Itsinda ry’abakinnyi batanu b’abanyarwanda bakinaga mu makipe atandukanye yo mu cyiciro cya mbere mu Rwanda, mu gihe kitarenze iminsi 15 bazerekeza mu gihuhu cya Portugal gukinira ikipe yaho yitwa Assiciacao Desportiva de Fornos de Algodres , ibarizwa mu cyiciro cya kane.
Ruticumugambi Daniel utuye mu mudugudu wa Kaduha ya mbere akagali ka Kaduha umurenge wa Katabagemu akarere ka Nyagatare arasaba ubuyobozi kumufasha bugakura umuntu bikekwa ko ari igini akaba amaze icyumweru mu isambu ye.
Nubwo bishyize hamwe bagamije guca akajagari mu bucuruzi bw’amakara, abakora uyu mwuga mu isoko rya Nyagatare batangaza ko babangamiwe n’ababavangira bayazerereza mu ngo.
Imwe mu ihoteri ikomeye yo mu mujyi wa Nyanza “Dayenu Hotel” mu rukerera rwa tariki 3/10/2013 ahagana saa cyenda z’ijoro yatewe n’abajura yibwamo ibintu bitandukanye birimo inzoga zihenze n’ibindi bintu by’agaciro.
Komisiyo ishinzwe isuku, isukura n’ubuziranenge mu karere ka Karongi yafunze ibyumba bibili byacuruzaga inyama mu isoko riri mu mujyi wa Karongi kubera ko bitujuje ibyangombwa, banatwika amapaki y’imigati arenga 50 kubera ko nta matariki yanditseho y’igihe yakorewe n’igihe izarangirira.
Irene Mizero, umusore w’imyaka 28 y’amavuko, aragaragaza uburyo yaterwaga ipfunwe n’uko ababyeyi be bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi kuko bari bamwe mu bavuga rikijyana mu karere ka Ngororero.
Njyanama y’akarere ka Ngoma yahagaritse byagateganyo umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Remera nyuma yo gukora igenzura ku kibazo yari yagejejweho na njyanama y’umurenge imurega imikorere mibi.
Abantu bakunda kwitabira amahugurwa cyangwa inama bitangwamo amafaranga y’insimburamubyizi naho atayitanga ugasanga atitabirwa nk’uko bikwiye kubera inyota y’amafaranga y’insimburamubyizi.
Umukobwa w’imyaka 16 y’amavuko ukomoka mu mudugudu wa Murambi, akagari ka Shororo mu murenge wa Busanze mu karere ka Nyaruguru amaze ukwezi kurenga ari mu karere ka Rutsiro ashakisha uwamuteye inda.
Umusaza wo mu gihugu cya Nepal w’imyaka 73, ureshya na cm 41, ashaka kuzamenyekana ku isi yose nk’umuntu mugufi cyane kandi utabasha kugenda, ndetse n’izina rye rikandikwa mu gitabo cy’ibyamamare cyitwa Guiness des records.
Lt. Gen Fred Ibingira ukuriye Inkeragutabara ku rwego rw’igihugu arasanga abakorera imirimo ibinjiriza amafaranga mu biyaga bya Cyohoha zombi mu karere ka Bugesera bakwiye kurema koperative ikomeye izabafasha gutera imbere.
Kamali Steve wigisha ku kigo cya E.S.Kigoma mu karere ka Ruhango, niwe wegukanye umwanya wa mbere mu karere ka Ruhango, kubera agashya yagaragaje katangaje buri mwe wese wari witabiriye umuhango wo gutoranya umwarimu w’indashyikirwa tariki 01/10/2013.
Abanyarwanda babarizwa muri Malaysia bagiye gutora Nyampinga nk’uko twabitangarijwe n’umwe mu Banyarwanda babayo uzwi ku mazina ya Esggy Shumbusho.
