Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi John Bosco, arizeza aborozi b’Umurenge wa Rukara ko bitarenze umwaka utaha bazaba bamaze kubakirwa ikusanyirizo ry’amata bakabona aho bashyira umukamo w’inka zabo.
Inama y’Abaminisitiri yaraye iteranye ku nshuro ya mbere, yasize Guverinoma y’u Rwanda yemeje gahunda y’Igihugu yo kwihutisha Iterambere mu cyiciro cyayo cya kabiri (NST2) izagenderwaho mu myaka itanu iri imbere.
Muri Nigeria, abanyeshuri bari bashimuswe barekuwe bose bose uko ari 20 ari bazima nyuma yo kumara icyumweru baburiwe irengero nk’uko byemejwe na Polisi yo muri Nigeria mu nkuru yatangajwe na Aljazeera.
Mukandayisenga Beatrice wo mu Kagari ka Nyangara Umurenge wa Gatunda arashimira Imana nyuma yo gusubizwa amafaranga yari yibwe n’uwiyise umushinjacyaha akamwaka aakamuhamagara amubwira ko amufasha gufunguza mubyara we ufunzwe akekwaho icyaha cyo gukubita no gukomeretsa.
Bamwe mu baturage baganiriye na Kigali Today mu turere dutandukanye tw’igihugu, barishimira uburyo babona serivise zitandukanye zitangwa binyuze ku rubuga Irembo.
Abaturage bo mu Mirenge ya Nyamabuye na Shyogwe mu Karere ka Muhanga barasaba inzego z’ubuyobozi, guhabwa ibisambu byahawe abikorera bakaba batabibyaza umusaruro bakabihinga.
Kuri uyu wagatandatu taliki ya 24 Kanama, mu mujyi wa Tunis ho mu gihugu cya Tuziniya, haratangira imikino y’igikombe cya Afurika cy’abari munsi y’imyaka 18, aho u Rwanda rutangira rwesurana na Algeria.
Berhane Abrehe wahoze ari Minisitiri w’imari muri Eritrea ndetse akaba n’umuntu wakunze kunenga cyane Perezida w’icyo gihugu Issaias Afwerki, yapfuye aguye muri gereza nk’uko byatangajwe n’abo mu muryango we ndetse n’umwe mu miryango iharanira uburenganzira bwa muntu ikorera muri icyo gihugu.
Inama y’Abaminisitiri yayobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Isheja Butera Sandrine wagizwe Umuyobozozi Mukuru wungirije wa RBA naho Zephanie Niyonkuru akurwa mu nshingano z’Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo.
Nyuma y’uko Umujyi wa Kigali wibukije abinjira ahantu hahurira abantu benshi hose kubanza gukaraba intoki, abamaze kwitabira gushyira mu bikorwa ayo mabwiriza baracyari bake bitewe n’uko ibikorwa remezo bitanga amazi ngo hari aho byangiritse.
Bamwe mu bafatabuguzi ba MTN - Rwanda barayishinja kubakata amafaranga yitwa aya Telefone za Macye Macye kandi itarigeze izibaha, ibintu bafata nk’ubujura kandi bikabaviramo kwirirwa basiragira bashaka ubufasha.
Kuri uyu wa Gatanu, ikipe ya Rayon Sports yanganyirije n’Amagaju FC kuri Kigali Pelé Stadium ibitego 2-2 mu mukino w’umunsi wa kabiri shampiyona abakunzi bayo batahana agahinda nyuma yo kutabona intsinzi mu mikino ibiri ya mbere ya shampiyona.
Minisiteri ya Siporo iri muri Minisiteri zifite umwihariko mu guhinduranya ubuyobozi kenshi, aho imaze kuyoborwa n’Abaminisitiri 10 kuva mu 1994, nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Munyakazi Emmanuel (amazina twahinduye), afite ikigo gikora ifumbire y’imborera, yifashishije ibintu bitandukanye birimo iminyorogoto. Avuga ko kuva muri 2021 yagerageje kwegera banki ngo asabe inguzanyo abashe kwagura ibikorwa bye, ariko kugeza ubu muri 2024 nta banki iremera kumuguriza.
Bamwe mu bakorera n’abagenda mu mujyi wa Nyagatare bahitamo kwihagarika (kunyara) mu biti bigize ubusitani bw’umujyi kubera ko ubwiherero rusange bumaze amezi atatu budakoreshwa.
