Kuri iki cyumweru tariki ya 26 Mata, ku kibuga cya kaminuza y’u Rwanda ishami rya Nyagatare, ikipe ya Nyagatare F.C yabashije kuhatsindira ikipe ya United Stars igitego kimwe ku busa, mu mukino w’umunsi wa 15 wa Shampiona y’icyiciro cya 2.
Impunzi z’Abarundi zibarirwa mu 150 zimaze kwambuka muri iki gitondo cyo ku wa 27 Mata 2015 zihungira mu Rwanda zinyuze mu Karere ka Bugesera mu Murenge wa Kamabuye ku Cyambu cya Muzenze, ziravuga ko imbonerakure zafunze amayira yose aza mu Rwanda kandi zirimo kwandika buri rugo rurimo umuntu wahunze zigahohotera imiryango (…)
Abanyeshuri biga uburezi mu ishami ry’ishuri nderabarezi rya Kaminuza y’u Rwanda ry’i Rukara mu Karere ka Kayonza bavuga ko bazaharanira kwereka abazabanyura imbere ububi bwa Jenoside n’ingaruka yagize ku muryango nyarwanda, kuko uburezi bwo hambere bwaranzwe no kubeshya no gutanga inyigisho zidafitiye umumaro Abanyarwanda.
Shampiona y’Umukino wa handball yari yakomeje mu mpera z’iki cyumweru ku munsi wayo wa gatanu, aho Ikipe ya APR Hc ku Kimisagara yihereranye Nyakabanda Hc naho ikipe ya Police itaratakaza umukino n’umwe itsinda ikipe ya Gicumbi.
Ministeri y’Ubutabera (MINIJUST) itangaza ko Leta ikomeje guhomba buri mwaka bitewe no gutsindwa mu manza, kandi ko ikibazo ngo ari uko icyo gihombo cyiyongera aho kugabanuka, nk’uko raporo z’Umugenzuzi Mukuru w’imari ngo zihora zibigaragaza.
Ubwo hibukwaga ku nshuro ya 21 abatutsi baguye mu Murenge wa Mugina, tariki 26 Mata 2015, hasabwe ko ubuhamya bwa Jenoside yakorewe abatutsi bwajya bubikwa mu nzibutso ndetse n’amateka y’imibereho y’abazize Jenoside akandikwa.
Mu rugendo Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM), Franҫois Kanimba yagiriye mu Karere ka Kirehe ku wa 24 Mata 2015 asura ahagiye kubakwa isoko mpuzamahanga ryambukiranya imipaka rya Rusumo, yavuze ko isoko rigiye kubakwa rizafasha abacuruzi barituriye kubonera ibicuruzwa hafi.
Ubwo mu Murenge wa Karama ho mu Karere ka Huye bibukaga ku nshuro ya 21 Jenoside yakorewe Abatutsi, kuri uyu wa 26 Mata 2015, abafashe ijambo bose bagarutse ku gusaba ababa bazi ahajugunywe imirambo y’ababo bishwe muri Jenoside kuhabarangira kugira ngo babashe kubashyingura mu cyubahiro.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru buratangaza ko bugiye gukora igenzura ku mafaranga y’ibimina by’ubwisungane mu kwivuza (MUSA), abayariye bakabihanirwa.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Mukagatana Fortuné aratangaza ko igenamigambi ry’ibigo nderabuzima ritagomba gushingira ku guca za taburo (imbonerahamwe) z’ibiteganywa gukorwa gusa.
Rwagasana Ernest, umuyobozi w’inama y’ubutegetsi ya Cogebanque arasaba abanyarwanda kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 bimika ubumuntu, kugira ngo itazasubira ukundi.
Imirimo yo kuvugurura Stade Ubworohererane y’Akarere ka Musanze yaratangiye kubaka ubwiherero, gutunganya amarembo no gufata amazi yose yinjiraga mu kibuga ni yo mirimo izakorwa mu cyiciro cya mbere izatwara miliyoni hafi 50.
