Abanyekongo bafashwe biba amafi mu Rwanda Abanyekongo 23 bafungiye mu karere ka Rubavu bazira kwambuka imipaka ku buryo butemewe n’amategeko bakajya kuroba amafi mu kiyaga cya Kivu mu gice cy’u Rwanda mu gihe mu Rwanda uburobyi bwahagaze.
Urubyiruko rurasabwa kurwanya ubushomeri ruhanga imirimo rushaka igisubizo cy’ubukene kugira ngo rwiheshe agaciro aho gutega amaboko ibivuye ku bandi.
Mu karere ka Ngororero hamaze iminsi havugwa ubwambuzi bw’abaturage bakorera amabanki n’ibigo by’imari iciriritse, none hiyongeyeho abambura VUP muri gahunda yo gufasha abaturage kwiteza imbere bahabwa inguzanyo.
Florida Niyiragira wo mu mudugudu w’Akabare ka II, akagari ka Rwimishinya, umurenge wa Rukara wo mu karere ka Kayonza, yemeza ko mu icebe ry’ihene ye havuyemo igisiga gihita gipfa.
Umurambo w’umugabo witwa Emmanuel n’uwundi mwana ufite umwaka umwe n’amezi make yatoraguwe mu mugezi wa Nyabarongo mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere tariki 01/10/2012.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga buratangaza ko bugiye kugaragariza inzego zibakuriye ikibazo cy’ubukene bw’abatuye aka karere kugirango zibashe kubibafashamo.
Kimwe n’ahandi hose mu gihugu tariki 29 Nzeri 2012 mu Karere ka Kirehe habaye umuganda ngaruka kwezi wahuje abaturage n’abayobozi ku nzego zitandukanye bakaba baracukuye imirwanyasuri bubaka n’ibyumba by’amashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12.
Akarere ka Rubavu kateganyine amafaranga miliyoni eshatu yo gufasha ababyeyi gukora imishinga bakorera mu Rwanda aho gusiga abana ku mihanda bakajya gushaka imirimo mu mujyi wa Goma.
Uguweneza Josianne w’imyaka 17 afungiye kuri polisi ya Ntongwe mu karere ka Ruhango, guhera tariki 29/09/2012 akekwaho gukuramo inda y’amezi abiri.
Abasore bo mu mirenge itandukanye yo mu karere ka Rusizi bari bamaze imyaka ibiri bahabwa amasomo i Wawa azabafasha mu buzima bwo hanze dore ko batarajyayo bitwaga amazina mabi kubera urumogi n’ubujura byabarangaga.
Nkunzwenimana Jean Baptiste w’imyaka 25 utuye mu mudugudu wa Byimana, akagari ka Rugarama mu murenge wa Kigina afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Kirehe azira gufatwa atetse kanyanga.
Nzabamwita Jean w’imyaka 50 wari utuye mu mudugudu wa Gikoma akagari ka Gako, umurenge wa Ntongwe, yitabye Imana tariki 29/09/2012, aguye mu bitaro bya Nyanza aho yari yagiye kwivuza inkoni yakubiswe n’abana be.
Santere ya Mugu iri mu murenge wa Kagogo, mu karere ka Burera yabaye indiri y’ibiyobyabwenge na forode kuko ituriye umupaka ugabanya u Rwanda na Uganda kandi hakaba nta polisi ihakorera mu buryo buhoraho.
Ngizwenayo Felix w’imyaka 28 ukorera Intersec Security nk’umuzamu yafatanwe intebe yo mu biro yari mu bikoresho ashinzwe kurinda kuri radiyo y’abaturage ya Rusizi ayicyuye iwe kuwa 30/09/2012 saa munani n’igice z’umugoroba.
Prof. Sam Rugege ukuriye Urukiko rw’Ikirenga yemeza ko ubutabera bw’u Rwanda bushishikajwe n’uko abaturage bishimira ibyo bubakorera, kurusha ibyo abanyamahanga batekereza ku Rwanda.
Abayobozi b’umuryango w’ubumwe bw’iburayi (EU) ishami ry’Afurika, batangaje kuri uyu wa mbere tariki 01/10/2012, ko EU ikomeje gutera inkunga u Rwanda, ititaye ku bibazo bya politiki u Rwanda rufitanye na Kongo Kinshasa.
Kigali Today ibazaniye uburyo bwihuse bwo gukurikirana amakuru yo muri buri karere k’u Rwanda.
Akarere ka Rubavu gashima ko ingamba zo kurwanya imirire mibi zafashwe zitanga icyizere ko Bwaki n’indwara zikomoka ku mirire mibi zizashira.
