Ubwo hatangizwaga itorero ry’urubyiruko rurangije amashuri yisumbuye mu karere ka Rulindo, abitabiriye itorero beretswe filme irimo na bimwe mu byaranze amateka y’u Rwanda ndetse baranasobanurirwa bihagije.
Mu rwego rwo kurwanya uburaya, inteko ishinga amategeko y’igihugu cy’Ubufaransa yatoye itegeko rigena ibihano ku buraya. Kimwe muri ibyo bihano, ni uko abagana indaya bazajya bacibwa amayero 1500.
Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya mbere yabaye tariki 30-31/06/2003 ikaba iteganywa n’ingingo ya 168 y’Itegeko Nshinga ryemejwe muri Gicurasi uwo mwaka.
Umuhanzi Auddy Kelly atangaza ko iby’urukundo rugaragara hagati ye na Jody mu mashusho y’indirimbo yabo “Sinzagutererana” bakoranye Atari ko biri ahubwo ko baba bari mu kazi ndetse kuri we akaba asanga bisa nko gukina filime.
Mu gihe hasigaye umunsi umwe ngo inama y’igihugu y’umushyikirano yongere iterane ku nshuro ya 11, Kigali Today yaganirye n’Abanyakarongi bayigaragariza icyo bifuza ko cyaganirwaho mu nama y’umushyikirano izatangira tariki 06/12/2013.
Abaturage batuye mu karere ka Kayonza, umurenge wa Rukumberi mu tugari twegereye umugezi w’Akagera baratabaza ko imvubu zikomeje kubonera zivuye mu kagera zikanabarira amatungo cyane cyane ingurube.
Rwiyemezamirimo wahawe isoko ryo kubaka amazu 15 y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi yananiwe kuyuzuza maze abubakiwe ayo mazu bafata icyemezo cyo kuyajyamo atuzuye aho gukomeza gusembera batagira aho barara.
Sekamana Francois w’imyaka 26 wo mu murenge wa Zaza mu karere ka Ngoma yatoraguwe tariki 04/12/2013 mu musarane yarishwe nyuma yo kuburirwa irengero ubwo yajyaga kurarira iduka rye ku mugoroba wo kuwa 02/12/2013.
Intumwa yihariye y’Amerika mu karere k’ibiyaga bigari, Russell Feingold, taliki ya 4/12/2013 yakiriwe na Perezida Kagame baganira ku buryo ikibazo cy’umutekano mucye mu karere cyabonerwa ibisubizo.
Ikipe y’u Rwanda y’umukino wa Goalball yegeze muri ½ cy’irangiza mu mikino y’igikombe cya Afurika irimo kubera i Kasarani muri Kenya, nyuma yo gutsinda Maroc amanota 15-14.
Mu gihe ikipe y’igihugu iri muri Kenya mu gikombe cya CECAFA, ikipe ya Rayon Sport na Police FC, zikoresheje abakinnyi basigaye mu Rwanda zizakina umukino wateguwe n’Urwego rw’umuvunyi mu rwego rwo kurwanya ruswa ukazabera kuri Stade Amahoro ku cyumweru tariki ya 8/12/2013.
Abakinnyi babiri b’ikipe y’igihugu ya Eritrea bari bagiye mu mikino y’igikombe cya CECAFA muri Kenya, bamaze gutorokera muri icyo gihugu mu gihe n’imikino y’ikipe yabo yari itararangira.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ku bufatanye na FIFA, CAF ndetse n’abandi baterankunga rigiye kubaka ibitaro bizajya bihangana cyane cyane n’imvune z’abakinnyi bakazajya bavurwa batagombye kujyanwa hanze y’u Rwanda.
Ubwo yatangizaga itorero ry’igihugu ku banyeshuri barangije amashuri yisumbuye mu Karere ka Gisagara, Minisitiri Mussa Fazil Harerimana, yatangaje ko itorero ari amahirwe menshi ku barijyamo kuko higirwa inzira y’ubuzima bw’Umunyarwanda nyawe bityo bakaba bakwiye kubyaza umusaruro inyigisho barihererwamo.
Abikesheje urubuga rwa Facebook, umugore witwa Angela Palmer, yabonanye na nyina umubyara witwa Helga Simeckie atigeze abona mu buzima bwe.
Mu rwego rwo kurwanya uburaya, inteko ishinga amategeko y’igihugu cy’Ubufaransa yatoye itegeko rigena ibihano ku buraya. Kimwe muri ibyo bihano, ni uko abagana indaya bazajya bacibwa amayero 1500.
Ishyirahamwe ry’abacukuzi b’amabuye y’agaciro mu Rwanda (RMA) ku bufatanye na Leta, ryemeye gukoresha uburyo bugezweho bw’ubucukuzi, kugirango umusaruro uva ku mabuye y’agaciro uzabe wikubye kabiri kugera kuri miliyoni 400 z’amadolari bitarenze umwaka wa 2017.
