Inkera y’imihigo mu buzima ni gahunda y’Akarere ka Kirehe ku bufatanye n’Umushinga Inshuti mu Buzima (Partners in Health) mu rwego rwo gukemura bimwe mu bibazo bitagenda neza muri gahunda z’ubuzima.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyagatare bemeza ko uretse kuba agakingirizo kabafasha kwirinda Sida, ari n’urukingo rubafasha kuboneza urubyaro.
Imihanda ya kaburimbo yo mu Mujyi wa Musanze, bemerewe na Perezida Paul Kagame, ifite uburebure bwa kilometero 15 igiye gukorwa mu cyiciro cya mbere, ikindi gice kingana n’ibirometero 10 kizakorwa mu cyiciro cya kabiri.
Ikipe y’igihugu ya Volleyball y’u Rwanda yatsinzwe na Cameroun amaseti atatu ku busa mu mukino wa mbere wa gicuti wabereye muri Cameroun mu rwego rwo kwitegura imikino y’akarere ka gatanu.
Abikorera bo mu Karere ka Gatsibo barasabwa kugira uruhare mu iterambere ry’Akarere ndetse n’iry’Igihugu muri rusange, ibi bikaba byagerwaho mu gihe barushaho kwishyira hamwe bagahuza imbaraga.
Abikorera bo mu Karere ka Burera batangaza ko babangamiwe n’amwe mu mabanki atinda kubaha inguzanyo baba basabye cyangwa ntibanayihabwe bigatuma bagwa mu gihombo kandi baba batanze ibisabwa byose.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubwikorezi (RTDA) kivuga ko umushinga wo kubaka umupaka umwe (One stop Border Post) rwagombaga guhuriraho na Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) wadindijwe na RDC ivuga ko cyagize imbogamizi zo kubona ubutaka bwo kubakaho, mu gihe u Rwanda ruvuga ko rwarangije kwitegura (…)
Mu gihe bamwe mu baturage bambika amatungo yabo, cyane ihene, ibihoho ku munwa kugira ngo atona mu nzira bayatwaye cyangwa bava ku masambu yabo, abashinzwe ubworozi mu karere ka Nyagatare bavuga ko ari ukuyabangamira kandi bishobora kuyagira ho ingaruka zirimo ibikomere.
Ministeri y’uburezi (MINEDUC) yagaragarije abafatanyabikorwa bayo barimo amashuri n’imiryango nterankunga, integanyanyigisho nshya ishimwa kuba izashoboza umunyeshuri guhangana ku isoko mpuzamahanga ry’umurimo(Competence-based Curriculum).
Imbanzabigwi mu gukumira ibyaha (RYVCPO) zo mu Karere ka Gakenke zirashimirwa ibikorwa by’indashyikirwa zakoze birimo kugaruza amafaranga y’u Rwanda asaga gato miliyoni 317 yari yarakoreshejwe nabi mu mitungo ya Leta haba muri VUP, imitangire mibi y’amafumbire na gahunda ya Girinka.
Abacuruzi barema Isoko rya Rwagitima riherereye mu Murenge wa Rugarama mu Karere ka Gatsibo, ngo basanga imisoro bacibwa ari myinshi kuko bacururiza ahantu hadasakaye nyamara ngo bagasoreshwa amafaranga angana n’ay’abacururiza ahasakaye basora.
Komiseri ushinzwe imisoro y’imbere mu gihugu mu kigo cy’igihugu gishinzwe kwinjiza imisoro n’amahoro (RRA), Kayigi Aimable, arakangurira abasora kwirinda ababunganira mu misoro ba magendu n’abandi badakora kinyamwuga.
Impuguke zihuriweho n’u Rwanda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo, ku wa 23 Mata 2015 zahuriye mu Mujyi wa Goma kugira ngo harebwe uburyo igikorwa cyo gusubizaho imbago zashyizweho n’abakoloni bategetse ibihugu by’u Rwanda na RDC mu w’1911 cyakwihutishwa.
