Mu gihe abitabiriye Rwanda Day i Toronto muri Kanada bategereje kwakira Perezida wa Repubulika Paul Kagame ngo baganire ku buryo bwihariye kandi burambuye, Kigali Today yabatereyeyo imboni...
Inzobere z’Abashinwa b’abaganga basuye ibitaro bya Kinihira biri mu karere ka Rulindo tariki 27/9/2013 babitera inkunga irimo ibikoresho bya mudasobwa n’ imiti ikoreshwa mu buvuzi bw’amenyo.
Ikiraro gihuza akarere ka Rusizi n’umujyi wa Bukavu bigaragara ko cyari kimaze gusaza cyateje imbogamizi kuko nta modoka ipakiye imizigo iri kuhanyura kubera ko ibyuma byari bigifashe byacitse kubera gusaza.
Abahoze ari abarwanyi b’umutwe wa FDLR bemeye gufata ingamba zo kuva muri uwo mutwe baratangaza ko ngo baruhutse imirimo y’agahato FDLR yari imaze igihe ibakoresha, kuko ngo bakoraga bakaruha cyane kandi ngo ntibabone inyungu z’imirimo bakoze.
Bamwe mu bitabiriye ibirori by’umunsi bita Rwanda Day ubera muri Kanada mu mujyi wa Toronto baravuga ko ikibahagurutsa bakava mu mirimo yabo bakitabira uwo munsi ari ishyaka ryo guhura n’abitabira ibyo birori bose ngo baganire ku iterambere ridashidikanywaho u Rwanda rugezeho kandi bafate ingamba zo gukomeza guteza u Rwanda (…)
Mu mukwabo wakozwe na Polisi ishami rya Ruhango mu ijoro rya tariki 27/09/2013, hafashwe imodoka 12 na mato imwe, kubera amakosa atandukanye.
Abanyeshuri baturutse hirya no hino mu gihugu bari kurushwana mu biganiro mpaka batemberejwe ishuri ry’imyuga rya IPRC rya Kicukiro, aho basobanuriwe ibikorerwamo n’uburyo imirimo ijyanye n’ubumenyi ngiro bishobora guhindura ubuzima bwabo.
Mu mihigo 68 y’uyu mwaka akarere ka Nyarugenge kamurikiye abafatanyabikorwa kuri uyu wa gatanu tariki 27/9/2013, harimo kongera ibikorwa by’ubukungu, kwisuzuma mu miyoborere myiza ndetse na gahunda zitandukanye mu mibereho myiza, zirimo iyo kuremera abantu bo mu mujyi igishoro, yiswe gir’ubucuruzi.
Umwana w’amezi icyenda yitabye Imana abandi umunani barakomereka bazize impanuka yatewe n’ikamyo yarenze umuhanda ikinjira mu nzu iri mu kagari ka Gatarama mu murenge wa Kigina ho mu karere ka Kirehe.
Ku munsi wa mbere wa shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda 2013/2014 itangira kuri uyu wa gatandatu tariki 28/9/201, Rayon Sport yatwaye igikombe cya shampiyona giheruka, irakina na Gicumbi FC ikipe yazamutse mu cyiziro cya mbere muri uyu mwaka, umukino ubera kuri Stade Amahoro i Remera kuva saa cyenda n’igice.
Abagore 8000 bo muri Nigeriya bibumbiye mu ishyirahamwe “Zamafara” bigabije imihanda tariki 26/09/2013 mu rwego rwo kugaragariza Leta bafite ikibazo cyo kutagira abagabo.
Imvura idasanzwe yaguye mu mu murenge wa Rubaya mu karere ka Gicumbi tariki 27/09/2013 saa kumi nimwe z’umugoroba yasenye urusengero rwa EAR irarusakambura.
Bamwe mu bakozi bakoze ku nzu y’ubucuruzi ya Koperative Ubumwe Bwishyura iri mu mujyi wa Karongi baravuga ko bamaze imyaka ibili bishyuza amafaranga bakoreye ariko ubuyobozi bwa Koperative ngo ntibushaka kubishyura.
Mu gihe mu mujyi wa Toronto muri Kanada hasigaye amasaha make ngo hatangire imihango y’umunsi wa Rwanda Day, abari muri uwo mujyi ngo batangiye kubona byinshi biri guhindura uwo mujyi nk’agace Nyarwanda.
Kuri uyu wa gatanu tariki 27/09/2013, u Rwanda rwifatanije n’isi yose kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’ubukerarugendo ufite insanganyamatsiko igira iti “Ubukerarugendo n’amazi: Tubungabunge umurage rusange”. Uyu muhango wabereye mu marembo ya Pariki y’igihugu ya Nyungwe mu murenge wa Bushekeri mu karere ka Nyamasheke.
Umuryango nyarwanda uharanira iterambere n’imibereho myiza (Imbuto Foundation) uraburira urubyiruko kutishora mu mibonano mpuzabitsina cyane cyane idakingiye, ituma ubwandu bwa SIDA n’izindi ndwara bikwirakwizwa, ndetse no gutwara inda zitifuzwa biri ku kigero giteye inkeke.
