Mu rwego rwo kugabanya ingaruka ziva ku kwandura indwara z’ibyorezo bikomotse ku kunywa ibiyobyabwenge, Polisi y’igihugu ishami ry’ubuvuzi ikomeje ibikorwa byo gupima ku bushake abaturage indwara zinyuranye harimo icyorezo cya SIDA mu mirenge inyuranye igize Akarere ka Nyagatare.
Umuhanzi akanaba umunyamakuru Jean Claude Rusakara Umugwaneza, aravuga ko intego ye mu muziki atari uguharanira kuba umu star (icyamamare) nk’uko bikunze kugenda kuri benshi, ahubwo icyo agamije ngo ni ukwishimisha akanashimisha abantu.
Mugisha Jacques wamugaye amaso kuva ku myaka icyenda, avuga ko bigoranye kwakira ubuzima bwo kumugara ariko ngo ntibyamuciye integer kuko yabashije kwiga akarangiza kaminuza kandi yishimira ubuzima nk’abandi.
Intara ya Rhenanie Palatinat yo mu gihugu cy’Ubudage by’umwihariko mu karere ka Landau, irishimira uko amafaranga iteramo inkunga akarere ka Ruhango ikoreshwa. Kubera iyi mikoranire myiza iranga impande zombi, iyi ntara yemeye kongera inkunga yayo itera aka karere.
Umusore w’imyaka 25 wari umukozi wo mu rugo mu mudugudu wa Buhaza, akagali ka Gati, umurenge wa Muyira mu karere ka Nyanza acumbikiwe na polisi yo muri aka karere akurikiranweho gusambanya umwana w’imyaka ibiri.
Mukasonga Alivera, umukecuru ukomoka mu mudugudu wa Murindwa akagali ka Birenga umurenge wa Kazo, imiganda y’abaturage yamukuye mu rusengero aho yacumbikaga inzu imaze kumugwana bamwubakira inzu nziza yishimira.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Gicumbi bibasirwa n’indwara zifata imyanya y’ubuhumekero muri ibi bihe by’imvura bakomeje kwiyongera kubera ubukonje bukabije.
Kuva tariki 10-13/10/2013, i Kigali harimo kubera inama mu byiciro bitandukanye by’impuzamashyirahamwe y’imikino Olympique muri Afurika (ANOCA), zikaba zigamije gushaka uko imikino yatera imbere muri Afurika.
Umuyobozi w’ishyaka rya gikomunisiti mu gace kamwe ko mu mugi wa Pékin yasezerewe ku mirimo azira kuba yarakoreye umuhungu we ubukwe buhenze, kandi ishyaka arimo ryarasabye ko abarihagarariye bagomba kwizirika umukanda.
Mu murenge wa Kamabuye mu karere ka Bugesera hongeye gufatirwa imodoka yo mu bwoko bwa Dyna ipakiye ibiti by’umushikiri (Kabaruka) bijyanywe kugurishirizwa mu gihugu cya Uganda.
Ubushakasha bwakorewe mu Bufaransa bwagaragaj3 ko abagore ari bo bakunda kurangara cyane no kutagira impungenge zo kwandika ubutumwa bugufi SMS iyo batwaye imodoka.
Abantu 20 barimo abafite ubumuga n’abita ku bafite ubumuga baturutse mu gihugu cy’Ubudage kuri uyu wa 10/10/2013 basuye ibigo byita ku bana bafite ubumuga INEZA Kabaya kiri mu murenge wa Kabaya na APAX Muramba kiri mu murenge wa Matyazo.
Nubwo bamwe mu bayobozi b’ibihugu by’Afurika bamaze kugaragaza ko badashyigikiye imikorere y’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha (ICC), imwe mu miryango mpuzamahanga yita ku burenganzira bwa muntu igera kuri 130 ikorera mu bihugu 34 by’Afurika irahamagarira abayobozi b’ibihugu kudafata umwanzuro wo kwitandukanya n’uru rukiko.
Mu masaha yo ku mugoroba wa tariki 09/10/2013 inkuba yakubise umwana na nyina mu murenge wa Rubengera akarere ka Karongi bahita bitaba Imana, n’amazu arenga 10 y’abahejwe inyuma n’amateka atwarwa n’umuyaga.
Mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 50 y’ubufatanye hagati y’u Rwanda n’u Burusiya, Ministiri w’icyo gihugu wungirije ushinzwe ububanyi n’amahanga, Mikhail Leonidovich Bogdanov, yaje mu Rwanda kuganira na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, aho bemeranyijwe gushimangira umubano.
Abanyeshuri basoza amashuri yisumbuye mu ishuri ryisumbuye rya Sumba riri mu murenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe, baratangaza ko kuba uburyo bwo gutanga inguzanyo ku banyeshuri bagiye kwiga muri kaminuza bwarahindutse bitabaciye intege ngo bibabuze guharanira kugira amanota menshi.
