Ubwo bibukaga ku nshuro ya 21 Abatusti bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu murenge wa Mutendeli ku rwibutso rwa Jenoside hashyinguwe mu cyubahiro imibiri ibiri y’abishwe muri Jensoside yabonetse aho yari yarajugunwe.
Minisiteri y’ubuzima (MINISANTE) ibinyujije mu kigo k’igihugu gishinzwe ubuzima RBC yakoze ubukangurambaga mu murenge wa Rushaki wo mu karere ka Gicumbi bwo kwirinda icyorezo cya sida.
Umuyobozi w’itsinda rishinzwe gukurikirana abakoze Jenoside bagahungira hanze y’u Rwanda Siboyintore Jean Bosco, aravuga ko u Rwanda rumaze kohereza impapuro 294 mu bihugu byo hanze z’abagomba gufatwa bagakurikiranwa ku byaha baregwa.
Sitade y’akarere ka Gicumbi kimwe n’ibindi bikorwa remezo byo muri aka karere igiye gusanwa, kuko imaze kwangirika bikabije bigatuma n’ikipe ya Gicumbi FC itabasha kwitwara neza mu mikino igihe iri guhatana n’andi makipe.
Umugore witwa Tuyishime Devota w’imyaka 23 utuye mu kagari ka Gabiro mu murenge wa Musasa mu karere ka Rutsiro, atangaza ko atewe impungenge n’umugabo witwa Habimana wari ufite imwe mu mitungo y’iwabo akaza kuyitsindira ariko akaba akomeje kumutera ubwoba amubwira ko azamwica.
Bamwe mu ba korera mu masoko atandukanye mu karere ka Gisagara bavuga ko imisoro batanga iri hejuru ugereranyije n’amafaranga binjiza, abandi bakanavuga ko n’amasoko bakoreramo atubakiye badakwiye gusora kimwe, bityo bagasaba ko imisoro yagabanywa.
Inama njyanama y’akarere ka Nyaruguru yafashe imyanzuro ko igiye gukora igenzura mu mashuri maze hakarebwa umubare w’abanyeshuri barimo, kuko ngo byagaragaye ko hari abayobozi b’amashuri basaba amafaranga azakoreshwa ku banyeshuri badafite.
Abaturage batuye mu mududgudu wa Nduba ,akagari ka Congo-Nil mu murenge wa Gihango ho mu karere ka Rutsiro, batangaza ko bamenye ububi bwo gusangirira ku muheha umwe ibi ngo bikaba bias n’aho byabaye amateka kuko babiheruka kera.
Imiryango 54 y’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, batuye mu midugudu ya Kinyinya mu murenge wa Rukoma no mu midugudu ya Kambyeyi, Nyamugari na Nyarunyinya mu murenge wa Gacurabwenge; bashyikirijwe umuriro w’amashanyarazi n’ubuyobozi b’ibigo bishamikiye ku kigo cy’igihugu gishinzwe gukwirakwiza ingufu (…)
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga butangaza ko impamvu Stade Régional ya Muhanga idacanirwa ku buryo yakwakira imikino ya nijoro, biterwa n’uko ibikoresha birimo amatara byazanywe gufasha muri iki gikorwa bihenze kubikoresha.
Nk’uko twabibasezeranyije mu nkuru yacu yo ku wa 09 Mata 2015, muri iki gice cy’amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi, tugiye kwibanda ku butwari bamwe mu batutsi bagize mu kurwanaho ndetse na bamwe mu bagerageje kwifatanya na bo babafasha cyangwa babahisha. Iby’aya mateka tubikesha ahanini ubuhamya bwa bamwe mu barokotse (…)
Bamwe mu baturage b’imudugudu wa Ryabega na Rwarucura akagali ka Mbare umurenge wa Karangazi akarere ka Nyagatare, bishimira ko rondereza zikoresha ingufu z’izuba zatumye babasha kurondereza ibicanwa kandi ibiryo bigashyana isuku.
