Guverineri w’Intara y’Uburengerazuba, Caritas Mukandasira arasaba abayobozi b’insengero ziciwemo abatutsi mu w’1994 gushyiramo ibimenyetso bigaragaza ko hiciwe abantu cyangwa se ubutumwa bwibutsa abakirisitu babo ko aho hantu hakorewe amahano babigisha kubirwanya.
Umukecuru Mukantwari Melaniya warokotse Jenoside nyuma yo kumara iminsi yarajugunywe muri Nyabarongo, atangaza ko agahinda k’abana be batandatu bajugunywe muri Nyabarongo, ari intimba ikomeye imuri ku mutima.
Nyuma y’imyaka ine urwibutso rwa Jenoside rwa Kibungo ruvugwa ko rugiye kubakwa neza bikaba bitarakorwa, bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bafite ababo bahashyinguye bavuga ko batewe impungenge n’uko imibiri irushyinguyemo izangirika kuko rutubakiye ngo rureke kunyagirwa.
Imiryango 102 ituye mu birwa byo Kiyaga cya Ruhondo igiye kwimurwa kugira ngo ibashe kwegerezwa ibikorwaremezo by’ibanze, bityo n’ikiyaga kibashe kubungabungwa kuko iyo bahinze isuri imanukana ubutaka bukajya mu kiyaga.
Umuhanzi Ngenzi Serge wamenyekanye ku izina ry’ubuhanzi rya Neg G The General nk’umwe mu baraperi bamaze igihe mu muziki dore ko yawutangiye mu gihe cya ba Riderman, azamurikira abakunzi b’ibihangano bye umuzingo (Album) we wa kabiri yise “Kazivukamo”.
Umutoza Kayiranga Baptista w’ikipe ya Rayon Sports yiteguye kuba yakwicarana na Mukura bakaganira akaba yayidohorera ku mafaranga iyi kipe igomba kumwishyura angana na miliyoni 12 n’ibihumbi 10.
Bamwe mu baturage b’Umudugudu wa Mirama ya mbere, Akagari ka Nyagatare, mu Murenge wa Nyagatare mu Karere ka Nyagatare bavuga ko bahangayikishijwe n’indwara zishobora kuzakomoka ku bishingwe bikurwa mu mujyi bigasukwa ku musozi ubegereye, abana bakirirwamo bashakisha ibyuma byo kugurisha.
Depite Mukayuhi Rwaka Constance arasaba abaturage bagifite ingengabitekerezo ya Jenoside guhinduka bakabana n’abandi mu mahoro n’ubwiyunge kandi akerurira n’abanze kubireka ko barimo guta umwanya bibeshya kuko Jenoside idashobora kongera kubaho ukundi mu Rwanda.
Mukankundiye Verediyana, umukecuru w’imyaka 65 y’amavuko, arashimira inzego zinyuranye zamukoreye ubuvugizi mu mwaka ushize harimo n’itangazamakuru, ubu akaba aba mu nzu nziza ndetse akanabona ubuzima bwe bufite icyerekezo.
Ku mugoroba wo ku wa 11 Mata 2015, Abanyarwanda baba muri Côte d’Ivoire hamwe n’abapolisi bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro UNPOL/ONUCI muri icyo gihugu ndetse n’inshuti zabo bibutse ku nshuroya 21 Jenoside yakorewe Abatusi muri Mata 1994.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gicumbi buratangaza ko mu cyumweru cyahariwe kwibuka ku nshuro ya 21 Jenoside yakorewe Abatutsi hakusanyijwe inkunga y’amafaranga y’u Rwanda ingana na miliyoni 54 n’ibihumbi 896 n’amafaranga 10 muri gahunda y’Agaseke.
Abarokotse Jenoside bo mu Karere ka Musanze barasaba ubuyobozi kubafasha gushyingura mu cyubahiro imibiri isaga 800 y’Abatutsi biciwe ku Rukiko rw’Ubujurire rwa Ruhengeri bakundaga kwita Cour d’Appel mu w’1994 ndetse hanashyirwe ikimenyetso kigaragaraza ubwicanyi bwahabereye.
Mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Rusizi haguye imvura yuzuza imigezi ya Katabuvuga na Muhuta yahise imena amazi menshi asandara mu mirima no mu mazu y’abaturage akorerwamo ubucuruzi n’ayo guturamo.
Guhera mu mwaka w’amashuri uzatangira muri Nzeri 2015, abanyeshuri biga muri kaminuza bazatangira kwigira ku nguzanyo bazasinyana na Banki y’u Rwanda y’Iterambere (BRD), inguzanyo bazajya bahabwa hakurikijwe ibyiciro by’ubudehe baherereyemo.
Abanyamuryango ba Koperative yo kubitsa no kugurizanya “Sacco Abanzumugayo” yo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza biyujurije inyubako igezweho yubatswe mu mutungo bwite w’iyo Sacco nyuma y’imyaka itanu imaze itangiye gukora.
