Abayobozi batandukanye mu Karere ka Rutsiro bavuga ko bimanaga amakuru cyangwa ntibayatange neza, kuko batari basobanukiwe n’itegeko rigena imitangire y’amakuru.
Umutoza Okoko Godfrey wa Mukura yatangaje ko mu ikipe hari abantu bazana umwuka mubi, bagaragaza ko batamushyigikiye ibyo bikaba imbarutso yo kutitwara neza kw’ikipe.
Evode Imena wabaye umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Umutungo Kamere (MINIRENA) yatawe muri yombi, akurikiranweho ibyaha yakoze akiri kuri uwo mwanya.
Amakuru aturuka muri Polisi y’Igihugu aravuga ko Koperative Isange SACCO y’Umurenge wa Ngoma mu Karere ka Huye ishobora kuba yibwe n’abakozi bayikoramo.
Akarere ka Ngororero bwahagurukiye abasore batera inda abakobwa bakiri bato, buvuga ko umukobwa watanze amakuru y’uwamuteye inda buzajya bumukurikirana.
Gushaka kubyara abana b’ibitsina byombi ni imwe mu nzitizi ituma ababyeyi bo mu Karere ka Rwamagana bananirwa kuboneza urubyaro.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngoma butangaza ko buhangayikishijwe n’umubare w’abana b’abakobwa baterwa inda bataragera ku myaka 19.
Ku cyumweru tariki ya 29 Mutarama 2017, Perezida Paul Kagame yagejeje ku bitabiriye umwiherero w’Abakuru b’Ibihugu i Addis Ababa muri Etiyopiya raporo yiswe "Impamvu hakenewe ivugurura mu bumwe bwacu".
Mu mukino wa nyuma w’imikino ibanza ya Shampiona y’u Rwanda, Police Fc yasanze Marines kuri Stade Umuganda iyihatsindira ibitego 2-0
Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 28 Mutarama 2017 mu mukino wok u munsi wa 15 w’igice kibanza cya shampiyona Ikipe ya Bugesera yanganyije na APR 1-1.
Abakobwa batanu muri 16 biyamamarizaga guhagararira umujyi wa Kigali mu marushanwa ya Miss Rwanda 2017, nibo bemerewe gukomeza amarushanwa.
Ikigo gishinzwe amakoperative(RCA) cyashyizeho imikoranire yihariye n’ubushinjacyaha, kugira ngo byoroshe gutahura no gufata abanyereza umutungo w’amakoperative.
Minisitiri w’Intebe Dr. Anastase Murekerezi yatangaje ko Leta izakora ibishoboka byose igafasha abahinzi kugura ibikoresho byo kuhira imyaka kugira ngo ituma.
Mu nama ya 28 ya Afurika Yunze Ubumwe (AU), iteganyijwe kuwa 30-31 Mutarama 2017 ku cyicaro gikuru cyayo giherereye Addis Ababa muri Ethiopia, Perezida Kagame azamurikira abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma, raporo ku mavugurura ya komisiyo ya Afurika yunze ubumwe.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 28 Mutarama 2017, mu gihugu hose hakozwe umuganda rusange wa mbere mu mwaka wa 2017, usoza ukwezi kwa Mutarama.
Ikipe ya Patriots BBC na REG BBC yatangiye neza mu irushanwa ryo guhatanira igikombe cy’intwari mu mukino w’intoki wa Basketball.
Leta yasabye imiryango igize Sosiyete Sivile, kuyifasha guhindura imyumvire y’abaturage bafashijwe kuva mu bukene, ariko bagakomeza gusaba inkunga.
Ikipe ya Rayon Sports itsinze Kiyovu ibitego 3-0 mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, ihita isubira ku mwanya wa mbere mu gihe APR Fc itarakina.
Imiryango 140, yo mu murenge wa Rugabano i Karongi, izimurwa ahazahingwa icyayi iri kubakirwa umudugudu w’icyitegererezo ugizwe n’inzu 35.
Kuri uyu wa 27 Mutarama 2017, abayobozi batandukanye baturutse mu bihugu 24 bya Afurika, bitabiriye umuhango wo gutangiza ku mugaragaro ikigo gishinzwe intego z’iterambere rirambye muri Afurika (SDGC) gifite icyicaro mu Rwanda.
Brig Gen Francis Ndoluwa ukomoka muri Tanzania uyoboye imishyikirano mu Burundi, yagaragaye mu cyegeranyo cy’umuryango w’abibumbye ashinjwa kugemurira intwaro FDLR.
Ubushinjacyaha bwa gisirikare bwasabiye 2/Lt Seyoboka Jean Claude ukekwaho ibyaha bya jenoside yakorewe abatutsi, gukomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo, kuko bugikora iperereza ku byaha akurikiranyweho.