Impunzi z’Abarundi 25 zageze munkambi ya Nyagatere yakira impunzi by’agateganyo ibarizwa mu karere ka Rusizi mu murenge wa Gihundwe, aho bavuye iwabo babeshye ko baje mu giterane k’ivugabutumwa kugira ngo batangirwa guhita ku mupaka.
Ishuri ryisumbuye rya Istituto Leopardi riherereye mu mujyi wa Milan mu Butaliyani, ryibutse Abatutsi bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Igikorwa kibaye ku nshuro ya kabiri nyuma y’uko ubuyobozi bwiyemeje kujya bwibuka iyo Jenoside buri mwaka.
Inama y’Igihugu ngishwanama yo kurwanya ruswa n’akarengane igizwe n’abayobozi b’inzego zitandukanye yagaragaje ko kurya ruswa byagabanutse mu bagize Polisi y’Igihugu n’ubucamanza muri 2014, ahandi nko mu nzego z’ibanze, mu bikorera no mu Kigo cy’igihugu gishinzwe ubutaka; igipimo cya ruswa kiriyongera.
Mu cyumweru cy’icyunamo, cyo kwibuka ku nshuro ya 21 abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu mwaka wa 1994, abaturage bo mu Karere ka Burera bakusanyije inkunga y’amafaranga y’u Rwanda ingana na miliyoni 31 n’ibihumbi 924 n’amafaranga 632 yo gufasha abarokotse Jenoside batishoboye.
Akarere ka Kayonza gaherutse kwishyura umuryango w’ubumwe bw’ibihugu by’Uburayi [EU] Miliyoni zigera ku 133 z’amafaranga y’u Rwanda kari karahawe n’uwo muryango nk’inkunga.
Mu ijoro ryo ku wa 15 Mata 2015 mu Murenge wa Nemba mu Karere ka Gakenke umugabo witwaga Etienne Hitimana alias Mashayija wari ufite imyaka 30 y’amavuko yishwe akubishwe kugeza ashizemo umwuka azizwa amasafuriya bivugwa ko yibye kuri Pasika.
Umutoza w’Amavubi Johnny McKinstry yamaze gutangaza urotonde rw’abakinnyi 24 bagomba kwitegura umukino uzabahuza na Somalia mu Rwego rwo gushaka itike yo kwerekeza mu gikombe cy’Afrika cy’abatarengeje 23
Abarokotse Jenoside yakorerwe Abatutsi bo muri Paruwasi ya Muhororo mu Murenge wa Gatumba barasaba ko hakubakwa inzu yashyirwamo ibimenyetso bya Jenoside yakorewe Abatutsi kuko bigenda bikendera kandi hari ibyari byarabonetse ariko bikaba bidafashwe neza.
Umuhanzi w’icyamamare mu gihugu cy’Ububiligi ndetse no ku isi yose akaba ari n’umunyarwanda ufite ubwenegihugu bw’Ububiligi, Stromae, yatangaje igihe azazira mu Rwanda gukora igitaramo mu gihe hari hashize igihe kirekire abanyarwanda bamutegereje.
Impunzi z’Abanyekongo zicumbikiwe mu Nkambi ya Nyabiheke iherereye mu Murenge wa Gatsibo ho mu Karere ka Gatsibo, ku wa gatanu tariki 17 Mata 2015 zatangiye guhabwa imfashanyo y’amafaranga mu mwanya wo guhabwa ibyo kurya nk’uko byari bisanzwe bigenda.
Abagize ihuriro ry’imiryango mpuzahanga ikorera mu Rwanda biyemeje kuzegera amahanga atazi ukuri kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda ikayayasobanurira.
Muri imwe mu mirenge igize akarere ka Kirehe abaturage barinubira uko bashyirwa mu byiciro by’ubudehe bagasanga bidahinduwe iyo gahunda yaba ije gutera ibibazo aho kubikemura.
