Uhagararaiye u Rwanda mu gihugu cy’Ubuhinde, Ambasaderi Nkurunziza William, yanyomoje ko abanyeshuri batatu biga mu Buhinde bafashwe baregwa gufata umugore ku ngufu mu gace ka Jalandhar atari byo ahubwo baregwa kugira imyitwarire idakwiye ku mugore.
Imvubu yo muri parike y’Akagera yishe umugabo witwa Mbonimpa mu ijoro rishyira tariki 04/01/2013. Uwo mugabo yari atuye mu mudugudu wa Mwurire, akagari ka Kiyovu mu murenge wa Ndego wo mu karere ka Kayonza.
Abanyarwanda 80 barimo abasirikare 17 babaga mu mutwe wa FDLR muri Kongo bageze ku mupaka wa Rusizi ya kabiri mu karere ka Rusizi batahutse mu Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa 04/01/2013.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere umwuga w’ababaruramari mu Rwanda (ICPAR), cyahaye impamyabumenyi (ACCA, CPA & ATC) ababaruramari 29 bakora mu bigo bya Leta n’ibyigenga babihuguriwe, mu rwego rwo guharanira ko mu Rwanda haboneka ababaruramari bari ku rwego mpuzamahanga.
Abaturage bo mu murenge wa Nyamyumba mu karere ka Rubavu bavuga ko kuba kwisiramuza bidakorerwa kuri mituweli bibabangamiye mu gihe benshi mu baturage bamaze kumva akamaro ko kwisiramuza.
Abapolisi bane bitabye Imana abandi bane barahakomerekera bikomeye ubwo imodoka barimo yakoraga impanuka ahitwa i Gatagara mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza mu ma saa tanu tariki 04/01/2013.
Uko iminsi yiyongera niko impunzi z’abanyecongo bavuga Ikinyarwanda ziyongera mu Rwanda kubera ibikorwa by’ihohoterwa bakorerwa n’umutwe wa Nyatura washinzwe na Gen Tango Fort wahoze ari umugaba w’ingabo zirwanira ku butaka muri Congo.
Imvura yaguye mu ijoro ryo kuwa 03/01/2013, yahitanye abantu 6 i Bukavu muri Kongo ubwo amazu batuyemo yagwaga akonkobotse ku misozi ihanamye akagwa mu mugezi wa Rusizi.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Burera batangaza ko amafaranga acibwa umubyeyi utabyariye kwa muganga ari menshi, ngo yari akwiye gukurwaho kuko babona ari ukubarenganya.
Ikiraro gihuza imirenge ya Nyankenke na Manyagiro mu Karere ka Gicumbi cyari cyarabujije ubugenderanire hagati y’abaturage bo muri iyo mirenge nuko abagabo babiri bahitamo kucyiyubakira maze bakirangiza kibatwaye amafaranga miliyoni zirenga 3.
Ministeri y’urubyiruko n’ikoranabuhanga (MYICT) yasabye ibigo bya Leta n’iby’abikorera, kwitabira umuhango wiswe Rwanda Job Day uhuza abifuza akazi n’ibigo bigatanga, mu rwego rwo kumenya uko isoko ry’umurimo rihagaze mu Rwanda.
Bamwe mu bakozi bakorera ikompanyi Gitarama Cleaners Services ikora isuku mu bitaro bya Kabgayi barinubira gukoreshwa cyane batakemuriwe ibibazo by’umushahara muto n’ubwishingizi bw’abakozi.
Mu rubanza rwaburanishirijwe mu murenge wa Gashanda mu karere ka Ngoma, tariki 03/01/2013, umusore w’imyaka 20 y’amavuko uherutse gufata nyina ku ngufu yasabiwe igifungo cy’imyaka irindwi n’ubushinjacyaha .
Umukecuru witwa Mukandoli Christine utuye mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro, arashimira FPR Inkotanyi kubera inzu yubakiwe akava mu kazu gato yabagamo we yita ko kari Nyakatsi. Ku bwe asanga Viziyo 2020 ngo yarayigezemo muri 2012 kubera iyo nzu yubakiwe.
Umuryango wa gikirisitu ugamije ivugabutumwa, isanamitima n’ubwiyunge (Moucecore), kuri uyu wa kane tariki 03/01/2013, watangije ku mugaragaro ibikorwa byawo mu karere ka Nyamagabe bigamije guhindura imyumvire y’abaturage hagamijwe iterambere n’imibereho myiza byabo.
Habakubaho w’imyaka 39 yatawe muri yombi n’umugore we w’isezerano Mukamana w’imyaka 29 asambana n’undi mugore Ahishakiye Adelphine w’imyaka 33 tariki 03/01/2013.
Abayobozi b’imidugudu mu karere ka Ruhango, baravuga akazi bakora ari kenshi cyane kuburyo gatuma batita no ku miryango yabo bagasaba ko bagenerwa agahimbazamutshyi kuko nabo bakoresha ubwitanjye bwinshi.
Abarimu 300 bigisha ku bigo by’amashuri bitandukanye byo mu karere ka Kamonyi, basoje amahugurwa kuri gahunda y’uburezi budaheza. Abo barimu bavuga ko inyigisho bahawe zabongereye ubumenyi ku kwita ku bana bafite ubumuga.
Umugabo witwa Byamana Sadathi utuye mu mudugudu wa Gacurabwenge, akagari ka Gacurabwenge, umurenge wa Byumba afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Byumba azira gukubita Hagenimana Ildephonse amufatshe ari gusambanya umugore we.
Abakorera mu isoko riremera mu Kagari ka Mugera, Umurenge wa Gatsibo mu Karere ka Gatsibo, baratangaza ko gukorera mu isoko ritubakiye bibabangamiye bagasaba inzego zibishinzwe kububakira isoko rijyanye n’igihe.
Ubuyobozi bwa M23 burasaba Leta ya Congo guhagarika gukoresha umutwe wa FDLR mu kwitegura kuyitera kuko niterwa izitabara kandi bishobora kugorana guhagarika intambara.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Francois Kanimba, aratangaza ko Minisiteri ayoboye yishimira ibyagezweho mu Rwanda mu gice cy’inganda n’ubucuruzi, kuko inganda n’ibigo by’imari biciriritse ndetse n’ibyoherezwa hanze byiyongereye muri rusange.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Burera batangaza ko amahugurwa bahawe mu ikoranabuhanga rikoresha telenone igendanwa rizabafasha mu bintu bitandukanye birimo ubuhinzi n’ubworozi.
Abanyarwanda batatu biga muri kaminuza yigenga iherereye Mu burasirasuba bw’amajyaruguru y’Ubuhinde batawe muri yombi bacyekwaho gufata umukobwa ku ngufu mu gace ka Jalandhar.
Kimwe mu bibazo by’ingutu bihangayikishije Leta ya Tunisiya iyobowe na Moncef Marzouki, ni imyigaragambyo y’abaturage b’icyo gihugu bavuga ko bakeneye akazi kandi ntagahari, ubu umubare wabo ukaba ukomeza kwiyongera.
Abaturage bo mu murenge wa Bweyeye ho mu karere ka Rusizi baratangaza ko iminsi mikuru isoza umwaka yaje nta mafaranga bafite bityo bakaba batarishimye nkuko bari basanzwe babigenza.
Imibare itangwa na Polisi y’igihugu igaragaza ko abantu 29 bapfuye biyahuye mu gihugu cyose guhera muri Mutarama kugeza mu Ugushyingo mu mwaka wa 2012 ahanini bitewe n’ubwimvikane buke mu miryango.
Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota coaster ya sosiyete Horizon express ifite purake RAB 860 C yagonze Ntigurirwa Fidel w’imyaka 31 tariki 02/01/2013 ahita y’itaba Imana.
Isaro Foundation irimo gutegura amarushanwa yo gusoma no kwandika mu mashuri yisumbuye agamije gukangurira abanyeshuri gusoma no kwandika kuko ubwenge buba mubyo basomye kandi abahanga ba mbere ku isi bakaba babukomora mubyo baba basomye.
Abazagera mu gitaramo cyo kumurika alubumu “Nimbumugabo” y’umuhanzi Lil G mbere y’abandi kandi bakagura amatike yo mu myanya y’icyubahiro (VIP) bafite amahirwe yo kubona ibihembo bateganyirijwe na StarTimes.
Umusore witwa Kazungu Robert arangije amashuli yisumbuye muri ETO Kibuye ubu isigaye yitwa (IPRC West-Karongi Campus) amaze iminsi mike avumbuye uburyo bwo kuzimya amatara akoresheje telefone igendanwa.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke butangaza ko harimo gukorwa inyigo yimbitse yo kumenya icyateye inkangu yatengukiye igice cy’umuhanda wa kaburimbo ukorwa muri ako karere ikawusenya ndetse ikawutirimura.
Umwana witwa Gakuru wo mu kagari ka Kigina, umurenge wa Kigina mu karere ka Kirehe yarwaye amavunja ku birenge no ku ntoki kandi ngo nubwo babyuka bamuhandura buri munsi byanze gukira.
Musayidire Etienne w’imyaka 27utuye mu karere ka Ngoma, umurenge wa Kazo, akagali ka Kinyonzo afunzwe akurikiranweho gusinda agafunga umuhanda uva Mutendeli ugana i Kibungo kandi afite imyambi ishyirwa mu muheto.
