Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke bwishyurije umuturage wari umaze imyaka itatu ashinja Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Butare, Uwiringiyimana Bosco, kumwambura ibihumbi 30Frw.
Ikipe ya Etincelles yashyiriwe ho agahimbazamusyi kadasanzwe niramuka yitwaye neza ku mukino uyihuza na Rayon Sports kuri uyu wa gatatu kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Abayobozi b’uturere tw’Intara y’Uburengerazuba dukora kuri Pariki ya Nyungwe bagiye gutangira gukangurira abaturiye iyi pariki kwirinda gutwika mu gihe k’impeshyi.
Ikigo Nderabuzima cyo mu Murenge wa Mukarange mu Karere ka Gicumbi cyugarjwe n’umwanda wo mu bwiherero budakorerwa isuku bikabangamira abarwayi.
Umuyobozi w’umujyi wa Kigali, Monique Mukaruliza yatangaje ko ku bushake bw’abazunguzayi, ikibazo cyabo kizakemurwa vuba kandi burundu.
Perezida Kagame atangaza ko biteye isoni kuba muri Afurika nta mashanyarazi ahagije ahari n’ubukungu bw’umutungo kamere ifite bwayigeza ku nganda zikomeye.
Ikipe ya APR Fc yahagaritse abakinnyi bayo bane nyuma yo kuvuga ko bagaragaje imyitwarire itari myiza
Abaturage 13 bo mu Murenge wa Ntyazo mu Karere ka Nyanza, bajyanwe kwa muganga ari indembe nyuma yo kurya inyama z’ihene yipfushije, bivugwa ko zari zihumanye, nk’uko byemejwe n’Ubuyobozi w’Ibitaro bya Nyanza.
Itorero ry’Abadiventisite b’Umunsi wa Karindwi rigiye kubaka amashuri n’amavuriro bigezweho mu turere twa Nyanza na Rubavu, hagamijwe gufasha abaturage kubona serivise hafi no kugira imibereho myiza.
Abitabiriye inama mpuzamahanga ku ndangamuntu y’ikoranabuhanga muri Afurika (ID4Afrika) bavuga ko iyi ndangabuntu izafasha ibihugu kumenya no gukurikirana abakora ibyaha bagatoroka.
Abatuye Umurenge wa Kamubuga mu Karere ka Gakenke bahangayikishijwe no kutagira imihanda nyabagendwa, bavuga ko bibazitira kugera ku iterambere.
Ambasaderi w’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi mu Rwanda, Michael Ryan, yishimiye umusaruro w’ubuhinzi yasanze mu Karere ka Rubavu, avuga ko ugaragaza iterambere ry’u Rwanda.
Ikipe ya AS Vita Club yamaze gusezererwa mu marushanwa ya CAF Champions league, nyuma yo gukinisha umukinnyi utabyemerewe
Niyigena Marthe ukora ubuvuzi gakondo, afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Shyorongi muri Rulindo, akurikiranyweho urupfu rw’umugabo yavuriraga iwe.
Urubyiruko rukomeje gukangurirwa kwirinda SIDA no kurwanya ibiyobyabwenge binyuze mu irushanwa ryo gusiganwa ku magare aho urubyiruko rwitabiriye iryo siganwa ku bwinshi.
Amashuri y’inshuke mu Karere ka Kamonyi, akoresha umusanzu w’ababyeyi arasabirwa inkunga ya leta, kuko agaragaza ubushobozi buke bwo kubona ibikenewe byose.
Abashakashatsi n’impuguke z’Abanyarwanda n’Abanyekongo batangiye guhana amakuru ku buryo gaz methan yo mu kiyaga cya Kivu yatanga umusaruro wiyongera ku mashanyarazi.
Ibimenyetso biranga ubwicanyi ndengakamere bwakorewe inzirakarengane z’Abatutsi i Nyarubuye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bikomeje kubera isomo abahasura urwibutso.
Mu Rwanda hagiye kuba inama mpuzamahanga yo gukangurira ibihugu bya Afurika kwitabira gukoresha indangamuntu zikoranye ikoranabuhanga, kuko hari byinshi yakemura.
Nyiraneza Cecile, umupfakazi warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, uri kwiteza imbere mu buhinzi n’ubworozi, asaba bagenzi be gukomera no guharanira kwiyubaka.
Umutoza w’ikipe ya Manchester United Luis Van Gaal, yamaze kwirukanwa n’ikipe mu gihe biteganijwe ko Mourihno ari we ugomba kumusimbura.
Abarokotse Jenoside bo mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Ruhango, baragaya abaganga bijanditse mu bwicanyi muri Jenoside yakorewe Abatutsi, bagasaba ab’ubu kurangwa n’urukundo nyarwo.
Abahagarariye Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU) basanze hari impinduka zabaye mu magreza y’u Rwanda, kuko uretse kuba ahagororerwa hanakorerwa ibikorwa by’itermbere.
Abubatse Biogaz mu Murenge wa Rongi muri Muhanga, bamaze imyaka hafi imyaka itatu bishyuza ibirarane bya miliyoni 30 frw bambuwe.