Umuyaga uvanze n’imvura wagurukanye igisenge cy’ibyumba bitandatu by’amashuri ku ishuri ribanza rya Rukara Protestant mu murenge wa Rukara wo mu karere ka Kayonza tariki 26/09/2013. Icyo gisenge cyagurutse abana bari ku ishuri, abagera kuri 17 n’umwarimu umwe bahita bakomereka.
Ishuri ryigisha ibijyanye n’amahoteli n’ubukerarugendo (RTUC) yateguye inama izahuza ibigo na za kaminuza byose bifite gahunda yo gutegura abanyeshuri byigisha kwihangira imirimo, mu rwego rwo kubasangiza ibyo bagezeho nabo byababera urugero bakabikorera mu bigo byabo.
Ishuri ribanza rya Kawangire Protestant n’irya GS Kawangire Catholique riri muri gahunda y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12 yo mu kagari ka Kawangire mu murenge wa Rukara wo mu karere ka Kayonza, yibwe ibikoresho n’amafaranga mu ijoro rishyira tariki 27/09/2013.
Muri Miliyoni 521 akarere ka Rubavu kari kiyemeje gutanga mu kigega Agaciro Development Fund, ubu kamaze gutanga asaga miliyoni 360 angana na 70%.
Bamwe mu bantu b’ingeri zinyuranye batuye mu Rwanda barasaba abazitabira Rwanda Day izabera i Toronto muri Canada tariki 28/09/2013 kuzababwirira abanyarwanda baba ku mugabane w’u Burayi ko mu gihugu cyabo ari amahoro.
Mu nama yamuhuje n’abafasha b’abaperezida ba Africa ndetse n’imiryango itandukanye, yateguwe n’umuryango George W Bush Institute na World Vision, Madame Jeannette Kagame yavuze ko u Rwanda rutazazuyaza mu gushyigikira impinduka zose ziruteza imbere.
Amatora y’abayobozi b’Urwego rwo kwigenzura kw’abanyamakuru (media self-regulation body) yabaye kuri uyu wa kane tariki 26/9/2013, aho Fred Muvunyi, Cleophace Barore na Ntirenganya Emma Claudine batsindiye kuyobora urwo rwego, nta nenge n’imwe abanyamakuru baganiriye na Kigali Today bayavuzeho.
Umuryango Mpuzamahanga Handicap International ukorera mu karere ka Nyamasheke, uri mu gikorwa cyo guhugura abayobozi n’abashinzwe imyifatire mu bigo by’amashuri abanza n’ayisumbuye ku buryo bakwimakaza uburezi budaheza kuri bose.
Mu rwego rwo kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe ubukerarugendo, tariki 26/09/2013 hafunguwe ishuri rikuru ryigisha ibijyanye no kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima no kurengera ibidukikije (KCCEM) mu karere ka Nyamagabe.
Ubwo Abanyarwanda 24 bageraga ku mupaka wa Rusizi ya 1 tariki 26/09/2013 bavuye muri Congo bishimiye kongera kugera mu gihugu cyabo ndetse bavuga ko bumva bongeye kugira agaciro nk’ak’Umunyarwanda.
Abaturage bo mu mudugudu wa Nyarubuye akagari Gacurabwenge umurenge wa Busasamana bavuga ko barembejwe n’ubujura bw’amatungo bukorerwa mu kibaya baturiye gihuza u Rwanda na Congo.
Umuyobozi w’ikigo CCSME (Competence Center For Small And Medium Enterprises) kigisha imishinga iciritse mu karere ka Rubavu yahuye n’abaturage bamushinja kubambura amafaranga no kubahemukira abasobanurira uko ikibazo kimeze.
Hakizimana Jean Pierre wari wagwiriwe n’ikirombe cy’amabuye y’agaciro i Rwinkwavu tariki 24/09/2013 yakivanywemo nyuma y’umunsi umwe yashizemo umwuka.
Umukecuru witwa Roza Nishyirembere utuye mu Murenge wa Ruhashya ho mu Karere ka Huye, avuga ko ababyeyi bose bakwiye kujyana abana babo mu ishuri, kuko ngo uwize hari byinshi yunguka abatarabashije kwiga bapfa batamenye.
Ubwo yatangizaga igihembwe cy’ihinga cya 2014 A, Ministre w’umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba, Muhongayire Jacqueline, yasabye abatuye akarere ka Bugesera kongera umusaruro kugira ngo babashe guhaza isoko ry’uwo muryango ryamaze kwaguka.
Umubare w’abanyeshuri bari mu byiciro by’ubudehe bemerewe inguzanyo zo kwiga kaminuza warongewe ugera ku 13298 bavuye ku 6020, nyuma y’uko bamwe mu banyeshuri n’ababyeyi babo bagaragarije ko batishimiye imibare yari yatanzwe mbere.
Abanyeshuri 46 bo mu kigo cy’amashuri cya GS. Kibungo A bafungurijwe konti zahawe izina rya “Mbikira” mu kigo cy’imari iciriritse RIM Ltd ikaba igamije ko abana bose bari munsi y’imyaka 21 bafungurizwa konti maze bagatangira kuzigamirwa.
