undi.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yatangaje ko ikibazo cy’intambara ibera mu burasirazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (DRC) kizakemurwa n’Abanyafurika ubwabo, abandi bashaka gutanga umusanzu wabo bakazaza ari inyongera.
Umunyonzi witwa Karimunda Innocent w’imyaka 25 yitabye Imana, abandi bane harimo umwana w’imyaka itanu barakomereka bikomeye mu mpanuka y’igare yabaye tariki 26/09/2012 ahitwa mu Rwamenyo mu Kagali ka Nyakina, Umurenge wa Gashenyi, Akarere ka Gakenke.
Ubushakashatsi bwashyizwe ahagaragara n’abashakashatsi b’Abanyamerika bagize amatsiko yo gukurikirana igisekuruza cy’ubwami muri Koreya bwatanze umwanzuro w’uko abagabo b’inkone barama imyaka 14 kurusha abadasiramuye.
Nyuma yo kubona umusaruro w’imikoranire myiza n’abafatanyabikorwa, Akarere ka Rubavu katangije amahuriro y’abafatanyabikorwa mu mirenge kugira ngo imikoranire iri ku rwego rw’akarere igere no mu mirenge.
Sebagabo Charles n’umugore we Nyiramawombi Esperance bafatiwe ku biro bikuru bishinzwe abinjira n’abasohoka kuwa gatatu tariki 26/09/2012 bashaka kwiyitirira umwana utari uwabo, kugira ngo abone ibyangombwa by’inzira ajye muri Kenya.
Umunyabugeni witwa Adel Abdessemed yakoze igishusho kinini kibutsa umutwe umukinnyi Zinedine Zidane yakubise Marco Materazzi mu gituza ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi wabaye mu mwaka wa 2006.
Akarere ka Karongi gafite umwihariko utaboneka mu tundi turere tw’Intara y’Uurengerazuba, wo kuba mu tugari twose uko ari 88 harimo byibuze koperative imwe y’urubyiruko.
Julian Assange washinze urubuga rwa Wikileaks kabuhariwe mu gutangaza amakuru afatwa nk’amabanga yo mu rwego rwo hejuru (top secrets) yavuganye n’abari ku cyicaro cy’umurango w’abibumbye i New York hakoreshejwe uburyo bwa teleconference.
Umuyobozi mukuru w’itorero ry’igihugu, Rucagu Boniface, aratangaza ko umuco nyarwanda wo kurerera Abanyarwanda mu itorero wari warakuweho n’abakoloni ndetse n’abayobozi babi barangwaga n’imico mibi.
Abanyeshuri biga mu kigo cy’amashuri abanza cya Kabagera giherereye mu murenge wa Gahara mu karere ka Kirehe bahawe inkweto mu rwego rwo kubashimira uburyo bitwaye mu mitsindire yabo.
Umuryango w’ubumwe bw’i Burayi (EU), ishami rikorera mu Rwanda, wasohoye itangazo rivuga utazahagarika inkunga ugenera u Rwanda, ko ahubwo uzakerereza iy’inyongera wari kuzatanga, kugira ngo ikibazo kiri hagati y’u Rwanda na Kongo kibanze gikemuke.
Umuyobozi wa Google, Eric Schmidt, kuwa gatatu yabwiye abanyamakuru ko Apple yokosheje kureka gukoresha amakarita ya Google maps muri telefone za iPhones.
Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda bafite akamenyero ko gutangiza ibikorwa byabo amasengesho nk’uko Kigali Today yabibonye mu mwiherero Abadepite bakoreye i Muhazi ya Rwamagana, ndetse bigashimangirwa n’umunyamabanga mukuru w’Inteko, umutwe w’Abadepite madamu Immaculee Mukarurangwa.
Abagore bari mu nzego z’ubuyobozi mu byiciro bitandukanye mu karere ka Nyamasheke, bagiranye inama n’abagize ihuriro ry’abagore baba mu Nteko Ishinga Amategeko (FFRP) babashishikariza kugira uruhare runini mu kubaka umuryango nyarwanda.
Abantu barindwi bitabye Imana mu mirwano imaze icyumweru hagati y’imitwe ya FDLR na Mai-Mai mu Karere ka Rutshuru mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Imodoka ya sosiyete itwara abagenzi ya KBS yavaga mu Karere ka Musanze yerekeza mu Mujyi wa Kigali, tariki 25/09/2012, yagonze umunyegari ahita yitaba Imana.
Mu ijoro rishyira kuwa gatatu tariki 26 Nzeri 2012 mu mujyi wa Goma hagabwe igitero cyaguyemo umwe mu barinda Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, Joseph Kabila.
Umuyobozi mukuru wa polisi y’igihugu, IGP Emmanuel K. Gasana, yagiranye ibiganiro n’abapolisi bagiye kujya gusimbura bagenzi babo mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Haiti abasaba kuzarangwa n’imyitwarire myiza kandi bakuzuza inshingano zabo nk’abapolisi b’umwuga.
Umwana wo mu gihugu cy’Ubushinwa witwa Yang Jinlong afite imbaraga zidasanzwe kuko ku myaka irindwi gusa abasha guterura se ufite ibiro 90, ndetse akanakurura imodoka ifite uburemere bwa toni 1,85.
Umusore witwa Irakarama Vincent wo mu kagari ka Buguri, umurenge wa Rukoma, yafatanywe inka ahagana ma saa saba z’ijoro rishyira tariki 26/ 9/2012, ayibye nyirasenge witwa Nyiraneza Vestine, ayijyanye kuyigurisha.
AS Kigali yihereranye Rayon Sport iyitsinda ibitego 3-1 mu mukino w’umunsi wa kabiri wa shampiyona wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo ku wa gatatu tariki 26/09/2012 bituma irara ku mwanya wa mbere by’agateganyo.
Minisitiri w’Intebe, Dr Pierre Damien Habumuremyi, yatangaje ko ari byiza ko aho umujyi ugarukira hagira imbibi, kugira ngo n’ibindi bikorwa birimo ubuhinzi n’ubworozi bibone aho bijya.
Bamwe mu baririmbyi bo mu Rwanda bakoresha ikoranabuhanga rya “Auto-tunes” kugira ngo amajwi yabo agororoke kurushaho bigatuma amajwi yo mu ndirimbo zabo zicurangwa ku maradiyo aba ari meza kurusha igihe baba bari kuririmba mu bitaramo by’imbonankubone “live”.
Abadepite umunani b’Abarundi bari mu rugendo-shuri mu Rwanda, kuri uyu wa gatatu tariki 26/09/2012 basuye ikigo cya Mutobo gishinzwe kwakira abitandukanyije n’imitwe yitwaje intwaro mu murenge wa Busogo akarere ka Musanze.
Minisitiri w’Intebe, Dr Pierre Damien Habumuremyi, yasabye inzego z’ubuyobozi bw’ibanze gufatira ibyemezo bikaze abaturage bataritabira gahunda yo gutura mu midugudu, ndetse izo nzego z’ibanze zisabwa kutazongera kwemerera EWSA gutanga amashanyarazi ku bantu badatuye mu midugudu.
Inzego zishinzwe kubungabunga ubuzima mu Rwanda zatangaje ko mu mwaka wa 2015 indwara ya Malariya izaba yaracitse mu Rwanda; nk’uko byatangajwe mu nama nyunguranabitekerezo ku kugabanya Malariya yatangiye i Kigali kuva kuri uyu wa gatatu tariki 26/09/2012.
Umuntu muremure ku isi witwa Sultan Kosen ubu nta gikura, bikaba bibaye nyuma yuko abaganga bamuvuye indwara yatumaga akura bidasanzwe.
Abagore batatu bakubizwe n’inkuba barimo guhinga mu murima mu mudugudu wa Kigarama, akagari ka Kabuye, umurenge wa Nyakarenzo mu ma saa sita z’amanywa tariki 25/09/2012 ariko Imana ikinga akaboko ntihagira upfa.
Ishuri ryisumbuye rizwi ku izina rya “Ecole de Sciences de Gisenyi” ryo mu karere ka Rubavu niryo ryegukanye umwanya wo guhagararira Intara y’Uburengerazuba mu marushanwa yo kwihangira imirimo ku rubyiruko.
Umwanditsi w’umufaransakazi witwa Laure de Vulpian kuwa 25/09/2012 yashyize ahagaragara igitabo yanditse kivuga ku ruhare rw’abasirikare b’u Bufaransa bagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Bamwe mu bagenzi bakoresha umuhanda Musanze-Cyanika barifuza ko sosiyete zitwara abagenzi zagarurwa muri uwo muhanda kuko basigaye babura imodoka zibatwara bagakererwa akazi cyangwa bakarara mu nzira.
Abaturage bo muri Congo bakomeje kwibaza icyo ingabo z’umuryango w’abibumbye zibungabunga amahoro muri icyo gihugu (MONUSCO) zimaze kuko zitabarindira umutekano.
Abahanzi nyarwanda barategura ibitaramo byo gutera inkunga ikigega AgDF Muri uku kwezi k’urubyiruko, abahanzi nyarwanda bafatanyije n’umujyi wa Kigali bateguye ibitaramo mu rwego rwo gutanga inkunga yabo mu kigega Agaciro Development Fund.
Ravi Borgaonkar, impuguke mu bushakashatsi bwa virus za telefone yatangaje ko hari virus ikora nka telekomande ishobora kwinjira muri telefone za Samsung Galaxy igahanagura ibirimo byose.