Nyuma y’aho ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke butangarije ko bwamaze gutanga isoko ku nyigo yo kubaka urwibutso rwa Jenoside rwa Gashirabwoba ruri mu Murenge wa Bushenge, abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi bakomoka mu Bushenge bakomeje kutabivugaho rumwe n’ubuyobozi.
Kuri uyu wa 14 Mata 2015, mu Karere ka Rulindo hatangijwe umushinga w’ubworozi bw’amafi uhuriweho n’abaturage bibumbiye mu makoperative atandukanye y’ubworozi bw’amafi muri ako karere.
Mu Nkambi ya Nyagatare yakira impunzi by’agateganyo iri mu Karere ka Rusizi, ku wa 14 Mata 2015, hageze abanyarwanda 28 batahutse bava muri Repuburika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC).
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda muri Mata 1994 bo mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko bamaze gutera intambwe ishimishije biyubaka, nyuma y’ibibazo binyuranye basigiwe na Jenoside.
Sinangumuryango Moïse na Ndagijimana Jean Bosco bo mu Karere ka Nyabihu bagize ubutwari bukomeye mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, ntibita ku ngaruka zababaho ahubwo bitangira kurokora Abatutsi bahigwaga kugeza bambukije abasaga 16 muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo.
Ikipe ya Rayon Sports yamaze guharaika umukinnyi wayo Sina Jerome nyuma y’igihe atagaragara mu myitozo y’iyi kipe yiteguraga umukino ugomba kuyihuza na Etincelles mu mukino w’ikirarane.
Hitimana Samuel umugabo utuye mu Mudugudu wa Muhororo, Akagari ka Remera mu Murenge wa Kabagali ho mu Karere ka Ruhango ahamya ko kubera gukunda Perezida Paul Kagame, byatumye abyara umwana amwita amazina ye kandi akaba azamukurikirana kugira ngo azavemo umwana w’ingirakamaro.
Umukecuru Karuhimbi Zura w’imyaka 106 y’amavuko, ni umwe mu bagize uruhare rukomeye mu kurokora abatutsi bahigwaga mu mwaka 1994, kuko we ubwo yirokoreye abasaga 100 yifashishije gutera ubwoba abashakaga ku bica.
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 baravuga ko uko iminsi igenda ishira ariko barushaho kwiyubaka no kwiteza imbere.
Mu buhamya n’ibiganiro byatanzwe mu cyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 21 Jenoside yakorewe abatutsi mu midugudu yose, ababikurikiye basaba ko urubyiruko rusobanukirwa n’amateka y’u Rwanda kuko ari rwo rufite inshingano zo kubaka igihugu mu minsi iri imbere.
Mugiraneza Edouard uzwi ku izina rya “Cyozayire”, utuye mu Murenge wa Cyanika, mu Karere ka Burera, yamaze imyaka ibiri mu bikorwa by’Abarembetsi byo kurangura no gucuruza kanyanga.
Isuri yatewe n’imvura nyinshi yaguye muri Mata 2015 amazi agaturuka mu birunga no ku yindi misozi iri hafi y’aho Akarere ka Nyabihu kubatse yibasiye imwe mu mirima y’abaturage mu Murenge wa Mukamira, igera no mu busitani bw’akarere irabwangiza bikomeye.
Mu rwego rwo gufata mu mugongo abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bakora mu Karere ka Nyamagabe bishyize hamwe bakusanya inkunga y’amafaranga y’u Rwanda miliyoni eshatu yo kubakira umwe mu barokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 utishoboye.
Kalisa Christophe wahoze ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Rubavu ari mu maboko ya Polisi nyuma yo gukurwa ku buyobozi n’inama njyanama idasanzwe yateranye ku wa 27 Werurwe 2015 kubera uruhare yagize mu makosa yo kwegurira isoko rya Gisenyi rwiyemezamirimo ABBA Ltd atishyuye ifaranga na rimwe.
Ku wa gatatu tariki 15 Mata 2015 ku isaha ya saa cyenda z’amanywa, urukiko rw’ubucuruzi rwa Nyamirambo ruzasoma imyanzuro yafashwe ku bujurire bwa Super Level mu rubanza iregamo umuhanzi Itahiwacu Bruce uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Bruce Melody.
Nyuma y’ibikorwa bibi birimo ingengabitekerezo ya Jenoside no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi byagaragaye mu Murenge wa Bugarama kuva gahunda yo kwibuka ku nshuro ya 21 Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda yatangira kugeza ubu, abaturage b’Umurenge wa Bugarama bafatanyije n’inzego z’ubuyobozi zitandukanye, ku wa 14 Mata (…)
Senderi International Hit aranyomoza amakuru yatangajwe n’umuhanzi, Mahoro Christophe, ukoresha izina ry’ubuhanzi rya Peace up utangaza ko ari umwe mu bagize itsinda ry’abafana rya Tuff Hit ry’umuhanzi Senderi International Hit ariko akaba ababazwa no kuba Senderi ngo nta cyo amumarira kandi ari umufana we.
