Ubwo Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) yatangizaga umushinga wiswe RDDP2 ugamije guteza imbere ubworozi bw’inka zitanga umukamo, aborozi bahagarariye abandi batanze ibyifuzo bigera muri birindwi, basaba ko byazitabwaho kugira ngo umusaruro basabwa uboneke.
Bamwe mu basirikare b’u Burusiya ba Brigade Bear bari bamaze igihe gito bakorera muri Burkina Faso nk’Abacanshuro, basubiye iwabo mu Burusiya kugira ngo bajye gutanga umusanzu mu kurwanya ingabo za Ukraine zimaze ibyumweru bicyeya zigabye igitero gikomeye ku butaka bw’u Burusiya.
Musenyeri, Dr. Laurent Mbanda w’Itorero Anglican mu Rwanda, yatorewe kuyobora umuryango uhuza amatorero, amadini na Kiliziya (Rwanda inter-Religious Council/RIC), akaba asimbuye Musenyeri Filipo Rukamba wa Diyoseze Gatolika ya Butare.
BK Group iratangaza ko mu mezi atandatu ya mbere y’uyu mwaka yazamuye urwunguko ho Miliyari 47.8 Frw, urwo rwunguko rukaba rwariyongereye ugereranyije n’umwaka ushize mu bikorwa byose bya BK Group.
Mu muhango wayobowe na Minsitiri w’Ingabo Juvenal Marizamunda mu izina rya Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yasezeye mu cyubahiro abasirikare bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo na Gen Jean Bosco Kazura.
Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yemeje ikiruhuko cy’izabukuru ku basirikare bakuru mu ngabo z’u Rwanda barimo na General Jean Bosco Kazura wabaye Umugaba mukuru wa RDF.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente yagiranye ibiganiro n’itsinda ryita ku burezi mu Muryango Mpuzamahanga w’Ubukungu n’iterambere (OECD) riyobowe na Andreas Schleicher, Umuyobozi ushinzwe uburezi muri uyu muryango.
Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasobanuye ko nta muntu wabuza abandi gusenga, ahubwo ko icyo basabwa ari gusengera ahantu hujuje ibisabwa n’amategeko ku bw’inyungu z’abaturage.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imikurire no Kurengera umwana (NCDA), kiratangaza ko u Rwanda ruri ku mwanya wa mbere ku Isi mu kugira ubwitabire bw’ababyeyi bonsa neza abana ariko kandi kikabahamagarira kutadohoka kuko imibare igaragaza ko ababikora bagabanutseho 7%.
Bamwe mu bagabo bavuga ko kutiharira ububasha bw’urugo byatumye babasha kubaka ingo zizira amakimbirane nyamara mbere barahoraga mu ntonganya.
Nyirabiyoro yari atuye mu birwa biri mu Kiyaga cy’Ihema, ahitwa mu Mazinga. Kigeri III Ndabarasa ajya gutera Umubari abaho barabimenye, umwami waho atuma kuri Ndagara ya Ruhinda wategekaga Karagwe amusaba kuzahisha Nyirabiyoro ndetse n’umwana we kugira ngo ingabo za Ndabarasa zitabica.
Iki ni icyegeranyo ku magambo yavuzwe na bamwe mu bantu b’ibyamamare babayeho mu buzima butandukanye, uhereye ku bavugwa mu iyobokamana, muri filimi, muri politike, mu mikino n’imyidagaduro, abahanzi n’abandi. Ni amagambo bavuze mu minota ya nyuma y’ubuzima bwabo, hari n’abo habaga habura gato ngo bashiremo umwuka.
Umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu murenge wa Mbazi mu karere ka Nyamagabe barashima ko bahawe ubutabera ababiciye imiryango muri Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 bakajyanwa mu nkiko bagakurikiranwa.
Mu nama y’iminsi ibiri yateraniye ku kicaro gikuru cya Polisi ku Kacyiru kuva tariki 30 kugera 31 Kanama 2024 ihuza abakobwa n’abagore bari muri Polisi y’Igihugu, ku nshuro ya 13 hatangajwe ko Polisi y’u Rwanda ifite intego yo kongera umubare w’abakobwa n’abagore binjira muri uyu mwuga ukagera kuri 30%.
Kuri uyu wa gatanu hasohotse iteka rya perezida n° 073/01 ryo ku wa 29/08/2024 rishyiraho inoti nshya ya frw 5.000 n’iya frw 2.000 nk’uko bikubiye mu igazeti ya Leta nomero idasanzwe yo ku wa 30/8/2024.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC), yatangaje ko imyiteguro y’amatora y’Abasenateri irimbanyije, ariko ko hari abaturage batarumva neza impamvu aba bagize Inteko Ishinga Amategeko batorwa.
