Bamwe mu bitabiriye imurikagurisha ririmo kubera mu karere ka Nyagatare barasaba ko ryajya riba igihe cy’impeshyi aho kuba icy’imvura kuko bituma rititabirwa neza.
Abanyeshuli bane bahamijwe n’urukiko rwisumbuye rwa Muhanga icyaha cyo gutwika ku bushake ishuli ryabo rya ES Byimana bajuririye urukiko rukuru urugereko rwa Nyanza umwe muribo yarekuwe tariki 15/11/2013 kubera ko imyaka ye itamwemerera uburyozwacyaha.
Nyuma y’itabaruka ry’umubyeyi wa nyiri kampani ya Capital Express itwara abagenzi mu muhanda Kigali-Karongi, kuri uyu wa 15/11/2013 mu mujyi wa Karongi hari ikibazo cy’ibura ry’imodoka kubera ko abakozi ba Capital bose bagiye gutabara umukoresha wabo.
Babitewemo inkunga n’umuryango w’Abanyamerika USAID, umushinga International Alert, Urugaga Imbaraga na Pro-femme Twese Hamwe, batangiye umushinga w’ubufatanye mu iterambere binyujijwe mu muco w’amahoro.
Ndayisaba Emmanuel w’imyaka 28 y’amavuko wafatiwe mu murenge wa Musenyi mu karere ka Bugesera agurisha moto yari yibye mu Ntara ya Kirundo, Komine Busoni muri zone Gasenyi yashyikirijwe polisi y’u Burundi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe buratangaza ko igihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 20 kizagera imitungo y’abarokotse Jenoside ifitwe n’abandi yarahawe bene yo, ndetse n’imanza z’imitungo zaciwe n’inkiko Gacaca zose zararangijwe.
Impuguke z’imiryango mpuzamahanga zaje mu Rwanda kuganira ku nkomoko y’amabuye y’agaciro acukurwa mu bihugu by’akarere k’ibiyaga bigari, zavuze ko ubwinshi bw’ibirombe mu Rwanda, uburambe no gukoresha uburyo bugezweho, byakuraho ibirego bishinja u Rwanda gucuruza amabuye y’agaciro ava muri Congo.
Umushinga wa gikirisitu utegamiye kuri Leta World Vision ukorera mu karere ka Gatsibo utangaza ko umaze gufasha aka Karere kongera umubare w’abakoresha ingufu zikomoka kuri biogas nyuma yo kubona ko Akarere ka Gatsibo kari kagifite umubare muto w’abakoresha biogas.
Minisitiri w’urubyiruko n’ikoranabuhanga, arasaba urubyiruko gatorika ndetse n’urubyiruko rw’u Rwanda muri rusange kugira inzozi, icyerekezo cyangwa se ikifuzo gikomeye cyane umuntu aba afite ku mutima kuko kuko aricyo kiyobora inzira anyuramo buri munsi.
Abantu cumi n’umwe bakubiswe n’inkuba ubwo bari mu nama ku kirwa cya Bugarura giherereye mu kagari ka Bushaka mu murenge wa Boneza mu karere ka Rutsiro tariki 14/11/2013 ku bw’amahirwe ntihagira uwitaba Imana, usibye umunani muri bo bahungabanye bikomeye.
Abakinnyi b’ikipe y’u Rwanda y’umukino w’amagare, bihaye intego yo kuzegukana umwanya wa mbere mu isiganwa ry’amagare ‘Tour du Rwanda 2013’ rizatangira ku cyumweru tariki 17/11/2013.
Abagize Koperative z’abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Rugeramigozi ho mu Karere ka Muhanga basuye bagenzi babo bahinga umuceri mu kibaya cya Bugarama mu karere ka Rusizi mu rwego rwo kubigiraho uko bacunga koperative n’uburyo bayobora amazi mu mwaka.
Mutarambirwa John w’imyaka 39 y’amavuko, yafatanywe udupfunyika “boules” dutanu tw’urumogi arimo kururuza ku manywa y’ihangu tariki 14/11/2013 mu murenge wa Kabagali mu karere ka Ruhango.
