Abatuye ku Nkombo mu Karere ka Rusizi bavuga ko bakiri mu ubwigunge bwo kudakoresha itumanaho rya Telefoni kubera kutagira iminara.
Abaharanira iterambere ry’abahanzi mu Rwanda bavuga ko ntaho byabaye ko umuhanzi agomba guha amafaranga Radio ngo ibone gucuranga ibihangano bye.
Itsinda ry’abantu 16 baturutse muri Ireland ndetse n’Ubwongereza risanzwe rikorana n’umuryango witwa Tear Fund ryakusanyije Milioni zirenga 40 mu gihe cy’iminsi itatu gusa
Kuri uyu wa kabiri tariki ya 14 Gashyantare 2017, Ishyirahame ry’umupira w’amaguru (FERWAFA), ryashyize hanze urutonde rw’abatoza umunani bazatoranywamo umwe ugomba gutoza ikipe y’igihugu Amavubi.
Abiga muri Christian University of Rwanda (CHUR) bavuga ko bakurikije gahunda ifite, bizeye kuyirangizamo baramaze kwihangira imirimo.
Ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare yegukanye umwanya wa gatatu muri Shampiona y’Afurika ibera mu Misiri (Egypt)
Iyumvire uko Orchestre Impala yahawe ikiraka kubera inkuru y’umusore wambuwe umukunzi na mugenzi we witwa Kaberuka, agahitamo kubishyira mu ndirimbo.
Bamwe mu bakorera amaradiyo atandukanye mu Rwanda biyemeje kuvugurura ibiganiro batanga, kuko basanga ibyo bari basanzwe bakora bitagirira umumaro abaturage.
U Rwanda rwifatanyije na Isiraheli kwibuka Jenoside yakorewe Abayahudi, umuhango wabereye ku rwibutso rwa Gisozi, kuri uyu wa kabiri tariki 14 Gashyantare 2017.
Nyuma y’igihe kinini abaturage bo mu mirenge itandukanye y’Akarere ka Gatsibo bataka kutagira amazi meza, ubu barishimira ko begerejwe amavomero.
Abakurikirana iby’ubuzima bavuga ko icyorezo cya SIDA kigihari, bagakangurira urubyiruko n’abandi bantu gukomeza gukoresha agakingirizo ngo bayirinde banakumire ubwandu bushya.
Mukundiyukuri Jean De Dieu, umukozi wa Komite Olempike y’u Rwanda (CNOSR) ari mu maboko ya Polisi y’igihugu akurikiranweho icyaha cya Ruswa.
Abanyeshuri 10 b’abakobwa bo ku kigo cy’amashuri cya GS Mpanga, muri Kirehe, bari kwa muganga nyuma yo gufatwa n’indwara itaramenyekana.
Ibihugu bya Afurika birategura uko hajyaho isoko ribihuza kugira ngo ubucuruzi bwabyo bworohe bityo n’u Rwanda rubyungukiremo.
Nyuma y’amezi yarasinyiye Rayon Sports akaza kugenda atayikiniye, Rwatubyaye Abdul yakoranye imyitozo bwa mbere n’ikipe ya Rayon Sports
Impuguke mu itangazamakuru mu Rwanda zemeza ko bitazorohera ibindi bikoresho bitangaza amakuru kuyageza ku baturage nk’uko radiyo ibikora kuko ikundwa na benshi.
Abaririmbyi b’ibyamamare mu Rwanda, The Ben, King James na Riderman bataramiye Abanye-Huye ku bufatanye na Sosiyete y’itumanaho, Airtel.
Perezida Kagame yasabye Abanyarwanda kwibutsa abayobozi inshingano zabo mu gihe baba bibagiwe cyangwa bazirengagije, kuko ari ko kazi bashinzwe.
Aborozi b’ingurube babigize umwuga bashyizeho ihuriro bazajya banyuzamo ibitekerezo, kugira ngo ibibazo biri mu kazi kabo bibe byabonerwa ibisubizo.
Abatuye Umurenge wa Kazo mu Karere ka Ngoma barishimira ko umuhanda wari warangiritse watangiye gukorwa, ukaba waranahaye akazi abagera kuri 417.
Abakobwa 15 bahatanira ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda 2017, batangiye umwiherero i Nyamata mu Karere ka Bugesera.
Urugaga rw’abanyamwuga bakora inyigo mu bijyanye n’ibidukikije (RAPEP), rwiyemeje kuvugurura imikorere yarwo kuko ngo abarugize bakoraga mu buryo budafututse.
