Abarwanyi batatu basanzwe muri FDLR bageze mu karere ka Rubavu n’imiryango yabo, Kuri uyu wa Gatatu tariki 18/09/2013. Bavuga ko baje barembye kubera uburwayi bafite babuze uko babwivuza bahitamo kwiyizira mu gihugu cyabo.
Imbangukiragutabara (ambulance) yavaga mu karere ka Karongi yerekeza i Kigali yakoze impanuka igeze mu murenge wa Nyamabuye mu karere ka Muhanga ariko abarimo ntacyo babaye.
Ngezamaguru Matayo w’imyaka 32 wari utuye mu mudugudu wa Gatare mu Kagali ka Nyamure mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza yitabye Imana mu gitondo cya tariki 18/09/2013 nyuma y’uko mu minsi ibiri ishize yari aherutse gukubitirwa ku kabari n’abagabo babiri bari kumwe nawe bahasangirira inzoga.
Inama mpuzamahanga y’ibihugu byo mu karere k’ibiyaga bigali (FP-ICGLR) iratangaza ko igikorwa cy’amatora y’abadepite cyagenze neza mu gihugu cyose, n’ubwo hari utubazo duto twagiye tugaragara.
Bikorimana Willy w’imyaka 18, ufite uruhu rutandukanye n’urw’abandi (Nyamweru) ngo yafashe gahunda yo kuza mu mujyi wa Kamembe kuko abasore bo mu rungano rwe kimwe n’abandi bose bamuhaga akato bityo ngo ntihagire umwegera ngo babe baganira.
Kuri uyu munsi wa nyuma wo gutora abadepite bazahagararira Abanyarwanda mu nteko ishinga amategeko muri manda ya 2013-2018, Kigali Today yasubije amaso inyuma ngo murebere hamwe itandukaniro n’ibidasanzwe mwabonye muri aya matora, bitariho mu 2008.
Abajyanama b’ubuhinzi bo mu Mirenge 14 y’Akarere ka Gatsibo bahawe amashimwe kubwo ibikorwa by’indashyikirwa bakora. Muri iki gikorwa buri wese yashyikirijwe igare, aya magare akazajya abafasha mu kazi kabo ka buri munsi.
Abantu babiri bagwiriwe n’ikirombe gicukurwamo koruta mu Murenge wa Busengo, Akagali ka Birambo ho mu Mudugudu wa Gitwa bikaba bikekwa ko bombi bitabye Imana.
Runyange ni umusaza usheshe akanguhe uri mu kigero cy’imyaka 80 y’amavuko, avuga ko azi byinshi ku muganekazi Kankazi; nyina w’umwami Mutara III Rudahigwa kuko yamubereye umugaragu igihe kinini.
Ubwo bari bavuye mu matora y’Abadepite, abaturage bo mu kagari ka Rugarama mu murenge wa Gahengeri muri Rwamagana basanze umuturanyi wabo Niyonzima Shadrack n’umwana we Nibeza bahimbaga Tuyisenge bamanitse ku gisenge cy’inzu bashizemo umwuka.
Bugingo Manase utuye mu murenge wa Kazo akagali ku Umukamba, akarere ka Ngoma, yaraye yambuwe amafaranga arenga miliyoni n’abantu bari bitwaje imbunda banarasa amasasu menshi ubwo yari atashye ageze hafi y’urugo rwe.
Abaturage bakoze imirimo yo gutinda umuhanda uhuza imirenge ya Musenyi na Shyara uzanyura ku gishanga cy’Umurago mu karere ka Bugesera barasaba akarere kutazishyura sosiyete yitwa FIECO yabakoresheje, itabanje kubishyura amafaranga bakoreye kuko yabambuye.
Mu gihe shampiyona y’icyiciro cya mbere cy’umupira w’amaguru mu Rwanda yigijwe inyuma ho icyumweru kimwe, amakipe akomeje gukina imikino ya gicuti mu rwego rwo kwitegura neza shampiyona ahanini bamenyereza abakinnyi bashya bongewe muri ayo makipe.
Nyuma y’igihe bamwe mu bafite ibikorwa mu mbago GMC ikoreramo ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro basaba ko bakwimurwa, abafite amazu ahitwa ku Cyome hafi y’umuhanda wa Kaburimbo ahegereye ikiraro cya Nyabarongo kigabanya uturere twa Ngororero na Muhanga ntibavuga rumwe n’iyo sosiyete ndetse n’ubuyobozi bw’akarere.
Bamwe mu bagize inteko itora adepite bahagarariye abagore ntibishimiye igihe batangiriyeho amatora yabaye tariki 17/09/2013, ngo kuko 2/3 by’abagombaga gutora byatinze kuza, bituma batangira amatora batinze.