Abagize ihuriro ry’amakoperative y’abatwara abagenzi kuri moto, COOPERATIVES DE RUSIZI (U.M.R), kuri wa 23 Mata 2015, bakoze urugendo rwo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi no gusaba akarere ko kabagereza ubutumwa mu Nteko Nshingamategeko y’u Rwanda ko bifuza ko Itegeko Nshinga ryahinduka, Perezida Kagame akemererwa (…)
Mbarushimana Eric ukunze kwitwa Aboubakar na Cyiza Shaff, bakurikiranyweho n’ubushinjacyaha bw’u Rwanda kurwanya ububasha bw’amategeko ya Leta bitwaje idini.
Ubwisanzure mu bucuruzi n’ishoramari ku bacuruzi batuye ibihugu bigize Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EAC) buracyari imbogamizi, bitewe n’uko bimwe mu bihugu bigeze uyu muryango bigikurura byishyira mu gushaka ubukungu.
Nyuma yo gusurwa na Ministre w’ Ingabo Wungirije muri RDC ushinzwe gusubiza mu buzima busanzwe abahoze mu gisirikare, Rene Sibu Mutabuka, akabakangurira gutaha, 13 mu bahoze ari abarwanyi ba M23 bari bayobowe na Runiga bamaze kuzinga utwabo bagiye gutaha.
Rev. Pasteur Musabyimana Zabulon afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Rubengera akekwaho gutanga ruswa.
Mu nama nyungurabitekerezo y’Akarere ka Gakenke, kuri uyu wa 22 Mata 2015, ku isuzumwa ry’imihigo y’imirenge hagaragajwe ko hari imihigo 261 muri 792 itareswa kuko yose bayishize mw’ibara ry’umutuku mu gihe iyindi 57 yo ngo ikirimo gukorwaho.
Ku bufatanye bw’Imbuto Foundation n’ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero, binyuze mu mushinga "Mubyeyi tera intambwe initiative", mu myaka ibiri umaze muri aka karere, abana ibihumbi bitatu bari barataye ishuri barisubijwe mo hifashishishijwe abajyanama b’uburezi.
Joseph Nshimiyimana warokokeye Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 i Murambi mu Karere ka Nyamagabe, ababajwe n’uko uwagize uruhare mu kwicisha mushiki we muri Jenoside yagizwe umwere n’inkiko Gacaca akarekurwa.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rubavu bahuye n’ihohoterwa bagafashwa n’ikigo cya “One Stop Center,” barasaba ko cyakwegerezwa abaturage kuko ngo bakora ingendo ndende kugira ngo bazgisange ku bitaro bikuru bigatuma bamwe bacika integer bagahitamo kubireka.
Ashyikiriza ibikoresha byo gukora umuziki ishuri rya Nyundo, kuri uyu wa 22 Mata 2015, Ambasaderi Peter Fanrenholtz yasabye urubyiruko ko rwakwitabira kwiga imyuga kugira ngo rushobore kwihangira imirimo kurusha uko rutegereza guhabwa akazi.
Ku wa 21 Mata 2015, umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akagari ka Rutabo mu Murenge wa Mugunga, Akarere ka Gakenke, Simon Habineza yashikirijwe ibaruwa imuhagarika ku mirimo ye kubera imyitwarire mibi irimo kunyereza amafaranga ya leta no kurya amafaranga y’abaturage.
Ibiza bikomoka ku mvura mu Karere ka Nyabihu muri ibi byumweru bibiri bishize by’ukwazi kwa Mata byangije imyaka y’abaturage, ubusitani bw’akarere ndetse binatuma amazu y’ubucuruzi agera kuri atandatu muri Santire ya Mukamira afunga imiryango.