Mugema Moses w’imyaka 24 y’amavuko wari utuye mu Mudugudu wa Mishongi Akagari ka Rwinyemera mu Murenge wa Karangazi yaraye yiyahuye anyweye umuti w’inka kubera impamvu zitarashobora kumenyekana kuko nta kibazo kindi ngo yari afitanye n’abaturage.
Abahinzi b’icyayi bo mu Karere ka Nyamagabe bavuga ko bamaze kumenya akamaro ko guhinga icyayi bitewe n’inyungu bakibonamo ugereranije na mbere aho batari bafite ubumenyi buhagije, n’inyungu icyayi gishobora kuzanira umuturage.
Niyonzima Emmanuel w’imyaka 29 y’amavuko na Havugimana Evariste w’imyaka 29, bafatiwe mu Umudugudu wa Rukeri, Akagari ka Kirwa mu Murenge wa Kinihira mu Karere ka Ruhango, bafite amafaranga ibihumbi 14 y’amahimbano.
Umusore w’imyaka 27 wari mu Nkambi ya Mahama irimo impunzi zavuye mu Burundi yapfuye azize uburwayi kuri uyu wa 24 Mata 2015 hahita havuka umwana w’umukobwa.
Umuryango wa Nsabimana Evaritse na Mukampamira Jacqueline utuye mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Burera urarangisha umwana w’umuhungu witwa Niyonizeye Benon, uri mu kigero cy’imyaka 11 y’amavuko, wabuze ku wa kabiri tariki ya 21 Mata 2015.
Itsinda ry’Abasirikare b’Umuryango wa ICGLR bahuriye mu itsinda EJVM bashyizweho gucunga imipaka ihana imbibe na Kongo basuye ubutaka bw’u Rwanda bwigabijwe n’ingabo za Kongo FARDC mu Kagari ka Hehu mu Murenge wa Bugeshi ho mu Karere ka Rubavu, abaturage ku mpande zombi barigaragariza ko koko ari ku butaka bw’u Rwanda maze (…)
Mu Karere ka Nyamasheke haravugwa inkuru y’umusore witwa Hategeka François wateye icyuma mugenzi we basangiraga mu isanteri ya Birogo, mu Mudugudu wa Kagarama mu Kagari ka Kibingo mu Murenge wa Gihombo, akamukomeretsa bikomeye ku kibero.
Impunzi z’Abarundi ziri mu nkambi ya Mahama mu Karere ka Kirehe zirishimira isomo zikura ku miyoborere y’u Rwanda, aho abayobozi, abasirikari n’abapolisi bakorana umuganda n’abaturage mu gihe iwabo bitajya bibaho.
Abaturage bo mu Karere ka Burera bafatanyije n’ubuyobozi bwabo ndetse n’inzego z’umutekano bakoze umuganda usoza ukwezi kwa Mata 2015 bahoma amazu 37 y’abakuwe muri nyakatsi.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 23 yiyongereye icyizere cyo gukomeza nyuma yo gutsinda Somalia ibitego bibiri ku busa mu mukino ubanza wo gushaka tike yo gukina igikombe cy’Afurika kizabera muri Senegal.
Mu midugudu 317 igize akarere ka Kamonyi, batangiye igikorwa cyo gusana amazu yubakiwe abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, aho muri buri mudugudu umuganda w’abaturage uzasana inzu imwe, inzu zose zikaba zizatwara amafaranga y’ u Rwanda asaga Miliyoni 54.
Bernard Bagenzi ureberera inyungu za Young Grace muri Incredible Music Label, aremeza ko naramuka asanze koko Young Grace yaratanze sheki (Check) itazigamiye ashobora kuzamufatira ingamba zikarishye mu rwego rwo kugira ngo arengere inyungu n’izina bye.