Ibitaro Bikuru bya Kaminuza bya Butare (CHUB) byatanze inka ku miryango 25 y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batishoboye b’i Ruhashya mu Karere ka Huye, mu rwego rwo kubafata mu mugongo.
Umuhanzi Danny Vumbi yahawe ikiraka cyo gukorera umushoramari indirimbo yamamaza ibikorwa bye, abikesha uko yitwaye ku rubyiniro i Karongi.
Abatuye mu Murenge wa Rurenge mu Karere ka Ngoma, bavuga ko kwegerezwa SACCO byabakijije itike ya 3000Frw bategeshaga bajya kubitsa.
Umukinnyi wamenyekanye cyane mu mukino wo gusiganwa ku maguru Disi Dieudonné agiye kujyana i Burayi abakinnyi babiri bitwaye neza muri Kigali Peace Marathon
Bamwe mu bakuze bo muri Karongi bavuga ko umuco ugenda ucika w’Abakuru b’imiryango, ukwiye kugaruka kuko wafashaga mu gukemura amakimbirane.
Ubuyobozi bw’Ibitaro bya Nyanza bwagaye abaganga batatiye indahiro bakica abarwayi muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Koperative “Tuvugibyayo” ikorera mu Murenge wa Gisenyi, mu Karere ka Rubavu, yiyemeje kongera uruhare rwo guhuza imiryango yari isanzwe irangwamo amakimbirane.
Abavutse nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 biyemeje kwibuka, kugira ngo bamenye amateka ya Jenoside batazajya bayabarirwa nk’abanyamahanga.
Bamwe mu bafite impamyabumenyi za kaminuza bari abashomeri bakemererwa kwiga guteka muri IPRC - South, batishyura, biteguye kuzahanga umurimo ushingiye ku byo barimo kwigishwa.
Kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 21 Gicurasi 2016, abahanzi 10 bahatanira irushanwa rya Primus Guma Guma Superstars Saison 6, biyerekanye imbere y’abafana babo mu Karere ka Karongi ku kibuga kizwi nko kwa Ruganzu.
Mu gihe cy’ukwezi, Abizera b’Abadiventisite b’Umunsi wa Karindwi mu Rwanda, bamaze gufashisha abatishoboye inkunga isaga miliyoni 262 n’igice z’amafaranga y’u Rwanda yanyuze mu bikorwa bitandukanye.
Mu mukino wo guhatanira igikombe cy’Afurika cy’abatarengeje imyaka 20 kizabera muri Zambia, Misiri itsinze u Rwanda 1-0 mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Abaturage b’Akarere ka Nyamasheke baravuga ko ubufatanye bw’umugabo n’umugore bwarandura ikibazo cy’imirire mibi kikigaragara mu bana ndetse n’ubukene bwugarije imiryango.
Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi arasaba abanyamadini kubaka umuryango nyarwanda wubaha Imana ariko abakwiza impuha bavuga ko bashingiye ku buhanuzi, bakihana.
Gahunda yo kwigisha abanyeshuri indimi hifashishijwe ikoranabuhanga rya telefoni zigendandwa yatumwe bashishikarira gukurikira gusoma no kwandika ikorohereza n’abarimu.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Burera rutangaza ko rugiye kwifashisha interineti mu kurwanya ingengabitekerezo ya Joniside igaragara ku mbuga zitandukanye.
Minisitiri w’Umutekano Sheihk Musa Fazili Harerimana, asanga Abanyarwanda bakwiye kwibuka, baharanira kubaka Ubunyarwanda muri bo banamagana ingengabikerezo ya Jenoside.
Habimana Felix utuye mu Murenge wa Murundi Akarere ka Karongi, ageze ku rwego rwo kweza ibilo 60 by’imyumbati ku giti kimwe.
Ku nshuro ya gatatu, Areruya Joseph yongeye kwegukana irushanwa rizwi nka Kivu Race, isiganwa ryatangiriye Ngororero rigasorezwa mu mujyi wa Rubavu
Impuguke mu by’imirire Dynaparm batangaza ko mu gihe umuntu yateguye neza amafunguro, ibiryo byamurinda indwara kandi bikanamubera umuti.
Musenyeri Habiyambere Alexis umaze imyaka 19 ku bushumba bwa Diyoseze ya Nyundo yashyikirije inkuni y’ubushumba mugenzi we Mwumvaneza Anaclet, ajya mu kiruhuko.
Abakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka mu Karere ka Rusizi bavuga ko babangamiwe no gusoreshwa bimwe mu bicuruzwa bitari ngombwa.
Séraphine Mukandanga w’imyaka 80 yongeye kuryama mu nzu yubakiwe ayita iye bwite, nyuma y’imyaka 20 yabaga mu yo yatijwe.
Umukozi wari ushinzwe imibereho myiza mu Murenge wa Masoro muri Rulindo, afunzwe akekwaho kunyereza amafaranga ya VUP no guha inka abatazigenewe.