Mugabushaka Pierre Claver wayoboraga Umurenge wa Muyumbu na Mushindaji Gaharaba Fred wayoboraga Umurenge wa Musha, yo mu Karere ka Rwamagana, ntibakiri abayobozi b’iyi mirenge nyuma yo kwegurira rimwe tariki ya 2 Mata 2015 ku mpamvu ziswe “izabo bwite”.
Ku wa 3 Mata 2015, Polisi y’Igihugu ikorera mu Karere ka Nyanza yerekanye abantu batandatu ikurikiranyeho ubujura buciye icyuho bwibasiye bamwe mu batuye mu Mujyi wa Nyanza mu minsi ishize bakibwa bimwe mu bikoresho byo mu nzu.
Mu byumweru bibiri abayobozi b’inzego z’ibanze mu Karere ka Kamonyi bamaze bishyuza imitungo yasahuwe muri Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda, mu manza zisaga ibihumbi bine zari zarananiranye kurangizwa izisaga ibihumbi 2 zararangijwe.
Bamwe mu baturage batuye mu gishanga cya Rwabuye giherereye mu Kagari ka Gatobotobo mu Murenge wa Mbazi, Akarere ka Huye baravuga ko bahangayikishijwe n’uburyo mu gihe cy’imvura iki gishanga cyuzura amazi, ku buryo anabasanga mu ngo zabo, nyamara kandi ngo akarere karakomeje kubabwira ko kagiye kuhabimura hakaba ntakirakorwa.
Ikipe ya AS Kigali yongereye amahirwe yo kwegukana igikombe cya Shampiyona nyuma yo gutsinda ikipe ya Etincelles iyisanze i Rubavu ibitego bitatu kuri bibiri mu mukino w’umunsi wa 22 wa Shampiyona y’icyiciro cya mbere.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Yvonne Mutakwasuku aratangaza ko hari uburiganya buba hagati y’abayobozi n’abaturage, bikagira ingaruka mbi ku mitangire ya serivisi kuko usanga baba abayobozi baka ruswa, baba abaturage bamenyereye ko bagura serivisi bose baba batagamije inyungu rusange.
Umugabo witwa Kwigira Théogene w’imyaka 43 y’amavuko wari utuye mu Mudugudu wa Kizibaziba, Akagari ka Nyakabuye, Umurenge wa Byimana wo mu Karere ka Ruhango, ku wa tariki ya 03 Mata 2015, bamusanze mu nzu ye yimanitse mu mugozi yamaze gupfa.
Kavamahanga Emmanuel na Uwitonze Elias uzwi ku izina rya Polisi bo mu Kagari ka Rwanyamuhanga mu Murenge wa Mushikiri mu Karere ka Kirehe bari mu maboko ya Polisi bakekwaho urupfu rw’umugabo witwa Niringiyiyaremye Jean Félix basanze mu muhanda yapfuye.
Ku wa 04 Mata 2015, Ishuri rikuru ryo kwigisha no guteza imbere amategeko (ILPD) riri mu Karere ka Nyanza ryatanze impamyabushobozi ku banyamategko barimo abacamanza, abashinjacyaha n’abunganira abandi mu mategeko 269 bize ibirebana n’uko amategeko akorwa ndetse n’uko ashyirwa mu ngiro mu gihe cy’amezi icyenda.
Aleluya Joseph, umukinnyi usiganwa ku magare w’imyaka 19 ukinira Amis Sportifs y’i Rwamagana, niwe wegukanye irushanwa rya mbere ryiswe Kivu Race. Iri rushanwa niryo rya mbere mu marushanwa 10 agize Rwanda Cycling Cup 2015 izarangira mu kwezi kwa 10/2015.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gasabo bwakoze igikorwa cyo gukusanya inkunga ya miliyoni 136 z’amafaranga y’u Rwanda yavuye mu nzego z’ubuyobozi bwite bwa leta, abacuruzi, abanyenganda, abacuruzi b’bikomoka kuri petelori, amahoteli n’abandi bakora imirimo zitandukanye, bakorera muri Gasabo cyangwa bahatuye.
Ibikorwa by’urubyiruko rwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, abakiri mu ishuri n’abarangije kwiga AERG/GAERG, byanditse amateka kandi biba imwe muri gahunda zigamije kwigira no kwishakamo ibisubizo, nk’uko abitabariye isozwa ryabyo mu karere ka Nyagatare kuri uyu wa gatandatu tariki 04/4/2015, babyishimiye.
Umugore witwa Mukabucyana Penina amaze imyaka itanu atabana n’uwari umugabo we w’isezerano witwa Ntakiyimana Ezechia, wamutaye ajya gushaka undi mugore kubera ko nyirabukwe atishimiye ko yabyaye abakobwa gusa kandi we yarashakaga abyara umuhungu.
Abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 194 bahawe igihano cy’imirimo nsimburagifungo ifitiye igihugu kamaro ariko bakayitoroka ariko bakongera gufatwa, boherejwe mu kigo ngororamuco cya Ngororero aho bari guhabwa uburere mboneragihugu.
