Ku mugoroba wo kuri uyu wa 20 Kanama 2015, Minisitiri w’Intebe wa Etiyopiya yageze mu Rwanda aje gutangiza Fondation Meles Zenawi.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi n’iy’Ingabo zasuye umushinga w’ubworozi bw’inka mu Bugesera ku wa 20 Kanama 2015 zemeza ko uzatuma nta nyama zongera gutumizwa hanze.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke bwasabye ibigo by’imari bigakorera gutahiriza umugozi umwe mu nama yabahuje kuri uyu wa 18 Kanama 2015.
Abayozozi bazaKoperative n’amashyirahamwe yose akorera mu karere ka Gatsibo, barashishikarizwa kumenya uruhare rwabo ku musoro kugira ngo babashe kuwutanga batagononwa.
Mu ijoro ryo kuwa 17 Kanama, Musabyimana Yvette wo mu murenge wa Rwimiyaga yataye umwana mu musarane abaturage bamukuramo atarapfa.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa 20 Kanama, mu Kagari ka Gahogo, Umurenge wa Nyamabuye hatoraguwe umurambo w’umugabo bakeka ko wishwe n’inzoga.
Mu rwego rwo kwitegura umukino wa gicuti wa Ethiopia ndetse n’umukino uzahuza u Rwanda na Ghana taliki ya 05 Nzeli 2015,abakinnyi 26 bamaze guhamagarwa mu mwiherero w’ikipe y’igihugu .
Abagenerwabikorwa ba VUP bo mu mirenge ya Mulinga na Rambura, bavuga ko bikuye mu bukene bitewe n’iyi gahunda yabateje imbere.
Umupfakazi w’abana 6 utuye mu Murenge wa Mwurire, Akarere ka Rwamagana, arashinja ubuyobozi kumwambura inka yahawe muri “Girinka”, bukayigabira undi.
Abahinzi b’imbuto n’ibirungo mu murenge wa Sake mu karere ka Ngoma, bavuga ko bubinjiriza ibihumbi 25 ku munsi bikabasha kubatunga.
Ibitangazamakuru mpuzamahanga bitandukanye birimo kwerekana ko Korea ya Ruguru na Korea y’Epfo birimo kohererezanya ibisasu bya misile.
Abadepite b’Ubuholandi bari mu ruzinduko mu Rwanda, kuri uyu wa 19 Kanama 2015 bemereye Perezida Kagame gufatira ibyemezo abaregwa Jenoside bari iwabo.
Perezida w’Uburundi Pierre Nkurunziza uherutse gutsinda amatora kuri uyu wa tariki 20 Kanama 2015 yarahiye.
Abarobyi bo mu Kiyaga cya Mirayi i Gashora mu Karere ka Bugesera baganira na Polisi tariki 18 Kanama 2016 biyemeje kubungabunga umutekano aho bakoreramo.
SACCO Ingenzi Gasaka igiye gukurikirana abanga kwishyura inguzanyo bahabwa, kuko biteza igihombo ikigo kandi bikagira ingaruka ku bayigana.
Abanyeshuri ba Musanze Polytechnic barinubira ko bamaze amezi hafi atanu batabona amafaranga ya buruse ariko bakishyuzwa amafaranga y’amacumbi yakagombye kuva kuri buruse.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda iratangaza ko abazafatwa babangamira gahunda y’ubucuruzi bw’ibirayi biciye mu ikusanyirizo kugira ngo irinde umuturage guhendwa bazabihanirwa..
Ikigo cy’imisoro n’amahoro, RRA, kirasaba ibigo by’ubwishingizi gutanga imisoro ya TVA byakase abanyamagaraji n’abacuruza ibyuma by’ibinyabiziga.
Intumwa ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Karere k’Ibiyaga Bigari,Thomas Perriello, kuri uyu wa 19 Kanama 2015 yasabye Perezida Kagame ibisubizo by’ibibazo byugarije u Burundi.
Ikipe ya Rayon Sports yerekeje muri 1/2 nyuma yo gutsinda ikipe ya Mukura ibitego 2-1, mu gihe ikipe ya APR Fc isezerewe na Police kuri Penaliti 4-3,nyuma yo kunganya igitego 1-1 mu mikino y’Agaciro Development Fund.
Guhera mu ntangiriro z’umwaka utaha wa 2016 za Sacco zizatangira kwifashisha ikoranabuhanga, abanyamuryango babashe guherwa serivisi muri sacco bagezeho yose.
Minisitiri w’Intebe, Murekezi Anastase, afungura uruganda rwa Cimerwa ku wa 18 Kanama 2015 yasabye Abanyarwanda gukoresha amahirwe ahari mu guhanga imirimo mishya.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu ngo bugiye kwibanda mu byaro mu kwegereza abaturage amashanyarazi muri itanu mu mirenge ikagize.
Kuva ubu Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) cyatangiye gufasha uturere mu kwakira imisoro n’amahoro mu rwego rwo kunoza ikusanywa ry’imisoro.
Bamwe mu bacuruzi ba Musanze bakoresha indangururamajwi n’umuziki bakurura abakiriya ngo bibongerera abakiriya ariko hari abakavuga ko bibangamira abandi bacuruzi.
Kuri uyu wa gatatu harakomeza imikino y’Agaciro Development Fund,aho ikipe ya Rayon Sports iza kwisobanura na Mukurai Muhanga, mu gihe APR Fc nayo iza kuba ikina Police Fc ku Kicukiro.
