Abafatanyabikorwa b’akarere ka Gicumbi bagiye gukora ubukangurambaga mu baturage barwanya imirire mibi n’ubugwingire mu bana bari munsi y’imyaka itanu.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yashimye uburyo umutungo uva mu bukerarugendo usaranganywa abaturage.
Inzego zitandukanye z’abaturage n’abayobozi mu Karere ka Muhanga ziravuga ko ikibazo cy’ibura ry’amazi mu karere ka Muhanga ryatumye isuku iba nkeya mu bice byose.
Imiryango itegamiye kuri leta [NGOs] ikorera mu karere ka Kayonza irasabwa kunyura mu buyobozi mbere y’uko itangira ibikorwa byayo.
Umuryango wa ba kanyamigezi mu Rwanda COFORWA, wiyemeje kwagura no kunoza ibikorwa by’isuku n’isukura mu gihugu kugira ngo abaturage barusheho kubona amazi meza.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame arasaba abaturage batutiye pariki y’Ibirunga gukomeza kugira uruhare mu kuyibungabunga kugira ngo umutungo uyivamo wiyongere.
Abaturage b’akarere ka Kirehe barataka ikibazo cy’izamuka ritunguranye ry’igiciro cy’ibirayi ko bavuga ko ribatera igihombo mu bucuruzi no mu mirire.
Abahinzi 4250 bo mu karere ka Ngoma, bahawe ifumbire n’imbuto zo gutera, n’umushinga ukora mu by’ubuhinzi witwa “Tubura”.
Ikigo cy’igihugu cy’iterambere RDB cyatangaje ko umubare w’ingagi mu birunga wiyongere cyane mu gihe cy’umwaka umwe ushize.
Ubwo yatangizaga umwaka w’ubucamanza 2015-2016 kuri uyu wa 4 Nzeli 2015, Perezida Kagame yasabye abacamanza gukorana ubushishozi mu kazi kabo.
Kuri uyu wa gatanu tariki 04/9/2015, Ministeri y’ibikorwaremezo(MININFRA) n’abubatsi, bemeje ubufatanye mu kunoza umwuga w’ubwubatsi mu Rwanda.
Imbere y’abafana benshi kuri Stade Amahoro ,ikipe ya Ghana yakoze imyitozo yitegura umukino uyihuza n’Amavubi kuri uyu wa gatandatu
Abagize ishyirahamwe ry’abikorera mu karere ka Rutsiro, PSF/Rutsiro baravuga ko bakibangamiwe n’ubuyobozi bubafungisha aho bacururiza ku buryo butunguranye.
Ihuriro ry’abagize Inteko Ishinga Amategeko Rikumira Jenoside, ipfobya n’ihakana rya Jenoside yakorewe Abatutsi ryiyemeje kugeza ijwi ryaryo kure mu guhangana na yo.
Ikigo giteza imbere ubuhinzi mu Rwanda, RAB kiratangaza ko hari imbuto y’imyumbati nshya igiye gukwirakwizwa mu bahunzi kuva mu kwa 12/2015.
Abagabo umunani n’umugore umwe bari mu maboko ya Polisi Sitasiyo ya Muhanga bakekwaho kwiba ibyuma by’ikoranabuhanga n’byo mu ngo.
Umuhanzikazi Nirere Shanel uba mu Bufaransa ari mubyishimo byo kwibaruka imfura ye y’umukobwa.
Mu gihe cy’ibyumweru bibiri bishize, abagabo batatu barapfuye mu gihe bari bafitanye amakimbirane n’abagore babo.
Abajyaga gushakira ireme ry’uburezi mu mahanga, babonye igisubizo mu ishuri rya HOPE ACADEMY.
Guverineri w’intara y’Amajyaruguru arasaba abayobozi bo mu karere ka Burera kujya banengera mu ruhame abaturage bafite umwanda kugira ngo bikosore.
Perezida Kagame atangaza ko atemera ubutabera bwitwa ko burengera inyungu mpuzamanga ariko bukarenganya bamwe, agakangurira Abanyarwanda kubwamagana.
Abategura igitaramo cya Hobe Rwanda batangaje ko kwinjira byagizwe ubuntu mu rwego rwo guha umwanya urubyiruko ngo rwigishwe umuco nyarwanda.
Bamwe mu bagana akarere ka Nyamagabe, baranenga imitangire ya serivisi itaranoga kuko batazibonera igihe kandi ntibakirwe neza.
