Umukozi wo mu rugo witwa Nsabimana Jean de Dieu w’imyaka 20 y’amavuko afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyamata mu Karere ka Bugesera akekwaho gusambanya abana b’abahungu batatu.
Dr. Emmanuel Havugimana, umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, avuga ko abaturage bari batuye mu Bufundu yahoze ari Komini Karama yo muri Perefegitura ya Gikongoro bagiye babibwamo urwango buhoro buhoro, kuko ibikorwaga bakoraga babikoreshwaga ku gahato n’abayobozi ba leta yari ho icyo gihe.
Muri iki gihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru burasaba abaturage ko bajya bazana n’abana babo bafite hejuru y’imyaka 7 mu biganiro kugira ngo abana basobanukirwe neza amateka yaranze u Rwanda.
Abayobozi b’amadini yo mu Karere ka Gicumbi baravuga ko bagiye gukusanya inkunga zitandukanye mu bakirisitu bayoboye zo gufasha abarokotse Jenoside batishoboye muri ibi bihe byo kwibuka abazize Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994.
Musenyri wa mbere wayoboye Diyosezi Gatolika ya Kibungo, Joseph Sibomana, kuva mu 1968-1992 y ashimiwe ko yarwanije politike y’iringaniza mu mashuri rishingiye ku moko n’uturere aho yanze kuyishyira mu bikorwa mu mwaka wa 1973 muri Seminar into ya Zaza ndetse no mu itangwa ry’akazi muri econamat Jeneral ya Diyosezi ya (…)
Padiri Rutinduka Laurent, impuguke ku mateka ya Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka wa 1994 arasaba abanyamadini kwerura bakaganira ku mateka ya Jenoside mu rwego rwo gukura abayoboke bayo mu rujijo.
Emily Philips, umwarimu wacyuye igihe muri Florida, USA yiyanditse ubutumwa bw’akababaro bwagombaga gusomwa ku rupfu rwe, ariko abwandika mbere gato y’uko yitaba Imana azize canseri y’urwagashya.
Abantu 3 bari mu Bitaro ku Kigo Nderabuzima cya Byumba abandi 7 barwariye ku Kigo Nderabuzima cya Cyumba mu Karere ka Gicumbi nyuma yo kunywa ikigage mu birori byabaye kuri Pasika mu rugo rw’umuturanyi.
Umuhanzi Senderi International Hit arahamagarira urubyiruko rw’abahanzi guhanga byimbitse ibihangano bifasha ubyumvise wese kumenya uburemere bwa Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu mwaka wa 1994.
Abantu bataramenyekana batswitse ikiraro cy’umukecuru warokotse Jenoside yakorewe abatutsi witwa Mukangwije Vérène wo mu Karere ka Rusizi mu Murenge wa Bugarama mu Kagari ka Ryankana, ubwo yari yagiye mu bikorwa byo kwibuka ku shuro ya 21 Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994.
Perezida wa Ibuka (umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi) mu Murenge wa Tumba wo mu Karere ka Huye, Théodat Siboyintore avuga ko kurwanya by’ukuri abapfobya Jenoside ari ukubima amatwi.
Ishyaka PARMEHUTU rya Gregoire Kayibanda ryavutse mu w’1957 ngo riza ku isonga mu kubiba amacakubiri mu banyarwanda.
Kuri uyu wa 07 Mata, mu Mudugudu wa Nyamirambo, Akagari ka Gashenyi mu Murenge wa Rukomo mu Karere ka Nyagatare, mu gutangiza icyunamo abaturage bahawe icyizere ko Abarundi bahabaga bakoze Jenoside bazahanwa.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yatangaje ko ashingiye ku mvugo zipfobya zikanahakana Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka w’1994, ndetse n’imyitwarire ya bimwe mu bihugu bitandukanye byo ku isi; asanga abarokotse Jenoside bakirimo guhigwa kugeza iki gihe.
Senateri Uyisenga Charles avuga ko ibikorwa byo gukorana n’umutwe wa FDLR wasize ukoze Jenoside mu Rwanda byagaragaye mu Karere ka Musanze, Umurenge wa Cyuve bitoneka abarokotse Jenoside bagifite ibikomere yabasigiye.
Umuyobozi w’Ikigo cy’igihugu gishinzwe Iterambere (RBD), Minisitiri Gatare Francis, atangaza ko kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ari ko kuri konyine kuzafasha Abanyarwanda gutera intambwe yo kubaka u Rwanda.