Miliyoni zirenga 70 z’amafaranga y’u Rwanda (amadorali ibihumbi 120) niyo yakusanyijwe n’Abanyarwanda bari mu butumwa bw’amahoro i Darfur muri Sudani mu muhango wabereye El Fasher ku kicaro cya batayo y’Abanyarwanda tariki 28/09/2012.
Mu mukwabu wiswe Operation Hope wabaye tariki 29/09/2012 hafashwe ibiro 120 by’urumogi biri mu dupfunyika 17500 na litiro 20 za kanyanga mu kagari ka Kimisagara, mu murenge wa Kimisagara, mu karere ka Nyarugenge.
Nyuma y’imyaka irindwi abagore murenge wa Byimana mu karere ka Ruhango bakora umwuga wo kuboha agaseke, baravuga ko ubu mu ngo zabo hasigaye harangwa amahoro kuko nta mugore ugisabiriza umugabo ngo namuhe amafaranga y’ihaho.
Abana bane bafite imyaka iri munsi y’ubukure bo mu rugo rwa Mandela Ntazinda na Sifa batawe muri yombi tariki 29/09/2012 bacuruza urumogi basigiwe n’ababyeyi babo. Ababyeyi b’abo bana nabo bafunzwe bazira gucuruza urumogi.
Kutamenya gusoma no kwandika ariko cyane cyane isoni zo gutera igikumwe mu mwanya wo gusinya byatumye Mukandemezo Colette w’imyaka 67 wo mu murenge wa Kamembe mu karere ka Rusizi agana inzira y’ishuri.
Mu gukomeza gushakira abaturage ari nabo bavamo abakiriya babo ubuzima bwiza Banki y’ubucuruzi ya Kenya (KCB) ishami rya Rusizi yatanze utumashini 10 twa glucometres dufasha abarwayi ba diyabete kumenya isukari bafite mu mubiri wabo.
Umutwe ugizwe n’abapolisi 143 b’Abanyarwanda bari basesekaye ku kibuga cy’indege i Kanombe tariki 29/09/2012 bava mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bwo kugarura amahoro mu gihugu cya Haiti, aho bari bamaze amezi icyenda.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru rihuza ibihugo byo muri Afurika y’Iburasirazuba n’iyo hagati (CECAFA) ryashyizeho itariki nterengwa ku bihugu bishaka kwiyandikisha kuzitabira imikino ya CECAFA y’ibihugu izabera muri Uganda kuva tariki 24 Ugushyingo kugeza tariki 9 Ukuboza 2012.
Umuhanzi Mugisha Benjamin uzwi ku izina rya The Ben usigaye abarizwa muri Amerika muri Leta ya Chicago, agiye kumurikira alubumu ye ya kabiri muri Amerika no muri Canada.
Gutsindwa kwa Rayon Sport byayiranze mu ntangiro za shampiyona byakomeje kuyikurikirana ubwo yatsindwaga umukino wa gatatu yikurikiranya na La Jeunesse ku cyumweru tariki 30/09/2012 kuri stade y’i Nyanza.
Nyiranzeyimana Chantal w’imyaka 20 yitabye Imana azize inkuba yamukubise ari kumwe n’abandi 18 ubwo bavaga gusenga ahagana saa saba z’amanwa tariki 30/09/2012 mu murenge wa Nkungu. Abandi bari kumwe bagiye kuvurirwa mu bitaro bya Mibirizi.
Umushinwa wakoraga muri sosiyete ikora umuhanda Nyamasheke-Karongi yitwa “société nationale chinoise des travaux de ponts et chaussées” yagonzwe n’imashini ipakira izindi, mu ma saa kumi n’imwe zo mu gitondo tariki 30/09/2012 yitaba Imana.
Ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda (FERWABA) ryafashe icyemezo cyo gusubika itangira rya shampiyona yagombaga gutangira tariki 29/09/2012 kubera ko hari amakipe yatinze kwiyandikisha.
Ku munsi wa 6 wa shampiyona mu Bwongereza (tariki 29/09/2012), Chelsea yatunguye Arsenal iyisanze iwayo Emirates stadium iyihatsindira ibitego 2-1 ituma Arsenal itakaza ubudahangarwa bwo kudatsndwa (Unbeaten record) yari yaratangiranye shampiyona.
Umubyeyi witwa Eva Ottosson w’imyaka 56 y’amavuko wo mu gihugu cya Sweden yafashe umwanzuro wo kubagwa agakurwamo inda ibyara igaterwa mu mukobwa we witwa Sara w’imyaka 25 ngo abashe kubyara.