Nyuma y’aho Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, agendereye Akarere ka Huye Tariki ya 12 Mata 2015 akaganira n’abikorera ku cyakorwa kugira ngo barusheho guteza imbere akarere kabo, baravuga ko biteguye kwishyira hamwe bakagera ku bikorwa bibateza imbere ndetse binateza imbere abanyehuye muri rusange.
Umuyobozi w’ishuri ry’umuziki rikorera mu ishuri ry’ubukorikori rya Nyundo tariki ya 20/4/2015 bazashyikirizwa ibikorwa by’umuziki n’Ambasade y’Abadage mu rwego rwo gufasha abanyeshuri biga umuziki kwimenyereza no gukora ibihangano by’umuziki biri ku rwego mpuzamahanga.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze buvuga ko hari intambwe yatewe mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bishimangirwa n’ubwitabire bw’abaturage kandi n’uko inkunga yo gufata mu mugongo abarokotse Jenoside yiyongereye igera ku miliyoni hafi 31 ivuye kuri miliyoni 18 zakusanyijwe umwaka ushize.
Mu muhango wo kwibuka inzirakarengane zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Intumwa ya Komisiyo y’igihugu Ishinzwe Kurwanya Jenosite, Dr Jean Damascène Gasanabo, yatangarije abaturage ba Nyarubuye ko Urwibutso rwa Nyarubuye rugiye kubakwa mu Ngengo y’Imari ya 2015/2016.
Mu Mudugudu wa Kinihira mu Kagari ka Rwinume mu Murenge wa Rilima mu Karere ka Bugesera, habonetse umurambo w’umugabo witwa Ribonande Céléstin.
Kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gakenke mu Karere ka Gakenke hafungiye abagabo batatu bakurikiranyweho icyaha cyo kwiba Inyana, gusa umwe muri bo arabihakana kandi ariwe banyiri gufatanwa inka bavuga ko bayiguze.
Shampiona y’umukino w’intoki wa Basketball iraza gusubukurwa hakinwa imikino yo kwishyura mu mpera z’iki cyumweru mu bagabo ndetse no mu bagore.
Cyiza Alexandre, umupolisi wo muri Komine ya Mugina, Intara ya Cibitoki mu Burundi yahungiye mu Rwanda nyuma yo kubona ko ubuzima bwe buri mu kaga.
Abaturage b’Umurenge wa Murama mu Karere ka Kayonza bavuga ko kuba bataragerwaho n’amashanyarazi bikiri imbogamizi ku iterambere rya bo.
Mu nama y’umutekano yahuje inzego z’umutekano muri Kivu y’Amajyaruguru mu Mujyi wa Goma kuri uyu wa 16 Mata 2015, ubwigomeke bw’abarwanyi ba FDLR bwagarutsweho, ubuyobozi bw’ingabo busabwa kugira icyo bukora ngo burengere abaturage.
Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Emmanuel Gasana, aravuga ko uzagerageza guhungabanya umutekano w’u Rwanda no gushaka kurusubiza mu icuraburindi rya Jenoside azabigwamo, kuko u Rwanda rutazihanganira ushaka gusenya ibyiza Abanyarwanda bamaze kugeraho biyushye akuya.
Kuri uyu wa gatandatu no ku cyumweru,Shampiona y’icyiciro cya mbere irakomeza hakinwa imikino y’umunsi wa 23 aho ikipe ya APR Fc na AS Kigali zikomeje kurwanira umunsi wa mbere.
Nyuma y’uko ubuyobozi n’inzego zishinzwe umutekano zihagurukiye abasore bamburaga abaturage no ku manywa y’ihangu biyise “Abanyarirenga “muri Nyarubande, Umurenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze, ubu abaturage baratangaza ko bafite umutekano usesuye.