Nyuma y’uko umwe mu bashyushyarugamba bo kuri Radio Isangano ikorera mu karere ka Karongi atangaje ko ikivu cyafunguwe (gusubukura uburobyi bw’isambaza), umuyobozi w’akarere ka Karongi yavuguruje iyo nkuru kuko ikivu gifunze kuva kuwa 16 Nzeri kugeza kuwa 16 Ugushyingo.
Mu nama y’umutekano yaguye y’akarere ka Karongi yabaye tariki 01-10-2013, abayobozi b’imirenge yose uko ari 13, kwikubita ahashyi bagahagurukira amarondo kuko bimaze kugaragara ko henshi batezutse bikaba ari imwe mu mpamvu zituma havugwa umutekano muke ushingiye ku rugomo n’ubusinzi.
Abanyeshuri basaga 125 bari gusiragira ku karere ka Ruhango, nyuma yo kumenya ko imiryango yabo itasuwe mu isuzumwa ryakozwe ku bujurire bw’ibyiciro by’ubudehe bari bashyizwemo.
Mu gikorwa cya gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” ndetse no kwizihiza umunsi wo gukunda igihugu ku rwego rw’intara y’Amajyeofo cyabereye mu karere ka Muhanga ku 01/10/2013, bagaye Abanyarwabda bajya hanze basebya igihugu cyabo kugirango babone indoke.
Minisitiri w’urubyiruko n’ikoranabuhanga, Nsengimana Jean Philbert, arashimira urubyiruko rwibumbiye muri koperative ishinzwe kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima (Biocoop Rwanda) kuba rwarishyize hamwe ruhereye ku gukora ibintu bitoya no kubyaza umusaruro amahirwe aboneka iwabo, bakaba bamaze kugera ku ntambwe ishimishije.
Umushoramari usanzwe ufite hoteri “Golden Monkey” mu mujyi wa Nyamagabe agiye kubaka indi hoteli izitwa “Nyungwe back packers hotel” izaba ifite inyenyeri enye mu marembo ya pariki y’igihugu ya Nyungwe mu murenge wa Kitabi mu karere ka Nyamagabe.
Ubwo yitabiraga isozwa ry’amarushanwa yo gusoma yateguwe na Imbuto Fondation mu karere ka Rubavu, umunyamabanga wa Leta ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, Dr Harebamungu Mathias yasabye Abanyarwanda kugira umuco wo gusoma kugira ngo bibafashe kwagura ubumenyi no gusesengura.
Abayobozi b’inzego za Kiliziya n’iza Leta mu Rwanda no muri Congo biyemeje gukomeza gutahiriza umugozi umwe mu kwimakaza amahoro, ubumwe n’ubworoherane mu batuye akarere k’ibiyaga bigari.
Ntawurwubakarumwe Boniface w’imyaka 46 yishe umugore we witwaga Maniraguha Claudine w’imyaka 32, amutemye ijosi akoresheje umuhoro, nawe ahita afata umuti witwa kiyoda aba arawunyoye.
Abaturage bo mu mujyi wa Kamembe baratangaza ko abajura babamereye nabi kuko batakigira ubwoba cyangwa isoni kuko ngo basigaye birirwa barwana n’abaturage bavuga ko bari kwishakira ikibatunga.
Nyuma y’uko akarere ka Rutsiro gasomwe ku mwanya wa 25 mu kwesa imihigo y’umwaka 2012/2013 ndetse bamwe bagakeka ko ari wo mwanya kabonye, umuyobozi w’ako karere arazenguruka mu karere abasobanurira imiterere y’amanota n’imyanya byahawe uturere mu kwesa imihigo.
Umuhanga w’umuherwe mu by’ikoranabuhanga, Bill Gates, yasabwe na bamwe mu bo bafatanyije imari muri Microsoft kwegura ku mirimo yo kuyobora icyo kigo karahabutaka mu gucuruza ikoranabuhanga ngo kuko gutinda mu buyobozi kwe bibangamiye inyungu za Microsoft.