Umuyobozi w’Umudugudu wa Mazinga, Akagali ka Rusagara ho mu Murenge wa Gakenke avuga ko bafite ikibazo cy’abasore babyukira ku Gasentere ka Nyabutaka bagakina urusimbi bakaba bafite impungenge z’uko mu gihe gito bazishora mu bikorwa by’ubujura n’urugomo.
Mwanawumuntu Silas wo mu murenge wa Nyamiyaga wo mu karere ka Kamonyi avuga ko atatuza muri we atabonye umugore we basezeranye byemewe n’amategeko bakabyarana abana batatu hanyuma akaza kumunyura inyuma agashaka undi mugabo.
Nyuma y’icyumweru, umutwe wa M23 hamwe na Leta ya Congo bari Kampala ariko batarabasha guhura imbonankubone, bashyize barahura bagezwaho gahunda bagomba kuganiraho mu gihe cy’iminsi 5 isigaye ngo igihe bahawe cyo kuganira kirangire.
Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi, Dr.Agnes Karibata, arahamagarira abahinzi bahawe imbuto y’ibigori byo mu bwoko bwa hybrid kubisubiza byihutirwa nyuma yo gusanga ko iyi mbuto irwaye kuburyo ishobora guteza ibibazo.
Abagabo bake bo mu karere ka Bugesera bari muri njyanama zitabira ibikorwa byo gutora abagore bazahagararira bagenzi babo mu nteko ishinga amategeko ngo baterwa ishemo n’icyo gikorwa.
Bamwe mu baturage batuye mu mudugudu wa Musengo, akagari ka Kivumu mu murenge wa Cyeza baratangaza ko babangamiwe n’uko hari abantu bubatse mu muhanda bihangiye, ubuyobozi bwabo ntibugire icyo bubikoraho.
Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Ruhunde, akarere ka Burera, bagana ikigonderabuzima cya Ruhunde kiri mu murenge wabo, bavuga ko bahabwa serivisi mbi na bamwe mu baganga bahakora babakira nabi bakabarangarana kandi baba barwaye.
Abagore bo mu karere ka Nyanza barasaba bagenzi babo bazabahagararira mu nteko ishinga amategeko kuzabavuganira umugore wo mu cyaro nawe agakataza mu iterambere kimwe n’iryo abanyamujyi bagezeho.
Nyuma y’uko abahanzi bagize itsinda “Benegihanga” mu baserukiye u Rwanda mu marushanwa ya francophonie yaberega mu Bufaransa ariko bagatoroka, Minisiteri y’Umuco na Siporo (MINISPOC) iratangaza ko bitazongera korohera abahanzi bakiri urubyiruko gusohokera u Rwanda.
Abel Nduwayo, umuhanzi ukomoka mu gihugu cy’u Burundi, ubuzima yanyuzemo ubwo yabaga hano mu Rwanda bwatumye avamo umuhanzi ukomeye mu gihugu cye.
Mu karere ka Bugesera amatora y’abazahagararira abagore mu nteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite, yatangiye saa tanu kubera ko abagize inteko itora batari buzuye 2/3 nk’uko amategeko abiteganya.
Umurambo w’umugore utamenyekanye umwirondoro, tariki 16/09/2013, wataruwe mu gice cy’Ikiyaga cya Kivu giherereye mu mudugudu wa Kabuyaga mu kagari ka Kibogora, umurenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke.
Ku Bitaro Bikuru bya Kibuye harwariye umumotari watewe ibyuma mu ijoro ryo kuwa gatandatu tariki 14/09/2013, ubwo umuntu yamutegaga ngo amujyane i Rubengera amuvanye mu mujyi wa Kibuye, bagera mu nzira akamuniga akamutera n’icyuma mu mugongo.
Igikorwa cyo gutora abagore bazahagararira bagenzi babo mu nteko ishinga amategeko mu myaka itanu iri imbere mu murenge wa Kimironko mu karere ka Gasabo, cyabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 17/09/2013, cyabaye mu mutuzo ndetse kinitabirwa ku rugero rushimishije.
Nyuma y’iminsi 3 ari ku butaka bw’u Rwanda aho yafatiwe yitwaje intwaro n’imyenda ya gisirikare, Sergeant Major Kusukana usanzwe ukorera ingabo za Congo mu ntara ya Bukavu yasubijwe igihugu cye cya Congo kuri uyu wa 17/09/2013.
Umukundida-depite mu cyiciro cy’abahagarariye urwego rw’abagore mu karere ka Kayonza, Mutesi Anita, avuga ko afite icyizere cyo gutorerwa kujya mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda.
Abakozi mu nzego zitandukanye za Leta bakoreye urugendo mu karere ka Rusizi kuri uyu wa 17/09/2013 mu rwego rwo gukemura ibibazo abaturage b’aka karere bari bamaze iminsi babashyikiriza bavuga ko akarere kabarenganyije.
Abagore bo mu karere ka Gicumbi bavuga ko bishimiye gutora bagenzi babo bazabahagararira bakanabavuganira mu nteko nshingamategeko kuko bizagabafasha gukokomeza gutera imbere.