Ubuyobozi bw’Ishyirahamwe ry’imikino y’abamugaye mu Rwanda (NPC-Rwanda), buratangaza ko kugeza ubu batarabona amafaranga angana na miliyoni 50 akenewe ngo bakire neza igikombe cy’isi cy’umukino wa ‘Sitting Volleyball’ kigomba kubera i Kigali kuva tariki ya 11-13/10/2013.
Abayobozi b’utugali ndetse n’abashinzwe imibereho myiza mu tugali twose tugize akarere ka Ngoma bahawe amagare mu rwego rwo kwishimira ko akarere ka Ngoma kabonye amanota meza mu mihigo ishize y’umwaka wa 2012-2013.
Umuyobozi w’akarere ka Burera arasaba abahinzi n’aborozi bo mu ako karere kwikuramo ipfunwe ryo kumva ko bari inyuma y’abandi bantu nyamara aribo bafite agaciro gakomeye mu mibereho y’abantu.
Nyuma yo kwizezwa kwishyurwa imyaka yabo yangijwe hatunganywa imihanda muri quartier ya Gihorobwa mu mujyi wa Nyagatare, abaturage bavuga ko iki gikorwa cyatinze mu gihe akarere kari katangaje ko bazishyurwa ku mafaranga y’ingengo y’imari ya 2013-2014.
Umuyobozi w’akarere ka Karongi, Kayumba Bernard, aremeza ko gutera imbere k’umurenge wa Murambi ari ko gutera imbere kw’akarere kose. Yabitangaje tariki 25-09-2013 ubwo abantu bakuze 220 bo muri uwo murenge bahabwaga inyemezabumenyi yo gusoma, kwandika no kubara.
Itsinda ry’ingabo zavuye mu bihugu bya ICGLR rishinzwe kugenzura imipaka y’u Rwanda na Congo ryongeye kwemeza ko undi musirikare wa Congo yinjiye ku butaka bw’u Rwanda binyuranyije n’amategeko kandi yasubijwe igihugu cye.
Abana b’abakobwa babiri bageze mu Karere ka Gakenke ku cyumweru tariki 22/09/2013 bashaka kujya mu Ntara y’Iburasizuba (Umutara) ariko bagira ikibazo cy’urugendo rw’amaguru.
Uyu ni umwanya wanyu wo kugira icyo muvuga kuri RWANDA DAY. Mushobora gukoresha aha habugenewe gutanga ibitekerezo cyangwa kubaza ibibazo kuri RWANDA DAY. Turabashimiye.
Abahinzi bahinga mu gishanga cya Rugeramigozi mu karere ka Muhanga bibumbiye muri koperative KIABR, barashinja uruganda rw’umuceri rwa Gafunzo Rice rwo mu karere ka Ruhango kubariganya ibyabo.
Banki y’Abarabu ishinzwe iterambere muri Afurika (BADEA) yahaye Leta y’u Rwanda inguzanyo y’igihe kirekire (ifatwa nk’inkunga) ya miliyoni 10 z’amadolari y’Amerika, agenewe gusana umuhanda Huye-Kitabi.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere ry’ubwikorezi (Rwanda Transport Development Agency “RTDA”) kirasabwa kwishyura indishyi z’akababaro zingana n’amafaranga miliyali 3 na miliyoni 5 kubera igihombo cyateje Entrerprise de construction Sebulikoko.
Abahanzi ba byendagusetsa bagize itsinda rya Comedy Knight, kuri uyu wa gatandatu tariki 28.9.2013 barataramira abakunzi babo muri Kigali City Tower guhera saa moya za nijoro aho kwinjira bizaba ari amafaranga 5000.
Umupolisi witwa Willy Seruwagi ukomoka mu Karere ka Luweero muri Uganda tariki 23/09/2013 yitabye Imana nyuma yo kugwa igihumure kubera ko ikipe ya Manchester United yafanaga yatsinzwe na Manchester City ibitego 4-1.
Nyuma yo kunyagirwa na Manchester City ibitego 4-1 muri shampiyona, Manchester United yikosoye ubwo yatsindaga Liverpool igitego 1-0 mu mukino wa Capital one Cup kuri uyu wa gatatu tariki 25/09/2013.
Umutoza w’ikipe ya AS Kigali y’abagore, akaba anakunze kuba umutoza wungirije mu ikipe y’u Rwanda y’abagore, asanga u Rwanda rushobora kuzasezerera Kenya, ubwo amakipe yombi azahura mu majonjora yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika cyo muri 2014.
Mu namarusange ya 68 y’Umuryango w’Abibumbye yateranye i New York tariki 25/09/2013, Perezida Paul Kagame yavuze ko hari ibyakozwe ibihugu bigira aho biva n’aho bigera ariko ngo haracyari ibindi bikenewe gukorwa kugira ngo imigambi y’iterambere y’ikinyagihumbi (MDGs) igerweho.