Icyegeranyo cyasohowe n’Ihuriro Mpuzamahanga ry’Ubukungu cyerekana uko Ikoranabuhanga ryitabirwa gukoreshwa hirya no hino ku isi (The Global Information Technology Report) cyo muri 2015, cyashyize u Rwanda ku mwanya wa mbere ku isi mu guteza imbere ikoranabuhanga mu kuzamura imibereho myiza n’ubukungu muri rusange.
Inama yatumijwe na Ministiri w’Intebe, Anastase Murekezi ikaba yahuje abayobozi batandukanye b’igihugu n’abafatanyabikorwa ba Leta kuri uyu wa 16 Mata 2015, yanzuye ko imihigo igomba kujya ihuzwa n’ingengo y’imari ya buri mwaka, kugira ngo ibashe kugerwaho nk’uko iba yarahizwe.
Abagabo babiri bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Ngarama bacyekwaho kunyereza umutungo wa Koperative yo kubitsa no kugurizanya “SACCO-Terimbere Nyagihanga”, iherereye mu Murenge wa Nyagihanga.
Ubuyobozi bw’ihuriro ry’abakobwa n’abagore b’inzobere mu ikoranabuhanga mu Rwanda (Girls in ICT) buratangaza ko irushanwa rigamije gukangurira abakobwa n’abagore gushaka ibisubizo by’ibibazo biri mu muryango nyarwanda bifashishije ikoranabuhanga “Ms. Geek” ry’umwaka wa 2015 ryitabiriwe n’abakobwa n’abagore barenga 100, aho (…)
Ubuyobozi bwa Polisi y’ighugu buratangaza ko mu mwaka wa 2013/2014 u Rwanda rwahombye miliyari zigera kuri eshanu z’amafaranga y’u Rwanda, biturutse ku nkongi z’umuriro zibasiye igihugu mu bice bitandukanye kandi zikurikiranye.
Ku wa 15 Mata 2015, ishami rya Kaminuza y’u Rwanda ry’i Huye (UR/Huye) ryamaze umunsi wose ridafite amazi “kubera kutishyura”.
Mu gihe hari abibaza ukuri ku by’ibirego bimaze iminsi hagati ya Bruce Melody na Super Level ihagarariwe na Richard Nsengumuremyi, aho Richard ashinja Bruce Melody kwica amasezerano bari baragiranye akagenda igihe bumvikanye kitarangiye, Bruce Melody aratangaza ko atishe amasezerano nk’uko Ricard abivuga ahubwo ko ari (…)
Nyuma y’aho Nyampinga Doriane n’ibisonga bye bakoze igikorwa cyo gukusanyiriza inkunga umukinnyi wa KBC Mutebi Hamissi “Junior” urwaye bikomeye nyuma y’impanuka yakoreye ku Kamonyi muri Gashyantare 2015 ntibagire ikintu kinini babona, Nyampinga Doriane yadutangarije ko bari gutekereza ubundi buryo bukomeye bakoramo iri (…)
Kuba Akarere ka Rubavu kataza mu myanya ya mbere mu gutsindisha abana mu bizami bya Leta byaba biterwa n’abarezi batubahiriza amabwiriza, kimwe n’abadafasha abana kumenyera gukoresha icyongereza nk’ururimi rukoreshwa mu masomo.
Ikibazo cy’abana bata amashuri bakajya gukora imirimo mu ngo mu Karere ka Rubavu cyongeye kuganirwaho n’ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu, abayobozi b’ibigo by’amashuri abanza n’ayisumbuye hamwe n’abashinze ibigo tariki ya 15 Mata 2015, kugira ngo hafatwe ingamba zatuma abana badakomeza kuva ku mashuri.
Abaturage bo mu Murenge wa Kibungo, Akarere ka Ngoma barashimwa ku kwitabira ibiganiro mu cyumweru cy’icyunamo ndetse no kwitanga bagira icyo bigomwa bashyira mu gaseke bagakusanya miliyoni hafi eshatu zaguzwemo amatungo yo kuremera abatishoboye barokotse Jenoside.