Abanyeshuri bagera kuri 200 basoje amasomo banahabwa impamyabumenyi z’amezi atandatu bamaze bahugurwa ibijyanye no gutunganya umubiri no gutunganya imisatsi mu ishuri ry’imyuga rya Universal Beauty Academy (UBA) riherereye mu mujyi wa Kigali.
Umunyamabanga nshingwabikorwa wa komisiyo y’ubumwe n’ubwiyunge aravuga ko gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” atari gahunda nshya kuko ihame ry’ubumwe n’ubwiyunge ndetse n’inyigisho, bigamije gukiza ibikomere ibikomere Umunyarwanda yaciyemo maze yiyubake.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko ibikorwa byo kubaka isoko mpuzamahanga ryo ku mupaka wa Cyanika, uhuza u Rwanda na Uganda, bizaba bigeze ku kigero cya 30% mu mwaka wa 2014.
Abagabo barindwi bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kirehe nyuma yo gufatwa batuburira abantu batandukanye amafaranga bifashishije Bibiliya bababeshya ko babacungira umutekano wayo.
Nyuma y’umwaka inyubako z’uruganda rwagenewe gutunganya umusaruro w’imyumbati mu karere ka Ngororero zuzuye ndetse ubu imashini zizakoreshwamo zikaba zarabonetse, ubu hongewemo na gahunda yo gutunganya umusaruro w’ibigori itari yaratekerejweho mbere.
Abakozi n’abakorerabushake 28 b’umuryango utabara imbare Croix-Rouge y’u Rwanda bakorera mu bice bitandukanye by’igihugu bari kwigishwa guhangana n’ingaruka z’ibiza no kubikumira.
Umuyobozi w’akarere ka Ngororero, Ruboneza Gedeon, yamenyesheje abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari n’imirenge ndetse na ba perezida b’inama njyanama kuri izo nzego ko gahunda ya Ndi Umunyarwanda igomba kugera kuri buri muturage wo mu karere ayoboye.
Nyuma y’amezi atandatu abakozi bemejwe n’inama njyanama y’akarere ka Ruhango bari mu igeragezwa ry’akazi, kuri uyu wa Kane tariki ya 14/11/2013 nibwo barahiriye ko babaye abakozi bemewe na Leta.
Mu murenge wa Bigogwe mu karere ka Nyabihu batangiye gukingira inka ziri guturuka muri Repubulika iharanira Demukarasi ya Kongo zihungishirizwa mu Rwanda kugira ngo hatagira izakwanduza izisanzwe mu duce twegeranye na Kongo. Hagati aho ariko inka zambuka umupaka zikomeje kwiyongera, ngo bikaba biterwa n’uko ngo ingabo za (...)
Abatuye akarere ka Musanze, kuri uyu wa kabiri tariki 12/11/2013 bitabiriye ari benshi cyane ku buryo budasanzwe umupira wahuje ikipe ya Musanze FC na APR FC, maze ikipe yabo igatsindwa igitego kimwe k’ubusa.
Umukino wa Basketball bita All Stars Game, uhuza amakipe abiri agizwe n’abakinnyi bakomeye kurusha abandi batoranyijwe mu Rwanda mu 2013, ku nshuro ya kabiri uzakinwa ku cyumweru tariki ya 17/11/2013 guhera saa tanu za mu gitondo.
Mu Rwanda hagiye kongera kubera ku nshuro ya kabiri Iserukiramuco Nyarwanda rya filimi za gikristu, rikazatangira kuwa gatanu tariki ya 15/11 rigasozwa ku cyumweru tariki ya 24/11/2013 ubwo hazatangwa ibihembo kuri filime zizaba zahize izindi.
Abashakashatsi bo mu gihugu cya Denmark baratangaza ko abantu bafite isura itagaragaza ko bakuze, ngo bagira amahirwe yo kuramba ku isi nk’uko ubushakashatsi bwabigaragaje.
