Ikigo cy’igihugu gishinzwe gukwirakwiza amashanyarazi UECL ishami rya Gicumbi, cyatangije gahunda yo gusanga abaturage mu ngo kikabaha umuriro.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yagaragarije isi ko iterambere u Rwanda rugezeho rurikesha gahunda rwihaye yo gushyira ikoranabuhanga muri serivisi zitangirwa mu gihugu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi bwongeye umunsi ku wari usanzwe isoko ry’akarere ryaremeragaho, bitewe n’abarirema barino n’abaturutse muri Congo biyongereye.
Dr Niyibizi Clet ufite umushinga w’ubuhinzi bw’imbuto, soya n’urutoki mu Karere ka Kamonyi, yeretse abahinzi ko guhangana n’imihindagurikire y’ikirere bishoboka.
Izabayo Marie Grace ni we wegukanye ikamba rya Nyampinga w’Akagari ka Rukaragata 2017, mu Murenge wa Mushishiro, mu Karere ka Muhanga.
Abatuye Akarere ka Nyamagabe bemeza ko gahunda ya “Girinka” idafasha mu kubakura mu bukene gusa ahubwo yabaye na gahuzamiryango.
Umujyi wa Kigali watangiye guhana abazunguzayi(ababunza ibicuruzwa ku mihanda) ndetse n’umuntu wese ufashwe abigura.
Urukiko rw’Ibanze rwa Lilolongwe muri Malawi rwongeye gusubika urubanza rwo kohereza mu Rwanda Vincent Murekezi ushinjwa ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ingabo za Loni ziri mu butumwa bw’amahoro muri Congo (MONUSCO) zihakana zivuye inyuma ko nta murwanyi wa M23 n’umwe uri ku butaka bwa Congo (DRC).
Abatuye Akarere ka Kamonyi bavuga ko gucibwa amahoro ku musaruro w’ubuhinzi n’ubworozi bajyanye ku isoko, bibadindiza, aho basanga ntacyo bageraho.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rwamagana bwongeye gutegura isiganwa ku maguru rizaba muri Gashyantare 2017, rigahuza abakinnyi bose babyifuza
Madame Jeannette Kagame afatanyije na Della Tamari, umuyobozi wungirije w’umuryango “Tamari Foundation” batangije imirimo yo kubaka irerero ry’icyitegererezo rizuzura ritwaye arenga miliyoni 80RWf.
Uwahoze ari kapiteni w’Amavubi mu mwaka wa 1983-1987 Myandagaro Charles atangaza ko kuba atarakiniye amakipe akomeye nka Rayon Sport cyangwa Panthere Noir ahora abyibazaho.
Abaturage bo mu Kagari ka Rukaragata mu Murenge wa Mushishiro mu Karere ka Muhanga bagiye kongera gutora Miss w’Akagari kabo.
Ikipe ya Rayon Sports iratangaza ko uyu munsi ishobora kurara ibonye ibyangombwa bya Abouba SIbomana, mu gihe Ferwafa nayo itangaza ko itaramenya neza igihe bizabonekera
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere (RGB) kigaragaza ko imitangire ya serivisi muri Musanze ikiri hasi kuburyo iri ku kigero cya 69.3% gusa.
Perezida wa Repubulika witabiriye inama yiga ku bukungu bw’isi iteraniye mu Mujyi wa Davos mu Busuwisi, asanga nta gikorwa ngo ubucuruzi hagati y’Abanyafurika butangire bukorwe, nubwo byagiye byifuzwa kuva kera.
Abayobozi b’ibigo by’amashuri byo muri Ngororero barakangurirwa kugira isuku mu bigo byabo kuko aho bizagaragara ko hari umwanda umuyobozi w’icyo kigo azirukanwa.
Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mathilde Mukantabana yitabiriye ibirori bibanziriza kurahira kwa Perezida Donald Trump watarewe kuyobora icyo gihugu.
Perezida Paul Kagame yitabiriye inama mpuzamahanga ngarukamwaka yiga ku bukungu bw’Isi, World Economic Forum (WEF), irikubera i Davos mu Busuwisi, yatangiye kuri uyu wa 17 Mutarama 2017 ikazasozwa tariki 20 Mutarama 2017.
Abahinzi ba kawa bo mu Karere ka Nyamasheke baravuga ko kubegereza inganda zitunganya kawa byabagabanyirije ingendo n’igihombo bagiraga kubera kuzigemura kure.
Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 17 Mutarama 2017 yafungiwe amashanyarazi kubera kutishyura ikirarane cyo mu kwezi kw’Ugushyingo 2016, kingana na Miliyoni 12 RWf.
Abakozi b’ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere imyuga n’ubumenyingiro (WDA) bashakisha abaziga umuziki batunguwe n’impano y’umuziki basanze i Rubavu.