Ku wa Gatatu tariki ya 28 Kanama 2024, ahitwa Buñol mu gihugu cya Espagne, habereye umukino udasanzwe wo guterana inyanya uzwi nka La Tomatina, witabiriwe n’abasaga ibihumbi 22 baturutse hirya no hino ku isi.
Mu mpera z’umwaka ushize wa 2023, umunyeshuri w’umukobwa wigaga mu mwaka wa gatanu w’amashuri abanza mu Rwunge rw’Amashuri rwa Nyabagendwa mu Murenge wa Rilima w’Akarere ka Bugesera, byavuzwe ko yatewe inda n’umwarimu wamwigishaga.
Israel yemeye gutanga agahenga mu ntambara irwanamo na Hamas muri Palestine, kugira ngo abana bo muri Gaza ahari kubera iyo ntambara, bashobore guhabwa urukingo rw’imbasa nk’uko byatangajwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO).
Mu murenge wa Ruli Akarere ka Gakenke, haravugwa amakuru y’impanuka, aho batatu mu bacukuraga amabuye y’agaciro bahejejwe mu kirombe n’amazi.
Abaturage bo mu Murenge wa Nyabinoni mu Karere ka Muhanga barishimira serivisi z’irangamimerere begerejwe zabaruhuye ingendo bakoraga bajya kuzishakira mu wundi Murenge wa Kibangu kuko iwabo zitahabaka.
Mu Mudugudu wa Nyamirama, Akagari ka Shanga, Umurenge wa Kigoma, inkuba yakubise inzu irashya irakongoka, ikubita n’abana batatu bajyanwa kwa muganga bitabwaho kuri ubu bazanzamutse.
Perezida Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yirukanye abasirikare bakuru barimo Gen Major Martin Nzaramba, Col Dr Etienne Uwimana n’abandi ba Ofisiye 19. Na ho abandi bagera mu 195 amasezerano yabo araseswa.
Abakora Irondo ry’Umwuga bo mu Kagari ka Mpenge, mu Murenge wa Muhoza Akarere ka Musanze, bahawe ibikoresho bagiye kujya bifashisha mu kazi kabo ka buri munsi, aho bemeza ko bizaborohereza mu gukumira ibikorwa bihungabanya umudendezo w’abaturage.
Kuri uyu wa Kane, mu gihugu cy’u Bufaransa habereye tombola y’imikino ya UEFA Champions League 2024/2025, ivuguruye igiye kujya ikinwa n’amakipe 36, hatagaragaramo amatsinda ndetse n’imikino yitwaga iyo kwishyura mu cyiciro kibanze.
Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, kuri uyu wa Gatatu yahuye n’abasirikare bakuru mu Ngabo z’u Rwanda.
Robert Kyagulanyi Ssentamu wamamaye mu muziki nka Bobi Wine akaba n’umunyapolitiki yashimye igice cy’abahanzi ndetse n’abari mu ruganda rw’imyidagaduro muri Uganda banze kujya ku ruhande rw’ishyaka riri ku butegetsi (NRM), maze ababwira ko bidatinze azaba Perezida bagakorera igitaramo mu Ngoro y’Umukuru w’Igihugu.
Mu Buhinde, umuhungu w’ingimbi arashinjwa gushyira iterabwoba kuri nyina w’umukene kugira ngo agire icyo akora, ubwo yakora imyigaragambyo yo kumara iminsi itatu nta kintu arya nta n’icyo anywa, kugira ngo amugurire telefone igezweho kandi ihenze ya iPhone.
Kuri uyu wa Kane tariki 29 Kanama 2024, ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’abagore yatangiye imikino Paralempike 2024 ikinwa n’abafite ubumuga itsindwa na Brazil amaseti 3-0.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwafashe abagabo batandatu bakekwaho kwiba abacuruzi batandukanye runagaruza ibicuruzwa bifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda miliyoni 20,740,000.
Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente Eduard kuri uyu wa Kane taraiki 29 Kanama 2024 yagiranye ibiganiro n’Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi y’Ikigega Agaciro, Bwana Scott T. Ford hamwe n’abagize Inama y’Ubutegetsi.
Umuyobozi w’Ingabo mu Ntara y’Iburengerazuba, Maj Gen Eugene Nkubito yabwiye abikorera bo mu Karere ka Rubavu gukora batekanye ntibahungabanywe n’ibihuha bivugwa kuri FDLR ikorera mu Burasirazuba bwa RDC kuko niyo bakwiteranya bagatera u Rwanda badashobora guhangana na batayo imwe y’Ingabo z’u Rwanda.
Minisiteri y’Uburezi mu Rwanda (MINEDUC), ivuga ko gahunda yo kugaburira abana ku ishuri imaze kugira uruhare rugaragara mu kugabanya umubare w’abana barivagamo byumwihariko abo mu mashuri abanza.
