Ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda ryatangaje ko amakipe 11 yo mu Rwanda ari yo yamaze kwemera kuzitabira irushanwa ry’intwari
Bamwe mu bagore bo mu Murenge wa Mimuli muri Nyagatare bavuga ko bafata inguzanyo ari bacye kubera gufuha kw’abagabo babo.
Nkurunziza Gustave abona kuba Rayon Sports yaravuye muri SHampiona ari imwe mu mpamvu zatumye abafana batakitabira imikino ya Shampiona cyane
Girubuntu Jeanne D’arc atangaza ko imvune yagize mu mwaka wa 2016 yamubabaje bitewe n’uko atabashije kwegukana irushanwa ry’amagare (Rwanda Cycling Cup 2016)
Urwego rushinzwe uburezi mu Karere ka Ngoma rutangaza ko muri ako karere hakigaragaramo ubucucike bw’abanyeshuri mu mashuri bigatuma badakurikira neza amasomo.
Polisi y’u Rwanda yashyikirije Uganda imodoka ebyiri na moto imwe byibwe mu bihugu bitandukanye, bikaza guhabwa ibyangombwa muri icyo gihugu.
Bwa mbere mu Rwanda ihuriro ry’abafundi, ababaji n’abanyabukorikori ryitwa STECOMA rirateganya gutanga impamyabushobozi ku bafundi, bashingiye ku bunararibonye bafite mu kazi kabo ka buri munsi.
Imvura ivanze n’umuyaga yaguye mu Karere ka Rusizi mu murenge wa Muganza yasenye inzu 41 mu tugari twa Gakoni na Shara isiga imiryango 22 hanze.
UAE Exchange ikigo mpuzamahanga gitanga serivise zo kohereza amafaranga hanze y’igihugu ndetse no kuvunja, cyiyemeje no kugira uruhare mu iterambere, no mu mibereho myiza y’abaturage giha serivise.
Muri iki gihe abantu batandukanye biganjemo ibyamamare bakunze kwambara amadarubindi arinda izuba (sunglasses/fumées) ariko hari bamwe batazi inkomoko yayo.
Mu karere ka Ngororero abana 572 baracyafite indwara ziterwa n’imirire mibi, ababyeyi bakagawa kutita ku mirire y’abana kandi batabuze ubushobozi.
Urwego rushinzwe ubuziranenge (RSB), hamwe n’urushinzwe Iterambere (RDB), zabwiye aborozi n’abacuruzi b’inyama ko amasoko akomeye atabagirira icyizere, kubera kutuzuza ubuziranenge.
Ibiro by’abinjira n’abasohoka mu Rwanda byahaye ikaze Padiri Nahimana Thomas, ushaka kuza kwiyamamaza ku mwanya wa Perezida wa Repubulika.
Mu gihe yari ategerejwe i Kigali aje kwiyamamariza kuyobora u Rwanda, abantu batunguwe no kubona umunyapolitiki Padiri Nahimana i Buruseli mu gihe yagombaga guhagurukira i Amsterdam mu Buholandi.
Perezida Kagame yagaragaje ko umwaka wa 2017 uzaba umwaka w’ubuyobozi bwimakaza demokarasi, ubutwererane n’iterambere bizatuma Abanyarwanda barushaho guhabwa serivisi zinoze.
Ikipe ya Kiyovu yari isanzwe izwiho kugira abafana benshi hirya no hino mu Rwanda isigaye ijya gukina, abafana bayo ari mbarwa ku kibuga.
Mu gihe banki ya Kigali yizihiza imyaka 50 ishinzwe, bamwe mu bayigana baratangaza ko banyurwa n’uburyo bakirwa ndetse no koroherezwa kubona inguzanyo.
Abanyeshuri baba mu Nkambi ya Kigeme i Nyamagabe bahamya ko imfashanyo y’ibikoresho by’ishuri bahawe izabafasha kurushaho kwiga bashyizeho umwete.
Babiri bakekwaho gusiga amazirantoki ku Rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ruherereye mu Mudugudu w’Akamabuye, Akagari ka Nyakibanda mu Murenge wa Gishamvu mu karere ka Huye,bari mu maboko y’abashinzwe umutekano.
Polisi y’u Rwanda yerekanye Abarundi 12 yafatiye ku mupaka uhuza u Rwanda n’Uburundi ku Kanyaru bikekwa ko bari bagiye gucuruzwa muri Aziya.
Abatuye akarere ka Bugesera, barasaba kwegerezwa ingemwe z’ibiti byeraho imbuto ziribwa kuko zikiri nke kandi kuzibona bikaba bitoroshye.
Abarokotse jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Murenge wa Bushenge mu Karere ka Nyamasheke, bishimiye ko Akarere katangiye kubaka urwibutso ruzashyingurwamo ababo.