Padiri Kayisabe Védaste warokokeye Jenoside yakorewe Abatutsi i Mukarange mu Karere ka Kayonza avuga ko iyo hatabanza kubaho Jenoside yakorewe umuco n’imigenzo myiza imbaga y’Abatutsi bishwe muri Jenoside itari kwicwa.
Ku wa 07 Mata 2015, mu Rwanda hose hatangiye ibikorwa byo kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda.
Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana, arasaba urubyiruko hirya no hino mu Rwanda kwitabira ibikorwa na gahunda zo kwibuka ku nshuro ya 21 abazize Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse barushaho kwegera no kuremera abacitse ku icumu batishoboye hirya no hino mu midugudu yose mu Rwanda.
Ku itariki ya 27 Mutarama 2015, umunsi wibukwaho Jenoside Yakorewe Abayahudi(Shoah) hamwe n’iyakorewe aba « Roms », mwasuye Urwibutso rwa Jenoside Yakorewe Abayahudi hamwe n’ahahoze inkambi ya Auschwitz.
Umukobwa w’umwangavu witwa Niyonagira Monique wa Minani Alexis amaze imyaka ibiri avuye iwabo ntawe abwiye kandi akaba ngo yaragiye nta byangombwa afite kuko indangamuntu ye yayisize iwabo.
Abaturage bakoreye rwiyemezamirimo Boniface Riberakurora mu mirimo yo kubakaga ikigega cyo guhunika imyaka mu kagari ka Kabona ,mu Murenge wa Rusebeya ho mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko bari mu giharahiro cyo kumenya uzabishyura amafaranga miliyoni eshantu bakoreye nyuma y’uko rwiyemezamirimo agendeye atabishyuye.
Mukambuguje Beatrice wo mu Mudugudu wa Gasharara, Akagari ka Kagina, Umurenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi, yakomerekejwe muri jenoside bigera aho acika akaguru, ariko ubumuga afite abukorana imirimo yo mu rugo ku buryo byamurinze gusabiriza.
Ku myaka 69 y’amavuko, Dominiko Nkurikiyinka yagiye kwiga ikoranabuhanga ngo bitewe n’uko yari amaze kurambirwa kutabona inyandiko mvugo y’inama z’abari mu zabukuru yabaga yitabiriye, kuko ababahagarariye ku rwego rw’igihugu bazohererezaga abafite email gusa.
Umuyobozi wa East Land Motel yo mu Karere ka Kayonza, n’abantu batatu bareganwa ku cyaha cyo kwica umuntu batabigambiriye, ku wa mbere tariki 06 Mata 2015 baburanye urubanza ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo.
Abaturage bo mu Ntara y’Iburasirazuba barasabwa ko muri iki gihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 21, bakwitwararika bakirinda amagambo mabi yakomeretsa abandi kandi bagafatanyiriza hamwe n’inzego zitandukanye kugira ngo umutekano wo muri iki gihe cyo kwibuka udahungabana.
Minisitiri w’intebe, Anastase Murekezi, ari kumwe n’abandi Baminisitiri; yatangarije Inteko Ishinga amategeko ku wa 06 Mata 2015, ko abantu bose bagira uruhare mu guhombya Leta ndetse n’abinangira mu kwishyura nyuma yo gutsindwa mu butabera bagiye gufatirwa ibihano bikomeye.
Mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi, ku wa 05 Mata 2015 hageze abagore babiri n’abana 4 bahunze bava mu gihugu cy’u Burundi.
N’ubwo Abanyarwanda bamenyereye ko umumaro w’amasaka ari ugushigishwamo igikoma n’ikigage, agatanga imbetezi z’urwagwa ndetse n’umutsima wa rukacarara, ikigo cy’ubuhinzi n’ubworozi (RAB) cyo cyasanze hashobora kuvamo na gato (gateau).
Polisi y’u Rwanda yasubije umurucuruzi wo mu Burundi witwa Gloria Uwimana ibicuruzwa bye, nyuma yo kubifatira mu modoka y’injurano ku mupaka w’Akanyaru, yibwe mu gihugu cy’u Buyapani ikazanwa gukoreshwa mu Burundi.
Abashakashatsi bo muri Queen’s University y’i Belfast ho mu gihugu cy’Ubwongereza, bavuga ko bavumbuye umubavu (parfum) udasanzwe, kuko wo uzajya awitera azajya arushaho guhumura uko agenda abira ibyuya.
Abahinga umuceri mu gishanga cya Gashora mu Karere ka Bugesera barasaba ko bagira icyo bagenerwa nyuma y’uko imirimo yo gutunganya icyo gishanga yangije umuceri wabo.
