Ubuyobozi bwa MONUSCO bwateguje abitandaukanyije na FDLR bari mu Nkambi ya Kisangani ko itazongera kubagemurira ibiribwa kubera ubushobozi buke.
Intumwa ya AU, Alpha Oumar Konare, aratangaza ko Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame yagira uruhare runini mu guhosha intambara yo muri Sudani y’Epfo.
Ngendahayo utuye mu Murenge wa Bwisijye abasha kwinjiza ibihumbi 30 ku munsi abikuye mu migati akora mu bijumba.
Ansonsiyata Mukarugabiro wo mu karere ka Nyamagabe, atangaza ko yicuza kuba yarashatse kwivugana umugabo we kubera amakimbirane yo mu muryango.
Ikipe y’ingabo z’u Rwanda mu mukino wa Handball yegukanye igikombe gihuza ingabo muri Afrika y’iburasirazuba,mu mikino yaberaga muri Uganda
Ubuyobozi bw’Ishuri Rikuru ry’Ingabo z’Igihugu (RDF/ SCSC) buratangaza ko imikorere myiza iranga Ingabo z’u Rwanda ziyikomora ku mahugurwa n’amasomo zibona.
Mu gihe ishyirahamwe ryo kumasha mu Rwanda rimaze igihe gito ritangiye,abakinnyi icumi baratoranijwe ngo bitabire amahugurwa azabafasha gutoza abandi bakinnyi.
Bruco Motion ntizakora igitaramo cyo kumurika videwo y’ukwezi kwa Kanama mu rwego rwo gusobanura neza iki gikorwa kuri televiziyo.
Urwego rwunganira mu by’umutekano, Dasso, mu Karere ka Nyamasheke rworoje umukene runamwubakira ikiraro mu mpera z’iki cyumweru.
Abagore bo mukarere ka Rusizi bamaze kumenya gukoresha inguzanyo barakangurira bagenzi babo nabo gutinyuka kugana ibigo by’imari iciriritse bakaka inguzanyo.
Itorero rya Evangerical Restoration Church, Paruwasi ya Kimisagara ryateguye igiterane cy’umuryango cy’iminsi 7 kitezweho kubanisha neza imiryango.
Impunzi zo mu nkambi ya Mahama mu karere ka Kirehe zishimira amasomo ziri guhabwa kuko zizera ko azabafasha mu bumenyi.
Ikusanyirizo ry’amata rya Nyamabuye ryubatswe mu mwaka wa 2009 ntirikora nezakubera ikibazo cy’abarikoresha bakora n’indi mirimo.
Alpha Oumar Konare wabaye Perezida w’igihugu cya Mali, aragirana ibiganiro na Perezida Kagame kuri uyu wa mbere tariki 24 Kanama 2015, ku birebana n’amasezerano y’amahoro mu gihugu cya Sudani y’Epfo
Umujyi wa Kigali watangiye gushyira mu bikorwa gahunda yo guhindura bimwe mu bice by’imihanda igize Kigali iy’abanyamaguru gusa.
Abasore babiri barwariye mu kigo nderabuzima cya Byimana, nyuma yo kunywa inzoga bakarwana n’abandi bantu batanu bakabatemagura mu ijoro rya 23 Kanama 2015.
Muri iki gitondo tariki 24 Kanama 2015 mu Muhanda Musanze –Cyanika, Twegerane yari itwawe na Konvuwayere yakoze impanuka umwe ahasiga ubuzima 9 barakomereka.
Minisiteri y’Urubyiruko (MYICT) itangaza ko ababyeyi bataye inshingano zabo zo kurera, bari mu byatumye urbyiruko rurushaho kwangirika kubera ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge.
Minisiteri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga (MYICT) itangaza ko urubyiruko rwo mu Rwanda rufite amahirwe yose akenewe ruyabyaje umusaruro ngo rwagera ku iterambere.
Abaturage bo mu Karere ka Musanze barasaba ko uruganda rwa SOTIRU bakeshaga amaramuko rukaza gufunga ko rwakongera gukora.
Muri ½ cy’amarushanwa y’Agaciro development Fund,Sunrise yasezereye Rayon Sports,yerekeza ku mukino wa nyuma aho izahura na Police Fc yasezereye Musanze
Minisiteri ya Siporo n’Umuco (MINISPOC) irakangurira abaturage kumva ko siporo atari iy’abafite amafaranga ahubwo ko ifitiye akamaro kanini umubiri wabo.
Bizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Urubyiriko tariki 22 Kanama bamwe mu rubyiruko bamuritse ibyo bagezeho bashishikariza abandi kwihangira imirimo.
Mu mahugurwa yahuje abagize urwego “DASSO” mu Karere ka Rwamagana ku wa 20 Kanama 2015, basabwe ikinyabupfura kugira ngo banoze inshingano zabo.
Niyitegeka Samuel, kuva ku wa 21 Kanama 2015 afunzwe ashinjwa gusambanya umwana w’imyaka 4, mu Mudugudu wa Rugabano mu Kagari ka Ninzi mu Murenge wa Kagano.
