Ubushakashatsi bwakozwe na Minisiteri y’ubuzima mu mwaka wa 2009 bwerekanye ko nibura mu Rwanda abagore n’abakobwa bagera ku bihumbi 60 bahura n’ikibazo cyo gukuramo inda buri mwaka.
Abahagarariye abacukuzi b’amabuye mu Ntara y’Uburengerazuba baratangaza ko ubucukuzi bw’amabuye mu Rwanda bufite intego yo kuzinjiza miliyoni 400 z’amadolari y’Amerika mu mwaka wa 2017.
Nyuma yo kuganira n’imwe mu miryango irwaje bwaki yo mu murenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro agasanga benshi muri bo bataragerwaho na gahunda ya girinka, senateri Sindikubwabo Jean Nepo yasabye ubuyobozi bw’inzego z’ibanze kujya bazirikana iyo miryango kugira ngo ibashe kubona amata ndetse n’ifumbire.
Minisiteri ifite gucunga ibiza no gucyura impunzi mu nshingano zayo (MIDMAR), yeteguye amahurwa mu turere twose tw’igihugu mu rwego rwo kwigisha ibiza, ikibitera n’uburyo byakwirindwa.
Abagize inama y’igihugu y’abagore mu karere ka Nyamagabe batangiye inteko rusange y’iminsi ibiri aho baganira uburyo kwihangira imirimo byabafasha muri gahunda yo KWIGIRA bemeza ko ariyo yakemura byinshi mu bibazo abagore bahura nabyo.
Abagore batandatu n’abana 14 bageze mu nkambi ya Nyagatare iri mu karere ka Rusizi tariki 27/12/2012, bavuye muri Repuburika iharanira demokarasi ya Congo. Batangaje ko bishimiye kongera kugera mu gihugu cyababyaye bavuga ko baje kugikiza bakoresheje amaboko yabo.
Imikwabu yo gufata inzererezi mu mujyi wa Ngoma iragenda igabanya ibyaha by’ubujura bw’ibikoresho byo mungo bwari bwibasiye uyu mujyi; nk’uko bitangazwa n’umuyobozi w’akarere ka Ngoma, Nambaje Aphrodise.
Turimwe Vincent w’imyaka 18 na Muhoza Claude w’imyaka 17 batawe muri yombi na polisi tariki 25/12/2012 bakekwaho kwiba ibikoresho bitandukanye mu bubiko bya Sosiyete Winning Star ikorera mu Kagali k’Ubumwe, Umurenge wa Kimihurura, Akarere ka Gasabo.
Abakora umwuga w’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro barasabwa kugira gahunda bagenderaho kugira ngo umurimo bakora utange umusaruro kandi uheshe agaciro abawukora.
Ndekezi Ephrem w’imyaka 65 n’umugore we Uzamushaka Berthe w’imyaka 58 bo mu murenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke barwariye ku Bitaro bya Kibogora nyuma yo gukubitwa n’inkuba kuri Noheri, tariki 25/12/2012.
Polisi ishinzwe kurwanya magendu yafashe amakarito 30 ya divayi itukura (red wine) ya magendu yari atwawe n’imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Prado saa 05h30 tariki 26/12/2012 iyavanye ku mupaka wa Rusizi ya mbere iyajyanye i Kigali.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe bwagiranye inama nyunguranabitekerezo n’abikorera bo muri aka karere, mu rwego rwo kubereka ibikorwa bitandukanye biri mu karere bashobora kuba bashoramo imari yabo mu rwego rwo kugira uruhare mu guteza imbere umujyi wa Nyamagabe.
Abakozi ba sosiyete y’itumanaho ya Airtel bagiranye ubushyamirane ubwo bazaga gucururiza mu karere ka Nyamagabe, tariki 26/12/2012, ndetse n’abaturage ba Nyamagabe babashinja kuba barabatetseho imitwe bakabagurisha simukadi (simcard) nyinshi ngo bazatombora bagategereza bagaheba.
Ibisasu bibiri byo mu bwoko bwa gerenade byatoraguwe ahakorwa umuhanda wa kaburimbo mu mudugudu waButangata, akagari ka Nyarusange mu murenge wa Bushekeri wo mu karere ka Nyamasheke tariki 26/12/2012.
Umukobwa witwa Melissa Nelson wakoraga mu bitaro bivura amenyo bya Dr James Knight muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika aherutse gusezererwa ku kazi azira ko ngo yari afite umubyimba mwiza utera shebuja ibishuko.
Bwa mbere mu mateka y’u Rwanda, umutwe w’Ingabo zirwanira mu kirere (Rwanda Air Force), zoherejwe mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Amajyepfo. Igikorwa igisirikare cy’u Rwanda cyahise cyemeza ko ari ishema kuri cyo ridafitwe n’undi ubonetse wese ku isi.