Urwego rushinzwe ubuzima mu Karere ka Gastibo n’amavuriro akarimo, ku wa 18 Kanama 2015, bigiye hamwe uko babonera igisubizo impfu z’ababana n’ababyeyi bapfa babyara.
Perezida Kagame atangaza ko nta mpaka zari zikwiriye kubaho, kugira ngo umugore ahabwe agaciro akwiriye.
Umuyobozi w’Akarere ka Burera, Sembagare Samuel, aravuga ko mu gutanga isoko ryo kuba isoko mpuzamahanga ryo ku mupaka wa Cyanika hajemo ikibazo bikaba ngombwa ko riseswa rikongera gutangwa bundi bushya mu gihe ryagombye kuba ryaratangiye kubakwa muri Gicurasi 2015.
Ihuriro ry’amakoperative y’ababoshyi bo mu karere ka Ngororero ryashinze ishuli ryigisha ubukorikori ku rubyiruko n’abakuze babyifuza, mu rwego rwo kuzamura ishoramari ry’akarere.
Ikigo cy’ikoranabuhanga, RwandaOnline Platform Ltd, cyamurikiye abakozi b’Akarere ka Gicumbi, kuri uyu wa 18 Kanama 2015, urubuga rwitwa www.irembo.gov.rw ruzajya rufasha abaturage guhabwa serivisi mu buryo buboroheye.
Abakozi b’akarere ka Nyaruguru kuva ku rwego rw’akagari kugeza ku karere, basobanuriwe itegeko rishya ribagenga mu mirimo yabo ya buri munsi.
Mu gihe habura amezi hafi atatu ngo isiganwa ry’amagare rizenguruka u Rwanda rizwi ku izina rya Tour du Rwanda ngo ritangire,ubu hamaze gushyirwaho umutoza uzaba utoza iyo kipe ariwe Sterling Magnell
Aborozi mu karere ka Ngoma barashima ubwisungane mu kuvuza amatungo, kuko ubyaje inka bayibaze atakishyura ibihumbi 50 yishyura bitanu gusa.
Bamwe mu bagore bo mu Murenge wa Rwinkwavu mu Karere ka Kayonza bari mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro basanga abagore bakwiye gutinyuka na bo bagashora imari mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro kuko ari hamwe mu hasigaye hava inyungu nyinshi.
Ibura y’amazi muri iki gihe k’impeshyi ryatumye abatuye mu mu karere ka Gicumbi bayoboka imigezi n’ibishanga, ku buryo abatabishoboye bagura ijerekani ku mafaranga 400.
Mu mikino ihuje abasirikare bo mu bihugu by’Afurika y’Iburasirazuba yatangiye kuri iki cyumweru tariki 16 z’ukwa munani 2015,abakinnyi bahagarariye u Rwanda batangiye begukana intsinzi aho mu mukino wa Basketball na Handball batangiye batsinda naho Netball baza kunyagirwa na Uganda,mu mikino izasozwa taliki ya 28 Kanama 2015.
Nyuma y’imyaka 5 inyubako za Hoteli Kivu Marina Bay yo mu Karere ka Rusizi zarahagaze kubera imicungire mibi, ubu imirimo yo kuyubaka yongeye gusubukurwa.
Ifu y’igikoma yitiranywa na SOSOMA yadutse mu karere ka Nyanza, yateje ikibazo mu baturage bavuga ko bayiguze bayizeye ariko nyuma ikaza kubagiraho ingaruka.
Bamwe mu bakozi b’akarere ka Rutsiro bavuga ko kutitwara neza mu kwesa imihigo ari ihindurwa mirimo rya hato na ho bakorerwaga ariko ubuyobozi bwo ntububyemera.
Abaturage bakorera imirimo itandukanye mu Mujyi wa Rwamagana baravuga ko muri iyi mpeshyi bugarijwe n’ibura ry’amashanyarazi rya hato na hato, kandi bikaba bikomeje kubatera igihombo kuko hari n’igihe bamara umunsi wose badakoze.
Ku munsi wa kabiri w’imikino y’Agaciro Development Fund,ikipe ya Rayon Sports itangiye itsinda ikipe y’Amagaju iyisanze iwayo mu Karere ka Nyamagabe,aho yayitsinze ibitego 2-0 byatsinzwe n’umukinnyi uri mu igerageza witwa Davies.
Inzu y’ubucuruzi y’Uwitwa Ndagijimana Athanase yubakwaga munsi y’isoko rya Muhanga iraguye ikomeretsa umukozi umwe mu bayikoragaho.
Abayobozi b’ibigo by’amashuri abanza n’ayisumbuye yo mu Karere ka Nyanza basoje ku wa 14 Kanama 2015 ibikorwa by’itorero ry’Igihugu bari bamazemo icyumweru bihwitura ku birebana n’indangagaciro na kirazira bigomba kubaranga mu kazi.
Ababyeyi bo mu karere ka Gicumbi bigishwa kumenya gutegura indyo yuzuye kugira ngo abana babo babashe gukura neza, biciye muri gahunda y’igikoni cy’umududugudu.
Mu biganiro byahuje abamotari bakorera mu Karere ka Kamonyi n’Ubuyobozi bwa Polisi ku wa 15 Kanama 2015; mu nzu mberabyombi y’akarere, abamotari bagaragaje impungenge ku batwara badafite ibyangombwa bavuga ko bakora amakosa mu muhanda, bakanduza isura y’abandi.