Kuva ku munsi w’ejo tariki 22 Kanama 2024, Mu Karere ka Ngoma mu Ntara y’Uburasirazuba bari mu gikorwa cyo gutera umuti wica umubu ukwirakwiza Malariya hirya no hino mu nzu z’abaturage. Ni igikorwa kizasozwa tariki 23 Nzeri 2024.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko ikibazo cya moteri icanira Kigali Pelé Stadium cyamaze kubonerwa umuti
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’abagore muri Basketball yatsinzwe n’u Bwongereza amanota 75-61 mu mukino wa gatatu mu majonjora y’ibanze yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya Basketball mu Bagore bituma rwisanga mu nzira ya Senegal muri 1/2.
Umujyi wa Kigali nyuma yo gutangaza ko moteri icana amatara kuri Kigali Pelé Stadium itabasha kuyacana yose ngo ikibuga kibone bikwiriye ku buryo haba imikino yo mu masaha y’ijoro, Perezida Kagame yavuze ko icyo kibazo kitagakwiye kuba cyarabayeho mbere.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, ruratangaza ko rwataye muri yombi bwana Musonera Germain (Jerimani), wari igiye kuba Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko, kubera ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi akekwaho.
Mu itangazo ryasohowe n’ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali kuri uyu wa Kane tariki 22 Kanama 2024, rivuga ko hari gahunda yo gutunganya amahuriro y’imihanda KN 5Rd na KG 5 Ave imbere ya KABC.
Perezida Paul Kagame yakiriye itsinda ry’abanyeshuri b’Abanyarwanda bitabiriye amarushanwa y’imibare azwi nka Pan African Mathematics Olympiad (PAMO) abashimira umuhate bagaragaje ndetse avuga ko yifuje guhura nabo kugira ngo abashimire kandi ko azabahora hafi kugira ngo abashyigikire muri byose bifuza kugeraho.
Umuyobozi w’Ingabo ziri mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye muri Sudani y’Epfo (UNMISS), Lt. Gen. Mohan Subramanian, yashimye Ingabo z’u Rwanda ziri muri ubu butumwa ku bw’uruhare zigira mu bikorwa bigamije kurinda abasivile.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, MINALOC yasohoye urutonde rw’Imiryango 43 ishingiye ku myenerere, igomba guhagarikwa kubera ko idafite ubuzima gatozi.
Ibuye rya diyama (Diamond) ya kabiri mu bunini mu mabuye y’ubu bwoko amaze kuboneka ku Isi, ryacukuwe muri Botswana mu kirombe gicukurwamo n’ikigo cy’Abanya-Canada, Lucara Diamond.
Samuel Dusengiyumva yongeye kuyobora Umujyi wa Kigali, aho yatowe n’abagize Njyanama hamwe n’abajyanama bagize Imirenge yose igize Umujyi wa Kigali kuri uyu wa Kane tariki 22 Kanama 2024.
Mu irushanwa ryari rimaze iminsi itanu rihuza amakipe y’inkambi z’impunzi ziri mu Rwanda, ikipe ya Mahama ni yo yegukanye ibikombe byinshi mu mikino itanu yakinwe
Muri Zambia, haravugwa imbwa 400 zapfuye mu kwezi kumwe nyuma yo kugaburirwa ibigori byifitemo uburozi bwinshi bwa ‘aflatoxins’ cyangwa se uruhumbu rwinshi, ku buryo bikekwa ko n’abantu baramutse bariye ibyo bigori ubuzima bwabo bwajya mu kaga nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’Ubuzima w’icyo gihugu Elijah Muchimi.
Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente, yibukije Intore z’Indangamirwa ko ubutore nyabwo, bushingiye ku kuba intangarugero mu myitwarire n’ibikorwa, kuko biri mu by’ingenzi bigeza bigeza igihugu kuri byinshi byifuzwa.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa kane abagize njyanama z’uturere bazindutse bajya mu matora yo gushaka abazabahagararira mu nama njyanama y’umujyi wa Kigali.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), iratangaza ko umugore uhetse umwana adakwiye kurara irondo, kuko byaba bivuze ko n’uwo mwana ariraye kandi atarageza imyaka 18 y’ubukure.
Ikipe ya AZAM FC yageze mu Rwanda aho ije kwitegura umukino wo kwishyura w’ijonjora rya mbere rya Total Energies CAF Champions League uzayihuza na APR FC kuri uyu wa Gatandatu.
Operasiyo yo kumena inzoga z’ibikorano no gufata abazikora yabereye ahitwa Cyimana mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye tariki 20 Kanama 2024, yaviriyemo abagera ku icyenda gushya, biturutse ku binyabutabire byasanzwe aho hantu.
Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF) irahamagarira Abanyarwanda kubungabunga ubuzima, no kwita ku isuku y’abana kugira ngo bazabe abo bifuza kuba bo, kuko abarenga miliyoni ebyiri by’Abanyarwanda bose bari munsi y’imyaka itandatu.