Imvura yaguye ku cyumweru tariki 5 Mata 2015, yarimo umuyaga mwinshi usambura inyubako y’Akagari ka Mugina gaherereye mu Mudugudu wa Mugina, mu Murenge wa Mugina inangiza bikoresho byari biri mu biro birimo n’impapuro.
Ku cyicaro cy’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF) i Cairo mu Misiri, habereye tombola y’uko amakipe azahura mu gushaka itike yo kwerekeza mu gikombe cy’Afurika gihuza abakinnyi bakina imbere mu gihugu (CHAN) kizabera mu Rwanda mu mwaka wa 2016.
Nyuma y’ aho imiryango 186 ikuriwe muri "ntuye nabi" (mu manegeka no muri nyakatsi), bakubakirwa umudugudu, mu Murenge wa Kibilizi ho mu Karere ka Gisagara, baratangaza ko ubu bashishikariye kurwanya imirire mibi babikesha uturima tw’igikoni bubakiwe.
Umushinga RV3CBA ukorera mu Kigo cy’Igihugu cy’Umutungo Kamere muri Minisiteri y’Umutungo Kamere ngo ugiye kubakira amazu 200 abaturage bo mu Karere ka Nyabihu bari batuye mu manegeka.
Ikipe ya Rayon Sports yasezerewe n’ikipe ya Zamalek yo mu Misiri nyuma yo kuyitsinda ibitego bitandatu kuri kimwe uteranyije imikino yombi, mu gihe n’ikipe ya APR FC nayo yari yasezerewe ku wa gatandatu n’ikipe ya Al Ahly nayo yo mu gihugu ya Misiri.
Abacuruzi bakorera mu Isoko rya Kibangu ryo mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Gisagara bavuga ko kuba isoko bakoreramo ritubakiye bituma izuba n’imvura byangiza ibicuruzwa byabo bakaba basaba kubakirwa isoko risakaye.
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Mahama, Akarere ka Kirehe bahisemo kuvoma amazi y’Akagera kuko badashobora kubona amafaranga 20 agurwa ijerekani y’amazi ya robine.
Uwizeyimana Abdoul Kalim uyobora Akarere ka Rwamagana yatorewe kuba Umukuru w’Umuryango wa FPR-Inkotanyi ku rwego rw’aka karere mu matora yakozwe n’inteko rusange y’uyu muryango mu Karere ka Rwamagana, ku wa Gatandatu, tariki 4 Mata 2015 i Rwamagana.
Abaturage bo mu Kagari ka Kabusanza ho mu Murenge wa Simbi mu Karere ka Huye, bishimira ko kwibumbira muri “Koperative Duharanire Gufumbira” ihinga imyumbati byabagejeje ku bikorwa bibiri binini ari byo kugurirana inka no kwigurira ishyamba rya hegitari.
Mu gihe inzego z’ubuyobozi n’iz’ubuzima badahwema gukangurira Abanyarwanda ububi bwo gusangirira ku muheha, bamwe mu batuye mu Murenge wa Musambira baracyatsimbaraye kuri uwo muco, aho usanga mu tubari umwe arangiza gusoma agahereza mugenzi we.
Abaturage bakoresha iteme rya Rwankuba rihuza Akarere ka Huye n’aka Gisagara barasaba ko ryakubakwa kuko kuba ryarasenyutse bituma ubuhahirane budashoboka muri utu duce twombi.
Ingo 400 zo mu Murenge wa Shyara mu Karere ka Bugesera zimaze kubona umuriro w’amashanyarazi ku ngo zikabakaba ibihumbi bine.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF), Oda Gasinzigwa, arasaba Abanyarwanda kwitabira ubukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana, bagaragaza abakora ibyo byaha kugira ngo bicike burundu.
Abakirisitu Gaturika bo mu Karere ka Gicumbi bemeza ko kwizihiza Pasika ari tegeko Yezu Kirisitu yasize ategetse intumwa ze ubwo yasangiraga nazo bwa nyuma.
Intore z’Imbanzabigwi mu gukumira ibyaha bitaraba zitangaza ko mu byo zimirije imbere, nyuma yo gusoza itorero, ari ukujya mu mirenge aho zituye zikarwanya icyo aricyo cyose cyahungabanya umutekano w’u Rwanda zitangira amakuru ku gihe.
Mu rwego rwo gukomeza kurwanya kanyanga igaragara cyane mu Karere ka Burera, ubuyobozi bw’ako karere bwafashe gahunda yo kwifashisha bamwe mu bahoze bayicuruza bazwi ku izina ry’Abarembetsi, batanga amakuru ndetse banashishikariza abandi bayicuruza kubireka.