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abakozi bane b’ikigo cy’imari “SAGER Ganza Microfinance Ltd” gikorera mu Mujyi wa Nyamata mu Kagari ka Nyamata Ville mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, nyuma y’uko gifashwe n’inkongi y’umuriro hagahiramo amafaranga y’u Rwanda miliyoni 12 ariko ivu ryayo ntirigaragare ndetse (…)
Mu biganiro abatuye Akarere ka Ngororero bahawe n’abantu batandukanye mu cyumweru cy’icyunamo cyo kwibuka ku nshuro ya 21 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, abatuye mu Karere ka Ngororero basabwe kujya bibwiriza kwibuka abazize Jenoside kuko ari inshingano za buri Munyarwanda.
Abagororwa bafungiye muri Gereza ya Nyakiriba iri mu Karere ka Rubavu bibumbiye mu ihuririro ry’ubumwe n’ubwiyunge basaba ko bahabwa umwanya wo gutanga amaboko bagasana ibyo bangije muri Jenoside yakorewe abatutsi.
Abarokotse Jenoside bo mu Karere ka Gakenke barasaba ko Itegeko Nshinga mu ngingo yaryo ya 101 ikumira Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame, kongera kwiyamamariza manda ye ya 3 ko ryahinduka bakongera bakamutora bitewe n’uruhare yagize mu gutuma batavutswa ubuzima kandi bakaba basigaye batekanye.
Minisitiri w’Ingabo, Gen. James Kabarebe agaragaza ko ibitero by’umwanzi, amakimbirane n’abaturanyi, ibibazo bijyanye n’ubukungu, ubushomeri, imibereho n’ubwiyongere bw’abaturage; byose bishyizwe ku rutonde mu byibasiye u Rwanda nta na kimwe kirusha ubukana Jenoside n’ingengabitekerezo yayo.
Rucogozabahizi Emmanuel ufungiye muri Gereza ya Nyakiriba avuga ko ababajwe no kuba Lt Colonel Nsengiyumva Anatole wamushoye muri Jenoside yakorewe Abatutsi yarahawe igifungo cy’imyaka 15 n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rw’Arusha (TPR) mu gihe abo yashoye mu bikorwa by’ubwicanyi bafunzwe imyaka 30.
Umunyeshuri witwa Nowa Nsanzumukiza avuga ko yababajwe n’uko atabashije kugeza ikibazo ahura na cyo mu myigire ye nk’ufite ubumuga kuri Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ubwo yagendereraga ishami rya Kaminuza y’u Rwanda ry’i Huye, ku cyumweru tariki ya 12 Mata 2015.
Komiseri Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa, Paul Rwarakabije, arasaba imfungwa n’abagororwa kugaragaza ukuri kuri Jenoside yakorewe Abatutsi kandi akihanangiriza zimwe mu mfungwa n’abagororwa zishyira igitutu kuri bagenzi bazo zibabuza kuvuga ukuri kuri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Umugabo witwa Kanyebeshi wo mu Kagari ka Kiyanzi, Umurenge wa Nyamugari mu Karere ka Kirehe yakomerekeje bikomeye mu gitsina umugore we witwa Tuyambaze Diane akoresheje umusumari, mu ma saa tanu z’ijoro rishyira tariki 12 Mata 2015.
Abaturage bo mu Murenge wa Kibangu mu Karere ka Muhanga bavuga ko kuba uwari Minisitiri w’Intebe kuri Leta yiyise iy’abatabazi, Jean Kambanda yarashikarije abaturage gukoresha imbunda muri Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 byatije umurindi ubwicanyi.
Umugabo witwa Claude Nsanzamahoro utuye mu Mudugudu wa Busasamana mu Kagari ka Shangi mu Murenge wa Shangi mu Karere ka Nyamasheke, yatawe muri yombi ku wa mbere tariki ya 13 Mata 2015 akurikiranyweho amagambo ahembera urwango ashingiye ku ngengabtekerezo ya Jenoside yavugiye muri uwo mudugudu.
Mu muhango wo gusoza icyunamo cyo kwibuka ku nshuro ya 21 Jenoside yakorewe Abatutsi, ubuhamya bwatanzwe bwibanze ku kwirinda guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Umusaza witwa Karemera Yohani utuye i Nyawera mu Murenge wa Mwili mu Karere ka Kayonza arashimirwa ubutwari yagize bwo guhisha bamwe mu Batutsi bahigwaga muri Jenoside, akemera akabizira kugeza n’ubwo interahamwe zica ababyeyi be.
Abagabo batatu bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyamata mu Karere ka Bugesera bakurikiranyweho icyaha cyo gupfobya Jenoside yakorewe abatutsi.
Minisitiri w’Ubutabera, Joshnston Busingye, aratangaza ko Jenoside ari ikimenyetso kigaragaza ko ubutegetsi buriho bujegajega bitewe n’uko amategeko ariho aba atacyubahirizwa, hakabaho umuco wo kudahana aribyo biganisha ku bwicanyi kuko ababukora baba bumva bashyigikiwe.
Nyuma y’uko amazi atwaye umugore kuri uyu 12 Mata 2015, imvura yaguye mu bice by’ibirunga yatumye amazi amanuka ari menshi ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki 13 Mata 2015 inzu eshanu zirarengerwa.