Uwari umutoza wungirije mu ikipe ya Rayon Sport, Ali Bizimungu, yasezerewe muri iyo kipe nyuma yo kutumvikana n’umutoza mukuru wayo Didier Gomes da Rosa, akaba yasezerewe akurikira abakinnyi batatu bagaragaje umusaruro mukeya muri iyo kipe.
Babiri mu banyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge bane baherutse guhindurirwa imirenge bayobora bashyikirijwe ibyangombwa byose bibemerera gutangira imirimo mu mirenge mishya, ndetse banerekwa abaturage n’abandi bafatanyabikorwa.
Abagenzi bakunze gutega imodoka za KBS bakorera mu majyaruguru bavuga ko batishimiye uburyo iyi sosiyete ibaha service muri ino minsi kuko ngo baba baraguze amakarita abahesha uburenganzira bwo kugenda mu modoka za KBS nyamara zikabasiga ku muhanda.
Ikipe ya Liverpool yatangaje ku mugaragaro ko yaguze rutahizamu w’Umwongereza Daniel Sturridge wakiniraga ikipe ya Chelsea, akaba yaguzwe miliyoni 12 z’ama pounds. Ubwo Chelsea yatakazaga rutahizamu wayo, yari irimo kurambagiza rutahizamu wa Newcastle United, umunya-Senegal, Demba Ba.
Ku bufatanye bw’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) n’Ishyirahamwe ry’Abanyamakuru b’imimikino mu Rwanda (AJSPORT), abanyamakuru 30 b’imikino b’ibitangazamakuru bitandukanye batangiye amahugurwa y’iminsi itatu ku bijyanye n’imisifurire y’umupira w’amaguru.
Hashize igihe kitagera ku kwezi indi ICT Telecenter ifunguye imiryango mu mujyi wa Kibuye nyuma y’izindi ebyiri zari zihasanzwe. Imwe y’umuntu wikorera iri mu mujyi hagati, indi iri mu nkengero z’umujyi ikaba ari iya RDB.
Umugabo witwa Ndabakenga Jean Pierre yoherejwe ku bitaro bya CHUK tariki 02/01/2013 nyuma y’icyumweru cyari gishize ahanutse hejuru y’inyubako y’ababikira we na bagenzi be barimo basakara mu karere ka Rutsiro.
Ivatiri ifite puraki RAA 871M yavaga ku Ruyenzi yerekeza i kigali, yagonze umwana w’imyaka 7 agahita apfa ahagana saa kumi n’ebyiri z’umugoroba tariki 02/01/2013. Iyo mpanuka yabereye ahitwa Kamuhanda mu kagari ka Ruyenzi, umurenge wa Runda.
Polisi yo mu karere ka Kayonza ku bufatanye n’inzego z’ubuyobozi mu murenge wa Kabarondo yataye muri yombi inzererezi 32 n’Abarundi 13 bari batuye muri uwo murenge mu buryo bunyuranye n’amategeko.
Mu rwego rwo kunoza serivisi zitangwa mu bigo bya Leta n’ibyigenga, akarere ka Kamonyi kashyizeho Komite ishinzwe kugenzura imitangirwe ya serivisi mu nzego zitandukanye. Iyo komite ihuriweho n’ubuyobozi bw’akarere n’urwego rw’abikorera.
Tariki 30/12/2012, umwe mu bacunga pariki ya Nyungwe yasakiranye na barushimusi bavuye guhiga inyamanswa mu ishyamba bamwikanze bashaka kumutera icumu, maze umurinzi wa pariki agerageza kwirwanaho ahita arasamo umwe.
Umukinnyi wa APR FC, Bayisenge Emery, agiye kujya mu igeragezwa mu ikipe ya SV Zulte Waregem yo mu cyiciro cya mbere mu gihugu cy’u Bubiligi. Biteganyijwe ko azagenda taliki 12/01/2013 akagaruka 12 Gashtantare.
Mu mwaka wa 2012 mu Rwanda habaye ibikorwa byinshi by’imikino yitabiriwe n’amakipe y’u Rwanda ibera mu gihugu imbere ndetse no hanze. N’ubwo imikono yabaye ari myinshi, turagaruka ku y’ingenzi yabaye bitewe n’buremere yari ifite.
Mu gihe bimenyerewe ko ibikoresho byo mu nzu, nk’intebe utubati, inzugi biba ari ibikomoka ku mbaho z’ibiti, Euruganda rutunganya imyanda ikongera kuvamo ibikoresho bishya rwitwa ECOPLASTIC, rwashyize ahagaragara imbaho zikozwe mu bisigazwa bya pulasitiki.