Ruhango: Abakozi bubaka gare barasaba akarere kubishyuriza rwimezamirimo wabambuye

Abakozi bahawe akazi na rwiyemezamirimo Kageruka Gamarier watsindiye isoko ryo kubaka gare y’akarere ka Ruhango, baravuga ko babayeho nabi kubera ko uwo bakoreye amaze ukwezi kose yaranze kubahemba ndetse bakaba baranamubuze.

Aba bakozi bamaze ibyumweru bitatu bazindukira aho bakoraga bategereje uwabahaye akazi bakamubura. nyuma y’uko barangije akazi bahawe bakabura ubishyura.

Hakuzimana Jean Damascène, umwe muri aba baturage, avuga ko batangiye akazi babwirwa ko bazajya bishyurwa buri cyumweru ariko ngo siko byaje kugenda.

Kimwe na bagenzi be, avuga ko uku kubura amafaranga bakoreye agera hafi kuri miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda byabagizeho ingaruka zikomeye cyane, zirimo kuba abana babo bataragiye kwiga, inzara, imyenda n’ibindi, bagasaba ubuyobozi bw’akarere kubafasha kubishyuriza.

Ati “umuntu twakoreye arabeshya cyane, buri munsi aratubwira ngo araje tugategereza tugaheba, inzara n’umunaniro bigiye kudutsinda aha kuko twabuze n’imbaraga zijya gukora ahandi”.

Bamwe mu bakozi bakoze imirimo inyuranye ubwo hubakwaga gare ya Gataka mu karere ka Ruhango bamaze ibyumweru bishyuza ariko rwiyemezamirimo wabakoresheje baramubuze.
Bamwe mu bakozi bakoze imirimo inyuranye ubwo hubakwaga gare ya Gataka mu karere ka Ruhango bamaze ibyumweru bishyuza ariko rwiyemezamirimo wabakoresheje baramubuze.

Kageruka Gamarier ufite enterprise yitwa “KCE LTD” wakoresheje aba bakozi, avuga ko ibi byatewe n’uko akarere katari kamuha amafaranga ngo kuko ingengo y’imari y’uyu mwaka itaratungana, icyakora ngo mu cyumweru gitaha azaba yayahawe abishyure.

Akarere ntikavuga rumwe na Rwiyemezamirimo

N’ubwo Kageruka avuga ko atarahabwa amafaranga, umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere ka Ruhango, Kambayire Annonciata avuga ko amafaranga y’igice cya mbere yayahawe kandi ngo mu masezerano aba agomba guhembamo abakozi.

Avuga ko ibyo kuvuga ko ingengo y’imari itaratunganywa ari ukubeshya kuko amafaranga bumvikanye mu masezerano yayahawe igihe cyo guhabwa andi kikaba kitaragera, ndetse nabo ngo babona akazi yahawe atakigakora.

Usengumuremyi Pascal ushinzwe umurimo mu karere, ubwo twamusanganaga n’aba bakozi kuri uyu wa gatatu tariki ya 20/08/2014, yabijeje ko hazakoreshwa itegeko amafaranga yabo bakayahabwa.

Gare y’akarere ka Ruhango, irimo kubakwa ahitwa mu Gataka uyu rwiyemezamirimo akaba yarayipatanye ku mafaranga miliyoni hafi 88.

Eric Muvara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka