Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu murenge wa Mwogo mu karere ka Bugesera barasaba ko hakubakwa urwibutso ku ruzi rw’Akagera ahajugunywe Abatutsi batabarika kugirango bajye bibukwa.
Abaturage bo mu mudugudu wa Kaboshya mu kagari ka Rurenge mu murenge wa Mwogo mu karere ka Bugesera, batoraguye igisasu cyo mu bwoko bwa gerenade ubwo barimo gucukura itaka ryo kubumbamo amatafari.
Ku mugoroba wo kuwa kabiri tariki ya 01/07/2014, abaturage babarirwa mu bihumbi bo mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, bahuriye ku kibuga cy’umupira w’amaguru cyo muri uwo murenge, maze berekwa ku buntu umukino w’igikombe cy’isi, wahuje igihugu cya Argentine n’Ubusuwisi, bawurebera kuri televisiyo ya rutura bakunze (...)
Ikipe y’Ububiligi niyo yabaye iya nyuma mu kubona itike a ¼ cy’irangiza mu gikombe cy’isi, ubwo yasezereraga Reta zunze ubumwe za Amerika mu mukino 1/8 wamaze iminota 120 ku wa kabiri tariki ya 1/7/2014.
Tuyisenge Jean d’Amour w’imyaka 31 y’amavuko ari mu bitaro bya Gitwe guhera mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 02/07/2014, nyuma yo guturikanwa na Kanyanga yari atetse rwihishwa.
Akimananimpaye Nadia w’imya 7 wo mu murenge wa Mururu mu kagari ka Gahinga yatumwe kuvoma mu masaha ya saa moya zijoro ageze ku mugezi wa Kagezi ahasanga inzoka nini cyane igwa igihumura yitaba Imana.
Umuryango “Vision For a Nation” ukorana na Minisiteri y’Ubuzima mu kwegereza abaturage ubuvuzi bw’amaso, urasaba abaturage b’akarere ka Rwamagana ndetse n’ab’ahandi mu gihugu ko bakwiriye gukangukira kwisuzumisha no kwivuza amaso kuko ubuvuzi bwayo bwatangiye kubegerezwa kugeza ku bigo nderabuzima.
Ku wa kabiri tariki 01/07/2014, mu Kinigi, mu karere ka Musanze, ku nshuro ya 10, habereye umuhango wo “Kwita Izina” abana b’ingagi; uyu mwaka hakaba hariswe abana 18.
Urwego ruzwi ku izina rya Local defense rwacungaga umutekano rwamaze gukurwaho n’itegeko, rukaba rugiye gusimbuzwa abo bita DASSO (District Administration Security Support Organ).
Mu gihe Abanyakanada biteguraga kwizihiza umunsi w’igihugu cyabo uba ku itariki ya 1 Nyakanga, hashyizweho uburyo bwo gutuma bose bamenya indirimbo yubahiriza igihugu cyabo.
Umuryango mpuzamahanga urwanya ruswa n’akarengane (Transparency International Rwanda) werekanye isesengura rijyanye n’ibyo umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta yagaragaje mu mikoreshereze y’umutungo wa Leta mu turere two mu Ntara y’amajyepfo Akarere ka Ruhango kaza ku isonga naho akarere ka Nyaruguru gaca agahigo mu (...)
Mu gihe henshi ku isi ababyeyi bahitamo amazina bita abana babo bashingiye ku myemerere cyangwa izindi mpamvu, mu gihugu cya Islande ho, ababyeyi basabwa kwitonda ndetse no kugisha inama ku bategetsi n’abandi babisobanukiwe mbere yo kwita amazina abana babo.
Ubuyobozi bw’Ikigo k’igihugu gishinzwe kwihutisha iterambere (RDB) gifite no mu nshingano guteza imbere ubukerarugendo butangaza ko mu myaka 10 ishize ingagi ziyongereye binagirira akamaro abaturage baturiye parike basaranganya ku mafaranga ava ku bukerarugendo.
Madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame, yabwiye ihuriro ry’abagore bagize inteko zishinga amategeko mu bihugu bitandukanye byo ku isi (WIP Global Forum), ko uretse ihame ry’uburinganire ryagezweho mu Rwanda; intambwe ikomeye abagore bagezeho, ari uko bafatanya n’abagabo kubohora igihugu no kubungabunga (...)
Banki ya ECOBANK yateguye igikorwa cyiswe “Birashyushye na ECOBANK”, aho abantu bose bahabwa amahirwe yo gutombora ibikoresho binyuranye harimo n’imodoka, mu rwego rwo gushishikariza Abanyarwanda gukunda umuco wo kwizigamira.
Abakiri bato bemeza ko n’ubwo Jenoside yakozwe n’urubyiruko ariko yanahagaritswe n’urundi rubyiruko, ibyo bikabaha icyizere ko nabo hari icyo bakora ngo bakomereze kuri ubwo butwari. Ibi ni ibyatangajwe n’abanyeshuri bo ku ishuri rya Kigali Christian School, ubwo bakoraga igikorwa cyo kwibuka, kuri uyu wa mbere tariki 30/6/2014.
Mu muhango wo kwibuka ku nshuro ya 20 abarimu n’abanyeshuri bo mu murenge wa Muyumbu mu karere ka Rwamagana bishwe muri jenoside yakorewe Abatutsi, wabaye tariki 29/06/2014, abarimu basabwe gushingira ku buyobozi butavangura Abanyarwanda, maze bagaha abana uburezi bwiza burangwa n’ubumwe kuko ari bo mizero y’u Rwanda rw’ahazaza.
Abatanze ibiganiro ku iterambere ry’itangazamakuru mu nama yiga ku miyoborere na demokarasi mu bihugu bya Afurika, Aziya n’Uburasirazuba bwo hagati (ICDGAAM), bashubije abababajije iby’ubwisanzure bw’itangazamakuru mu bihugu biri mu nzira y’amajyambere, bavuga ko ubwo bwisanzure butagomba gutangwa bwose.
Muri iyi minsi u Rwanda rwitegura kwizihiza isabukuru y’imyaka 20 u Rwanda rwibohoje, Umukuru w’igihugu Perezida Paul Kagame, atangaza ko yifuriza Abanyarwanda kugira ubuzima bwiza no kwisanzura, ariko akabibutsa ko bagomba kubikorera kuko ntawe uzabibaha.
Ibi ni ibitangazwa n’umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda (RDF), Gen. Patrick Nyamvumba, aho anishimira ubutwari n’umurava byaranze ingabo zahoze ari iza FPR/RPA mu rugamba rwo kubohora igihugu.
Amakipe ya Nigeria na Algeria yasezerewe n’Ubufaransa n’Ubudage muri 1/8 cy’irangiza kuri uyu wa mbere tariki ya 30/6/2014, niyo yasoje urugendo rw’amakipe ya Afurika mu gikombe cy’isi cy’uyu mwaka kuko ariyo yonyine yari asigayemo.
Abaturage bo mu karere ka Burera baturiye ikirunga cya Muhabura batangaza ko mu myaka 20 ishize u Rwanda rwibohoye bishimira ko bagejejweho amazi meza bakaba baribohoye umwanda ndetse n’indwara ziterwa n’isuku nke.
Mu gihe imiturire mu karere ka Ngororero ikirangwa cyane n’akajagari ndetse n’imyubakire itajyanye n’igihe ahanini kubera kutagira ibibanza hamwe n’ibikorwaremezo, ubu ubuyozobozi bw’aka karere busanga gutegura hakiri kare ahazubakwa amazu hagaturwa nk’umudugudu ari kimwe mu bizakemura iki kibazo.
Mu butumwa bwashyizwe ahagaragara na Perezidansi ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Perezida Barrack Hussein Obama w’icyo gihugu ngo asanga intambwe u Rwanda rumaze kugeraho mu iterambere ishimishije ndetse ngo ikaba ikwiye no kubera amahanga urugero.
Minisitiri w’Ingabo, Gen. James Kabarebe, aratangaza ko urubyiruko ruriho muri iki gihe rufite amahirwe atazigera agirwa n’abandi bazabakurikira, kuko rwigira ku byiza byakozwe n’abayobozi babayeho mu gahinda kagatuma bafata umwanzuro wo gushaka impinduka.
Banki ikorera mu Rwanda izwi nka Equity Bank yazanye uburyo bushya bwo koroheereza abakiriya kubona amakarita ya visa, akoreshwa mu byuma bitanga amafaranga bizwi nka ATM.
Nyuma y’aho impuguke mu by’imiyoborere n’abafata ibyemezo baturutse hirya no hino ku isi basabiye u Rwanda gutanga ubunaribonye mu miyoborere myiza; Umuyobozi w’ikigo cy’igihugu gihugura abakozi (RMI), Wellars Gasamagera, yerekanye uburyo u Rwanda rwateye imbere kubera guha abaturage uruhare mu bibakorerwa.
Impuguke ziri mu Rwanda mu nama mpuzamahanga ku miyoborere ishingiye kuri demokarasi muri Afurika, Aziya n’Uburasirazuba bwo hagati (ICDGAAM), zisaba Leta z’ibihugu kwigira ku Rwanda uburyo bw’imiyoborere bufasha abaturage kugera ku iterambere babigizemo uruhare.
Ubwo akarere ka Karongi kasezeraga ku bashyitsi b’Abafaransa bo muri Komini ya Dieulefit bari baje kwifatanya mu muhango wo gushyingura inzirakarengane zirenga ibihumbi 50 ziciwe mu Bisesero, umuyobozi w’ako karere yavuze ko batiyumvishaga ko Abanyakarongi bakongera gutsura umubano n’Abafaransa.
Ubwo hibukwaga Abatutsi bazize Jenoside mu w’1994 mu murenge wa Mushubi mu karere ka Nyamagabe, Guverineri w’intara y’amajyepfo Alphonse Munyantwali yibukije abaturage ko bagomba kwimakaza Ubunyarwanda kuko kuba bwarabuze ariyo mpamvu ababibye ingengabitekerezo ya Jenoside bageze ku ntego.
Urubanza ubushinjacyaha bw’urukiko rukuru bwajuririyemo Hategekimana Martin bakunze kwita Majyambere uregwa uruhare akekwaho kugira muri Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 rwasomwe igice izindi ngingo zarwo zirasubikwa.
Ndayisenga Valens na Girubuntu Jeanne d’Arc basanzwe bakinira ikipe ya Amis Sportifs y’i Rwamagana, nibo begukanye umwanya wa mbere mu bagabo no mu bagore mu mikino ya shampiyona y’umukino w’amagare yarangiye ku cyumweru tariki 29/6/2014.
Ku cyumweru tariki ya 29/6/2014, Ubuyobozi bwa Rayon Sport bwemeje ku mugaragaro umutoza wayo mushya, Jean Francois Losciuto, ukomoka mu Bubiligi, akaba aje gusimbura undi mubiligi Luc Eymael wasezeye muri iyo kipe muri Gicurasi uyu mwaka.
Abakozi b’urwego rushinzwe abanjira n’abasohoka (Migration) mu Rwanda bibutse inzirakarengane zirenga ibihumbi mirongo itanu zazize Jenoside zo mu Bisesero maze banafasha abacitse ku icumu rya Jenoside bo mu Bisesero.
Mbere y’umwaka wa 1994, mu makomini atandatu yahurijwe mu karere ka Kamonyi, habarizwaga ishuri ryisumbuye rimwe ry’Urwunge rw’amashuri rwa Remera Rukoma. Mu gihe cy’imyaka 20 ubutegetsi buhindutse, habayeho guteza imbere uburezi, ku buryo amashuri yisumbuye ya Leta ageze kuri 49.
Abakirisitu bo mu matorero 5 y’abadivantiste mu murenge wa Ruhango akarere ka Ruhango, bakusanyirije hamwe inkunga igizwe n’ibiribwa bitandukanye, imyenda, ibikoresho by’isuku ndetse n’amafaranga byose bifite agaciro gakabakaba ibihumbi 200 bayishyikiriza Abanyarwanda birukanywe Tanzania.
Penaliti yatewe ku munota wa 90 na Klaas-Jan Huntelaar, niyo yahesheje intsinzi ikipe y’Ubuholandi tariki 29/06/2014 ubwo yasezereraga Mexique iyitsinze ibitego 2-1, ikazahura na Costa Rica yasezereye Ubugereki kuri penaliti 5-3, nyuma yo gukina iminota 120 amakipe akanganya igitego 1-1.
Inama y’igihugu y’abagore irasaba abagore ndetse n’Abanyarwanda muri rusange ko umuco wo kwibuka Jenoside bawugira uwabo bagakomeza kuwutoza ababakomokaho hagamijwe ko Jenoside n’ingengabitekerezo yayo byacika burundu.
Bamwe mu batuye umujyi wa Muhanga ahagana mu nkengero zawo usanga bacyubakisha amatafari ya rukarakara, bagakoresha n’ibindi bikoresho bitajyanye n’inyubako zigezweho, bigatuma ubuyobozi bufata imyanzuro yo gusenya amwe muri aya mazu.
Mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 20 yo kwibohora, ku bufatanye na Minisiteri y’urubyiruko n’ikoranabuhanga n’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko, Umuryango w’Abahoze ari abayobozi b’abanyeshuri muri za Kaminuza n’amashuri makuru “Action For Change Initiative” wateguye urugendo rwo gushimira ingabo z’igihugu rwiswe (...)
Ubwo abacuruza, abatunda ndetse n’abanywa ikiyobyabwenge cya kanyanga bo mu murenge wa Kamubuga mu karere ka Gakenke bazwi ku izina ry’Abarembetsi barahiriraga kureka ibyo bikorwa, basobanuriwe ko ubuyobozi w’u Rwanda bufunga uwanze kumva kuko bushyize imbere kwigisha no guhanura.
Abaturage b’akarere ka Nyabihu batangaza ko ubwitange n’ubutwari ingabo z’u Rwanda zagaragaje mu kubohora u Rwanda bugikomeje muri iyi minsi ariko noneho bukaba bugaragara mu bikorwa bitandukanye bibohora Abanyarwanda ku ngoyi y’ubukene, uburwayi n’ibindi bibazo bitandukanye.
Minisitiri w’uburinganire n’iterambere ry’umuryango, Odda Gasinzigwa, avuga ko nta gihembo Abanyarwanda babona bahemba ingabo zabohoye u Rwanda uretse gukora cyane bagamije iterambere rishingiye ku musingi zubatse ubwo zabohoraga u Rwanda.
Abanyarwanda birukanwe muri Tanzania batangaza ko kuba mu Rwanda rwababyaye bibereka ko u Rwanda ari rwiza koko ngo kuko Abanyarwanda bakomeje kubereka urukundo rwa kivandimwe no kubafasha gutura neza.
Umugabo witwa Mutangana Evariste Bakunze kwita Pangarasi w’imyaka 34 afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Gasaka iri mu murenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe akekwaho kwica umuntu mu ijoro ryo kuwa gatanu tariki ya 27/06/2014.
Nyuma y’igikorwa cy’umuganda cyo kuri uyu wa 28/6/2014 abaturage bo mu Murenge wa Tumba bakoranye n’abayobozi batandukanye harimo Hon. Bernard Makuza, basabwe gusubiza amaso inyuma bakibaza ku ho kwibohora bibagejeje nyuma y’imyaka 20 n’aho amacakubiri yari yabashyize.
Visi perezidante wa Sena y’u Rwanda, Nyakubahwa Jeanne d’Arc Gakuba, tariki 28/06/2014, yifatanyije n’abaturage bo mu karere ka Nyanza mu muganda wo kubakira umusaza Gakunzi Abdou w’imyaka 81 y’amavuko wirukanwe mu gihugu cya Tanzaniya.
Mu rwego rwo kwitegura inama mpuzamahanga ku bijyanye n’imiyoborere myiza n’iterambere rirambye ibera mu Rwanda, ikigo k’igihugu gishinzwe imiyoborere (RGB) cyahuguye abanyeshuri biga mu ishuri rikuru rya Byumba IPB (instutit Polytechnique de Byumba) ku miyoborere myiza n’iterambere rirambye.
Minisitiri w’Umutungo Kamere, Stanislas Kamanzi, yifatanyije n’abaturage b’umurenge wa Mukura mu karere ka Rutsiro mu muganda rusange usoza ukwezi kwa Kamena 2014, asaba abaturage bafite ubutaka bunini budahingwa ko bakwiye kwegerana n’abatabufite bakumvikana uburyo bafatanya mu kububyaza umusaruro.