Ikamyo ifite nimero z’ingande UAP 778C yari itwaye ibiribwa bya PAM yabuze feri igeze ku Kabari maze igwa igeze mu makoni ya Nyakiriba mu karere ka Rubavu tariki 01/10/2013 saa 22h30 abantu babiri bahita bitaba Imana naho undi umwe ararokoka.
Umwana w’imyaka 11 witwa Itangishaka yaguye mu kirombe cyari kirimo amazi menshi ubwo ngo yari agiye gushaka inkwi zo gucana mu murenge wa Mururu, Akagari ka Kigarama mu mudugudu wa Gitwa ahagana saa kumi nimwe z’umugoroba zo kuwa 01/010/2013.
(* “Abahigi” bamereye nabi inkumi zo muri Kigali !) Aye! Aye! (Yemwe Yemwe!) Umva, dore izo nsanze Keji Eli noneho… Eh! Wallahi ni danger!!!
Nk’uko byari bimaze iminsi bivugwa, hagiye kubaho impinduka mu mitegurire ya ba Nyampinga hano mu Rwanda mu rwego rwo guca akavuyo kabaga muri iki gikorwa aho wasangaga benshi batora Nyampinga batazi mu by’ukuri icyo bagamije cyangwa se ntibamukurikirane.
Ihagarikwa ry’uburobyi mu Kivu ryatumye amafi n’isambaza bihenda mu isoko rya Gisenyi kuko ubu ikiro cy’isamba kigura amafaranga 3000 kandi cyaguraga 1700. Amafi yo aragura amafaranga 3500 ikilo mu guhe yaguraga amafaranga 2500.
Abanyeshuli 15 biga mu ishuli ryisumbuye rya Lycee ya Nyanza riherereye mu murenge wa Kigoma mu karere ka Nyanza bagaragaweho uburwayi bw’icyorezo cy’impiswi bajyanwa mu bitaro ari indembe.
Ihuriro ry’imiryango itegamiye muri Leta yo mu bihugu bya Afurika y’Uburasirazuba (EAC) ryatangiye gahunda y’iminsi ibiri yo kwigisha abakorera mu byiciro binyuranye by’abikorera mu karere ka Rwamagana ibigisha kumenya kureba amahirwe menshi y’ubucuruzi bashobora gukura muri uwo muryango.
Abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku mapikipiki mu karere ka Rwamagana barasabwa kubahiriza amabwiriza agenga gutwara abagenzi, bakanacyebura abo batwara kuko polisi yahagurukiye guhashya amakosa bakora agateza impanuka akambura Abaturarwanda ubuzima.
Umuhanzi Mani Martin, abaye Umunyarwanda wa mbere ubashije kugira amahirwe yo kuba mu bahanzi 12 bo muri Afurika bahatanira insinzi mu marushanwa akorwa na radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI) mu guteza imbere impano nshya z’abahanzi bo muri Afurika.
Bamwe mu bahinzi b’ibirayi bo mu ntara y’Amajyaruguru, bahitamo gukura ibirayi byabo bitaruzuza igihe gisabwa ngo bibe byeze neza bitewe n’impamvu zirimo ubukene, gushaka amafaranga yihuse ndetse no gushaka guhinga kenshi mu mwaka umwe.
Ikigo k’igihugu gishinzwe iterambere ry’ubwikorezi (Rwanda Transport Agency: RTDA) gitangaza ko mu ntangiriro z’umwaka wa 2014 hazatangira inyigo yo gusana umuhanda Musanze-Cyanika.
Imiryango 200 ikennye yo mu murenge wa Bungwe, mu karere ka Burera, yafashijwe guhangana n’ikibazo cy’imirire mibi ihabwa imbuto z’ibihingwa bitandukanye ndetse n’inyongeramusaruro bizabafasha kwihaza mu biribwa.