Inka umuryango “CARSA “ uha abakoze Jenoside n’abayikorewe ngo ibafasha gushimangira inzira y’ubwiyunge kuko ubufatanye mu kuyitaho butuma habaho gusabana.
Kuri uyu wa 22 Kamena 2015, bizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Urubyiriko, bamwe mu rubyiruko mu Karere ka Kamonyi bavuze ko gusuzugura imwe mu mirimo basanga bidindiza iterambere.
Ku Munsi Mpuzamahanga wahariwe Urubyiruko uba tariki 22 Kanama, mu Karere ka Kirere urubyiruko rwasabwe kwirinda ibiyobyabwenge n’izindi ngeso mbi zisenya igihugu.
Ibiro bya Minisitiri w’Intebe byahagurukiye gukemura ibibazo by’Imiryango 56 yangirijwe imitungo mu gutunganya Umudugudu w’Icyitegererezo wa Nyundo mu Murenge wa Rugendabari.
Nyuma yo gusesekara i Karongi ari uwa mbere,Patrick Byukusenge wo mu ikipe ya Benediction y’i Rubavu,niwe wegukanye isiganwa ry’amagare ryavaga i Muhanga ryerekeza i Karongi mu gace kuri uyu wa gatandatu.
Dr. Mukeshimana Madeleine niwe wagizwe umuyobozi mushya w’Ibitaro bya Rwamagana wasimbuye Dr. Nkuranga John Baptist ugiye gukomeza kwiga.
Inama y’abafite ubumuga (NCPD), yiyemeje gukemura ubushomeri ku batabona, aho yatangiye igenera bamwe mudasobwa 27 zo kubafasha kwiyungura ubumenyi.
Abavuzi gakondo bakorera mu karere ka Gakenke bahangayikishijwe n’amafaranga ibihumbi 50 byiyongera kuri 12 y’umusanzu bari basanzwe bakwa buri mwaka.
Ubuyobozi bw’akarere ka Kamonyi buratangaza ko ubufatanye bw’abaturage n’abashinzwe umutekano mu guhanahana amakuru biri ku isonga y’ibatumye ibihungabanya umutekano bigabanuka.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rwamagana burasaba abagize urwego rwa DASSO kwirinda guhutaza abaturage, ahubwo bagashyira ingufu mu kurinda icyahungabanya umutekano cyose.
Impuzamiryango Pro-Femme Twese Hamwe, yanzuye ko izashyigikira gahunda Perezida Kagame yatangije yo kuvuganira uburinganire hagati y’ubukobwa n’umuhungu yiswe HeforShe.
Mu gihe habura iminsi mike ngo imikino nyafurika (All African Games),ikipe y’igihugu y’u Rwanda mu mukino wa Karate iripima n’igihugu cy’u Burundi, mbere y’uko iyi kipe yerekeza muri Congo-Brazzaville.
Perezida Paul Kagame yavuze ko ibihugu bivuga ko abayobozi babi ndetse n’abatagira icyerekezo bose baba ku mugabane wa Afurika, ari ibintu bikwiye guhagarara.
Nyuma y’igihe kinini nta siganwa ry’amagare babona,abatuye mu karere ka Karongi kuri uyu wa gatandatu baraza kwakira isiganwa ry’amagare riva i Muhanga ryerekeza mu karere ka Karongi
Gahunda y’amatsinda y’ibiganiro by’abaturage bigamije guteza imbere imiyoborere myiza, izakosora amakosa yajyaga akorwa na bamwe mu bayobozi bityo bikihutisha iterambere.
Ingabo z’igihugu zashyikirije abatuye akarere ka Rusizi ivuriro rizajya ritanga serivisi zo gukumira ubwandu bwa virusi itera SIDA ku buntu.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Rwimiyaga burizeza abacururiza mu isoko ryaho ko bugiye guca akajagari katerwaga n’abaza kuhacururiza bavuye ahandi.
Bamwe mu baturage batuye mu mirenge ikora ku mugezi wa Giciye banejejwe no kuba usigaye ubyara amashanyarazi, ubundi warabatwariraga abantu n’imirima.
Akarere ka Nyamagabe kashimiwe ingamba kafashe zo guhuza inzego z’itandukanye, mu gushyira hamwe kugira ngo ihame ry’uburinganire ritezwe imbere.
Nubwo abaturage bo mu Krere ka Kirehe bipimisha SIDA ari benshi, bamwe mu bo twasanze mu Kigo Nderabuzima cya Kirehe tariki 16 Kanama 2015 ntibazi uburyo yandura.
Abatuye mu murenge wa Mwili mu karere ka Kayonza bavuga ko kubona amazi byababereye nko kubonekerwa nyuma y’igihe kirekire batayagira.
Impunzi z’Abarundi zo mu nkambi ya Mahama zatangiye gutoroka inkambi ya Mahama zijya gusabiriza mu baturage zivuga ko inzara yazirembeje.