Abaturage bakoresha umuhanda Nyakinama-Vunga bahangayikishijwe no kwambuka umugezi wa Rubagabaga kuko bisaba kuvogera cyangwa guhekwa mu mugongo kuko nta kiraro kiriho, ndetse bikanabangamira ubuhahirane.
Umurambo w’umuntu uri mu kigero cy’imyaka 25 na 28 watoraguwe mu mazi y’ikiyaga cya kivu mu Mudugudu wa Kazibo mu Kagari ka Muyange mu Murenge wa Nyabitekeri mu Karere ka Nyamasheke.
Bamwe mu baturage b’i Kabarondo ngo bari banze kugira uruhare muri Jenoside yakorerwaga abatutsi mu w’1994, baza kuyishoramo nyuma yo kubishishikarizwa na Tito Barahira.
Umukinnyi Yves Rubasha ukina muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika aratangaza ko yishimiye kuba agiye gukinira igihugu cyamwibarutse nyuma yo gukorana imyitoze ye ya mbere n’Amavubi y’abatarengeje 23.
Nyuma y’igihe kirekire abaturage bari mu bibazo n’uruganda rw’icyayi rwa Gisakura bishingiye ku butaka bombi batumvikanaho, Guverineri w’Intara y’Uburengerazuba, Mukandasira Cartas yamanutse gushaka umuti urambye, agasaba abaturage kwihangana kuko mu gihe gito ukuri kuzaba kwamenyekanye.
Umuyobozi w’Akarere ka Burera, Sembagare Samuel, arasaba abanyamadini akorera muri ako karere gukomeza kwigisha abayoboke babo babafasha guhinduka bakava mu bibi bakagana inzira yo gukora ibyiza.
Polisi y’igihugu, ishami ryo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana isanga inzego z’ibanze ari imwe mu nkingi zayifasha mu kurandura ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana rigasigara ari amateka mu muryango nyarwanda.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) igiye gutangiza imfashanyigisho nshya igamije guha umunyeshuri ubushobozi ikazasimbura iyari isanzweho yahaga umunyeshuri ubumenyi gusa ariko ntimuhe ubushobozi buhagije.
Bamwe mu bakozi bakorera mu Karere ka Ngoma bavuga ko igihe bahinduriwe aho gukorera (mutation) kandi bagatekwa kurara aho bakorera bikurura ikibazo cy’ihohoterwa rikorerwa abana ndetse n’irishingiye ku gitsina bagasaba bagasaba koroherezwa igihe baba bagiye kwimura umukozi ku kazi.
Ikigo gishinzwe guteza imbere gutwara abantu n’ibintu mu Rwanda (RTDA) kivuga ko imihanda yo mu Karere ka Rubavu yari yaradindijwe na rwiyemezamirimo Seburikoko igihe guhabwa NPD-COTRACO kugira ngo ishobore kurangira mu gihe cy’amezi atandatu.
Ikipe ya UGB (United Generation Basket Ball) ishobora kuva muri Shampiona ya Basketball mu Rwanda nyuma y’aho Ishyirahamwe ry’umukino wa Basket mu Rwanda (FERWABA) basanga ryarabarenganije rikanga ubusabe bwo kwimura umukino wabo ahubwo igaterwa mpaga.
Umuhanzi Benjamin Kayiranga wamenyekanye ku izina ry’ubuhanzi rya Ben Kayiranga yaje kwerekana umwana mu muryango ndetse no kumwereka iwabo mu Rwanda kugira ngo azakure azi iwabo kandi azakure akunda u Rwanda nk’igihugu cyamubyaye.
Umuturage witwa Nkurikiyinka Fidèle wo mu Karere ka Muhanga avuga ko yarenganyijwe n’Ubuyobozi bw’Umurenge wa Kibeho mu Karere ka Nyaruguru, kandi n’ubuyobozi bwisumbuye bukaba butamukemurira ikibazo cyamuteje ubukene kandi yarashoyemo amafaranga.