Ihene ya Nyirahabimana Annonciata utuye mu mudugudu wa Rugote, akagari ka Shyembe, umurenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro, yafunzwe iminsi itatu n’umukuru w’umudugudu izira ko nyirayo yasibye umuganda biyiviramo gupfa.
Bamwe mu batuye akarere ka Bugesera baravuga ko kuba mu muryango uhuza ibihugu byo muri Afrika y’ibirasirazuba EAC, East African Communtity bibafite akamaro kanini kuko ngo bizazana impinduka nziza mu Banyarwanda ku mpande nyinshi zirimo nko koroshya ubuhahirane.
Urukiko rw’Ubujurire rw’u Bufaransa rwemeje ko Abanyarwanda babiri bakekwaho ibyaha bya Jenoside babaga aho mu Bufaransa bashobora kuburanira mu nkiko z’u Rwanda kandi bakabona ubutabera.
Urubanza ruregwamo Lt. Joel Mutabazi wahoze mu gisirikare cy’u Rwanda RDF, ari hamwe n’abo baregwa ibyaha birimo kugambanira igihugu no kurema umutwe w’abagizi ba nabi, rwasubitswe kubera ko uregwa ngo atarabona umwunganira mu mategeko, rukaba ruzasubukurwa ku itariki ya 25/11/2013, ubwo Mutabazi agomba kuba yashatse (...)
Bamwe mu bagize Umuryango w’abakire bakiri bato ku isi wa YPO, bamenyesheje Perezida w’u Rwanda Paul Kagame, ko bagiye kuzana abashoramari bagenzi babo mu Rwanda, kuko ngo bashima uburyo iki gihugu cyorohereza ishoramari.
Ihuriro rya gikirisitu rihuza urubyiruko rwo mu mijyi ya Butare na Kigali ryateguye igitaramo bise Igitaramo Mpinduramatwara ngo bagamije kuramya no guhimbaza Imana, kandi ngo ni igitaramo kizagaragaramo abahanzi batandukanye.
Umuyobozi w’isosiyeti y’ubwubatsi yubatse isoko rya kijyambere ry’akarere ka Nyanza yatawe muri yombi na polisi y’igihugu ikorera mu karere ka Nyanza akekwaho gukoresho inyandiko mpimbano no gutanga sheki itazigamiwe (Cheque sans provision)
Umukozi usanzwe ari umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari mu karere ka Gakenke aravugwaho ko ngo yagujije umuturage amafaranga agera ku bihumbi 120 ariko atinda kuyamwishyura ndetse umuturage we abona ko yanze kumwishyura ahitamo gufatira mudasobwa y’akazi uwo munyamabanga yari abikije iwe.
Uwamahoro Dative w’imyaka 30 wo mu murenge wa Musange mu kagari ka Masangano mu mudugudu wa Kibumba ukurikiranyweho kwica umugabo we witwaga Minani François akamuta mu bwiherero hagashira umwaka bitaramenyekana, yageze imbere y’urukiko rwisumbuye rwa Nyamagabe kuri uyu wa gatatu tariki ya 13/11/2013 aburana ifungwa (...)
Nyuma y’uko mu ijoro ryo kuwa 11 rishyira 12/11/2013, mu kagaki ka Rwenje hibwe ibendera ryari ku cyicaro cy’ako kagari biturutse ku burangare bw’abagabo Nzeyimana Theoneste na Bucyukundi bari baraririye ako kagari, ubu ngo iryo bendera ryabonetse mu murima w’abaturage, aho bakeka ko abari baryibye baritaye.
Ubwo Ikigega cy’Iterambere ry’igihugu Agaciro Development Fund cyatangizwaga mu mwaka ushize, Abanyagakenke bose biyemeje gutanga umusanzu ungana na miliyoni 414 z’amafaranga y’u Rwanda muri icyo kigega. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’akarere ka Gakenke yatangarije mu nama yabaye tariki 12/11/2013 ko umusanzu (...)