Umuyobozi w’Ikigega gishinzwe gutera inkunga abarokotse Jenoside (FARG) ku rwego rw’igihugu arasaba abafite uburwayi batewe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bose gutinyuka bakagana FARG kuko yiteguye kubavuza.
Abantu bavutse ari impanga mu Rwanda, bavuga ko hakwiye kubaho ubufasha ku miryango itishoboye ibyara impanga, mu rwego rwo kurinda imibereho mibi abana bayivukamo.
Umusaza witwa Joseph Ntigubahirya, utuye mu Kagali ka Murambo, Umurenge wa Gashenyi, Akarere ka Gakenke avuga ko yariye umunyu bikoreraga mu ivu ry’ibikangaga kuko umunyu usanzwe ukoreshwa bari batarawubona.
Umuyobozi w’Akarere ka Gakenke, Nzamwita Deo, arakangurira abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge kongera ingufu mu gukangurira abaturage gutanga imisanzu y’ubwisungane magirirane mu kwivuza izwi nka mitiweli kugira ngo babashe kwivuza.
Ubuyobozi bw’akarere ka Karongi buratangaza ko ubufatanye hagati y’ubuyobozi bw’ibanze n’abihaye Imana ari ikimenyetso cyiza cy’ubwuzuzanye bukenewe mu Rwanda.
Ibinyujije ku rubuga rwa Twitter, Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu iratangaza ko minisitiri uyiyoboye, Musoni James yifurije Noheri nziza n’umwaka mushya muhire wa 2013 imiryango y’abakozi bayo bose, Abanyarwanda ndetse n’inshuti z’u Rwanda.
Polisi y’igihugu yataye muri yombi abantu 21 bo mu Karere ka Gatsibo bazira gucukura amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa koluta (Coltan) kandi batabifitiye uburenganzira.
Umukuru w’ingabo mu Turere twa Huye na Gisagara, Col. Ruvusha Fred, yemeza ko nta kintu gishobora guhungabanya umutekano w’u Rwanda uretse wenda imperuka kuko yo umuntu atagira icyo ayikoraho.
Abacururiza mu mujyi wa Nyagatare batangaza ko umunsi mukuru wa Noheli wababareye mubi ugereranije n’indi yabayeho mbere dore ko nta bakiriya ahanini bitewe no kubura inyama kubera akato.
Abakozi bubaka isoko ry’abashoramari riri mu murenge wa Kamembe bakoze imyivumbagatanyo bavuga ko bamaze amezi ane badahembwa. Ngo Gasana Pascal ushinzwe kubahemba amaze iminsi ababeshya ngo arabahemba ariko byagera ku munsi yababwiye akababwira ngo bazagaruke.
Nelson Mandela wabaye Prezida w’Afurika y’Epfo yasezerewe mu bitaro kuwa gatatu tariki 26/12/2012 nyuma y’iminsi 18 yari amaze mu bitaro yivuza indwara y’ibihaha.
AS Kigali yakomeje kwicara ku mwanya wa mbere by’agateganyo ku rutonde rwa shampoyona y’u Rwanda nyuma yo gutsinda APR FC igitego 1-0 mu mukino w’umunsi wa 10 wa shampiyona wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo tariki 26/12/2012.
Mu mukino wahuje ikipe ya Rayon Sport na Etencel kuri stade ya Muhanga tariki 26/12/2012, Rayon yaje gutsinda Etencel ibitego bitatu kuri bibiri.
Kuri sitasiyo ya Polisi ya Kamembe hafungiwe umusaza witwa Habiyaremye wo mu murenge wa Rwimbogo akekwaho gufata umwana w’imyaka 13 ku ngufu.
Mu bantu 23 bafatiwe mu mukwabo wabaye mu mujyi wa Rusizi tariki 25/12/2012 harimo 19 badafite ibyangombwa. Harimo n’abagore 4 bafatanywe urumogi aho bari bararuhinze mu mirima yabo.
Kuva muri Mutarama kugeza muri Nzeri uyu mwaka wa 2012, amadovize yinjiye mu gihugu avuye mu bukerarugendo yiyongereyeho 14% ugereranije n’ayinjiye muri aya mezi mu mwaka ushize wa 2011. Yavuye ku madorali y’Amerika miliyoni 184,4 akagera kuri miliyoni 210,5.
Umwana w’imyaka 20 utuye mu karere ka Ngoma ari mu maboko ya Polisi azira gufata ku ngufu nyina umubyara tariki 21/12/2012. Uwo mwana witwa Habamenshi yemera icyaha yakoze akanagisabira imbazi avuga ko yabitewe no gusinda.
