Minisitiri w’intebe, Dr Habumuremyi Pierre Damien, arasaba abashinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro kubwitaho kuko bimaze kugaragara ko buri henshi kandi bukaba bwagirira abaturage n’igihugu akamaro.
Umuyobozi wa IBUKA mu karere ka Kayonza, Munyabuhoro Ignace Camarade, avuga ko hari imibiri y’Abatutsi bazize Jenoside yajugunywe mu myobo yacukurwagamo gasegereti mbere ya Jenoside, ubu bikaba byarananiranye kuyikuramo.
Binyuze muri gahunda yihariye yo guteza imbere umwarimu no kuzamura imibereho ye, amafaranga yagenerwaga ikigega Umwalimu-SACCO, uyu mwaka yashizwe miliyari eshanu avuye kuri miliyoni 500 iki kigega cyabonaga buri mwaka.
Nyirabazungu Fortunée w’imyaka 34 wari utuye mu kagari ka Bahuro, umurenge wa Ruhango akarere ka Ruhango, bamusanze mu nzu ye yitabye Imana tariki 31/10/2012 ariko kugeza ubu abamwishe ntibaramenyekana.
Impugucye mu by’ubukungu ku mugabane w’Afurika ziteraniye mu Rwanda ziragaragaza ko umugabane w’Afurika wagombye kugabanya inkunga ugenerwa n’ibihugu byateye imbere ahubwo ugatangira kubyaza umusaruro amahirwe ufite mu kongera ubukungu binyuze mu banyagihugu.
Abantu 20 batuye mu gice cy’icyaro cyo mu majyaruguru y’igihugu cya Nigeria bishwe n’abantu bitwaje intwaro bikekwa ko ari abo mu mutwe wa Boko Haram mu rukerera rwa tariki 30/10/2012.
Ku nshuro ya mbere mu Rwanda hagiye kuba irushanwa ryo gutora aberekana imideli ba mbere (Premier Models) mu bakobwa n’abahungu ku rwego rw’igihugu mu marushanwa yiswe “Rwandan Premier Models Competition 1st edition”.
Kuri uyu wa kane tariki 01/11/2012, Minisitiri wa Siporo n’umuco, Protais Mitali n’umuyobozi w’ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda FERWACY Aimable Bayingana barasura abakinnyi b’ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare, aho bari mu myitozo i Musanze bitegura kwerekeza mu isiganwa rizabera Ouagadougou muri Burkina Faso.
Mutabazi Celestin wo mu murenge wa Kazo ushijwa gutemagura abana be babiri tariki 19/10/2012 umwe agahita yitaba Imana undi akajyanwa mu bitaro bikuru bya CHUK, ubwo yageraga mu rukiko yemeye icyaha.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Kabahizi Celestin arasaba abaturage batuye akarere ka Nyamasheke gukoresha neza ubutaka bwabo baburinda isuri kuko ari bwo butunzi fatizo bwabageza ku iterambere rirambye.
Dukuzumuremyi Viateur, nyiri studiyo Panorama ikorera mu mujyi wa Gakenke, atangaza ko studiyo ye yamufashije kubaka inzu y’ubucuruzi ifite agaciro ka miliyoni 30 z’amafaranga y’u Rwanda.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro bwasezeranyije imiryango 101 yabanaga mu buryo butemewe n’amategeko ku wa gatatu tariki 31/10/2012.
Polisi y’igihugu yataye muri yombi mu bihe bitandukanye abantu bane bakomoka mu turere dutandukanye mu gihugu mu mukwabu wo guhashya ibiyobyabwenge wabaye tariki 01/11/2012.
Mu banyeshuri 151 ba Institut Superieur Pédagogique de Gitwe bari banze gukora ikizami cya Leta, abagera kuri 50 baje gusa imbabazi ngo bapfe gukora ibizami bisigaye, ariko ubuyobozi bubabwira ko batabifitiye ubushobozi.
Umwarimu witwa Nexon wo mu murenge wa Nkombo mu karere ka Rusizi arashinjwa gutera inda abanyeshuri babiri yigishaga isomo ry’amateka ku rwunge rw’amashuri rwa Bugumira.
Ku gicamunsi cya tariki 31/10/2012 imodoka ya sosiyete y’itumanaho ya TIGO yakoze impanuka mu muhanda uva ku karere ka Nyamasheke werekeza ahitwa ku Buhinga, hafi y’ibiro by’umurenge wa Bushekeri ariko nta wahasize ubuzima.
Inama y’abaminisitiri yabaye taliki 31/10/2012 yifatanyije n’Abanyarwanda babuze ababo mu turere twa Kicukiro, Rusizi, Rubavu na Rutsiro kubera ibiza byabibasiye bitewe n’imvura yaguye taliki 30/10/2012.