Abahoze ari abarwanyi ba M23 ku ruhande rwa Runiga JMV, bahungiye mu Rwanda bagacumbikirwa i Ngoma batangarije Itsinda rya Congo (Delegation) ko batazasubira iwabo ku bushake igihe cyose batazubahiriza amasezerano y’ i Nairobi arimo no kwambura intwaro FDLR.
Ubuyobozi bw’ikigo gishinzwe guteza imbere gutwara bantu n’ibintu mu Rwanda (RTDA) buvuga ko bugiye gutangiza ibikorwa byo kubaka ibyambu ku kiyaga cya Kivu hagamijwe korohereza abakora ingendo zo mu mazi.
Ku wa 22 Mata 2015, Urukiko rwisumbuye rwa Rusizi rwagize abere Nzeyimana Oscar wari umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Bayihiki Basile wari umuyobozi w’akarere wari wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu Karere ka Rusizi, ndetse na Nzayituriki Théoneste wari ushinzwe ubwisungane mu kwivuza mu bitaro bya Gihundwe, ku (…)
Polisi y’Igihugu mu Karere ka Bugesera ngo yatahuye uburyo bushya abaturage basigaye bakoresha batetse inzoga itemewe ya kanyanga, aho basigaye bakoresha inkono zisanzwe za kinyarwanda.
Ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 23 bakomeje imyitozo yo kwitegura umukino uzabahuza na Somalia nayo y’abatarengeje imyaka 23 mu rwego rwo gushaka itike izaberekeza mu gikombe cy’Afrika.
Urubanza rwa Baribwirumuhungu Steven ukurikiranyweho icyaha cyo kwica umuryango w’abantu 6 mu Murenge wa Byimana, Akarere ka Ruhango, ku wa 21 Mata 2015, rwatangiye kuburanishwa mu mizi mu ruhame mu Murenge wa Byimana aho icyaha cyabereye, maze ahakana ibyaha aregwa.
Ambasaderi w’u Buholandi mu Rwanda, Leoni Cuelenaere arashima imbaraga n’ubushake Leta y’u Rwanda ishyira mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, bishimangirwa no kuba rivugwa n’abayobozi batandukanye kandi abahohotewe bakegerezwa serivisi.
Urukiko Rukuru, Urugereko rwa Musanze, ku wa Kabiri tariki 21 Mata 2015 rwatesheje agaciro ubujurire bwa Bahame Hassan wahoze ari Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu na Kayitesi Judith wari umujyanama mu by’amategeko bwasabaga ko barekurwa bakaburana bari hanze.
Mu rwego rwo korohereza abagore bakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka, umuryango w’ubukungu w’ibihugu byo mu karere k’ibiyaga bigari (CEPGL) watashye isoko rihuriweho n’imipaka y’ibihugu by’u Burundi na Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) ryubatse ku mupaka wa Kavimvira muri zone ya Kivu y’Amajyepfo muri RDC, aba (…)
Umuntu umwe muri batatu barohamye mu kiyaga cya Cyohoha ya Ruguru ku mugoroba wo ku wa 20 Mata 2015 ubwo bavaga mu Murenge Mareba bajya mu Murenge wa Mayange mu Karere ka Bugesera akomeje kuburirwa irengero.
Abakozi bahawe akazi ko kwinjiza amakuru y’ibyiciro by’ubudehe muri mudasobwa mu Karere ka Kayonza barinubira kudahembwa kuko bamaze iminsi 20 bakora batarahembwa, kandi amasezerano bafitanye n’akarere avuga ko ku munsi wa 10 batangiye akazi bagomba guhabwa amafaranga y’iyo minsi kugira ngo abafashe kubaho.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero butangaza ko abantu 30 bari barakatiwe igihano cy’imirimo nsimbura gifungo ifitiye igihugu akamaro (TIG) kubera ibyaha bya Jenoside, ubu basubijwe muri icyo gihano mu ngando ya Ngororero ariko umwe muribo akongera agatoroka.