Umugabo wo muri leta ya Alabama, USA, yagizwe umwere nyuma y’imyaka 30 yari amaze mu buroko, ku cyaha cy’ubwicanyi ashinjwa ariko we atemera. Ubucamanza bwamwemereye kongera kuburana ngo arebe ko yasimbuka igihano cyo kwicwa.
Fawusitini Ndayisaba ukomoka mu karere ka Nyamagabe, umurenge wa Uwinkingi, yahimbiye umukuru w’igihugu Nyakubahwa Paul Kagame indirimbo, kuko amukesha kuba akiriho biciye mu miyoborere myiza.
Imiryango 100 y’abatishoboye bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, yashyikirijwe inkunga y’ihene 100 zatanzwe n’Itorero ry’Abangilikani mu Rwanda, Diyoseze ya Kibungo.
Global Civic Sharing Rwanda, umushinga w’abanyakoreya ukorera mu murenge wa Nyarubaka mu karere ka Kamonyi, washoje amahugurwa y’iminsi itanu yari ahuriyemo abayobora ibimina by’ubwisungane mu kwivuza, amahugurwa yari agamije kuberaka uko bateza imbere ibimina bayobora.
Abaturage bo mu Karere ka Muhanga Umurenge wa Rugendabari baragaya abahabwa inka muri gahunda ya girinka, bakarengaho bakazigurisha ubwabo cyangwa babifashijwemo n’abayobozi b’inzego z’ibanze.
Abanyamuryango ba AERG na GAERG basaga 1500 nibo bitabiriye igikorwa cy’umuganda wa nyuma usoza AERG/GAERG week cyabereye mu murenge wa Karangazi mu karere ka Nyagatare, kuri uyu wa gatandatu tariki 4/4/2015.
Abaturage badafite ubushobozi bagenewe ubufasha bwo kunganirwa mu mategeko imbere y’ubutabera n’abanyamategeko bo mu nzu z’ubufasha mu by’amategeko bazwi nka MAJ bakorera buri turere tw’Igihugu.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Huye bemeza ko Perezida Paul Kagame akwiye gukomeza kuyobora igihugu, bashinigiye ku ijambo yigeze kuvuga ko nta wuhindura ikipe itsinda bakemeza ko nawe nk’umutoza wayo adakwiye guhinduka.
Umuyobozi w’akarere ka Ngororero Ruboneza Gedeon avuga ko mu gihe mu Rwanda rwitegura kwibuka ku nshuro ya 21 abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu karere ayoboye barimo gukemura ibibazo by’abarokotse bitarakemuka, kugira ngo babafashe kurushaho kwiyubaka.
Umugabo witwa Nziyumvira Jean d’Amour utuye mu Murenge wa Cyanika, mu Karere ka Burera, yaburiwe irengero nyuma yo gutema umwana we w’imyaka itatu agapfa ndetse akanakomeretsa umugore we, ubu akaba ari mu bitaro bya Ruhengeri.
Eng. Protais Musoni ushinzwe iterambere ry’ubuyobozi mu Muryango wa RPF-Inkotanyi, yasabye Inteko rusange y’uyu muryango mu Mudugudu wa Gacuriro 2020, Umurenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo, gutanga inama zafasha indi midugudu n’utugari mu gihugu hose, kwitabira gukora uko babisabwa.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda muri gahunda yayo y’umurimo unoze yashyizeho abajyanama mu by’ubucuruzi bafasha by’umwihariko abagore n’urubyiruko mu gutegura imishinga yo gusaba inguzanyo mu bigo by’imari. Ngo ibi bizafasha gukangurira Abanyarwanda gukora ubucuruzi byunganire Leta guhanga imirimo ibihumbi 200 buri mwaka.
Abacuruza inyama mu isoko rya Nyakarambi mu Karere ka Kirehe baravuga ko babuze abakiriya, bagakeka ko biterwa no kuba ari ku wa Gatanu Mutagatifu.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge (RSB), kuri uyu wa 02 Mata 2015, cyasuye uruganda ruzajya rutunganya umusaruro w’imyumbati n’ibigori mu Karere ka Ngororero nyuma y’aho rusuriwe n’abadepite bakanenga imashini zarwo zikozwe mu byuma bigaragara ko zatangiye kurwara umugese.
Nyirandirabika Judith umubyeyi w’abana bane, asaba abantu kudaha akato abarwaye indwara yo Kujojoba (Fistula). Ni nyuma y’uko yayirwaye akayimarana imyaka itandatu yarahawe akato, ariko ubu akaba yarivuje agakira.
Polisi y’igihugu iri kongerera ubumenyi abakozi bakora muri ISANGE One Stop Center muri serivisi zo gufasha abagore n’abakobwa bahuye n’ihohoterwa, ku buryo bahuza imikorere n’ubumenyi mu kongera ubunararibonye mu kazi.
Mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’imiyoborere myiza cyiswe “Umurenge Kagame Cup”, ikipe ya Rukoma mu bakobwa yegukanye igikombe nyuma yo gutsinda iya Nyamiyaga. Naho ikipe y’Umurenge wa Musambira mu bahungu itsinda iy’Umurenge wa Karama.