Uwahoze ari Perezida wa Nigeria, Olusegun Obasanjo akaba yarabaye n’umuhuza hagati ya CNDP hamwe na Leta ya Congo muri 2009 avuga ko iyo imyanzuro yafashwe mu mishyikirano yahuje impande zombi ishyirwa mu bikorwa nta ntambara iba iri muri Congo.
Minisiteri ishinzwe umuryango w’ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba ( MINEAC) igiye kurushaho kuyimenyesha abakiri bato ihereye mu bigo by’amashuli yisumbuye 60 azwiho kuba ari indashyikirwa kurusha ayandi mu Rwanda.
Umuryango wa Birabura Jean Marie Vianney ugizwe n’abantu 10, wari utuye ahitwa ku Kinamba mu kagari k’Amahoro mu murenge wa Muhima, ubu nta hantu ufite ucumbika nyuma yo kugwirwa n’inzu bitewe n’imvura yaguye mu ijoro ryo kuwa kabiri tariki 30/10/2012.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aime, arasaba abatuye umurenge wa Gacaca mu karere ka Musanze gushyira imbaraga nyinshi mu kurwanya isuri nk’uko bazishyize mu kurwanya ubukene.
Habonetse imirambo y’abantu batatu bishwe n’imvura yaguye mu karere ka Rusizi ku mugoroba wa tariki 30/10/2012.
Umuyobozi w’akarere ka Ngoma, Nambaje Aphrodise, aratangaza ko kuba umujyi wa Ngoma uri mu mijyi ikiri inyuma mu majyambere biterwa nuko abayituye bakiziritswe n’imyumvire ya kera ndetse bakaba bataritabira gukoresha inguzanyo z’ibigo by’imari ku buryo bushimishije.
Kuwa gatandatu tariki 03/11/2012 itsinda Urban Boys rizataramira abakunzi babo kuri Sky Hotel naho ku cyumweru tariki 04/11/2012 bakazaba bari kuri Top Chef Nyabugogo. Iri tsinda rizaririmba indirimbo zakunzwe cyane nka Sipiriyani, Take it off, Gira icyo uvuga n’izindi nyinshi.
Abaturage bo mu murenge wa Musange mu karere ka Nyamagabe bamaze umwaka bari mu kizima nyuma y’uko urugomero bari barikoreye bafatanyije n’ishuri ryisumbuye rya Musange rwangiritse.
Ubwato Perezida Kagame yahaye abo ku Nkombo bumaze kujya mu myenda isaga miliyoni z’amafaranga y’u Rwanda kubera imicungire mibi.
Umugabo witwa Nzabahungirahe Germain utuye mu Kagali ka Buheta, Umurenge wa Gakenke mu Karere ka Gakenke amaze imyaka 19 arwaye indwara yo kubyimba ukuguru kuva ku kirenge kugeza aho gatereye.
Niyihaba Thomas wari usanzwe ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Rugabano ubu ni we Munyamabanga Nshingwabikorwa mushya w’umurenge wa Murambi mu karere ka Karongi.
Adrien Niyonshuti, Abraham Ruhumuriza, Hadi Janvier na Biziyaremye Joseph ni bo banyarwanda bazahagararira igihugu muri shampiyona nyafurika yo gusiganwa ku magare (Tour de Faso) izaba mu kwezi kwa 11 muri Burkinafaso.
Anastase w’imyaka 20 yatawe muri yombi kubera gufata ku ngufu umwana w’umukobwa w’imyaka 14 y’amavuko wiga mu ishuri ry’abakobwa rya Ruli mu murenge wa Syogwe mu karere ka Muhanga.
Nyuma y’uko Tuyizere Anthere yishwe n’abantu bataramenyekana naho Nyandwi Joseph agakubitwa ifuni ariko we akarusimbuka, ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi n’inzego za polisi zasuye umurenge wa Mahembe tariki 30/10/2012 abo bagabo batuyemo abaturage bashishikarizwa gukaza ingamba z’umutekano.
Ntawizera Leonce utuye mu kagari ka Shengamuri, umurenge wa Masoro mu karere ka Rulindo yafatiwe i Kigali tariki 28/10/2012 ahetse ibiro 65 bya gasegereti kuri moto.
Nsanzimana Albert, umukozi w’akarere ka Gakenke yatangiye ubushakashatsi bwo gukora ifumbire ivuye mu mwanda uva mu misarane ya Eco-San. Iyo myanda ngo ibyara ifumbire nziza iri ku rwego rw’ifumbire mvaruganda kuko iyo uyishyize ku myaka ikura neza.