Nyuma yo guhingira umukecuru wari uraye ihinga witwa Verediyana Nyirabakunzi mu gikorwa cy’umuganda cyabereye ahitwa i Mubumbano mu Murenge wa Mukura, akarere ka Huye, tariki 29/09/2012, abawitabiriye bashimangiye ko abasheshe akanguhe ni abo guhabwa agaciro.
Ngendahayo Pascal w’imyaka 24 wo mu murenge wa Kamembe akagari ka Ruganda yarakubiswe arakomereka ku munwa tariki 29/09/2012 azira gukekwaho kwiba imifuka ibiri y’umuceri.
Abasheshe akanguhe bo mu karere ka Karongi ngo bafite icyizere ko Leta izashyira mu bikorwa icyifuzo cyabo cy’uko amafaranga y’izabukuru (pension) yagenwa hakurikijwe ibihe tugezemo kubera ko n’ubuzima busigaye buhenze.
Nyuma yo gutsinda AS Kigali igitego 1-0, mu mukino w’umunsi wa gatatu wa shampiyona wabereye kuri stade yo ku Mumena ku wa gatandatu tariki 29/09/2012, Kiyovu Sport yahise ifata umwanya wa mbere by’agateganyo.
Tagisi itwara abagenzi yagonganye na pikapu yari itwawe n’umupadiri mu murenge wa Gihundwe mu karere ka Rusizi ku mugoroba wa tariki 29/09/2012 umuntu umwe arakomereka.
Polisi ikorera mu karere ka Rutsiro icumbikiye abasore bane bo mu karere ka Rubavu bakekwaho kwambura ku ngufu moto uwitwa Tuyisenge Ezechiel bamusanze mu karere ka Rutsiro, bamubwira ko bashaka kuyimugurira.
Ihuriro ry’ abagore bari mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda (FFRP) rikomeje kwamagana ibihuha bivugwa na bamwe babifitemo inyungu zabo cyangwa se badasobanukiwe bagenda bavuga ko hatowe itegeko ryo gukuramo inda.
Visi Perezida w’Inteko Ishingamategeko umutwe w’Abadepite, Kankera Marie Josée, asanga umuganda utagira uruhare gusa mu kubaka igihugu, ahubwo ari n’umuyoboro wo gusabana kw’Abanyarwanda.
Umuholandi Ernest Brandts wahoze atoza ikipe ya APR FC yagizwe umutoza mushya wa Yanga Africans, nyuma y’ibibaganiro yari amaze iminsi agirana n’iyo kipe. Akaba yasinye amasezerano y’umwaka umwe.
Sebikamiro Amos wari Pasteur mu itorero ry’ivugabutumwa mu Rwanda akaba n’umucungamutungo (intendant) mu Groupe Scolaire ya Gasetsa iri mu murenge wa Remera, akarere ka Ngoma yapfuye yiyahuye ku mugoroba wo kuwa 26/09/2012.
Mu gikorwa cy’umuganda rusange wabaye kuwa gatandatu tariki 29/09/2012, Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) yashyikirije akarere ka Nyanza igihembo cy’uko kabaye indashyikirwa mu kwita ku bikorwa by’umuganda w’abaturage.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Agnes Kalibata, ari mu bayobozi bashyikirijwe ibihembo n’Ihuriro Nyafrica Riteza Imbere Ibidukikije (African Green Revolution Forum) ku mugoroba wa tariki 28/09/2012 kubera uruhare mu kuzamura ubukungu bushingiye ku buhinzi muri Afurika.
Abaturage batuye ikirwa cya Mazane kiri mu kiyaga cya Rweru bahawe ubwato bugezweho kugirango bujye butwara ababyeyi kwa muganga kuko bahuraga n’ikibazo cyo kwambuka amazi bajya kwivuriza ku kigonderabuzima cya Nzangwa giherereye mu birometero nka 12.
Rayon Sport iranyomoza amakuru avuga ko yaba ishaka kwirukana abatoza bayo, barimo Umutoza wungirije witwa Abdoul Mbarushimana, batangiye Shampiyona nabi batsinde, cyane cyane umukino uheruka iyi kipe yatsinzwe na AS Kigali bikarakaza abafana cyane.
Minisitiri w’intebe, Dr. Pierre Damien Habumuremyi, yatangije igihembwe cy’ihingwa A mu karere ka Rubavu, yifatanya n’abaturage mu gikorwa cy’umuganda ngaruka kwezi cyakorewe k’umugezi wa Sebeya wangiriza abaturage ukanahitana ubuzima bwabo uko imvura iguye.
Abavuzi gakondo mu karere ka Huye bategetswe kujya bacuruza imiti bikoreye bakarea gukoresha iva hanze, nyuma y’uko hari amaduka yagiye agaragara ko acuruza iyo miti ariko agahita afungirwa.