Nyuma yo kunyagira ikipe ya Wau Salaam ibitego 4-0, Rayon Sports yasesekaye i Kanombe yakirwa n’abafana benshi bari bayitegereje
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Anastase Murekezi arahamagarira ba Mutimawurugo kurwanya amakimbirane yo mu ngo kuko akomeje guhitana abantu.
Umuyobozi w’ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda Aimable Bayingana, yongeye gutorerwa kujya mu nama y’ubuyobozi bw’ishyirahamwe ry’umukino w’amagare muri Afurika.
Inama njyanama y’Akarere ka Ngoma yatoye itegeko rihana abazunguzagi n’abagura nabo kuburyo uzafatwa wese azajya acibwa amande ya 5000RWf.
Nyuma y’imyaka ibiri Stade Ubworoherane yo mu Karere ka Musanze isanwa yatashywe ku mugaragaro yongera no kwakira imikino.
Ikipe ya Rayon Sports yatsindiye Wau Salaam Fc muri Sudan, APR inganya na Zanaco Fc yo muri Zambia.
Kuwa 10 Gashyantare 2017 nibwo ubuyobozi bw’ikipe ya Sunrise bwahembye abakinnyi bayo ibirarane by’imishahara bihwanye n’amezi 5 bari bamaze badahembwa.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame avuga ko yashimishijwe n’imyigishirize ya Kaminuza ya gikirisitu ya Oklahoma(muri Amerika), ndetse n’inyuturano y’abayizemo.
U Rwanda rwahawe icyangombwa mpuzamahanga gihanitse mu byangombwa byemerera ibihugu serivisi zo gufashisha indembe amaraso, biturutse ku bwiyongere budasanzwe bw’udushashi tw’amaraso rubona buri mwaka.
Urwego rw’igihugu rw’imiyoborere RGB ruravuga ko mu Karere ka Gisagara abaturage bagaragaje ko batagira uruhare mu mitegurire y’ingengo y’imari n’igenamigambi.
Mu Karere ka Ngororero abagore bajya mu buyobozi mu nzego z’ibanze baracyari mbarwa, aho bamwe bavuga ko bazitirwa n’ubujiji abandi ngo barakitinya.
Marchal Ujeku uvuka ku kirwa cya Nkombo yahisemo kuririmba mu rurimi rwaho kugira ngo n’abahavuka bahihakana babone ko ari ahantu nk’ahandi.
Kuri uyu wa Gatatu ni bwo isiko ry’igura n’igurisha ku bakinnyi mu Rwanda ryarangiye, aho ikipe nka APR Fc ari imwe mu makipe ataragize uwo igura cyangwa ngo hagire uyivamo
Polisi y’igihugu ikorera mu Ntara y’Iburasirazuba irakangurira ababyeyi kwita ku burere bw’abana babo bakababa hafi bakabarinda impanuka zo mu muhanda.
Kuri uyu wa 09 Gashyantare 2017 nibwo hamenyekanye ko abakozi 2 mu ishyirahamwe ry’umupira w’intoki bafashwe na Police.
Muri uku kwezi kwa Gashyantare 2017, u Rwanda ni rwo rurimo kuyobora Akanama k’Amahoro n’Umutekano k’Afurika yunze Ubumwe (AUPSC).
Hadji Mudaheranwa Youssuf uzwi mu bakunzi b’Imena ba Rayon Sports yemereye buri mukinnyi ndetse n’abatoza ba Rayon Sports agahimbazamusyi nibaramuka batsinze umukino ubanza muri Sudani.
Abatuye Umurenge wa Kaniga muri Gicumbi, uhana imbibi n’igihugu cya Uganda, baravuga ko bahangayikishijwe n’ifungwa ry’inzira bakoreshaga bajya guhahira muri Uganda.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yaciye ikoreshwa rya telefoni zigendanwa ku baganga n’abandi batanga serivisi z’ubuzima mu masaha y’akazi.
Ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru, Amavubi yasubiye inyuma ho imyanya irindwi nkuko bigaragazwa n’urutonde rw’uko amakipe y’ibihugu ahagaze ku isi.
Francis Gatare wari umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’igihugu gishinzwe Iterambere (RDB), yasigiye Clare Akamanzi wamusimbuye, umukoro wo kureshya abashoramari ariko akareba abafite ishoramari rikwiye.
Nyirangendahimana Madolene wo mu Karere ka Kamonyi ababazwa n’uburyo Gitifu w’Akagari yamwambuye amafaranga yari amurimo bigatuma Banki iteza cyamunara umurima we.