Perezida Kagame yakiriye Visi Perezida w’u Buhinde Hamid Ansari, bakaba bari bugirane ibiganiro birebana n’imibanire y’ibihugu byombi.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Bugesera, buratangaza ko bwababajwe n’umukinnyi wayo Ruhinda Sentongo Farouk wataye akazi, bukaba buteganya kumuhana bwihanukiriye.
Bamwe mu bagore n’abagabo ntibavuga rumwe ku itegeko ryasohotse, ryambura abagabo uburenganzira bwo kugira ijambo rya nyuma ku bibera mu ngo.
Abajyanama b’ubuzima bo mu Karere ka Karongi bibumbiye mu ihuriro ʺKarongi Community Health Workers Investment Group (CHWIG) ʺ barubaka inzu y’ubucuruzi izuzura itwaye Miliyoni 295RWf.
Mu rwunge rw’amashuri Indatwa n’Inkesha mu Karere ka Huye haraye hasojwe amarushanwa y’imikino ya Volleyball, yo kwibuka ku nshuro ya 7 Padiri Kayumba Emmanuel wahoze ayobora iri shuri.
Visi Perezida w’u Buhinde Hamid Ansari waraye ageze mu Rwanda ku mugoroba wo kuri iki cyumweru, yunamiye inzirakarengane z’Abatutsi zishyinguye mu rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, kuri uyu wa mbere tariki 20 Gashyantare 2017.
Ku munsi wa 5 wa Shampiona y’umukino wa Handball mu Rwanda, Police yatsinze APR Hc ibitego 40-38, biyiha icyizere cyo kwegukana igikombe
Abaturage bo mu Murenge wa Nzahaha mu Karere ka Rusizi bavuga ko Nzahaha yubu itandukanye n’iyo hambere kuko basigaye beza bagasagurira n’isoko.
Nyampinga w’Umuco mu Rwanda, Mutoni Jane yegukanye umwanya w’igisonga cya mbere mu marushanwa y’ubwiza ya Nyampinga w’Umuco ku isi yabereye muri Afurika y’epfo.
Ikipe ya Rayon Sport yongeye gutsinda ikipe ya Wau Salaam yo muri Sudani y’Epfo ibitego 2-0, mu marushanwa y’amakipe yatwaye ibikombe iwayo Caf Confederation Cup.
Bimwe mu biranga Nyampinga w’u Rwanda harimo no kumenya igihugu cye, ariyo mpamvu igihe cyose abitegura gutorwamo uzahabwa iryo kamba batemberezwa ahantu hatandukanye mu gihugu, ndetse bakaniga amateka aharanga.
Mu irushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo, Zanaco yo muri Zambia itsinze APR Fc kuri Stade Amahoro ihita inayisezerera
Ngabonziza Augustin waririmbye indirimbo zirimo iyitwa “Ancilla”, avuga ko igihe kirenga ukwezi amaze arwariye mu bitaro byamusigiye isomo ryo gufasha ababaye.
Uko ari 15 bose barifuza kuzegukana ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda 2017, ariko iri kamba rizahabwa umwe muri bo. Nyuma yo kwitegereza buri wese kuri aya mafoto ari ku mbuga zabo za Facebook, murabona ari nde ufite urubuga ( Facebook page) ruryoshye guhiga abandi?
Sina Gerard ni umushoramali umenyerewe mu bucuruzi bw’ibiribwa n’ibinyobwa bitandukanye birimo imitobe, urwagwa, amandazi ibisuguti n’ibindi.
Umuyarwandakazi ukina Cricket yanditse amateka mashya ku isi, nyuma yo kumara amasaha 26 agarura udupira muri Cricket
Imishinga ine ijyanye n’ubuzima bw’imyororokere mu rubyiruko yatsinze irushanwa rya iAccelerator ryateguwe na Imbuto Foundation, yahembwe amadorari ibihumbi icumi, asaga miliyoni umunani buri umwe.
Ubuyobozi w’ikigo gishinzwe imihanda no gutwara abagenzi i Dubai, bwatangaje ko guhera muri Nyakanga hazatangira gukora taxi zigendera mu kirere nk’indege.