Itsinda ry’abahagarariye abafite ubumuga bo mu Ntara ya Rhénanie Palatinat ryagendereye abana barererwa mu kigo cy’abatumva ntibanavuge giherereye ahitwa i Ngoma ho mu Karere ka Huye, kuri uyu wa 09/10/2013.
Abantu batandukanye bavuga ko ururimi rw’Ikinyarwanda rugenda ruteshwa agaciro n’abaruvuga, kuko usanga baruvangira n’indimi z’amahanga. Ibi ngo biterwa n’uko abatuye u Rwanda bose batarukuriyemo, bikaba byaba byiza abakiri bato barwigishijwe kuko ruri mu biranga umuco.
Umwe mu barwanyi ba FDLR witandukanyije n’uyu mutwe, Nsengiyumva Mpawenayo, avuga ko umutwe wa FDLR ukoresha abana ibikorwa bya gisirikare kandi abenshi uba ufatiranye kubera ubuzima bubi.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) iratangaza ko gushaka kwikubira imitungo bituma bamwe mu bakiri bato bahohotera ababyeyi babo bakabashyira ku ruhande, kugira ngo babone uko bigarurira ibyo bakoreye kuko baba batagishoboye kubyikurikiranira.
Kuva tariki 08/10/2013 amacumbi aciriritse mu karere ka Rubavu atujuje ibyangombwa arimo gufungwa by’agateganyo n’itsinda ry’akarere rishinzwe kugenzura isuku n’ibyangombwa byemerera aya macumbi gukora.
Kuri uyu wa gatanu tariki 11/10/2013 i Gikondo ahasanzwe habera imurikagurisha, harabera igitaramo cyateguwe na Radio KFM 98.7 mu rwego rwo guhuza abahanzi, abafana n’abanyamakuru ba KFM.
Abagore bo mu karere ka Muhanga, bagize itsinda bise “abagore b’ibyiringiro,” batangiye igikorwa cyo kwigisha abagore bagenzi babo kugirango bagaruke ku nshingano zabo zo kubaka urugo kuko byagaragaye ko za “gatanya” zikomeje kugenda ziyongera.
Abana babiri bo mu karere ka Ruhango bitabye Imana baguye mu myobo mu tugari dutandukanye two mu murenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango, tariki 09/10/2013. Ababonye izo mpanuka bavuga ko zatewe n’uburangare bw’ababyeyi.
Umurambo w’umugabo witwa Mbagoroziki Zakayo w’imyaka 24 y’amavuko wari utuye mu mudugudu wa Rugeyo, akagari ka Raro mu murenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke, wataruwe mu mudugudu wa Ruganda, akagari ka Susa muri uyu murenge wa Kanjongo, tariki ya 9/10/2013.
Kuburanishiriza imanza ahakorewe ibyaha kuko bitanga isomo ku bandi baturage, nibyo ubuyobozi bw’umurenge wa Matimba mu karere ka Nyagatare bwifuje nyuma y’aho tariki 08/10/2013 muri uwo murenge haburanishirijwe imanza 3 z’abakekwaho gucuruza ikiyobyabwenge cya Kanyanga.
Abaturage cyanecyane abakobwa bo mu murenge wa Karangazi mu karere ka nyagatare barasabwa kwirinda inda zitateguwe kuko ari kimwe mu bikururira imiryango ibibazo.
Anathaliya Nyiraminani, umukobwa w’imyaka 15 y’amavuko afite ubumuga bwo kutumva no kutavuga, icyakora ntibimubuza kwicarana n’abandi ku ntebe y’ishuri agakurikira amasomo, akaba yizeye kuzigirira akamaro no kukagirira igihugu.
Icyamamare mu gukina firime w’umunya Koreya y’Epfo, Song II Gook, uzwi cyane nka Jumong, ngo yaba aherutse mu Rwanda kureba uko yakubaka inzu y’ubucuruzi, izibanda ku kuzamura imibereho y’abagore b’abapfakazi mu karere ka Musanze.
Kubera umuco n’imyumvire, imirimo imwe n’imwe yaharwaga abagabo, indi igaharirwa abagore ariko uko imyumvire igenda izamuka birahindura. Umugabo uvuga ko yitwa Rusisibiranya Anastase yarenze iyo myumvire, afatanya n’umugore we basekura isombe bagurisha mu isoko rya Gakenke.
Mu rwego rwo kurushaho gufatanya mu gukumira ibyaha bitaraba, tariki 09/10/2013 uturere dutandatu two mu Ntara y’Amajyepfo twasinye amasezerano na polisi y’u Rwanda agamije ubufatanye mu guhanahana amakuru arebana n’iby’umutekano w’abantu n’ibyabo.
Ubwo yagaragazaga uko ingengo y’imari y’umuryango w’abibumbye (UN) ihagaze, umunyamabanga wungirije w’uwo muryango ushinzwe ibikorwa, Yukio Takasu, yatangaje ko UN ifitiye u Rwanda umwenda wa miliyoni 37 z’amadolari z’abasirikare bajya mu butumwa bwo kubungabunga amahoro.
Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku bagore (UN Women) rifatanyije n’abakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka mu Rwanda baraganira uburyo mu Rwanda ubu bucuruzi bwanozwa gahakurwaho imbogamizi ababukora bahura nazo.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko servisi butanga zirimo kwihutishwa hifashishijwe ikoranabuhanga rya MIS, ariko by’umwihariko ibyangombwa byo kubaka bigiye kujya bitangwa mu minsi 21, aho kuba 30 nk’uko bisanzwe.
Shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda ntabwo izakina mu mpera z’icyi cyumweru nk’uko byari bisanzwe, kubera ko uzaba ari umunsi amakipe y’ibihugu hirya no hino ku isi azaba akina imikino yo guhatanira itike yo kuzajya mu gikombe cy’isi kizabera muri Brazil muri 2014.
Mu murenge wa Gahengeri mu karere ka Rwamagana kuri uyu wa 09/10/2013 bazindutse bajya gushyingura umwana wavutse apfuye, abaturage bemeza ko yaba yazize ko ise yakubise nyina wari umutwite amuhoye ko yamwanduje indwara bita imitezi.
Benshi mu barwayi n’abarwaza ntibazi ko bafite uburenganzira bwo gutanga amakuru ku baganga batabitaheho neza bijyanye n’amategeko y’ubuvuzi; nk’uko bitangazwa n’Inama nkuru y’Abaforomo n’Ababyaza (NCNM).
Kaminuza y’Umutara Polytechnic, ibinyujije mu kigo cy’ubushakashatsi kiyishamikiyeho (Centre for Livestock Research and Development-CLRD), yatangiye ubufatanye na Kaminuza ya HAS University yo mu Buholandi, mu guhindura no guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi bwa kijyambere.
Medard Munyaneza utuye mu murenge wa Bweramana mu karere ka Ruhango, kuri uyu wa 09/10/2013 yagejeje ikirego mu rukiko rwisumbuye rwa Muhanga arega akarere ka Ruhango kubera isambu y’umuryango we yubatswemo isoko ntiwahabwa ingurane.
Abayobozi batandukanye b’inzego z’ibanze barasabwa gusobanukirwa uburemere bw’ihohoterwa rishingiye ku gitsina kuko hari benshi badasobanukiwe neza n’ihohoterwa icyo ari cyo.
Ibintu byinshi ba mukerarugendo bashobora gusura mu Rwanda biri kugenda bitezwa imbere ndetse n’ahadatunganyijwe hatunganywa kugira ngo abahasura bahishimire bityo bininjirize igihugu n’abagituye.
Umugabo w’Umubiligi wari wavutse ari umukobwa abaganga bamwemereye gupfa nyuma y’uko uyu mugabo-gore yari amaze kugaragaza ko igitsina cy’abagabo bamuteyeho mu 2009 kitamushimishije kandi bikaba byamuteraga agahinda kadashira, ngo atari kuzabasha kwihanganira iyo akomeza kubaho.
Abafundi n’ababahereza 250 bavuga ko bambuwe na rwiyemezamirimo Ruhumuriza Theobard, uhagarariye company Elite General Constractors Ltd (EGC) yatsindiye kwagura isoko ry’akarere ka Ngoma none barasaba kurenganurwa kuko ngo ubuzima bubagoye cyane .
Mu gikombe cy’isi cy’umukino wa Sitball kizabera i Kigali kuva tariki 11-13/10/2013, u Rwanda ruzatangira irushanwa rukina na Kenya kuri Stade ntoya i Remera guhera saa cyenda z’amanywa.
Abahinzi ba kawa mu karere ka Rulindo bavuga ko bakora ibishoboka byose ngo bite kuri kawa nk’uko babisabwa n’akarere nyamara ngo ikibazo basigaranye ni uko iyo mirimo ibatwara imbaraga nyinshi ariko igiciro cya kawa ntikiyongere.
Abanyeshuri biga muri kaminuza yo mu gihugu cya Hungary bagiye kwiga bambaye utwenda tw’imbere (amakariso), bakubika ibitabo ku mabere bagaragaza ko batishimiye icyemezo cy’umuyobozi wa kaminuza ubategeka uko bagomba kwambara.
Umushinga Plan International Rwanda wamurikiye akarere ka Bugesera ishuri ry’ikitegererezo wubatse murwego rwo gushimangira uburezi bw’ibanze kandi bufite ireme.
Ababaruye sim cards za MTN ahuzwa n’indangamuntu za ba nyirayo mu Karere ka Huye n’aka Nyamagabe bavuga ko nta n’umwe wishyuwe amafaranga ye yose nk’uko bari babibasezeranyije.
Umusore witwa Rwema Valens yitabye Imana azize ikirombe cyamugwiriye ubwo yari agiye gucukura “KORUTA” mu buryo butemewe mu kagari ka Murehe, umurenge wa Rukoma tariki 7/10/2013.