Inama y’Umutekano yaguye y’Akarere ka Gakenke yo kuri uyu wa 02 Mata 2015 yagaragaraje ko umubare w’ibyaha bihungabanya umutekano wiyongereye ukava ku byaha 13 ukagera kuri 18 mu kwezi kwa Werurwe 2015.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze busaba abagore baharitswe kwirinda amakimbirane bakemera gusangira umugabo mu ituze, ariko abakobwa batarashaka bakabuzwa guharikwa abagore bagenzi babo.
Ubuyobozi bwa Pariki y’igihugu y’Ibirunga butangaza ko mu rwego rwo kuyibungabunga birushijeho bafite intego yo kongera ihanahanamakuru ajyanye n’umutekano wayo, ndetse no gusobanurira byimazeyo abayituriye akamaro kayo kuri bo ndetse no ku gihugu muri rusange.
Abarema isoko rya Nkoto riherereye mu Kagari ka Sheri ho mu Murenge wa Rugarika bibaza impamvu ritubakiye ntirigire n’ubwiherero,kandi rimaze igihe ryinjiza amafaranga ava mu misoro y’abaricururizamo.
Sosiyete sivile iriga k’uburyo umuturage yarushaho gusobanukirwa n’amaterasi y’indinganire, akamaro kayo n’uko yahindura imibereho ye bishingiye ku buhinzi ndetse n’imbogamizi zirimo zigashakirwa umuti.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kayonza bwafashe icyemezo cy’uko abarimu bazajya bahembwa mbere y’abandi bakozi b’akarere.
Minisitiri w’uburinganire n’iterambere ry’umuryango, Oda Gasinzigwa aravuga ko ikibazo cy’ihohoterwa mu muryango nyarwanda gikwiye kurandurwa kugeza ubwo gihinduka amateka.
Rayon Sports yakoreye imyitozo ya mbere kuri Stade Amahoro mu rwego rwo kwitegura ikipe ya Zamalek mu mukino wo kwishyura uzaba kuri iki cyumweru.
Mu gihe hari abayobozi binubira kuba hari abanyamakuru bagirana ikiganiro (interview) hanyuma bagatangaza agace batari biteze, Aimé Kajangana, umukozi w’urwego rw’Umuvunyi avuga ko abayobozi baha abanyamakuru amakuru baba bari bukoremo inkuru batabaha inkuru.
Urukiko rwisumbuye rwa Rubavu rwemeje ko uwari umuyobozi w’akarere ka Rubavu Bahame Hassan n’umunyamategeko w’akarere Kayitesi Judith, bafungwa by’agateganyo iminsi 30 kugira ngo ubushinjacyaha bushobore gukora iperereza ku byaha bya ruswa bakurikiranyweho buvuga ko ari ibyaha bikomeye.
Leta ifite icyizere ko gahunda yo guha abafundi impamyabushobozi bataciye mu mashuri izagabanya akajagari kagaragaraga muri uyu mwuga bikanongerera agaciro abawukora, nk’uko biri muri gahunda ya leta yo guhanga imirimo itari iy’ubuhinzi n’ubworozi mu Rwanda.
Inama y’ubuyobozi bw’Ikigo cy’imari ZIGAMA CSS cy’abagize inzego zishinzwe umutekano mu Rwanda, yateranye ku wa kane tariki 02 Mata 2015 yemeza ko igiye kugabanya igipimo cy’inyungu yakwa abanyamuryango mu gihe cyo kwishyura inguzanyo bafata.
Uhagarariye igihugu cy’u Burundi mu Rwanda, Ntukamazina Aléxis aravuga ko agiye kuvuganira impunzi z’Abarundi ziri mu Rwanda bityo bakareka gukomeza guhunga, kuko imbonerakure bahunga zitari hejuru y’amategeko.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ngo muri we si umunyapolitiki nubwo ayikora. Ibi yabitangaje kuri uyu wa 2 Mata 2014, ubwo yagiranaga ikiganiro n’abanyamakuru muri village Urugwiro.
Ubuyobozi bw’Ikigo cyongerera ubumenyi abafite ubumuga kirabibutsa ko badakwiye kubera umutwaro abakoresha cyangwa ngo abakoresha babafate nk’abadashoboye byabadindiriza imirimo ngo bitumen babima akazi cyangwa babima agaciro ku isoko ry’umurimo.
Karimunda René, umwe mu bakiniye ikipe ya Rayon sports akaza no kuyibera umutoza mu bihe bitandukanye, avuga ko icyatumye ikomera mu myaka ya kera na n’ubu ikaba ari ikipe igifite izina rihambaye, ari ugutegura ikipe y’igihe kirekire, aho yakinishaga abenegihugu benshi kandi ikagira uburyo ibategura hakiri kare.
Abagiraga ibibazo by’ihungabana cyane cyane mu gihe cyo kwibuka abazize jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994, nyuma yo gufashwa ndetse no guhugurwa ngo nabo biteguye gutanga ubufasha mu gihe cy’icyunamo ku bantu bazagira ihungabana.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo butangaza ko ahari imiyoborere myiza, ibikorwa byigaragaza binyuze mu kugeza ku baturage serivisi nziza kandi inoze.