Ubuyobozi bw’akarere ka Kirehe burasaba abahagarariye amadini n’amatorero kwirinda inyigisho z’ibinyoma zihungabanya umutekano w’abo bayoboye.
Ikigo gishinzwe ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) kiratangaza ko abafasanyumvire mu buhinzi ari bo bazateza imbere ubuhinzi bifashishije ishuri ryo mu murima.
Abatuye i Matinza mu kagari ka Nkondo mu murenge wa Rwinkwavu, karere ka Kayonza barasaba ubuvugizi ngo babone amashanyarazi.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imisoro n’Amahoro kiratangaza ko amafaranga y’imisoro n’amahoro umwaka ushize, yiyongereyeho 12% kubera ingamba cyashyizeho zo guhumira abayinyereza.
Ikipe ya Ghana yaraye isesekaye I Kigali ahagana i Saa tatu z’ijoro, irakora imyitozo kuri Stade Amahoro uyu munsi.
Abantu 11 ni bo bamaze gupfa, abandi 53 barakomereka bitewe n’inkuba zakubise mu bihe bitandukanye mu gihugu kuri iki gicamunsi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ruhango, burasaba abayobozi bo mu nzego z’ibanze guha umwanya abahinzi bahuje ubutaka, kwihitiramo imbuto bagomba guhinga.
Bitarenze iminsi itatu ikipe ya Rayon Sports iratangaza uzayitoza mu mwaka w’imikino wa 2015/2016,aho abanyamahanga babiri aribo bazatorwamo umwe
Imvura ivanze n’umuyaga yaguye kuri uyu wa 03 Nzeli 2015 yasambuye amazu 75 umwe arapfa akubiswe n’inkuba abandi batatu barakomereka.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza bufatanyije na polisi, batwitse bimwe mu bikoresho bivugwa ko byifashishwaga mu kuroga.
Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) cyubakiye isomero rya miliyoni 43 abaturiye Pariki y’Ibirunga mu rwego rwo kubasangiza inyungu iva mu bukerarugendo.
Ubuyobozi bw’ishuri VTC/BUMBA riherereye mu murenge wa Mushubati, akarere ka Rutsiro, burasaba ababyeyi barirereramo kwishyura umwenda wa miliyoni ishanu baribereyemo.
Ku rutonde ngarukakwezi rwa FIFA,u Rwanda mu mupira w’amaguru rwazamutse imyanya 13, runaza imbere mu gukusanya amanota menshi
Abayobozi b’ibanze basabwe gukangurira ababyeyi kwita ku isuku y’abana babo, abenshi usanga ku mubiri n’imyambaro yabo ifite umwanda ukabije.
Urubyiruko rwiga imyuga ku kigo cy’urubyiruko cya Kamonyi, rutangaza ko niruragiza rutazagira ikibazo cyo kubona imirimo kuko rushobora no kuyihangira.
Mu isiganwa ry’amagare rizazenguruka umujyi wa Kigali kuri uyu wa gatandatu,ikipe ya Republika iharanira demokarasi ya Congo irahatana n’abanyarwanda
Ababyeyi batuye mu karere ka Gakenke basanga umwana w’umunyeshuri adakwiye kwemererwa gutungira terefone kw’ishuri, kuko itatuma akurikirana amasomo nkuko bikwiye.
Mugabowishema Germain wari umukozi muri SACCO Baturebereho-Ruhango, arakekwaho gutorokana amafaranga asaga miliyoni eshatu akaburirwa irengero.
Ikigo cy’iteganyagihe(Meteo Rwanda) cyatangaje, kuri uyu wa gatatu tariki 02/09/2015, ko hashobora kugwa imvura nyinshi idasanzwe muri iki gihe cy’umuhindo.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda irakangurira abatwara ibinyabiziga gukoresha ikarita ya Visa mu kwishyura lisansi, kuko ari byo bizabafasha kwihutisha serivisi bahabwa.
Abacamanza bakorera mu nkiko zitandukanye z’igihugu, kuri uyu wa 2 Nzeli 2015, batangiye umwiherero i Gabiro mu karere ka Gatsibo.
Bamwe mu bafite ubumuga bo muri Nyamasheke baravuga ko kwitinya kubera kubura bimwe mu bice by’ingingo zabo bidindiza iterambere ryabo.
Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Nkungu baravuga ko hakoreshwa ikimenyane mu gutanga inka muri gahunda ya Girinka Munyarwanda.
Amagaju yarangije shampiona ya 2014/2015 ku mwanya wa 8,yahaye intego umutoza wayo kuza ku mwanya wa kane,nawe ayizeza amanota 40