Abaturage 269 bavuga ko bamaze imyaka itanu bishyuza Akarere ka Nyagatare amafaranga batanze bagura ibibanza,nyuma bakabyamburwa n’Akarere katabahaye ingurane.
Dr Gahutu Pascal, Umuyobozi wa Kaminuza yigenga ya Rusizi Internationl University (RIU) ari mu maboko ya Polisi akurikiranweho ibyaha birimo kunyereza umutungo no gukoresha impapuro mpimbano.
Abashinzwe imirimo yo kubaka isoko mpuzamahanga rya Cyanika batangaza ko imirimo yo kuryubaka igeze kuri 80% ku buryo ngo rizuzura bitarenze ukwezi kwa Mata 2017.
Ishami rishinzwe ubuhinzi mu Karere ka Karongi ritangaza ko ubwitabire bw’urubyiruko mu bikorwa by’ubuhinzi bukiri hasi.
Kuri uyu wa Kane ku bibuga bya Tennis biri kuri Stade Amahoro, haraza kuba hakinwa imikino ya 1/2 mu bagabo n’abagore
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi butangaza ko bukurikirana urubyiruko rwavuye Iwawa, bakarufasha ariko ngo hari abo usanga badahinduka bagasubira kuba inzererezi.
Umutoza w’ikipe ya APR Jimmy Mulisa yatangaje ko intego bajyanye muri Zambiya ari ugutsindira hanze igitego, cyangwa bakanganya na Zanaco Fc.
Abageze mu zabukuru bibumbiye muri Koperative “Sindagira” bo Karere ka Kirehe bararega ubuyobozi bw’umurenge kurigisa imodoka biguriye babwirwa ko igiye gukorwa.
Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, umutwe w’Abadepite yamaze gutora itegeko ngenga rishyiraho Igiswahili nk’ururimi rwemewe mu butegetsi mu Rwanda.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryashyize ahagaragara abatoza 52 b’abanyamahanga basabye akazi ko gutoza Amavubi.
Imiryango 100 yimuwe kuri hegitari 4000 zizaterwaho icyayi mu Mirenge ya Mata na Munini muri Nyaruguru yatujwe mu nzu z’icyitegererezo yubakiwe.
Inama y’inteko rusange yari kuzaberamo amatora ya Komite Nyobozi y’umuryango yari kuzaba kuri iki cyumweru, tariki 12 Gashyantare yasubitswe
Mu muhango wo kurahiza abayobozi bashya bashyizwe mu myanya n’inama y’abaminisitiri iheruka, Perezida Paul Kagame yabahamagariye kutitwaza amikoro make y’igihugu ngo bananirwe kunoza serivisi zitarashyirwa ku murongo mu byiciro bitandukanye.
Irushanwa rya Tennis ryahariwe umunsi w’intwari rirakomeza kuri uyu wa Gatatu, aho haza kuba hakinwa imikino ya 1/4 mu bagabo babigize umwuga.
Louise T. Koonce, gafotozi ukomoka muri Amerika (USA) yasuye ikigo cy’itangazamakuru cya Kigali Today Ltd, asangiza ubunararibonye abari guhabwa amahugurwa mu gufata amafoto ya Kinyamwuga.
Abahinzi bo mu karere ka Rusizi baravuga ko bahangayikishijwe n’imbuto y’ibigori bahawe itinda kwera, ikanatanga umusaruro muke.
Sous-Lieutenant Henry Jean Claude Seyoboka n’umwunganira basabye urukiko rukuru rwa gisirikari gutesha agaciro icyemezo cyafashwe n’urukiko cyo kumufunga indi minsi 30.
Hoteli Kivu Marina Bay iherereye i Rusizi, yari yaradindiye, iragaragaza icyizere ko noneho izuzura bidatinze kuko imirimo yo kuyubaka igeze kure.
Perezida Kagame yashimiye ingufu zishyirwa mu kuzamura inganda z’imbere mu gihugu ariko asaba ko intego yaba iyo guhaza isoko ryo mu gihugu mbere yo gutekereza kohereza ibicuruzwa hanze.
Ingabo z’u Rwanda ku bufatanye na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bafunguye ikigo cy’amahugurwa ku butabazi bw’abakomerekeye ku rugamba n’abandi bose bagize impanuka.
Umuryango wa Tear Fund wateguye igikorwa cyo gutembera u Rwanda no gusura ibikorwa utera inkunga hifashishijwe amagare
Inama y’abaminisitiri yateranye ku itariki 3 Gashyantare 2013, ikayoborwa na Perezida Paul Kagame, yemeje amabwiriza anyuranye ya Minisitiri w’Intebe yoroshya iyubakwa ry’amacumbi aciriritse.
Bamwe mu bayobozi bo mu nzego nkuru z’igihugu barya ruswa, ngo babikorana amayeri menshi ku buryo kuyibonera ibimenyetso bigorana.
Abaturage batuye mu bice by’icyaro bagorwaga no gukora ingendo bagiye kongera koroherezwa, nyuma y’uko haje sosiyete nshya ije gusimbura ONATRACOM yari yarazimiye.