Ndayambaje Venuste utuye mu Murenge wa Gikonko mu Karere ka Gisagara, avuga ko 60,000 Frw yahawe mu Budehe, yamufashije kwikura mu bukene bukabije yabagamo.
Abaturage batandukanye bo muri Karongi bavuga ko batarasobanukirwa ibijyanye n’itegeko ryo gukuramo inda uretse ngo kumva ko ryashyizweho gusa.
Perezida w’ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball mu Rwanda aratangaza ko u Rwanda ruri mu biganiro na Finland mu korohereza Abanyarwanda kuhakina
Umusaza Kavutse Aron utuye mu Karere ka Nyamagabe ahamya ko agiye kugira amasaziro meza kubera inka yagabiwe.
Abatozwa b’impeshakurama za Minisiteri y’ubuzima muri Muhanga barifuza ko itorero ryamanuka rikagera no ku bana b’imyaka 10 kugira ngo bazakurane umuco w’ubutore.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, buremeza ko mu minsi 3 gusa bumaze gufata abantu 20 bakekwaho ubujura.
Umukinnyi wahoze akina muri Rayon Sports akayivamo, Uwambazimana Leon ubu aratangaza ko ashobora gusubira muri Rayon Sports cyangwa akajya Tanzania
Abayobozi mu nzego z’ibanze babarirwa muri 561 ni bo bamaze kwegura, kuva umwaka ushize ubwo Perezida Kagame yasuraga abaturage mu ntara zose agasanga bamwe mu bayobozi badakemura ibibazo by’abaturage.
Abantu 27 barimo Abasilikare, abapolisi n’abasivili baturutse mu bihugu birindwi byo muri Afurika bariga uburyo bahangana n’ihohoterwa rikorerwa abagore n’abana mu ntambara.
Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo rwemeje icyifuzo cy’umushinjacyaha cy’uko umunyamakuru Shyaka Kanuma afungwa by’agateganyo iminsi 30 kugira ngo akurikiranwe.
Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG) ibicishije mu nyandiko yashyizweho umukono na Dr Bizimana Jean Damascene uyibereye Umunyamabanga Nshingwabikorwa, yerekanye amatariki akomeye yaranze itegurwa n’igeragezwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Umuhanzi wo hambere Buhigiro Jacques avuga ko atangazwa n’ukuntu indirimbo z’abaririmbyi b’iki gihe ziba ziganjemo amarira n’amaganya aho gutanga ubutumwa.
Manzi Aimée Praise yahembwe imodoka na se umubyara, amushimira gutsinda ibizamini bya Leta bisoza amashuli abanza mu mwaka wa 2016.
Imikino y’umunsi wa kane muri Shampiona ya Volleyball, isize IPRC y’Amajyepfo iyoboye urutonde, aho ikurikiwe na Gisagara iri gukina umwaka wa mbere muri Shampiona
Mu Ntara y’Iburasirazuba hatangijwe siporo ngarukakwezi kuri bose izajya ikorwa kuri buri cyumweru cya gatatu cya buri kwezi.
Abajyanama b’ubuzima mu Murenge wa Rukomo mu Karere ka Gicumbi, bamaze imyaka ine basiragira ku mafaranga bahombejwe n’ubuyobozi asaga Miliyoni 40RWf.
Abarezi bo mu Karere ka Kamonyi basanga gutanga inyigisho z’Itorero ry’igihugu mu mashuri, bizabafasha guhangana n’ikibazo cy’abana bata ishuri n’icy’ireme ry’uburezi.
Ishuli rikuru ry’ingabo z’u Rwanda ryateguye iserukiramuco rihuza ba Ofisiye baturutse mu bihugu 11 byo ku mugabane w’Afurika baje kuryigamo.
Abakobwa babiri muri batandatu bemerewe guhagararira Intara y’Amajyaruguru mu marushanwa ya Miss Rwanda 2017 nibo bo bonyine bavuka muri iyo Ntara.
Itsinda ry’abagize inteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite bashima iterambere rimaze kugaragara mu Karere ka Gisagara kubera umuriro w’amashanyarazi, bagasaba abatarayashyikira kongera imbaraga.
Mu mukino w’umunsi wa 13 wa Shampiyona, Etincelles inganyije na Rayon mbere yo gukina na APR
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yanyomoje abavuga ko u Rwanda nta mutungo kamere rufite avuga ko uhari kandi ko guhera muri 2017 uzabyazwa umusaruro by’umwihariko.
Ikipe ya Basketball y’ikigo cy’igihugu gishinzwe gusakaza ingufu z’amashanyarazi mu Rwanda (REG BBC) yatsinze ikipe y’ishuri rikuru ry’ubumenyingiro ryo mu Majyepfo (IPRC-SOUTH BBC) yizeza igikombe.