Bumwe mu butumwa bwatanzwe mu gutangiza ku mugaragaro icyumweru cyahariwe kurwanya ruswa mu Rwanda, igikorwa cyabereye i Huye ku wa 4/12/2013, ni uko nta terambere ryagerwaho hariho ruswa.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, James Musoni, yasabye abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge yose igize igihugu n’abashinzwe umurimo mu nzego zitandukanye z’abakozi kugendera ku ndangagaciro no guharanira ubumwe bw’abanyagihugu kuko aribyo bizubaka igihugu.
Irakoze Odine Light w’imyaka 8 wo mu murenge wa Kagano mu karere ka Nyamasheke akaba ari Umukristo mu Itorero ry’Abadiventisiti b’Umunsi wa Karindwi amaze kumenyekana muri iri torero nk’umwana ukiri muto ubasha guhagarara imbere y’iteraniro akabwiriza abakristo kandi bikagaragara ko akunze gukora umurimo w’Imana.
Indwara y’ibibara (bacterial spot) ku mababi y’inyanya, urusenda, intoryi, pavuro n’ibindi iterwa na bacterie yitwa “Xanthomonas compestris pv. Vesicatoria” ikwira cyane mu gihe cy’imvura.
Abatuye umujyi wa Rwamagana bavuga ko inzu idasanzwe yubakwa ku isoko rikuru rya Rwamagana ari ikimenyetso cya ruswa abayobozi benshi baba barahawe ngo bemerere umuturage uri kuyubaka gukomeza ubwubatsi bwe ntawe umukoma imbere kandi idakurikije igishushanyo-mbonera cy’umujyi.
Bamwe mu baturage mu karere ka Rulindo bakaba bavuga ko inama z’imishyikirano zahise hari byinshi zagezeho bityo bakaba bifuza ko mu Mushyikirano w’uyu mwaka hari ibyakwigwaho bigakosorwa kuko bibabangamiye.
Mu bushakashatsi yashyize ahagaragara ku birebana n’ibidasanzwe cyangwa ibitangaje mu bikorwa birebana n’imibonano mpuzabitsina, umwanditsi witwa Norton avuga ko amasohoro y’umugabo asohoka afite umuvuduko wa kilometero 45 ku isaha.
Abatuye umudugudu w’ubumwe n’ubwiyunge baravuga ko inzira y’ubumwe n’ubwiyunge bayigeze kure, kuko ubu bafite ibikorwa byinshi bahuriyeho hatitawe ku moko ya buri umwe, ndetse bakaba basigaye babanye kivandimwe.
Umwana w’umukobwa w’imyaka 19 yavuye Kimisagara mu mujyi wa Kigali ajya mu karere ka Rusizi gusura umusore amarayo icyumweru ariko nyuma birangira umusore amwimye amafaranga yo gusubira iwabo.
Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zishinzwe kugarura amahoro mu Burasizuba bwa Kongo –Kinshasa zatangiye gukoresha indege ebyiri zitagira abapilote mu rwego rwo gukusanya amakuru ku bikorwa by’imitwe yitwara gisirikare iri mu Ntara ya Kivu.
Ku bufatanye n’ingabo z’igihugu, umuryango uharanira inyungu rusange wa JHPIEGO n’ikigo nderabuzima cya Nyamagabe, abantu bagera kuri 828 babashije guhabwa serivisi zo kwikebesha (kwisiramuza) ku buntu, kuva tariki 18-29/11/2013.
Umuyobozi wungirije wa Komisiyo y’igihugu y’itorero, Brig. General Emmanuel Bayingana, arasaba abanyeshuri barangije amashuri yisumbuye bari mu itorero kubaka Ubunyarwanda bwa bo bashingiye ku ndangagaciro zaranze umuco gakondo w’Abanyarwanda kandi bagaharanira kuwuhesha agaciro aho bazaba bari hose.
Umuyobozi w’akarere ka Burera, Sembagare Samuel, arasaba abanyeshuri barangije amashuri yisumbuye bari mu itorero, gukunda umurimo baharanira kwihesha agaciro kuko ariko shingiro rya byose.
Umugabo watoraguwe aziritse amaguru n’amaboko ndetse bamushyize ibitambaro mu kanwa bamuta mu murima maze atoragurwa n’abahinzi mu mudugudu Rwibinyogote mu kagari ka Nemba mu murenge wa Rweru mu karere ka Bugesera yaje kuzanzamuka nyuma yo kwitabwaho n’abaganga mu bitaro bikuru bya ADEPR Nyamata.
Muhawenimana Josée w’imyaka 23 y’amavuko utuye mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza yafashwe tariki 3/12/2013 ahagana saa tanu z’amanywa arimo guta ku munigo umwana w’umuhungu yabyaye w’imyaka itatu ashaka kumuhotora.