Uwase Natasha wiga muri Notre Dame de Citeaux na Joshua wiga muri KIST ni bo babashije gusubiza neza ibibazo babazwaga ku giti cyabo mu marushanwa y’ibiganiro mpaka ku kwihangira umurimo yateguwe na Rwanda inspiration Backup.
Komisiyo y’igihugu y’abantu bafite ubumuga iratangaza ko ikibazo cy’abasabirizi atari uko bose ari ubukene ahubwo ari ikibazo cy’imyumvire. Barasabwa kuyireka kubera ingufu igihugu cyashyize mu kugira ngo igihugu gitere imbere.
Ishuri Les Gazelle riherereye mu karere ka Ngoma umurenge wa Kibungo ryongeye gushimirwa rinahabwa igikombe n’akarere ka Ngoma kuba ryaragahesheje ishema ritsindisha abana benshi.
Isomero ry’abaturage ry’i Rwinkwavu mu karere ka Kayonza (Community Library) ngo rifasha abana bato gukura bakunda ikoranabuhanga, nk’uko bamwe mu bana twasanze kuri iryo somero babyemeza.
Ikigega mpuzamahanga cy’imari (IMF) cyemeranywa n’u Rwanda muri gahunda mbaturabukungu ya kabiri rurimo gukurikiza, yo guteza imbere abikorera, kongera ahava imisoro, hamwe no kugira ibicuruzwa byinshi byoherezwa mu mahanga, kugirango igihugu kive mu gushingira ku kunga gihabwa.
Umukecuru wo mu murenge wa Gashari mu karere ka Karongi wari umaze iminsi ine yaraburiwe, yabonetse mu kigunda tariki 01/10/2013 yaritabye Imana. Uyu mukecuru yaburiwe irengero tariki 27/09/2013 ariko bimenyekana tariki 30/09/2013.
Amabati yari asakaye amazu abiri yubakiwe abasigajwe inyuma n’amateka hamwe n’indi nzu y’umuturage yaragurutse, ibyuma bikurura ingufu zikomoka ku mirasire y’izuba byo ku murenge SACCO wa Nyabirasi na byo biraguruka, ibishyimbo n’ibigori bihinze kuri hegitari 53 bihinduka imfabusa, byangijwe n’imvura ivanze n’umuyaga yaguye (…)
Muri uyu mwaka w’amashuri wa 2013, abanyeshuri 23 biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye mu karere ka Gicumbi bamaze gutwara inda z’indaro; nk’uko byatangajwe n’umuyobozi w’uburezi w’agateganyo mu karere ka Gicumbi, Mukashema Christine, kuri uyu wa 01/10/2013.
Umugore w’imyaka 37 witwa Nyirarukundo Patricie utuye mu Mudugudu wa Gashishi, Akagali ka Kamubuga ho mu Murenge wa Kamubuga tariki 29/09/2013 yatemye umugabo we mu rubavu akoresheje umuhoro ngo amuziza ko amuca inyuma.
Uwamahoro Zawadi wo mu murenge wa Kanzenze mu karere ka Rubavu ari mu maboko ya polisi akurikiranyweho icyaha cyo kwica abana babili b’impanga akabajugunya mu cyobo gikoreshwa n’abari mu nkambi ya Nkamira.
Abanyarwanda birukanwe muri Tanzaniya bacumbitse mu nkambi ya Kiyanzi bavuga ko bishimiye uburyo bakiriwe mu Rwanda kuko imiryango itandukanye igenda ibatera inkunga mu bintu bitandukanye birimo ibyo kurya n’ibikoresho byo kuryamira.
Mu rwego rwo guhugurira abacungagereza kuba abanyamwuga mu kazi bakora, kuri uyu wa 01 Ukwakira abakorera mu Ntara y’Amajyepfo batangiye amahugurwa arebana n’amasomo y’uburinzi bwo ku rwego rwo hejuru bateguriwe n’urukiko rwihariwe rwashyiriweho Sierra Leone.