Amabanki akomeje gusaba amafaranga abifuza ko konti zabo zifungwa, n’ubwo Banki Nkuru y’u Rwanda n’abakiriya batabyemera.
Imbangukiragutabara yahawe ikigo nderabuzima cya Rususa mu Karere ka Ngororero imaze imyaka irindwi idakoreshwa kuko basanze idashoboye kugenda mu misozi yaho.
Kuri cyumweru tariki ya 22 Mutarama 2017, ikipe ya Marine yahagaritse umuvuduko wa Kiyovu iyitsinda igitego 1-0, cyatsinzwe na Jimmy Mbaraga Ku munota wa 13 w’igice cya mbere.
Mu gihe cy’itangira ry’amashuri, muri Gare ya Nyabugogo haba hari urujya n’uruza rw’abanyeshuri bashaka imodoka zibajyana aho biga mu ntara zitandukanye.
Imvura ivanze n’umuyaga yasenye inzu 58 zo mu Murenge wa Runda, mu Karere ka Kamonyi, inangiza imyaka irimo ibigori n’insina.
Natete Liliane watorewe kuba Nyampinga wa INES Ruhengeri muri 2016 avuga ko manda ye igiye kurangira adashoboye guhigura umwe mu mihigo yari yarahize.
Ikipe ya APR Fc yatsinze Rayon Sports mu mukino wabereye kuri Stade Amahoro, ihita inayikura ku mwanya wa mbere yari imazeho iminsi
Ikamyo ebyiri zagonganiye ahitwa "Mu Rwabashyashya" mu Karere ka Kamonyi zifatwa n’inkongi y’umuriro zirakongoka.
Bwa mbere Jimmy Mulisa nk’umutoza ahura na Rayon Sports, abashije kuyitsinda igitego 1-0, ndetse APR ihita inafata umwanya wa mbere muri Shampiona
Gasore Hategeka ni we wegukanye isiganwa ry’amagare rizenguruka u Rwanda rizwi nka Rwanda Cycling cup 2016, isiganwa ryasojwe kuri uyu wa Gatandatu
Nyuma yo gutozwa,intore zikora muri serivisi z’ubuvuzi mu turere twa Huye na Gisagara zivuga ko ntawe uzongera kwinubira serivisi mbi kwa muganga.
Mutokambari Moise utoza ikipe y’igihugu ya Basket Ball, atangaza ko kuba bataritabiriye imikino Nyafurika (Afro-Basket) ya 2015, byabasigiye isomo rikomeye rizabafasha kutazongera kuyisiba.
Abana babiri bo mu Karere ka Bugesera barwariye mu bitaro bya Nyamata nyuma yo gutwikwa ibiganza na ba se bababyara.
Abakirisito b’Itorero rya Pentekote mu Rwanda (ADEPR) batavuga rumwe n’ubuyobozi buriho, bashyizeho Komisiyo “Nzahuratorero” igamije gusubiza ku murongo ibikorwa bita ko “ibigayitse.”
Ubushakashatsi bwa Loni bwagaragaje ko amahirwe y’Abanyarwanda yo kubaho igihe kirekire akomeje kwiyongera ku buryo muri 2030, Abanyarwanda bazaba bashobora kubaho imyaka 70.
Taliki ya 20 Mutarama 2016-Taliki 20 Mutarama 2017, umwaka urashize u Rwanda rutsinze Gabon rukora amateka yo kubona itike ya 1/4 mu gikombe cy’Afurika cy’abakuru mu mupira w’amaguru
Umukobwa ufite imyaka 33, wo mu Karere ka Bugesera yarohamye mu kiyaga cya Cyohoha ya ruguru ubwo yaragiye kuvoma amazi,ahita apfa.
Abaturage bo mu Karere ka Rusizi bavuga ko byababereye nk’igitangaza kubona imodoka ndende yo mu bwoko bwa Hummer ya Limousine (Hummer Limousine) igera mu karere kabo.
Umutoza Masudi Juma aratangaza ko APR iramutse imutsinze kabiri byaba ari agasuzuguro, atangaza ko Abouba Sibomana adakinnye hari izindi ngamba
Mu muhango ngarukamwaka wo kwizihiza umunsi mukuru w’Intwari uba tariki ya 1 Gashyantare za buri mwaka, muri uyu mwaka uzabera mu midugudu hashimirwa abarinzi b’igihango.
Ibishishwa by’umuceri biva mu Ruganda rutonora umuceri rwa Mukunguri (MRPC) muri Kamonyi ntibigipfa ubusa kuko bisigaye bikorwamo amakara ya kijyambere (Briquettes).