Ibyiciro by’abaturage bo mu karere ka Nyamasheke bagomba gutora abadepite bahagarariye abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, kuri uyu wa 17/09/2013 baramukiye mu gikorwa cyo kwitorera abazabahagararira bo mu Ntara y’Iburengerazuba.
Kuva mu ijoro ryo kuri uyu wa mbere tariki 16/09/2013, inkongi y’umuriro yibasiye umusozi uriho ishyamba mu mudugudu wa Gatandaganya mu kagari ka Kibibi mu murenge wa Kibumbwe mu karere ka Nyamagabe.
Croix Rouge y’u Rwanda mu karere ka Rubavu iri kwifashishwa n’ubuyobozi bw’intara ya Kivu y’Amajyaruguru kugira ngo harebwe uburyo hakorwa gahunda y’imyaka itanu yo guhangana n’ibiza.
Nsengumuremyi Jyuma utuye mu murenge wa Gatumba wakoreraga kompanyi yitwa GMC (Gatumba Minning Concession) aravuga ko yahohotewe n’abakozi ba sosiyete yitwa RGL maze bakamuvuna akaboko ubu akaba yivuza atabasha gukora.
Mu matora y’abadepite rusange yabaye tariki 16 Nzeri 2013, Abaturage 4251 bari kuri lisiti y’Itora mu kagari ka Nkingo, mu murenge wa Gacurabwenge, bayitabiriye hejuru ya 95% ariko abenshi muri bo ntibagarutse gukurikirana igikorwa cyo kubarura amajwi kandi barabikanguriwe na Komisiyo y’Igihugu yamatora.
Abaturage bo mu karere Kirehe barishimira uburyo amatora y’Abadepite yo kuri uyu wa 16/9/2013 yakozwe kuko atabiciye akazi.
Ubuyobozi bukuru bwa Polisi y’u Rwanda burashimira abapolisi 80 barimo 24 b’igitsina gore bavuye mu butumwa bwo kubungabunga amahoro mu Ntara ya Darfur muri Sudani kuba barakoze neza akazi kabo.
Umunyahawayikazi witwa Janice Keihanaikukauakahihuliheekahaunaele yabashije kwemeza ubuyobozi bw’igihugu cye kuzahindura amakarita y’ibimuranga kuko izina rye rigizwe n’inyuguti 35 ritabashaga kwandikwa ryose uko ryakabye.
Nyuma yo kwihitiramo abazabahagararira mu nteko ishinga amategeko, bamwe mu baturage bo mu karere ka Rulindo batangaje ko basanga hari aho igihugu cyabo kimaze kugera mu nzira ya Demokarasi.
Umuyobozi w’akarere ka Rwamagana aremeza ko Abanyarwanda bo muri ako karere bitabiriye kujya gutora ari benshi kandi bazindutse ku buryo n’imvura yaguye mu mirenge imwe n’imwe ntawe yabujije gutora kuko benshi bari bamaze gutora no kwisubirira mu mirimo yabo.
Bayisenge Claire wari utuye mu murenge wa Mwurire muri Rwamagana acumbikiwe na polisi y’u Rwanda kuri station ya polisi ya Kigabiro azira kuba yaraye abyaye umwana akamuta mu musarani aho yari acumbitse kwa nyinawabo mu kagari ka Cyimbazi muri Mwurire.
Mu matora y’abadepite yabaye kuwa 16/9/2013, abanyeshuri bo muri Kaminuza y’u Rwanda (NUR) ntibitabiriye amatora uko byari byitezwe.
Abakuze n’abanyantege nke bo mu karere ka Rutsiro barashimira ubuyobozi bwabafashije mu matora bakabasha gutambutswa imbere bagatora bitabaye ngombwa ko batonda imirongo cyangwa se ngo bahutazwe.
Ubwo bamaraga gutora abadepite bazabahagararira mu nteko ishinga amategeko, aaturage bo mu karere ka Bugesera basohokaga mu cyumba cy’itora bajya mu mago yabo kwishimira uko batoye.
Guverineri w’intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aime, arakangurira buri Munyarwanda wujuje ibisabwa kwitabira amatora nk’uburyo bwo gutanga umusanzu mu kubaka demokarasi mu gihugu.
Umugabo witwa Bimaziki wo mu mudugudu wa Ruzizi Akagari ka Tanda umurenge wa Giti wo mu karere ka Gicumbi yakubise umugore we maze bamumukijije yadukira ihene ye ayiteragura ibyuma irapfa.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Ruhango bemeza ko batoreshe igikumwe nk’ibisanzwe aho gukoresha ikaramu nk’uburyo bushya kuko ngo gukoresha igikumwe byoroheye buri wese, kandi ngo nicyo gitera ishema ry’uko umuntu yatoye.