Abaturage bo mu karere ka Gasabo bafatanyije n’ubuyobozi bakoze igikorwa cyo gucukura umuganda uzanyuramo amazi, igikorwa cyabereye mu murenge wa Bumbogo mu tugali twa Ngara na Mvuzo kuri uyu wa gatandatu tariki 25/4/2015.
Abaturage bahangayikishijwe n’udusimba turya imyaka yabo tuyihereye mu mizi n’imvura yaguye itinze ikaba na nkeya, bigatuma ntacyo bazabasha gusarura muri iki gihembwe cy’ihinga B.
Abaturage bo mu murenge wa Nemba mu karere ka Gakenke, baravuga ko ba bangamiwe no gutanga amafaranga 1000 mu gihe biyambaje inzego z’utugari kugira ngo zibakemurire ibibazo baba bagiranye na bagenzi babo.
Abaturage bo mu karere ka Gatsibo barakangurirwa kurushaho kurwanya no kwirinda indwara z’ibyoreza nka malariya na SIDA, bitabira gukoresha agakingirizo no kuryama mu nzitiramibu, hakiyongeraho no gutegura indryo yuzuye.
Urugaga rw’urubyiruko rushamikiye ku muryango wa RPF-Inkotanyi mu ntara y’Amajyepfo, ruravuga ko mu myaka ibiri rutangije gahunda ya Saving Group, kuri ubu rumaze kwizigamira amafaranga akabakaba muri miliyoni 24.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ruhango burahamya ko imikino ya Kagame Cup mu mashuri yisumbuye, yababereye umwanya mwiza wo gutambutsa ubutumwa ku miyoborere myiza, ndetse no gukangurira urubyiruko kwirinda ibiyobyabwenge.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 25/4/2015 abaturage hirya no hino mu gihugu bazindukiye mu gikorwa cy’umuganda ngarukakwezi. Iki gikorwa aho cyabaye ahenshi cyaranzwe n’imvura ariko abaturage bakiyemeza ko itabahagarika. Kigali Today ikaba yabahitiyemo amwe mu mafoto yafashwe n’abanyamakuru bacu agaragaza uko byari byifashe aho (…)
Nyuma yo gusuzuma ibyangombwa by’abakinnyi bahamagawe mu ikipe y’igihugu Amavubi y’abatarengeje imyaka 23, umunani muri bo basanze batujuje neza ibyangombwa ndetse bahita banakurwa ku rutonde rw’Amavubi aza gukina na Somalia mu rwego rwo kwirinda kongera kugwa mu mutego nk’uwa Daddy Birori
Bamwe mu bagenera inkunga abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, basanga kubaha igishoboro cyo kubafasha kwiyubaka ari mu bumwe mu buryo bwiza bwo kubafasha mu rugamba rw’iterambere.
Ubuyobozi bw’akarere ka Kayonza ntibwishimiye ko ibikorwa by’umuganda bikorwa buri mpera z’ukwezi bibarirwa agaciro gahanitse ariko ugasanga mu by’ukuri nta cyakozwe kigaragara ugereranyije n’ibyavuzwe.
Ku wa gatanu tariki ya 24 Mata 2015, abanyeshuri 12 (abahungu batandatu n’abakobwa batandatu) biga ku ishuri ryisumbuye rya Collège de La Paix riri mu Kagari ka Congo-Nil mu Murenge wa Gihango ho mu Karere ka Rutsiro batumwe ababyeyi, kubera ko hari babiri basanze bambaye ubusa mu ishuri bazimije amatara.
Mwananawe Aimable, Umuyobozi w’Umuryango Nyarwanda Ihorere Munyarwanda urwanya icyorezo cya Sida uvuga ko guha akato abatinganyi bizadindiza gahunda yo gukumira ubwandu bwa Sida bushya kuko abakora ibi bikorwa batinya kwigaragaza kugira ngo badahabwa akato.
Ku wa 24 Mata 2015, Polisi y’igihugu ifatanyije na Minisiteri y’uburinganire n’iterambere ry’umuryango (MIGEPROF), batangije ku mugaragaro ikigo cya One Stop Center mu Karere ka Ngororero, kizafasha mu bikorwa byo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana, no kwita ku bahohotewe.