Ikigo cy’igihugu cyo kwita ku bidukikije REMA kiravuga ko umuturage akwiye kongererwa ubushobozi bwo kwibeshaho neza,kuko bituma abungabu ibidukikije.
Inzu 20 zituriye umuhanda Kigali-Nyagatare zikorerwamo ubucuruzi mu murenge wa Kabarore muri Gatsibo zafunzwe imiryango kubera kutubahiriza amabwiriza y’ubuyobozi.
Karekezi Leandre wabaye umuyobozi w’akarere ka Gisagara yiyamamarije kuzayobora ishyirahamwe ry’mukino w’intoki wa Volley Ball (FRVB), aratangaza ko zimwe mu mpinduka yazana ari ukugeza uyu mukino mu cyaro.
Abaririmbyi The Ben, King James na Rider Man bagiye gutaramira Abanyehuye n’Abanyarubavu mu kwamamaza serivise nshya ya Airtel yitwa “Tera Stori”.
Salma Rhadia Mukansanga yamaze gutoranywa mu basifuzi bazakurwamo abazasifura igikombe cy’isi cy’abagore cy’umupira w’amaguru kizabera mu Bufaransa muri 2019
Umuririmbyikazi Oda Paccy amaze iminsi muri Tanzaniya aho ari gukorera imishinga ye ya muzika mu nzu itunganya umuziki yitwa Wasafi Records y’umuririmbyi Diamond Platinumz.
Banki y’Abaturage y’u Rwanda (BPR) yatangiye igikorwa cyo gukangurira abakiriya bayo kwitabira gukoresha amakarita y’ikoranabuhanga (Smart cash Card), abarinda kugendana amafaranga menshi.
Abahinzi b’icyayi bo mu mirenge itandukanye mu karere ka Nyamasheke bavuga ko bagiye gukira igihombo cy’icyayi bagiraga kubera kukigemura kure kigapfa.
Nigeria ivuga ko u Rwanda rwayitambutseho mu itumanaho n’ikoranabuhanga, bityo ibihugu byombi bikaba byiyemeje gukomeza umubano wabyo bita cyane mu iterambere.
Sosiyete y’itumanaho Airtel yatangaje igabanuka ry’ibiciro byo guhamagara ku bakiriya bayo, kandi yemeza ko atari iby’igihe gito ngo bihite byongera bihagarare.
Leta y’u Rwanda ikeneye miliyari 5FRW yo gusana ibyangijwe n’imvura iherutse kwibasira uturere dutanu igasenyera amagana y’abantu.
Akarere ka Kicukiro gashobora kuzakurura abashoramari benshi mu minsi iri imbere, kubera ibikorwaremezo bitandukanye birimo kuhubakwa, bizatuma haba amarembo y’Umujyi wa Kigali mu minsi iri imbere
Gacamumakuba Francois w’i Matimba muri Nyagatare arasaba ubufasha nyuma yuko umugore we amutanye abana umunani akisangira undi mugabo, agasiga anatwaye imyaka yose bari bejeje.
Umuryango uteza imbere ubusizi “Trans-Poesis”, ugiye gukoresha irushanwa wise “Kigali Itatswe n’Ubusizi” ku nshuro ya gatandatu, rikazaba tariki 28 Mutarama 2017.
Leta y’ U Rwanda irimo gushakisha imiryango irenga 1000 yifuza kwakira abana bamaze imyaka ine mu bigo by’impfubyi barabuze imiryango ibakira ngo ibarere.
Abaturage batandukanye bivuriza ku Kigo nderabuzima cya Mukarange kiri muri Kayonza barinubira serivisi mbi bahabwa n’iryo vuriro.
Abaturage 420 bo mu murenge wa Matyazo muri Ngororero bakora muri VUP bavuga ko kudahemberwa igihe byatumye bamwe batohereza abana ku ishuri
Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Sam Rugege, avuga ko hagikenewe guhugurwa abunzi, bakaba ab’umwuga, bakazafasha gukemura ibibazo binyuranye bityo ibijya mu nkiko bikagabanuka.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) itangaza ko mu rwego rwo guca ruswa, Leta y’u Rwanda iri gukora ibishoboka ngo serivisi zishoboka zose zitangirwe kuri interineti.
Abagore bo mu Karere ka Karongi bavuga ko abenshi mu bagabo badakozwa ibyo kubaherekeza mu gihe bagiye gupimisha inda batwite.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryatangiye gushakisha umutoza w’ikipe y’igihugu nkuru uzasimbura McKinstry wirukanwe umwaka ushize
Abanyamuryango ba Koperative y’abafite ubumuga yitwa Twishakemo Imbaraga Kagano, ikorera ubudozi mu Murenge wa Kagano mu Karere ka Nyamasheke, bavuga ko guca akato mu bamugaye byabafashije kuva mu bwigunye bakiteza imbere.