Mu Rwanda hagiye kuba inkera y’imihigo y’urubyiruko “YouthConnekt Convention” izahuza urubyiruko rusaga 3000 aho bazicara hamwe bagasasa inzobe bagendeye kuri gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”.
Mu birori by’umunsi mpuzamahanga w’abafite ubumuga byizihirijwe mu karere ka Huye ku rwego rw’igihugu tariki 3/12/2013 akarere ka Nyanza kabyegukanyemo igikombe cyo kuba korohereza abafite ubumuga mu kukabonamo akazi.
Sosiyete ya Airtel yashyikirije abanyamahirwe ibihembo bitandukanye birimo inka eshatu, itike y’indege ya RwandAir yo kujya Johanesbourg muri Afurika y’Epfo n’ibindi bihembo bitandukanye birimo amaterefoni, mu gikorwa cya BIRAHEBUJE, cyabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 3/12/2013.
Abarwanyi batatu bo mu mutwe wa FDLR bishwe n’ingabo za Kongo-Kinshasa (FARDC) tariki 02/12/2013 mu gace ka Kabulo ahitwa Kalemie kubera ko ibitero byagabwaga na FDLR igasahura abaturage.
Umurambo w’umugore utamenyekanye watoraguwe mu nsi y’ibarizo ry’uwitwa Ntakirutimana Emmanuel wo mu kagari ka Cyabajwa mu murenge wa kabarondo wo mu karere ka Kayonza tariki 03/12/2013 mu masaha ya saa sita n’igice. Uwo murambo wahise ujyanwa ku bitaro bya Rwinkwavu byo mu karere ka Kayonza.
Mu bushakashatsi bwakozwe mu mwaka ushize mu Turere twa Gakenke, Gatsibo, Ngororero na Nyabihu bugaragaza ko abagore n’abagabo bafatanya mu guhinga ariko umusaruro uvuyemo ukikubirwa n’abagabo, bikaba intandaro z’amakimbirane mu muryango.
Uwihanganye Samuel na Kizora bafatanywe inyama z’isatura, impongo n’urukwavu mu kagari ka Kageyo mu murenge wa Mwili mu karere ka Kayonza tariki 02/12/2013.
Abaturage bo mu karere ka Gakenke baganiriye na Kigali Today bifuza ko Inama y’Umushyikirano iteganyijwe tariki 06-07/12/2013 yagaruka ku bikorwaremezo nk’amashanyarazi n’imihanda kimwe n’imibereho myiza nka mitiweli n’ibyiciro by’ubudehe.
Nyuma yo gufasha ikipe y’u Rwanda kujya mu cyiciro cya nyuma cy’amajonjora yo kujya mu gikombe cy’isi, Mutabazi Elie ukina muri APR Volleyball Club, yahagaritse burundu gukinira ikipe y’igihugu ya Volleyball yari amaze imyaka 15 akinira.
Abazitabira Inama y’umushyikirano iteganijwe kuva ariki 06/7/2013 barasabwa kutavuga ku bibazo byabo bwite, ahubwo ngo bagomba gushingira ku byafasha abafata ibyemezo kugena gahunda zo kongera umusaruro w’ibyo igihugu gikeneye.
Ikibazo cy’abacungamutungo benshi badafite ubunararibonye buhagije mu kazi kiracyari imbogamizi ikomeye mu Rwanda, ari naho hava n’intandaro y’imicungire mibi y’imari akenshi ikunze kugaragara mu bigo bya Leta.
Umuyobozi w’akarere ka Rubavu wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Rusine Nyirasafari, ashima imikorere y’amatsinda (club) zita ku isuku kuko bitanga umusaruro mu kugabanya indwara zikomoka ku isuku nke.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’intara y’amajyepfo, Izabiliza Jeanne, arasaba urubyiruko rwitabiriye urugerero, igice kibanza cyo gutozwa kuzabyaza umusaruro amahirwe bagize yo gutozwa ngo kuko agirwa na bake.
Umukobwa w’imyaka 14 ukora akazi ko mu rugo mu mudugudu wa Kamuhoza, akagari ka Mburamazi mu murenge wa Murunda mu karere ka Rutsiro, arashinja umuhungu w’imyaka 17 na we ukora akazi ko mu rugo kumufata ku ngufu, icyakora uwo muhungu we akabihakana.
Abaturage bo mu kagari ka Kirehe mu murenge wa Kabare wo mu karere ka Kayonza bari bamaze icyumweru kirenga baratewe n’imvubu yabahungabanyirizaga umutekano.
Mu gitondo cyo kuwa 3/12/2013 mu masaha ya saa moya mu mudugudu wa Rwibinyogote mu kagari ka Nemba mu murenge wa Rweru mu karere ka Bugesera hatoraguwe umurambo w’umugabo uri mu kigero cy’imyaka 35 y’amavuko uka utaramenyekana.