Abatuye umurenge wa Gishubi mu Karere ka Gisagara bafatiye ingamba gahunda ya Girinka munyarwanda kugira ngo zigere kuri bose.
Mu gikombe cy’Afurika cy’abatarengeje imyaka 18 muri Basketball, ANgola yatsinze Egypt yegukana igikombe, u Rwanda rurangiza ku mwanya wa gatanu
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) yashimiye abaturage b’Umurenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, igikorwa cy’indashikirwa cyo kwiyubakira igikoni cy’umudugudu babinyujije mu muganda.
Abashumba b’Amatorero ya gikrisitu, Bishop Albert Rugamba wa Bethesda na Masengo Fidele wa Four Square, baraburira abantu batari mu gakiza.
Abenshi mu bajya mu imurikagurisha baranenga tumwe mu tubari n’ahandi hamurikirwa ibicuuzwa, babyinisha abana bato kuko ngo bishobora gutuma bararuka.
Madamu Jeannette Kagame arashishikariza abagore kurangwa n’ibikorwa by’ubumuntu kuko ari byo biranga ‘Umugore mwiza’ ariko abibutsa gufatanya n’abagabo kuko ngo nubwo umugore yaba mwiza ariko adafatanya n’umugabo, ubwo bwiza butagira akamaro.
Umushinga w’Abanyakoreya, GCS (Global Cilil Sharing) wita ku iterambere ry’abaturage, watangiye gufasha abaturage b’Akarere ka Kamonyi kurwanya ubujiji, by’umwihariko abatari bazi gusoma no kwandika.
Umuhanzikazi Butera Jeanne Knowless amaze gusezerana kubana akaramata na Producer Ishimwe Clement, umuhango ubereye mu Murenge wa Remera mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru, tariki 31 Nyakanga 2016.
Ababyeyi bakura abana mu bigo by’imfubyi bakajya kubarerera mu miryango baributswa kubaha urukundo mbere y’ibindi byose, kuko ari cyo kintu gikomeye babuze.
Minisitiri ushinzwe Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Amb. Valentine Rugwabiza, arasaba abaturage kurangwa n’ishyaka ryo kwikemurira ibibazo bibareba batagombye gutegereza inkunga zituruka ahandi.
Uruganda rwa Sima mu Rwanda (CIMERWA) rutangaza ko bitakiri ngombwa gutumiza indi sima hanze, mu gihe Leta yaba ishaka kungukira ku bikorerwa mu gihugu.
Abitabira imurikagurisha barishimira ko hari bimwe mu bicuruzwa bimurikwa byagabanyirijwe ibiciro.
Umuganda usoza Nyakanga 2016 ahenshi mu gihugu wibanze ku bikorwaremezo byiganjemo imihanda
Mu Ntara y’Amajyepfo hasozwa icyumweru cyahariwe ubukangurambaga mu kwandikisha ibyangombwa bya burundu by’ubutaka, abagifite ibyangombwa by’agateganyo byabwo bigereranywa n’”ibiryabarezi”.
Abaturage bo mu Karere ka Nyamasheke mu Murenge wa Macuba ahashyirwe ibikorwaremezo byo gusukira imyaka barasabwa guhinga imbuto n’imboga bibahaza bakanasagurira amasoko mu bihe byimpenshyi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buvuga ko bugiye kurushaho gusobanurira abaturage ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye kugira ngo hagabanywe amakimbirane mu miryango.
Ku cyicaro cy’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda hatangiwe ibihembo ku bakinnyi, abatoza n’abafana bitwaye neza muri Shampiona ya 2015/2016, byinshi byiharirwa na Rayon Sports
Perezida Kagame yibukije abanyeshuri 8,500 bahawe impamyabumenyi muri Kaminuza y’u Rwanda ko, aribo u Rwanda rufiteho icyizere cy’iterambere rirambye ry’ejo hazaza.
Irondo ryo mu Kagari ka Kankobwa mu Murenge wa Mpanga i Kirehe ryakijije umugore umugabo we yari amaze gutera icyuma ashaka kumwica.
Aba ‘Ofisiye’ ba Polisi barangije icyiciro cya munani cy’amahugurwa ya ’Cadet’ i Gishari, barasabwa kwitangira igihugu nta bugwari, kabone nubwo byabasaba gutanga ubuzima bwabo.
Ubushakashatsi bwakozwe na Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge hamwe na Unity Club, bugaragaza ko Akarere ka Rutsiro kaza imbere mu kwimakaza ubumwe n’ubwiyunge.
Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’u Rwanda na Congo Brazaville bemeje ko bagiye kongera ubuhahirane mu by’ubucuruzi n’ikoranabuhanga.