Abatuye Akarere ka Nyabihu, bahangayikishijwe n’amashyamba yabo akomeje kwangizwa, bagatunga agatoki inganda eshatu zikorera muri ako Karere zikamura amababi y’inturusu ziyabyaza amavuta.
Mu rwego rwo kwegereza serivise z’ubuvuzi abaturage, hubatswe amavuriro y’ibanze (postes de santé) abegereye hirya no hino mu tugari batuyemo, ariko hari ayo usanga adakora, hakaba n’akora ariko adatanga serivise uko bikwiye. Abafite agikanyakanya bakavuga ko nabo nta kizere cyo gukomeza kuko bahura n’imbogamizi nyinshi. Ku (…)
Muri Uganda, Polisi yatangaje ko yataye muri yombi umugabo w’Umunya-Uganda bivugwa ko yasanganywe uduhanga 24 tw’abantu ashobora kuba yarabikoreshaga nk’ibitambo by’abantu ndetse ivuga ko ashobora gukatirwa igihano cyo gufungwa burundu naramuka ahamijwe icyo cyaha.
Musenyeri Ntagungira Jean Bosco watorewe kuba umushumba wa Diyosezi ya Butare, azahabwa inkoni y’ubushumba ku itariki 05 Ukwakira 2024.
Johann Rupert, ukomoka muri Afurika y’Epfo niwe muherwe wa mbere ku mugabane wa Afurika, umwanya yakuyeho umunyanigeriya Aliko Dangote nk’uko bigaragazwa n’urutonde rwa Bloomberg Billionaires Index.
Mu Karere aa Kicukiro mu Murenge wa Gahanga hafi ya sitasiyo y’ibikomoka kuri peteroli ya Oryx, imodoka yo mu bwoko bwa Taxi Hiace yafashwe n’inkongi y’umuriro irashya irakongoka.
Umuhanzi Massamba Intore ufite ibigwi byiganje cyane mu njyana gakondo, uri no mu myiteguro ikomeye y’igitaramo yise ‘3040 Ubutore Concert’, yahishuye ko yaririmbye izindi njyana ariko akagaruka muri gakondo kuko umubyeyi we, Muzehe Sentore Athanase atari kubimwemerera kuyivamo.
Bamwe mu bafashijwe na BK Foundation barishimira ko byarushijeho kubafasha kwaguka mu bikorwa, bigatuma biteza imbere biciye mu mishinga itandukanye bafasha bakanatera inkunga.
Umuryango Nyarwanda wita ku isanamitima CARSA, urahumuriza Abanyarwanda, by’umwihariko abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ko badakwiye gukurwa imitima n’abakoze Jenoside bakihishahisha kubera ko jenoside ari icyaha kidasaza kandi bazagenda bafatwa uko habonetse ibimenyetso bibashinja.
Muri Tanzania, nyuma yo gutahura imirambo 10, umuvuzi gakondo yatawe muri yombi akurikiranyweho kwica abantu, kubahamba ari bazima ndetse no kubatwika mu muriro, nk’uko byemezwa na Polisi y’icyo gihugu, ivuga ko yamufatanye n’abandi batatu.
Mu rwego rwo gukomeza kumenya amwe mu mateka yaranze igihugu cy’u Rwanda Kigali Today igenda ibagezaho amateka y’ahantu hatandukanye mu bihe byo ha mbere.
Mu gice cyabanje twababwiye abaperezida babiri bayoboye u Rwanda, none tugarutse kubabwira abandi babakurikiye. Nyuma ya Gregoire Kayibanda wabaye perezida wa repubulika ya mbere, igice cya kabiri cy’iyi nkuru kiribanda kuri Juvenal Habyarimana wabaye perezida muri repubulika ya kabiri kuva mu 1973 kugeza apfuye yishwe mu (…)
Kuri uyu wa Gatatu, tariki 28 Kanama 2024, muri Village Urugwiro, Perezida Kagame yakiriye impapuro zemerera ba Ambasaderi bashya umunani guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda.
Musenyeri wa Diyosezi ya Butare Philippe Rukamba uherutse kujya mu kiruhuko cy’izabukuru yatangaje ko azahita akomereza ubutumwa mu mashuri abanza aho azajya yigisha abanyeshuri Gatigisimu.
Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, CG Felix Namuhoranye, yakiriye Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Gihugu muri Sierra Leone, Maj Gen (Rtd) David Tamba.
Ibihugu by’u Rwanda na Brazil byiyemeje kurushaho gushimangira umubano ushingiye ku bufatanye bugamije guteza imbere ibijyanye n’Ingabo z’ibihugu byombi.
Sena ni umwe mu Mitwe ibiri igize Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, ikaba ari yo mutwe Mukuru ku w’Abadepite. Abagize Sena bitwa Abasenateri, bakaba bashinzwe kugenzura niba nta nenge ziri mu Itegeko Nshinga n’Amategeko Ngenga Igihugu kigenderaho.