Kuri uyu wa Gatatu imbere ya Perezida Paul Kagame, Ikipe y’u Rwanda y’abagore yatsinze Argentine mu mukino wa kabiri w’imikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026 cya Basketball mu bagore iri kubera mu Rwanda
Mu imurikagurusha ry’Intara y’Amajyaruguru riri kubera muri sitade Ubworoherane, ibiribwa birimo brochette, ibirayi ndetse n’ahagaragara ibikinisho by’abana, nibyo biri kwitabirwa kurusha ibindi, dore ko aho bicururizwa hakomeje kugaragara umubyigano cyane mu masaha y’umugoroba.
Abatuye mu Karere ka Rubavu mu Ntara y’Iburangerazuba barishimira ko muri ako Karere huzuye icyambu (Port) gifite ubushobozi bwo kwakira ubwato bubiri bunini bupakira imizigo n’abagenzi barenga miliyoni 2.7 ku mwaka.
Muri Taiwan, urukiko rwahanishije umugabo igihano cyo gufungwa amezi atatu muri gereza kubera ko yacungishije umugore we camera ihishe mu rugo rwabo atamubwiye kugira ngo ajye agenzura ko amuca inyuma koko, urukiko rwabyise ko uwo mugabo yavogereye ubuzima bwite bw’umugore we.
Kuri uyu wa Gatatu, ikipe ya Kiyovu Sports yatangiye neza umwaka w’imikino 2024-2025 itsinda umukino wa mbere wa shampiyona yatsindagamo AS Kigali ibitego 2-1 kuri Kigali Pelé Stadium.
Butoyi Didier wo mu Karere ka Bugesera avuga ko mu rwego rwo gukemura ikibazo cy’ibicanwa no kubungabunga ibidukikije yakoze amakara akozwe muri burikete (Briquettes) mu bisigazwa by’imyaka aho abayakoresha bavuga ko ahendutse ugereranyije n’ay’ishyamba asanzwe.
Umuhanzi ukomoka muri Nigeria, Augustin Miles Kelechi Okechukwu, uzwi cyane ku izina rya Tekno Miles, yahakanye amakuru yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga ko yaguye igihumura ubwo yari ku rubyiniro muri Afurika y’Epfo.
Inkongi y’umuriro yatewe n’iturika rya Gaz, yibasiye inzu iherereye mu Mudugudu wa Nyarukurazo Akagari ka Kamatama mu Murenge wa Jabana Akarere ka Gasabo, umuntu umwe akomereka bikomeye, n’ibyarimo birashya.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yashyizeho abajyanama mu Nama Njyanama y’Umujyi wa Kigali, barimo Dusengiyumva Samuel wari usanzwe ari Umuyobozi w’uyu Mujyi.
Muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, nyuma y’uko ubwato bunini bwari butwaye abantu 300 bupakiye n’ibicuruzwa burohamye mu ijoro ryo ku cyumweru tariki 18 Kanama 2024, mu Mugezi wa Lukeni muri Teritwari ya Kutu, mu Ntara ya Maï-Ndombe, kugeza n’ubu hari abari muri ubwo bwato bagikomeje kuburirwa irengero nk’uko (…)
Ba rwiyemezamirimo bato bongerera agaciro umusaruro ukomoka ku buhinzi bavuga ko bagorwa cyane no kubona ibyangombwa by’ubuziranenge bityo ibyo bakora bikabura isoko nabo bakadindira mu iterambere.
Banki Nkuru y’Igihugu (BNR), yatangaje ko yagabanyije urwunguko rwayo ku bigo by’imari, rugera kuri 6,5% ruvuye kuri 7% rwari rusanzweho.
Jennifer Lopez yasabye gatanya n’umugabo we Ben Affleck, nawe uzwi cyane mu bya filimi, nk’uko byatangajwe n’ibinyamakuru bitandukanye byo muri Amerika n’ahandi bivuga ko wari umwe mu miryango (couples) zizwi cyane kurusha izindi muri Hollywood.
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda akaba n’umuyobozi w’icyubahiro wa APR FC Gen.Mubarakh Muganga yibukije abakinnyi ba APR FC iri kwitegura AZAM FC ko kuba bakinira ikipe ya gisirikare nabo mu kibuga bagomba kuba bafite uwo mutima w’igisirikare.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri taliki ya 20 ni bwo Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ya siporo, Niyonkuru Zephanie yashyikirije ibendera ry’igihugu ikipe y’igihugu y’abato bagiye mu gikombe cya Afurika.