Eng Didier Sagashya wigeze kuba Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’igihugu gishinzwe imyubakire (Rwanda Housing Authority) yatsindiye kuba Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umujyi wa Kigali.
Umujyi wa Rubavu uherereye mu Burengerazuba bw’u Rwanda ni agace abakurikirana ruhago bahaye inyito ya Brazil y’u Rwanda.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame ari i Munich mu Budage aho yitabiriye inama ngarukamwaka yiga ku mutekano w’isi.
Abakobwa 30 bo muri Musanze batewe inda zitateguwe, bagacikiriza amashuri batangaza ko bagaruye icyizere cy’ubuzima nyuma yo kwigishwa imyuga.
Pascal Nyamurinda ni we watorewe kuyobora Umujyi wa Kigali, atsinze Umuhoza Aurore bari bahanganye kuri uwo mwanya ku majwi 161 kuri 35.
Ikipe ya Police FC yananiwe kwikura imbere y’iya Bugesera, aho mu mukino wa Shampiyona wazihuje ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kane, Umukinnyi wa polisi yahesheje intsinzi ikipe ya Bugesera aho yitsinze igitego kimwe.
Umuryango wita ku bana, Save The Children, watangije gahunda izatwara Miliyari 2.5Frw, yo kongera imbaraga mu bikorerwa umwana hagamijwe gukomeza kubahiriza uburenganzira bwe.
Cathia Uwamahoro, Umunyarwandakazi ukina Cricket yatangiye urugambwa rwo gishyiraho agahigo gashya muri Cricket ku isi
Abahanzi 56 bo mu Rwanda baririmba mu njyana zitandukanye bagiye gukora indirimbo zihamagarira abantu gusigasira ururimi rw’Ikinyarwanda.
Mu bizami bya Leta bisoza amashuri yisumbuye y’umwaka w’amashuri wa 2016, abakobwa bongeye guhiga abahungu nk’uko byagenze mu mwaka wa 2015.
Zanaco FC, ikipe y’umupira w’amaguru yo muri Zambia yageze mu Rwanda aho ije gukina umukino wo kwishyura na APR FC.
Muri Shampiona y’Afurika y’umukino w’amagare iri kubera Luxor muri Egypt, Areruya Joseph yegukanye umudari wa Bronze mu bakinnyi batarengeje imyaka 23, Valens Ndayisenga awegukana mu barengeje imyaka 23
Guverinoma y’u Buhinde yemereye Sosiyete Nyarwanda ikora ingendo zo mu kirere Rwandair, uburenganzira bwo gukorera muri icyo gihugu.
Imvura ivanze n’umuyaga yaguye mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi, ihitana umukecuru ufite imyaka 83 y’amavuko, isenya n’inzu 26
Uwimana Jean Francois, umupadiri umaze kumenyekana mu kuririmba mu njyana ya Hip Hop, yacurangiye abakundana abahamagarira kugira urukundo rurambye.
Nyirangirinshuti Claudine wo mu Karere ka Gisagara, abantu bataramenyekana bamutekeye umutwe bamutwara asaga Miliyoni 2.5RWf bamusigira amakayi ya musana.
Ikigo cy’itumanaho, MTN Rwanda ku bufatanye na Banki Nyafurika y’Ubucuruzi (CBA), cyatangije uburyo bushya bwo kuguriza abakiriya bacyo amafaranga hifashishijwe telefone.
Umunyarwanda ufite ubwenegihugu bwa Suwede yakatiwe igihano cya burundu n’ubutabera bw’iki gihugu, nyuma yo guhamwa n’ibyaha bijyanye n’uruhare yagize muri Jenosside yakorewe Abatutsi.
Umuririmbyi Butera Knowless ahamagarira abakundana guhora bereka abakunzi babo urukundo aho kurubereka ku munsi w’abakundana gusa, “Saint Valentin”.
Kurikirana ikiganiro KT Radio yagiranye na Hakizimana Sabiti Maitre, umukinnyi w’icyamamare wakinnye umupira w’amaguru mu bihe byo hambere ari myugariro udasimburwa mu ikipe y’igihugu, Amavubi.
Kuri uyu wa gatatu tariki 15 Gashyantare 2017, mu Karere ka Ngororero ku bitaro bya Muhororo haratangizwa ibikorwa bya "Army Week."