Abahinzi b’i Nyaruguru baravuga ko batinyutse gutera ibiti bivangwa n’imyaka mu mirima yabo kuko birinda isuri kandi bikagaburirwa amatungo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru buramagana abaturage bavuga ko badashaka kubana n’abandi bitwaje ko batamenyeranye.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yateguje ibihumbi birenga umunani by’abarangije muri Kaminuza y’u Rwanda, ko bagiye kwiga irindi shuri ryo guhatanira imirimo.
Abanyeshuri barimo kwiga gufotora mu kigo cy’itangazamakuru, Kigali Today, basuye abagore bakora ubugeni mu kigo “Women for Women” kiri mu Karere ka Kayonza.
Bamwe mu babyeyi bo mu Karere ka Burera baracyumva ko imirimo ivunanye ikoreshwa abana ntacyo itwaye kuko ibinjiriza amafaranga.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Tony Nsanganira, aranenga umusaruro uva ahashyizwe ibikorwa byo kuvomerera imyaka muri Karongi akabasaba kuwuhuza n’ubushobozi bwahawe.
Bamwe mu Banyarwanda bitabiriye imurikagurisha mpuzamahanga ririmo kubera i Kigali barahamya ko ari umwanya wo kugaragaza ubwiza bw’ibikorerwa mu Rwanda.
Ubuyobozi bw’Intara y’Iburengerazuba buratangaza ko bwamaze gufata ingamba ku bakorera magendu mu Kiyaga cya Kivu bakanyereza imisoro.
Itsinda rya AERG ryahize amatsinda y’uturere 17 mu marushanwa y’ibiganiro mpaka yateguwe n’Imbuto Foundation agamije gutoza urubyiruko kuvuga neza mu ruhame.
Kuri uyu wa Gatanu ni bwo ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda riza guha ibihembo abakinnyi, abatoza n’abafana bitwaye neza muri Shampiona ya 2015/2016
Ababyeyi bo mu Karere ka Nyabibu bibukijwe gukurikirana abana babo mu biruhuko, nyuma y’uko habonetse abana batanu batwariye inda mu mashuri.
Minisiteri yUbuzima (MINISANTE) ivuga ko igiye gushaka uburyo yakoresha mu kugabanya ibiciro by’imiti y’indwara ya Hepatite, ku buryo byorohera buri wese.
Abagore boroye ihene zitanga umukamo baravuga ko amata yazo agurwa amafaranga menshi, ariko ngo bafite ikibazo ko zidatanga umukamo mwinshi.
Umuryango utabara imbabare (Croix Rwanda) ufite intego yo kwigira kugirango ushobore gukomeza kugoboka abatishoboye.
Ministiri w’Inganda n’ubucuruzi, Francois Kanimba yijeje abitabira imurikagurisha mpuzamahanga(Expo), ko Leta izababonera aho gukorera hagutse kandi hujuje ibisabwa.
Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru buratangaza ko kuva gahunda ya Girinka yatangira hamaze gutangwa inka zisaga ibihumbi 30 mu Turere 5 tuyigize.
Umucungamari wa Sacco y’Umurenge wa Ngeruka mu Karere ka Bugesera yatawe muri yombi akekwaho kunyereza miliyoni ebyiri.
Mu Kigo cya Gisirikare cya Gabiro hatangirijwe igikorwa cyo gusenya toni 55 z’ibisasu bishaje n’intwaro.
Leta ya Amerika irizeza u Rwanda ubufatanye burambye mu kubungabunga amahoro ku isi, kubera icyizere rukomeje kugirirwa n’amahanga.
Bamwe mu banyamuryango ba Koperative y’Abakozi b’Akarere ka Rutsiro COTOPROCO (Congo Nil tourism Promotion cooperative) ngo bagiye gusezera bitewe n’imicungire yayo mibi.
Umubyeyi utaramenyekana yataye uruhinja rw’umukobwa ruri mu kigero cy’amezi abiri mu gihuru, rutoragurwa n’Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, ari na ho byabereye.
Abatuye i Cyendajuru mu Murenge wa Simbi muri Huye bishimira ko begerejwe amazi meza, ariko noneho ngo uwabaha n’amashanyarazi.
Ikipe y’u Rwanda y’umukino w’amagare igiye guhatana na Chris Froome wegukanye Tour de France, mu isiganwa ribera mu Bwongereza kuri iki Cyumweru
Abiga mu ishuri ribanza rya Gitantu, mu Murenge wa Gasaka bishimira ishuri begerejwe ariko ariko bakavuga ko bidahagije kuko abanyeshuri bagicucikiranye.
Abaturage bo mu Karere ka Gakenke baravuga ko bafite impungenge ko imvura iramutse yongeye kugwa umuhanda Kigali- Rubavu wakwongera gufunga.