Amashyirahamwe abiri yita ku burenganzira bwa muntu akorera muri Afurika y’Epfo ariyo Southern Africa Litigation Centre (SALC) na Consortium for Refugees and Migrants Rights South Africa (CoRMSA) arasaba Leta y’icyo gihugu gusubira ku cyemezo yafashe cyo guha ubuhunzi Kayumba Nyamwasa.
Imvura yaguye mu ijoro rishyira tariki 31/10/2012 yahitanye abantu 13 ndetse inangiza ibintu byinshi mu turere twa Rubavu na Rusizi two mu ntara y’Uburengerazuba.
Umugabo witwa Gilberto Valle w’imyaka 28 y’amavuko wari usanzwe ari umupolisi mu mujyi wa New York muri Amerika yatawe muri yombi ateguraga umugambi mubisha wo kuzahotora abagore basaga 100 yarangiza akabarya abatetse mu nkono.
Umukobwa ufite inkomoko mu Rwanda wigeze kuba Nyampinga w’u Bufaransa mu mwaka wa 2000, Sonia Rolland ubu akaba ari umukinnyi w’amafilime akanerekana imideri yatangaje ko yiteguye kuza mu Rwanda vuba.
Nyuma y’aho uwatozaga ikipe y’igihugu y’abagabo n’abagore mu byiciro bitandukanye bya basketball, Nenad Amanovc, yirukaniwe ako kazi kagiye guhabwa abatoza b’abanyarwanda by’agateganyo mu gihe hagishakishwa umutoza w’igihe kirambye.
Gukorera muri koperative bituma abahinzi bahuza imbaraga, bakanagirana inama zo kongera umusaruro, bagahangana n’ihindagurika ry’ibiciro, bityo bakabasha kugaburira abatuye isi.
Inzuki z’ikigo cy’ishuli ryisumbuye rya Groupe Scolaire Kavumu Musulman riri mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza zashotowe zirya ihene ya Mukarukasi uturiye iryo shuli hanyuma atabaye ziyivaho nawe ziramurya apfa ageze ku ivuriro.
Gakuba Vincent w’imyaka 45 yitabye Imana ku mugoroba wa tariki 29/10/2012 agonzwe n’imodoka ya sosiyete Impala Business Class ifite pulake RAC 695 C mu karere ka Ruhango.
Nyuma y’iminsi mike Chris Brown ashwanye na Karrueche yasanze agomba kumufasha uko ashoboye kose niko kumuha akazi ko kujya amwambika.
Urusengero rwa ADEPR Nyagatovu ruri mu murenge wa Mukarange mu karere ka Kayonza rwashenywe n’inkubi y’umuyaga wazanye n’imvura yaguye tariki 27/10/2012.
Ubwo yatangizaga inama yiga ku bukungu bw’Afurika iri kubera i Kigali kuva tariki 30/10/2012, Perezida Kagame yongeye kugaragaza ko Abanyafurika aribo bagomba kugena iterambere n’imibereho yabo kurusha uko bayitegereza ku bihugu byateye imbere.
Uyu mubyeyi yitwa Marie Goretti Mukarugambwa, avuga ko arwaye indwara y’Impyiko zose zamaze kwangirika, ku buryo umumaro zakoraga usigaye ukorwa n’imashini z’aho arwariye ku bitaro byitiriwe Umwami Faycal ku Kacyiru.
Abakuriye amasosiyete acukura akanacuruza amabuye y’agaciro mu Rwanda (RMIF), baremeza ko rufite amabuye y’agaciro menshi kandi meza, bitandukanye n’abavuga ko rucuruza amabuye ava hanze yarwo.
Uruhande rushyigikiye Umukuru w’ishyaka FDU-Inkingi ritaremerwa mu Rwanda, Ingabire Victoire Umuhoza, wakatiwe imyaka umunani n’Urukiko Rukuru rwa Repubulika adahari, kuri uyu wa Kabiri tariki 30/10/2012, biyemeje kuzajurira icyo cyemezo.
Uruganda rutunganya icyayi rwa Mulindi, ruherereye ahitwa ku Mulindi wa Byumba mu karere ka Gicumbi, rukenera inkwi nyinshi kugira ngo rushobore gutunganya imirimo yarwo, rutuma aka karere kaza mu turere dukunda guhura n’ikibazo k’inkwi.
Umukinnyi Kabange Twite wari umaze iminsi nta kipe afite nyuma yo kutongererwa amasezerano mu ikipe ya APR FC, kuri ubu arashakishwa n’ikipe ya Yanga African.