Kuba kuri Noheli aribwo abantu benshi bitabira kujya mu misa ngo ni uko hari ababa bazanywe n’ibindi bitari ugusenga biyumvisha ko ibyo bintu bagomba kubibona kuri uwo munsi ari uko bagiye mu misa.
Abasore n’inkumi bo mu karere ka Burera bizihiza cyane umunsi mukuru wa Noheli ku buryo bamwe muri bo basanzwe bakundana bategereza uwo munsi bakishyingira ababyeyi babo batabizi.
Amatsinda ane y’abantu bagize inama y’umutekano itaguye mu karere ka Karongi, basuye imirenge ine (Murundi, Murambi, Gashari na Ruganda), bakorana inama n’abayobozi b’ibanze, babasaba kudaha icyuho ibihuha bivuga ko muri Karongi haba harinjiye abacengezi ba FDLR.
Ishuri ryigisha ubukerarugendo n’amahoteli (Rwanda Tourism College) ryijeje abanyeshuri baryigamo ko batazigera babura imirimo bakora, bitewe n’icyuho kinini gihari mu gihugu, cyo kubura impuguke mu bijyanye n’amahoteli n’ubukerarugendo.
Abakatiwe imirimo ifitiye igihugu akamaro (TIG) bakoreraga mu Karere ka Gakenke bagera kuri 93 batorotse ingando za TIG; nk’uko byemezwa n’umukozi ushinzwe TIG mu Karere ka Gakenke.
Bitabo by’intumwa Matayo, Mariko, Luka na Yohana bivuga cyane ku ivuka rya Yezu nta tariki ihamye bavuga ko Yazu yavukiyeho.Ivuka rya Yezu ngo ryabaye mu gihe cy’itangwa ry’umusoro wari warategetswe n’umwami w’abami w’i Roma Augusto Cesar.
Ngendabanga Jerome uyobora umurenge wa Rubaya wo mu Karere ka Gicumbi arasaba abaturage ayobora ko bagomba kwirinda kunywa ibisindisha ndetse n’ibiyobyabwenge muri iyi minsi mukuru ya Noheli n’Ubunani.
Abivuriza ku bitaro bya Gihundwe biri mu karere ka Rusizi bavuga ko muri iki gihe serivise bitanga zavuguruwe bitandukanye na mbere ubwo hari abaforomo n’abaganga banengwaga kurangarana abarwayi.
Umuryango w’Abibumbye wambitse Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo imidari y’ishimwe kuko zakoze akazi k’indashyikirwa mu kubungabunga amahoro ndetse zikarenzaho n’ibikorwa by’ubutabazi n’iterambere.
Abakirisitu Gatolika bo mu karere ka Burera batangaza ko umunsi mukuru wa Noheli bawufata nk’umunsi udasanzwe kuburyo bateganya ibyo bagomba guhemba umubyeyi Bikira Mariya uba wibarutse umwana Yezu.
Abinyujije ku rubuga rwa Twitter, Perezida Kagame yifurije abantu Noheli Nziza by’umwihariko abayimwifurije n’umuryango we, aboneraho kubifuriza n’umwaka mushya Muhire.
Habura amasaha make ngo Noheri igere (ku mugoroba wa tariki 23/12/2012), ibitaro bya Nyanza byatanze impano zitandukanye z’umunsi mukuru ku bana baharwariye ndetse n’abahavukiye mbere y’uko Noheri igera.
Itsinda ry’abakarateka ryitwa LIONS KARATE-DO CLUB risanzwe rikiniramo abana bato kuri stade Amahoro i Remera, ku cyumweru tariki 23/12/2012 yatangije ikiciro cy’abakinnyi bafite imyaka hejuru ya 35.
Ishuri rikuru ryigisha ibijyanye n’ubutetsi n’ubukerarugendo (Rwanda Tourism College), ku nshuro yaryo ya mbere ryamuritse abanyeshuri barangije mu byiciro bya mbere by’amashami arigize, kuva ryatangira mu myaka itanu ishize.
(*Ubuhanuzi bw’ibinyoma ni ibibazo!) Hala ! (Holla! – Mukomere!) Zirajyamo se pipo ? (Mumeze neza mwese?) Ebana, nizere ko mumeze fuleshi (fresh – neza) nanjye ndaho ndateratera (ndaho bisanzwe)
Abaturage batuye akarere ka Kirehe barema isoko rya Nyakarambi bavuga ko iyi minsi mikuru ya Noheri n’ubunani itameze nka mbere kuko ubu amafaranga ari make bitandukanye n’iminsi mikuru yashize.