Komisiyo y’igihugu y’abakozi iratangaza ko ngo bitunguranye kumva ko ubuyobozi bw’Ishuri ry’imari n’Icungamutungo ryahoze ryitwa SFB buvuga ko bwagize ibibazo by’icungamutungo imbere y’abadepite, mu gihe amasomo bigisha muri iri shuri aribyo bibazo ashinzwe gucyemura.
Umusore w’umunyeshuri wo mu gihugu cy’u Bushinwa mu mujyi wa Pekin yakoze inzu ifite ishusho y’igi kandi ngo yoroshe gutwarwa nyuma yo kubona ko ngo kugira ikibanza cyo guturamo no guterekamo ibyo umuntu atunze ngo bihenze cyane muri uwo mujyi.
Umuhanzi Mani Martin ngo asigaye ari umufana ukomeye cyane w’umuraperi Jay Polly nk’uko yabyitangarije ubwe ku rubuga rwa facebook.
Maniraguha Dukundane wo mu kagari ka Mahoko, mu murenge wa Kanama yakegeswe ijosi na Nzayisenga Eric ubwo yari agiye kumukiza mu gihe yarwanaga n’umugore we ku isaha ya saa saba z’ijoro mu ijoro ryo kuwa 12 rishyira 13/11/2013.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga burasaba ibigo by’imari bikorera muri ako karere ko byajya byitabaza ubuyobozi kugira ngo babashe kubafasha gukurikirana ababibye kuko ngo amafaranga babitse ari ay’abaturage.
Inka zirenga 500 zimaze kugera mu Rwanda, ngo n’izindi nyinshi ziri mu nzira zihunga ubushimusi buri gukorwa n’ingabo za Kongo zitwa FARDC aho ziri kurya inka z’abaturage mu duce twa Bunagana, Runyonyi na Rumangabo.
Mu bitaro by’Akarere ka Nyanza biherereye rwagati mu mujyi wa Nyanza haravugwa inkuru y’ubujura butunguranye kuko byibwe inshuro ebyiri mu munsi umwe kandi mu cyumba kimwe.
Umugabo witwa Ngarambe Clement w’imyaka 37 wigishaga ku kigo cy’amashuri cya Rega mu karere ka Nyabihu, yabonetse ku mugoroba wo kuwa mbere tariki ya 11/11/2013 yapfiriye aho yari acumbitse, mu mudugudu wa Kabaya, akagali ka Gisesero, mu murenge wa Busogo akarere ka Musanze.
Imikino y’umunsi wa cyenda wa shampiyona y’u Rwanda yabaye kuri uyu wa kabiri tariki ya 12/11/2013, yaranzwe no gutsindwa kw’amakipe y’ibigugu arimo Rayon Sport, AS Kigali na Police FC.
Umwana wari ufite imyaka 8 y’amavuko wo mu mudugudu wa Giseke, akagari ka Muhororo mu murenge wa Kilimbi ho mu karere ka Nyamasheke yakubiswe n’inkuba ahita apfa ku mugoroba wo ku wa kabiri tariki ya 11/11/2013.
U Rwanda ruzakira inama mpuzamahanga y’iminsi ibiri ku matariki ya 14-15/11/2013 i Kigali izaba yiga ku buryo ibihugu 27 birimo n’u Rwanda byakwihuriza hamwe kugira ngo bijye bihana amakuru agezweho mu burezi hagamijwe kuzamura ireme no guteza imbere inyigisho.
Umuryango w’Abayapani ushinzwe iterambere mpuzamahanga JICA, Japanese International Cooperation Agency washyikirije Abanyarwanda 60 bafite ubumuga n’ingabo zamugariye ku rugamba ibikoresho by’imyuga binyuranye bazakoresha mu kwiteza imbere no gufasha Abaturarwanda kubona serivisi zikomoka ku myuga uko bazikeneye. (...)
Ngo n’ubwo Abanyarwanda badashobora guhindura amateka mabi igihugu cyabayemo, ngo bafite ubushobozi bukomeye mu biganza byabo bwo guhitamo imbere heza no guhitiramo abazabakomokaho icyerecyezo cyiza.