Minisitiri w’Imicungire y’Ibiza n’Impunzi (MIDIMAR), Mukantabana Séraphine, kuri uyu wa 24 Mata 2015, ubwo yatangazaga ku mugaragaro ko impunzi z’Abarundi zahungiye mu Rwanda zihawe icyangombwa rusange cy’impunzi, “Prima Facie”, yanavuze ko nta nyungu n’imwe igihugu cy’u Rwanda gifite mu guhunga kw’abarutanyi b’Abarundi.
Mu gihe bikigaragara ko mu Karere ka Nyagatare mu Murenge wa karangazi hakiri abana bato basiba ishuri bakajya mu isoko gufasha abacuruzi kwirirwa bahamagara abakiliya, Ubuyobozi bw’Umurenge wa Karangazi burasaba ababyeyi gushishikariza abana babo kugana ishuri aho kurarikira inyungu zihuse.
Ishuri Rikuru ry’Imyuga n’Ubumenyingiro, Ishami ryAmajyepfo (IPRC South) ryatoranyijwe kuba ikigo cya Leta gitanga amahugurwa mu ikoranabuhanga ryo kubika amakuru ryitwa Oracle.
Abayobozi b’ibimina by’ubwisungane mu kwivuza (MUSA) bo mu mirenge inyuranye y’Akarere ka Rusizi banyereje miliyoni zisaga 9 z’amafaranga y’u Rwanda, barasabwa kuzishyura bitarenze ukwezi kwa 5 batarafatirwa ibihano bikarishye.
Abafite ubumuga bo mu Murenge wa Nyarusange bo mu Karere ka Muhanga baravuga ko nyuma yo kwibumbira muri Koperative “Twisungane babyeyi” bahereye ku gishoro cy’amafaranga 50 buri muntu, none ubu bakaba bageze ku mutungo wa miliyoni eshanu.
Urubyiruko rushamikiye ku muryango wa RPF-Inkotanyi mu Ntara y’Amajyepfo rurahamya ko Perezida Paul Kagame yarubereye inshuti nziza agaharanira iterambere ryarwo, bityo rugasaba inzego zitandukanye ko zikwiye gushyigikira igitekerezo cy’abanyarwanda bamaze iminsi bagaragaza, ko yakongerwa indi manda agakomeza kwimakaza (…)
Kuri uyu wa 23 Mata 2015 Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubumenyingiro(WDA) cyasuye Ishuri Rikuru ryigishya Imyuga n’Ubumenyingiro (IPRC West) mu rwego rwo kureba umusaruro atanga no kunoza imikorere yayo kugira ngo ashobore gutanga umusaruro bayifuzaho.
Mu mujyi wa Nyon mu gihugu cy’ubusuwisi habereye Tombola y’uko Amakipe azahura muri 1/2 cy’imikino ya UEFA Champions League ndetse na Europa League.
Abatuye Akarere ka Gisagara bifuza ko i Kabuye hakubakwa urwibutso rwa Jenoside ruzwi ku rwego rw’igihugu, kuko ari hafi yo kwa Sindikubwabo Théodore wabaye Perezida wa Repubulika y’u Rwanda w’inzibacyuho ndetse ari no hafi y’aho yashishikarije abantu gukora Jenoside. Aka gasozi kandi ngo ni ko bahindiyeho abatutsi bagira (…)
Dr Jeef Crandall, umuganga w’Umunyamerika yubakiye ibitaro bya Kibogora inzu igezweho ivurirwamo abana, yibuka umwana we waguye mu Rwanda ubwo yari umuganga ku bitaro bya Kibogora.
Ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 23 ya Somalia yakoze imyitozo yayo ya mbere kuri uyu wa kane yitegura guhangana n’abatarengeje 23 b’u Rwanda kuri uyu wa gatandatu kuri Stade Amahoro.