Mukamana Marie Louise wo mu Murenge wa Ruheru muri Nyaruguru arashinja uwari umuyobozi w’umurenge wa Nyabimata kumwambura ibihumbi 610RWf.
Mu minsi ibiri umuryango Starkey umaze uvura indwara z’amatwi mu karere ka Nyamagabe, muri 386 basanze 181 muri bo bakeneye inyunganirangingo.
Imyaka 11 irashize mu Rwanda hakorera amashyirahamwe y’abaryamana n’abo bahuje igitsina benshi bita “Abatinganyi”. Kurikira ikiganiro gicukumbuye ku gituma aya mashyirahamwe akorera mu bwihisho:
Abarezi b’ibigo byo mu Karere ka Gicumbi, bituranye n’igice gihana imbibe na Uganda, bahura n’imbogamizi z’abana bakura bavuga Igikiga, bigatuma gutangira amashuri bibagora kuko akurikiza gahunda ya Minisiteri y’Uburezi kandi iri mu Kinyarwanda. Umva inkuru hano:
Ubuyobozi bwa Polisi y’igihugu buvuga ko ikibazo cy’ibiyobyabwenge gikomeye muri Nyarugenge kuko abenshi mu bafungirwa kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyarugenge bazira ibiyobyabwenge.
Abagize inama y’igihugu y’abagore mu Karere ka Gisagara bavuga ko bababazwa na bagenzi babo biyandarika, bikabahesha isura mbi.
Ikipe y’umukino wa Basketball, IPRC-Kigali BBC niyo yatwaye igikombe cy’Intwari (Basket Heroes Tournament 2017) nyuma yo gutsinda Espoir BBC.
Abakangurambaga b’urungano mu kurwanya SIDA bakorana n’Urugaga nyarwanda rw’ababana na Virusi itera SIDA (RRP+) bahawe ibikoresho bizabafasha kuzuza inshingano zabo.
Mu irushanwa ryo kwizihiza umunsi w’intwari no kuzirikana intwari z’u Rwanda, APR mu bagabo na Gorillas mu bakobwa nib o begukanye ibikombe mu mukino wa Handball.
Ku bufatanye na sosiyete y’itumanaho, Airtel abahanzi b’ibyamamare mu Rwanda, The Ben, King James na Riderman basusurukije Abanya-Rubavu bataha batabishaka.
Abakobwa 15 bahatanira ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda 2017, bazajya mu mwiherero i Nyamata mu ntara y’Iburasirazuba bamaze kumenyekana.
Mu muhango wo gutaha Hotel Dove y’Itorero rya ADEPR iherereye ku Gisozi mu Karere ka Gasabo, Minisitiri w’intebe Anastase Murekezi yahamagariye abayoboke b’Idini ya ADEPR kugira ukwemera gushingiye ku bikorwa, kugira ngo barusheho gutera imbere.
U Rwanda rwahawe ikirango mpuzamahanga ISO 9001:2008, kizajya gishyirwa ku bicuruzwa byarwo kigaragaza ko byujuje ubuzirange, nyuma y’imyaka irenga 14 rumaze rugiharanira.
Nkurunziza Gustave wari usanzwe ayobora Ishyirahamwe ry’umukino wa Volley Ball mu Rwanda FRVB, yongeye gutorerwa uyu mwanya abona amajwi 18, ku majwi icyenda ya Karekezi Leandre bari bahanganye.
Mpayimana Philipe wifuza kuziyamamariza Umwanya wa Perezida wa Repubulika, atangaza ko yaje guhindura imyumvire y’abumva ko umwanya wa Perezida wa Repubulika wagenewe abantu runaka.
Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateranye kuri uyu wa gatanu tariki ya 3 Gashyantare 2017 muri Village Urugwiro, yashyizeho abayobozi mu nzego zitandukanye, aho Claire Akamanzi wigeze kuba Umuyobozi w’ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere RDB, yongeye gushyirwa muri uyu mwanya asimbura Francis Gatare.
Muri tombola yo guhatanira itike yo kwerekeza muri CHAN 2018, u Rwanda rwatomboye igihugu cya Tanzania
Ku bufatanye n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze, abaturage bo muri Gatsibo bubatse sitasiyo za Polisi 10 mu mirenge 10 mu rwego rwo kwicungira umutekano.
Abatuye Akarere ka Ngororero ntibavuga rumwe ku ihohoterwa rikorerwa mu ngo, bivugwa ko abagore bakorera abagabo babakubita bakanabatesha ingo zabo.
Bihoyiki Deo wahanze indirimbo “Akabura Ntikaboneke” avuga ko nta muhanzi n’umwe w’ubu umwemeza ariko ngo abona bazatera imbere.
Myugariro uzwi mu Rwanda mu makipe atandukanye ubu wakiniraga ikipe ya Musanze, Hategekimana Bonaventure yamaze gusezera umupira w’amaguru nyuma y’iminsi arwaye.